10.09.2018 Views

Bk_CeozMeSsAge_Rda-2

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

Iterambere mu ikoranabuhanga riri guhindura uburyo abantu babayeho, uko<br />

bakora, uko bahanahana amakuru n’uko bakorana na banki. Ndibuka nkiri muto<br />

mu myaka 20 ishize ubwo nari ndi muri diaspora nyarwanda: kuvugana<br />

n’umuryango wanjye nari narasize ino byari bigoye cyane kandi bihenze. Uyu<br />

munsi guhanahana amakuru birihuta kandi birahendutse. Twese turibuka igihe<br />

koherereza amafaranga abantu bacu babaga mu cyaro ukuntu byari bigoye<br />

kandi birimo ingorane nyinshi. Uyu munsi, bisaba gukanda kuri telefoni yawe<br />

gusa. Ni nko mu minsi ishize ubwo nagarukaga mu Rwanda nkasabwa kuzuza<br />

impapuro zitabarika no kuzitondana umurongo nkawumaraho amasaha kugira<br />

ngo mbone irangamuntu. Ubu ukoresheje Irembo, byose byagiye mu<br />

ikoranabuhanga.<br />

Banki ya Kigali yemera ko<br />

ikoranabuhanga rifite imbaraga zo<br />

guhindura ibyo byose bityo ikaba ifite<br />

intego zo gufata iya mbere muri izo<br />

mpinduka z’ikoranabuhanga mu<br />

Rwanda. Tuyoboye isoko ry’amabanki<br />

mu Rwanda mu rwego rw’ingano<br />

y’ibikoresho-shingiro n’inyungu.<br />

Turashaka kugumana uyu mwanya<br />

wa mbere dukorera abakiriya bacu<br />

ibindi byinshi kandi byiza. Nzi neza ko<br />

ihindura-mikorere ry’ikoranabuhanga<br />

ari bwo buryo bwonyine bwo kugera<br />

ku bantu benshi, bwo gukorera<br />

abakiriya dusanganywe neza kandi ari<br />

na bwo buryo bwo guhangana ku isoko<br />

ry’ubukungu bushingiye ku<br />

ikoranabuhanga.<br />

Icyerekezo cy’iyi<br />

mpindura-mikorere<br />

y’ikoranabuhanga ni<br />

icyo kutugira banki<br />

ya mbere ifata neza<br />

abakiriya. Turashaka<br />

guhozaho mu guha<br />

abakiriya bacu serivisi<br />

nziza kandi zishimishije<br />

ku mirongo yacu<br />

y’ikoranabuhanga bityo<br />

bikagabanya imirongo<br />

mu mashami yacu hirya<br />

no hino.


Ibigo bizagira abakiriya nyambere, bikumva neza ibyo bakeneye, kandi bigatanga<br />

ibisubizo by’ibyo bikenewe mu buryo bw’ikoranabuhanga ni byo bizatsinda<br />

urugamba rw’ihangana ku isoko ry’ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.<br />

Twe nka banki nyarwanda, tugomba kuba abambere mu gutanga serivisi<br />

zinogeye abanyarwanda kandi zibasha guhindura u Rwanda igihugu giteye<br />

imbere. Dufite amahirwe atabarika yo kubigeraho. Nk’ubu abatageze kuri 30%<br />

mu Rwanda nibo bakorana na banki. Ubuhinzi-bworozi ntiburagerwaho na<br />

serivisi z’imari kandi ari bwo nkingi ya mwamba y’ubukungu bwacu. Tugomba<br />

gushaka uburyo bushya bwo kugeza serivisi z’imari ku bo zitarageraho harimo<br />

n’abakora mu buhinzi-bworozi. Mucyo twitabire ikoranabuhanga mu kwesa<br />

umuhigo wacu wo kugira abakiriya bageze kuri miliyoni imwe, tunabagezaho<br />

serisivi zibabereye kandi zongera agaciro ka konti bafite muri banki.<br />

Nitutabasha kubona ibisubizo ku byo badashaka,<br />

vuba bidatinze tuzagerwaho n’ingaruka mbi haba mu<br />

kwaguka kwa banki no mu nyungu rusange tubona.<br />

Tugeze mu gihe cy’abanyarwanda bize, basobanukiwe kandi bahuje. Bafite<br />

byinshi badutegerejeho. Barashaka serivisi zihuse, bakazibonera aho bari hose<br />

kandi ku giciro gito. Ntibakozwa ibyo gutonda imirongo kuri banki ngo bagiye<br />

kubitsa, kwishyura imisoro, kwishyura amafaranga y’ishuri n’ibindi. Ntibashaka<br />

gutegereza inguzanyo mu gihe cy’iminsi cyangwa ibyumweru. Nitutabasha<br />

kubona ibisubizo ku byo badashaka, vuba bidatinze tuzagerwaho n’ingaruka<br />

mbi haba mu kwaguka kwa banki no mu nyungu rusange tubona. Bityo<br />

twazasigara mu kaga ko gusubira inyuma mu kuyobora isoko ry’ibigo by’imari.<br />

Icyerekezo cy’iyi mpindura-mikorere y’ikoranabuhanga ni icyo kutugira banki<br />

ya mbere ifata neza abakiriya. Turashaka guhozaho mu guha abakiriya bacu<br />

serivisi nziza kandi zishimishije ku mirongo yacu y’ikoranabuhanga bityo<br />

bikagabanya imirongo mu mashami yacu hirya no hino. Turi guteganya<br />

gushyiraho uburyo ibintu byinshi bikorerwa ikambere byikora bityo bigabanye<br />

igihe abantu bategerezaga ibisubizo by’ibyo basabye, tuzakoresha amakuru<br />

n’isesengura rihambaye kugira ngo twihutishe ifatwa ry’imyanzuro kandi<br />

dushyireho ibikorwa bibereye buri wese ari nabyo bizatuma batubera abakiriya<br />

b’akadasohoka. Bizatugeza ku kwaguka kurenze, bizamure urwunguko rwacu<br />

rugere kuri 28% buri mwaka kandi binazamure agaciro k’imari ku bafite aho<br />

bahuriye na banki yacu bose.<br />

Urugendo rw'ihindura-mikorere rw’ikoranabuhanga rwatwaye ibyumweru<br />

bitanu byo kunoza umugambi warwo kuri banki n’icyo bizayimarira.


Kugira ngo ibi byose<br />

bigerweho, murasabwa<br />

gukora impinduka<br />

mu mikorere yanyu<br />

n’imyitwarire ku<br />

bakiriya.<br />

Ubu dutangiye icyiciro kizamara<br />

ibyumweru 15 byo gushyira mu<br />

bikorwa uwo mugambi bikazarangira<br />

hagiyeho ibikorwa bibiri by’ingenzi<br />

n’ubunararibonye tuzabyungukiramo.<br />

Kugira ngo ibi byose bigerweho,<br />

murasabwa gukora impinduka mu<br />

mikorere yanyu n’imyitwarire ku<br />

bakiriya. Mugomba kuzafata iyambere<br />

mu gushyira abakiriya ku mbuga<br />

z’ikoranabuhanga, gushaka ibisubizo<br />

bishya mukabigira ibyanyu,<br />

mugakorana n’andi matsinda kugira ngo muzamure urwego rw’imikorere,<br />

mukaduha ibitekerezo by’ukuri byubaka ndetse mukanabihana hagati yanyu.<br />

Tuzabahugura ku bumenyi n’ubushobozi butandukanye mukeneye kugira ngo<br />

ibyo bibashe kugerwaho. Uru rugendo ruzarushaho kunoza no kuturyohereza<br />

akazi kacu twese hamwe, nuko bitume n’abakiriya bacu barushaho kunogerwa<br />

na serivisi zacu.<br />

Njyewe nk’umuyobozi wanyu, niyemeje kubabera umukozi. Nzabafasha kandi<br />

mbashyigikire muri uru rugendo rushamaje. Imikorere n’inshingano byanjye<br />

nabyo biri guhinduka kandi ubuyobozi bukuru bwa banki buzabana namwe<br />

muri uru rugendo rwo kubishyira mu bikorwa. Ni urugendo rwa buri wese muri<br />

twe. Tuzajyana n’abakozi bacu, abakiriya n’abandi bose bafite aho bahuriye na<br />

Banki mbese nta n’umwe uzasigara inyuma.<br />

Tuzasigara turi indashyikirwa nk’abakora muri banki, nk’abafatanyabikorwa<br />

beza ku bakiriya bacu ndetse turi nyambere mu kugeza no kubashisha<br />

abanyarwanda kwinjira mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.<br />

Tuzasigara turi indashyikirwa nk’abakora<br />

muri banki, nk’abafatanyabikorwa beza<br />

ku bakiriya bacu ndetse turi nyambere mu<br />

kugeza no kubashisha abanyarwanda kwinjira<br />

mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.<br />

Muze rero twese hamwe dutere intambwe zitangira uru rugendo. Tuzakomeza<br />

kuba ikibasumba mu mabanki mu Rwanda duha buri wese serivisi z’agahebuzo<br />

aho yaba ari hose dukoresheje ikoranabuhanga.


MURAKOZE

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!