UKO WABATIZWA MU MWUKA WERA
Musomyi, Dore imbaraga Imana yageneye itorero mu minsi y’imperuka, ni Umwuka Wera, Mbese wamaze kuwubatizwamo? Ntuzemere kunyagwa ibyo wasezeranijwe n’itabasha kwivuguruza, Imana yaravuze iti: “Hanyuma y’ibyo nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa, ndetse n’abagaragu bajye n’abaja bajye nzabasukira ku mwuka wanjye muri iyo minsi. (Yoweri 3:1-2) Imana ntibasha kwivuguruza kucyo yavuze, Yesu nawe yaravuze ati: “Ninde umwana yasaba ifi akamuheza inzoka cyangwa yamusaba umutsima kamuheza ibuye, ko muzi guha abana banyu ibyiza muri babi mbese Data wo mu ijuru azabura ate guha Umwuka Wera abawumusabye?” Umwuka Wera si isezerano ry’umuntu umwe gusa ni iry’abantu bose. Muri iki gitabo twavuzemo inzitizi zibuza umuntu kubatizwa mu Mwuka Wera, n’amabanga wakoresha ngo ubatizwe, ubuhamya n’ibyanditswe bikubiye muri iki gitabo byakusanirijwe kugira ngo bihindure ubuzima bwawe kandi bigusige mu bwiza bushya bwa Mwuka Wera.
Musomyi, Dore imbaraga Imana yageneye itorero mu minsi y’imperuka, ni Umwuka Wera, Mbese wamaze kuwubatizwamo? Ntuzemere kunyagwa ibyo wasezeranijwe n’itabasha kwivuguruza, Imana yaravuze iti: “Hanyuma y’ibyo nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa, ndetse n’abagaragu bajye n’abaja bajye nzabasukira ku mwuka wanjye muri iyo minsi. (Yoweri 3:1-2) Imana ntibasha kwivuguruza kucyo yavuze, Yesu nawe yaravuze ati: “Ninde umwana yasaba ifi akamuheza inzoka cyangwa yamusaba umutsima kamuheza ibuye, ko muzi guha abana banyu ibyiza muri babi mbese Data wo mu ijuru azabura ate guha Umwuka Wera abawumusabye?” Umwuka Wera si isezerano ry’umuntu umwe gusa ni iry’abantu bose. Muri iki gitabo twavuzemo inzitizi zibuza umuntu kubatizwa mu Mwuka Wera, n’amabanga wakoresha ngo ubatizwe, ubuhamya n’ibyanditswe bikubiye muri iki gitabo byakusanirijwe kugira ngo bihindure ubuzima bwawe kandi bigusige mu bwiza bushya bwa Mwuka Wera.
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
MU
“Uwishwe n’inyota nzamusukiraho amazi, nzatembesha imigezi ku butaka
bwumye, urubyaro rwawe nzarusukaho Umwuka wanjye n’abana bawe
nzabaha umugisha, bazamera Nkuko imikinga yo ku mugezi imerera mu
bwatsi.”
Icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira, kandi
muzaba abagabo bo kumpamya I Yerusalemu n’I Yudaya yose n’I Samariya
no kugera ku mpera y’isi” (Yes 44:3-4; Ibyak 1:8)
Cyanditswe na:
CYIZA BENJAMIN
Gikosorwa na:
VPMSP-EAC
©2020
Gikosorwa n’ikipe y’abamisiyoneri b’abapantekote biyemeje kuzamura ibitabo bya Gikiristo,
bikenewe mu murimo mu bihugu bya Afrika y’uburasirazuba (VPMSP-EAC)
1
“UKO WABATIZWA MU MWUKA WERA” By CYIZA Benjamin under
Supervision of VPMSP EAC Copyright© VPMSP EAC/CYIZA
BENJAMIN
Gicapwe bwa mbere na VPMSP EAC muri 2020
Muri
OMEGA STATIONARY
BULIISA, UGANDA
Ku burenganzira bwa VPMSP BOOK PUBLISHING TEAM
Ikorera:
KIBOGA-UGANDA
KIGALI-RWANDA
BULIISA-UGANDA
GAKUMIRO-UGANDA
KIBARE-UGANDA
Itegeko rihana umuntu wese, wandukura, ufotora cyangwa
agakoresha mu bundi buryo ibyanditse muri iki gitabo adafite
uburenganzira bw’umwanditsi.
Uretse aho byavuzwe ukundi, imirongo yose y’ibyanditswe yavuye
muri Bibiliya Yera yo muri 2001
Twifashishije ubuhamya bw’abakozi b’Imana batandukanye ngo
tunoze ibyo twanditse mu gitabo “UKO WABATIZWA MU MWUKA
WERA” amarangamirongo yose yakoreshejwe ahura nayo muri
Bibiliya Yera yo mu 2001.
Gura ibindi bitabo byacu unyuze
aha:www.payhip.com/CYIZABENJAMIN
2
IBIRIMO
IBIRIMO ............................................................................................................. 3
GUSHIMIRA ...................................................................................................... 5
ABO DUTUYE IKI GITABO ............................................................................ 6
AMAGAMBO ABANZA ................................................................................... 7
IGICE CYA I: UMWUKA WERA UWO ARI WE? ................................. 9
Umwuka Wera Ni Nde? ...................................................................................... 9
Umwuka Wera mu Isezerano rya Kera ............................................................. 10
Umwuka wera si Imbaraga ............................................................................... 12
Impano Iruta Izindi ........................................................................................... 14
IGICE CYA II: UBUTURO BW’UMWUKA WERA ................................................ 16
Muri wowe harimo ubuturo bw’Umwuka Wera ............................................... 16
Umumaro w’ Umwuka, Umubiri n’Ubugingo .................................................. 18
Imikoranire Y’umwuka Umubiri N’ubugingo ................................................... 20
IGICE CYA III: INZITIZI Z’UMWUKA WERA ........................................................ 25
Ibyaha ............................................................................................................... 25
Ubwoba ............................................................................................................. 26
Gushidikanya .................................................................................................... 27
IGICE CYA IV: TURI MU GIHE CYA MWUKA WERA .......................................... 30
Iki Nicyo Gihe Cyo Kubatizwa Mu Mwuka Wera ............................................. 30
Data yasezeranije uwo Mwuka ......................................................................... 30
Mesiya Yagombaga kuba yuzuye Umwuka Wera ............................................. 31
Inyito Z’umubatizo W’umwuka Wera Mu Byanditswe ...................................... 33
IGICE CYA V: BOSE BABATIJWE MU MWUKA WERA ....................................... 35
Ibimenyetso bigaragaza Ko Wabatijwe mu Mwuka Wera! ............................... 35
Ku Munsi Wa Pentekonte (Ibyak 2:1-4) ............................................................ 36
Kwa Koreneliyo (Ibyak 10:10-48) .................................................................... 37
Paulo muri Efeso (Ibyak 19:1-7) ...................................................................... 38
Kuki Tuvuga Mu Ndimi? ................................................................................... 40
IGICE CYA VI: UBUHAMYA BW’UMUBATIZO WA UMWUKA WERA ............... 42
Pentekote Mu Rwanda ...................................................................................... 42
Uko Michel Zigirinshuti .................................................................................... 48
Yabatijwe Mu Mwuka Wera .............................................................................. 48
3
Uko Misiyoneri Cyiza Benjamin ....................................................................... 57
Yabatijwe mu Mwuka Wera .............................................................................. 57
Uko Sue Caley wo muri Canada Yuzuye Umwuka Wera .................................. 63
Uko Kevin Winters Yabatijwe muri Mwuka Wera ............................................ 66
IGICE CYA VII: IMPANO Z’UMWUKA ................................................................ 71
Umwuka Wera amanukana n’impano ............................................................... 71
Ijambo ry’Ubwenge .......................................................................................... 72
Ijambo ryo kumenya .......................................................................................... 73
Kurobanura imyuka .......................................................................................... 74
Kwizera ............................................................................................................. 75
Gukora ibitangaza ............................................................................................ 76
Impano zo gukiza indwara ................................................................................ 77
Kuvuga mu ndimi .............................................................................................. 79
Gusobanura Indimi ........................................................................................... 79
Ubuhanuzi ......................................................................................................... 80
IGICE CYA VIII: IMBUTO Z’UMWUKA ............................................................... 81
Urukundo .......................................................................................................... 82
Ibyishimo ........................................................................................................... 82
Amahoro ............................................................................................................ 83
Kwihangana ...................................................................................................... 84
Kugira neza ....................................................................................................... 86
Ingeso nziza ....................................................................................................... 87
Gukiranuka ....................................................................................................... 88
Kugwa neza ....................................................................................................... 90
Kwirinda ........................................................................................................... 91
IBITABO BYIFASHISHIJWE ......................................................................... 97
IBARUWA Y’UMUSOMYI ............................................................................ 98
IBIJYANYE N’UMWANDITSI .................................................................... 99
4
GUSHIMIRA
Turashimira Imana yatubashishije kwandika iki gitabo.
Turashima Abantu bose bagize uruhare mu itegurwa ry’iki gitabo, ari
mu buryo bw’amasengesho n’inkunga y’amafaranga.
Turashimira Abamisiyoneri bose bagize uruhare mu kwegeranya
inkuru zose zanditse muri iki gitabo, ari abo mu Rwanda no mu
bihugu duhana imbibi ndetse n’abaturuka mu muryango
mpuzamahanga w’Abamisiyoneri IAM (International Accerelated
Missions) ku ruhare rwabo muri uyu murimo mugari wo
kongera ibitabo bishingiye ku byanditswe Byera, iwacu mu Rwanda
no mu bihugu duhana imbibi.
Turashimira abagize itsinda VPMSP EAC (Voluntary Pentecostal
Missionaries for Scriptures Progress in East Africa) ari abo mu
Rwanda no mu mahanga kubw’umuhati bakoresha ngo ibitabo
bitegurwe neza mu ndimi za kavukire zo muri Afrika y’uburasirazuba.
Turashimira Pasteur ZIGIRINSHUTI Michel na Rev. Pasteur
KARAGIRE Onesphore hamwe na Mark Virkler badusangije
ubuhamya bwabo n’inyunganizi ku Mubatizo w’Umwuka Wera.
Tubifurije umugisha w’Imana.
―Ubwanditsi, VPMSP EAC
5
ABO DUTUYE IKI GITABO
VPMSP EAC yishimiye gutura iki gitabo Abakristo bose muri rusange,
cyane cyane abasomyi ba Bibiliya n’ibindi bitabo bya Gikiristo
biyishamikiyeho.
Umufasha wanjye nkunda cyane Mushikiwabo Dinah, Abashumba bose
b’umukumbi w’Imana mu Rwanda, Uganda, Kenya n’Uburundi. Iki gitabo
kandi tugituye Pasteur ZIGIRINSHUTI Michel na Rev. Pasteur
KARAGIRE Onesphore murimo mwiza wo kugitegura.
Iki gitabo kandi tugituye abantu bagize uruhare, ku buryo buziguye
n’ubutaziguye mu itegurwa ryacyo, Imana ibahe imigisha myinshi.
─ Misiyoneri CYIZA Benjamin,
Umwanditsi mukuru
6
AMAGAMBO ABANZA
Mwene data mushiki wacu ugiye gusoma iki gitabo kivuga ku
mubatizo w’Umwuka Wera nk’umufasha Itorero ryasezeranijwe.
Turagusaba tubibwirijwe n’Umwami wacu Yesu Kristo, kugisoma
ushyira mu bikorwa kandi usenga, twiringiye impinduka mu buzima
bwawe, tuzi neza ko utazasigara Nkuko wahoze.
Turakwinginga dukomeje Kwiyuzuza n’Imana no kwizera amaserano
y’Imana. Imana niyo yaseranije iti: “Hanyuma y’ibyo nzasuka
Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa
banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu
bazerekwa, ndetse n’abagaragu bajye n’abaja bajye nzabasukira ku
mwuka wanjye muri iyo minsi. (Yoweri 3:1-2) Imana ntibasha
kwivuguruza kucyo yavuze, Yesu nawe yaravuze ati: “Ninde
umwana yasaba ifi akamuheza inzoka cyangwa yamusaba
umutsima kamuheza ibuye, ko muzi guha abana banyu ibyiza muri
babi mbese Data wo mu ijuru azabura ate guha Umwuka Wera
abawumusabye?”
Umwuka Wera si isezerano ry’umuntu umwe gusa ni iry’abantu bose.
Wakwibaza uti: “None ni ukubera iki abantu bose batuzuye Umwuka
Wera mu gihe cya none? Mbese ni Imana yivuguruje, oya ahubwo
hariho impamvu nyamukuru zituma abantu batawubatizwamo.
Icya mbere ni ukutamenya byinshi kuri we, guhirimbanira kumushaka
ariko batamuzi, batazi imikorere ye, icya kabiri ni ukumara igihe
kinini twitaye kubyo mu buzima bwacu bwa burimunsi, tukagira igihe
gito cyo kuba imbere y’Imana kandi nacyo cyikaba cyuzuye
ubwikunde mu byo buri wese aba asaba. Icya gatatu ni imyizerere
itemera imirimo ye mu minsi ya none, ifata Mwuka Wera
nk’amateka, ikabyigisha. Icya kane ni ubwoba no gushidikanya.
7
Ndahamya neza ko iyo umuntu aje kuri Kristo afite inyota ya Mwuka
Wera, Ntiyabura kumuhabwa. Nyamara ariko abantu benshi
batekereza ko hariho abo byajyenewe, nubwo Imana ivuga iti:
“Nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose mu gihe abari bateraniye
I Yerusaremu babazaga Petero icyo bakora nyuma yo gutsindwa
n’Ijambo ry’Imana yasubije atazuyaje ati: “Nimwihane umuntu
wese muri mwe abatizwe mu izina ry’umwami Yesu Kristo, ngo
mubone kubarirwa ibyaha byanyu kandi namwe muzahabwe iyi
mpano y’Umwuka Wera.(Ibyak 2:28)” kubana n’ibyaha niyo
mbogamizi ya mbere ibuza umuntu kubatizwa mu Mwuka wera, iya
kabiri ni ukutamumenya, naho iya gatatu ni ukumva hari abantu
byagenewe wowe utarimo, no kutizera isezerano ry’Imana.
Muri iki gitabo tuzabivugaho mu buryo burambuye. Muri iyi minsi
igoye kandi itorero rikennye mu Mwuka, iki gitabo kizagufasha
gukuraho izi nkuta zose zabuza Umwuka Wera kumanukira Itorero!
Twiringiye ko Imana se w’Umwami wacu Yesu Kristo
izagucunshumuraho uwo Mwuka mu gihe uzaba usoma iki gitabo ngo
usohoze umuhamagaro wawe!
8
IGICE CYA I:
UMWUKA WERA UWO ARI WE?
Umwuka Wera Ni Nde?
I
mvugo Umwuka, cyangwa Umwuka w’Imana, cyangwa
Umwuka Wera, tuyisanga mu bitabo byinshi bya Bibiliya. Mu
Isezerano rya Kera, ijambo ry'igiheburayo ryakoreshejwe mu
buryo bumwe ku bw'Umwuka nko kuvuga Umwuka w'Imana ni ,
rūaḥ risobanura "umwuka," cyangwa "umuyaga." Inshinga y'ijambo
ni , rūaḥ, cyangwa י , r aḥ isobanura "guhumeka," "guhuha
Ijambo buri gihe rikoreshwa mu Isezerano Rishya ryerekeye Umwuka
ni izina ry'ikigiriki πνεῦμα, pneúma, Mu Isezerano Rishya
dusangamo imvugo, "Umwuka w'Imana," "Umwuka wa Nyagasani,"
"Umwuka wa Data," "Umwuka wa Yesu," "wa Kristo." Ijambo
Umwuka mu kigereki rikomoka ku nshinga πνέω, pnéō, "guhumeka,"
"guhuha." Ijambo rihuye naryo mu kilatini Ni “spiritus”, risobanura
"umwuka."
9
Umwuka Wera mu Isezerano rya Kera
Tumaze kubona akamaro k’ijambo ubwaryo. Duhereye ku
busobanuro bwibanze bw’ijambo ariryo "umuyaga", nkuko ryerekeza
kuri Kamere, havuka igitekerezo cyo guhumeka mu muntu hanyuma
ugahumeka, umuyaga cyangwa
Umwuka w’Imana. Ntabwo dufite
uburyo bwo gukurikirana neza uburyo
ibitekerezo byabanditsi ba Bibiliya
byahujije ubusobanuro busanzwe
bw’ijambo “Umwuka Wera”. Hafi
ibyanditswe byose isezerano rya Kera
byose bigaragaza umurimo wa Mwuka
Wera kandi ntago bigoye kwiyumvisha
uburyo ibisobanuro byumwimerere byagutse buhoro buhoro biba
binini kandi binini cyane. Mu isezerano rya kera Umwuka yazaga ku
bantu ngo ngo basohoze inshingano bahawe n’Imana, nyuma
akagenda. Mu byanditswe bikurikira kandi Ijambo Umwuka
ryifashishijwe mu buryo bukurikira (1) Ihame ry'ubuzima ubwaryo;
Umwuka muri ubwo buryo werekanye urwego rw’ubuzima:
"Umwuka wanjye uraheze, iminsi yanjye irashize" (Yobu 17: 1;
nanone mu Abacamanza 15:19; 1 Samweli 30:12); (2) ibyiyumvo
by’abantu by’ubwoko butandukanye, nk’uburakari (Abacamanza 8:
3; Imigani 29:11), kwifuza (Yesaya 26: 9), ubutwari (Yozuwe 2:11);
(3) ubwenge (Kuva 28: 3; Yesaya 29:24); (4) imyitwarire rusange
(Zaburi 34:18; 5l 17; Imigani 14:29; Imigani 16:18; Imigani 29:23).
Nta gushidikanya ko abanditsi ba Bibiliya batekerezaga umuntu
nkuko yaremwe mu ishusho y'Imana agahumekerwamo Umwuka
w’Imana (Itangiriro 1:27), kandi byari byoroshye kuri bo gutekereza
ko Imana imeze nk'umuntu. Biratangaje kubona ubumenyi bwabo ku
byerekeye umuntu butaragiye kure ya Kamere y’umuntu uhereye mu
irema. Ariko wasangaga na none bafite imyumvire yo mu mwuka
10
cyane ku Mana ugereranije n'iy'amahanga yari abakikije. Ariko
kubera ko umwuka w’abantu wari igice kitagaragara cy’umuntu,
kandi nkuko byagaragazaga imbaraga, ubuzima bwe n’imbaraga ze,
byari byoroshye kwimurira Imana mu bitekerezo mu buryo bwo
guhagararira ibikorwa byayo by’ingufu kandi byihuta ku bantu na
Kamere. Umwuka w'Imana rero, yabanje kugaragara nk’imbaraga
z’Imana zikorera mu muntu imbere ibiyihesha icyubahiro. Yesaya
yarahanuye ati : “Kandi rero Abanyegiputa si Imana ni abantu
gusa, n’amafarashi yabo si Umwuka ni inyama gusa, Maze ubwo
Uwiteka azarambura ukuboko utabaye azasitara , kandi utabawe
azagwa nuko bose bazashirira hamwe.” Yes 31: 3; gereranya na
(A.B Davidson, mu gitabo Tewolojiya yo mu Isezerano rya Kera,
117-18), bitandukanye n'intege nke z'umubiri.
Umwuka Wera niwe ushobora kuba atazwi cyane mu butatu, hariho
ubutamenya bwinshi yewe no mu itorero. Umwuka Wera ni uwa
gatatu mu butatu ni Imana, angana n’Imana Data, Imana Mwana,
akwiye kubahwa mu buryo bwose bikorerwa abandi baperisona
bagize ubutatu. Tubishyizeho umwete twamumenya nkunko tuzi
abandi babiri bo mu butatu. Bibiliya ihamya ko ari Imana “Ananiya
ni iki gitumye Satani yuzuza umutima wawe kubeshya Umwuka
Wera……Si abantu ubeshye ahubwo IMANA niyo ubeshye.”(Ibyak
5:3, 4) Umwuka wera afite ibimuranga biranga Imana gusa: Ahoraho
iteka (Heb 9:14) Abera hose icyarimwe (Zab 139:7-10) Amenya
byose (1 Kor 2:10, 11) Ashobora byose (Luka 1:35) Ibyanditswe
bimugaragaza mu buryo bungana na Data n’Umwana “Mubabatiza
mu izina rya Data wa Twese n’Umwana n’Umwuka Wera” (Mat
28:19) “Ubuntu bw’Umwami wacu Yesu Kristo n’urukundo
rw’Imana no kubana N’Umwuka wera bibane namwe mwese.” (2 Kor
13:14) Bibiliya ivuga byinshi ku Mwuka Wera ndetse mu isezerano
rishya uretse urwandiko rwa kabiri n’urwa gatatu rwa Yohana naho
ibindi bitabo byose bivuga ku murimo w’Umwuka Wera.
11
Umwuka wera si Imbaraga
Abakristo benshi bumva ko Umwuka Wera ari imbaraga, ahari
zimeze nk’amashanyarazi, bashobora kuzimya cyangwa gucana ku
bushake, hafi yaho wabwira umuntu uti: “Uzura Umwuka Wera
nkuko wawuzuye mu masengesho asoza ukwezi?” iki ni ikinyoma.
Umwuka Wera ni Imana ifite imbaraga, n’ubushobozi buhambaye,
izo mbaraga zigaragarira mu mibereho y’abizera ariko arenze cyane
izo mbaraga akwiye kubahwa, ni Imana ubwayo muri twebwe
imbere. Amagambo yose amuvuga mu byanditswe agaragaza ko Atari
imbaraga ahubwo atanga imbaraga. Bavuga Imbaraga z’Umwuka
Wera, impano z’Umwuka Wera, imbuto z’Umwuka Wera. Iyi
nyuguti twatsindagiye iragaragaza ko ari imbaraga, impano, n’imbuto
bitangwa na Mwuka Wera ariko sibyo Mwuka Wera. Ka turebe
urundi rugero Abisiraheli bageze mu gihugu cy’amata n’ubuki,
nubwo iki gihugu gifite amata n’ubuki ariko gifite n’ibindi byinshi.
Umwuka Wera ni Imana afite imbaraga nyinshi, ni Imana mu
Mwuka. Tubona Imana Data mu isi ikora umurimo guhera mu gitabo
cy’itangiriro iyoboye ibikorwa, nyamara Tubona Imana Mwana mu
gihe cy’ubutumwa bwiza nayo ikora umurimo, nyuma Isezeranya
Umwuka Wera yunga mury’Imana Data, kandi mu minsi y’imperuka
tubona uwo Mwuka asukwa ku itorero. Igitangaje mu mikoranire
y’ubutatu ni uko bafashanya, bari bahari bose mu irema,(Itang 1:26)
bamanukanye kureba umudugudu w’I Babeli,(Itang 11:7) bari kumwe
mu mubatizo wa Mwana. Ubwo Yesu yabatizwaga Umwuka Wera
yari mu ishusho y’Inuma, Yesu yari mu ruzi rwa Yorudani kandi Data
yavugiye mu ijuru. Baracyakorana no mu gihe cya none, iyo wuzuye
Umwuka Wera uba winjiye muri uyu muryango w’Ubumana, uba
ugeze ahantu heza haruta ahandi, no mushyikirano uruta iyindi yose
yabayeho. Ubasha kumenya amakuru yo mu ijuru kandi ku gihe,
usukwaho impano z’uburyo bwinshi kandi ushira amanga, ikiruta
ibindi wuzura umunezero.
12
Umwuka Wera, muri Bibiliya z’icyongereza bakoresha ruhamwa
nk’ivuga ku muntu, (He) afite ibimuranga bihura n’Ibyabantu kuko
afite ubwenge aratekereza kandi agafata umwanzuro, ashobora
kumva, guhumurirwa n’ibindi: Ni Umuhoza (Ibyak 9:31) aratekereza
(Rom 8:6) Aravuga (Ibyak 13:2) Arasenga (Rom 8:26) Arigisha (Yoh
14:26) Asohoza ubushake bwe (1 Kor 12:11) Ashobora kukubuza
ikintu (Ibyak 16:6) Akora ibitangaza (Ibyak 19:6) Umwuka Wera si
ikintu. Ahanini abantu bizera Umwuka Wera nk’imbaraga gusa
babikura ku mazina agaragaza umurimo we: umuyaga, imvura,
amavuta, umuriro n’ayandi. Aya ni amazina agaragaza imirimo ye
ariko we arenze imirimo akora.
Umwuka mu bijyanye n'ubumana
Twibaze cyane k’Umwuka w'Imana ugereranije n'Imana ubwayo mu
Isezerano rya Kera. Hano harimo ingingo nyinshi zigomba
kwitonderwa. Iya mbere ni uko nta kigaragaza ko Umwuka w'Imana
yari ikintu gifatika cyangwa cyaturutse ku Mana. Igitekerezo
cy'abanditsi ba Bibiliya hafi ya cyose ni ingirakamaro aho
gukekeranya. Ntabwo batekereje kuri kamere y'Imana. Nubwo
bimeze bityo ariko, bagumanye itandukaniro rigaragara hagati
y’Umwuka n’umubiri cyangwa ubundi buryo bw’ibintu. Na none
twitegereza mu Isezerano rya Kera haba kwerekana Imana n'Umwuka
w'Imana, ndetse no gutandukanya neza hagati y’Umwuka Wera ni
Imana ubwayo, Niba twizera Imana mu butatu ni ngenzi ko tumenya
ko Umwuka Wera ari Imana ku buryo budasubirwaho. Yari ahari mu
irema, ukibumbura Bibiliya yawe ku murongo wa mbere uhita ubona
Umurimo w’Umwuka Wera: “Mbere na mbere Imana yaremye isi
n’ijuru. Isi yari itagira ishusho kandi yarimo ubusa busa,
Umwijima wari hejuru y’imuhengeri, maze Umwuka Wera
yagendagendaga hejuru y’amazi” (Itang 1:1-2) mu irema Imana
13
Data, Imana Mwana n’Imana Mwuka Wera, bahurije hamwe
umurimo w’irema, Umwuka Wera abasha kukuremamo umuntu
mushya, akakuremamo umutima mushya, mu gihe Ezekiyeli yari mu
bunyage I Babuloni, Uwiteka yamuhishuriye icyo yari buzakore ngo
abantu bamukorere bataryarya “Nzabaha Umutima mushya,
mbashyiremo Umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye
nk’ibuye, mbashyiremo umutima woroshye. Kandi nzabashyiramo
umwuka wanjye ntume mugendera mu mateka yanjye, mugakomeza
n’amategeko yanjye mukayasohoza.
IMPANO IRUTA IZINDI
Wari wahabwa impano wayipfundura ugasanga ni ikintu
cy’agatangaza wamaze imyaka n’imyaka urundarunda amafaranga
ngo ukigereho? Wumva umeze
Ute! Ushobora kubura uko wifata,
ushobora kujya umwenyura
cyangwa ukanjya wisetsa ubusa uko
ukubise agatima kuri ya mpano
wahawe. Muri icyo
gihe utekereza ku
rukundo uwakugeneye iyo
mpano agufitiye, maze ukuzura
ibinezaneza ku mutima. Umwuka Wera ni impano idasanzwe Data wa
twese yasezeranije abizera bose, yavuze ko mu minsi y’imperuka
azasuka Umwuka Wera ku bantu bose. Dukurikije iryo jambo iminsi
y’imperuka yatangiye kuri Pentekote ya mbere, ku munsi wa
makumyabiri n’icyenda w’ukwezi kwa gatanu muri 30 N.K, Ubwo
abigishwa n’abandi bizera 108 basohorezwaga iryo sezerano. Mbega
impinduka zabaye mu murimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza!
Mbega imirimo mbega ibitangaza! Mbega guhamya bashize amanga,
mbega urukundo rukomeye! Umwuka Wera niwo mufasha itorero
14
rikeneye ngo rihagarare mu mwanya ukwiye. Ariko ikibabaje ni uko
abantu batamuzi, kandi batamubatijwemo bakora umurimo w’Imana
bavunika, gukizwa kubabereye umuruho mu gihe, bagakwiye
kubohoka, baruhiye aho bagakwiriye kuruhukira. Umwuka ni Imana
mu mitima y’Abizera. Byamfashe igihe kugirango numvishe
abakristo benshi ko Umwuka Wera Atari imbaraga ahubwo ari Imana
ubwayo, Igihe usenga usaba Umwuka Wera, ni nkaho wakavuze uti:
“Mana ururuka uture muri njyewe imbere, unyuzure, imbaraga zanjye
zibure haboneke izawe gusa, mbe mfuye abe ari weho ubaho muri
njye” uba uhisemo kubaho ubuzima bwuzuye kamere y’Imana, uba
uhisemo kubona ibintu mu buryo Imana ibibona, kandi uba uhisemo
kumvira Imana ituye muri wowe. Imana ntiyashimye gutanga
Umwuka Wera nk’umubatizo wa Yohana, ahubwo yashimye ko
Kristo ubwe aba umubatiza w’uwo Mwuka w’Imana. Uwo Mwuka
niwo urehereza abanyabyaha ku gakiza, Bakakira Umwami Yesu,
hanyuma akaba mu buzima bw’abizera ngo abayobore mu kuri kose.
Nyamara aba akora inshingano nkeya mu mibereho y’umwizera,
Yesu akiri mu isi yahumekeye Umwuka mu bigishwa be, mbere yo
kujya mu murimo, nyamara ntibari bagasukiwe Umwuka Wera
ubwabo, Uyu Mwuka Wera afasha abizera mu buzima bwabo niwo
twita Umwuka Wera muyobozi. Mu kubatizwa n’Umwuka Wera,
Umwizera aruzuzwa akakira Umwuka Wera mu buryo busendereye
imibereho ye, kandi agahabwa impano yo kumugaragazaho uwo
Mwuka. Imana iragukunda Pawulo yanditse ko ubwo itimanye
Umwana wayo ikamutanga k’ubwawe, itazabura kumuguhana
n’ibindi byose. Nyuma y’impano y’agakiza abizera bahawe rimwe
wagenewe iyindi mpano ni impano y’Umwuka Wera, uzatura muri
wowe iteka nibwo buryo busohoza izina rya Kristo “Imana iri kumwe
natwe!”
15
IGICE CYA II:
UBUTURO BW’UMWUKA WERA
Muri wowe harimo ubuturo bw’Umwuka Wera
Umwuka Wera, akeneye gutura
muri wowe, nubwo wiganyira,
kandi wiyiziho intege nke, nubwo
uvuga ko udashoboye uri umuntu
w’igiciro mu maso y’Imana.
Nawe yakugeneye impano
idasanzwe ni Imana muri wowe
imbere! Nyamara ariko akeneye
ko utunganya ubuturo bwe! Wari
uziko waremwe mu buryo butuma
ubasha kuvugana n’Imana muri
wowe. Imbere muri wowe
harimo igice cyagenewe Ubuzima bw’Umwuka. Umuntu agizwe
n’ibice bitatu: Umwuka, Umubiri n’Ubugingo. Intumwa Pawulo yari
asobanukiwe ibi Dore uko yaherutse kubwira abakristo bo mu itorero
ry’I Tesalonika: “Imana y’amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe
ubwanyu, n’umwuka wanyu n’ubugingo n’umubiri byose
birarindwe bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo
azaza.” (1 Tes 5:23) ubwo Imana yaremaga umuntu muri Edeni
yamuhumekeyemo umwuka w’ubugingo umuntu aba ubugingo
buzima. (Itang 2:7) Umwuka ni igice kiri muri wowe cyagenewe
gusabana n’Imana y’Umwuka. Icyo gice uvuka gitunganijwe kidafite
16
uwo kugituramo, uretse ijwi ry’umutimanama, iri ni ijwi rikwereka
icyiza n’ikibi naho waba utarakijijwe rwose. Ndetse mu minsi
y’imperuka abanyabyaha babayeho mbere y’ubutumwa n’amategeko
bazatsindwa n’ijwi ry’Imana mu mitimanama yabo. Iki gice iyo
umuntu ahisemo inzira ya gipagani gifatwa na Satani kuko nawe ari
ikiremwa cy’umwuka. Abapfumu abarozi abacuraguzi, abacwezi
n’abarangi baba barageneye iki cyumba uwo mwami w’Umwijima,
muri iki cyumba niho hakirirwa amayerekwa, inzozi, ubuhanuzi,
amandiko, ijambo ry’ubwenge, ijambo ryo kumenya n’izindi mpano
zose z’Imana. Ntibitangaje ko abapfumu batanga indagu nzima,
cyangwa abarangi bavuga ibizaba, biterwa n’uwicaye ku ntebe mu
cyumba cy’Umwuka cyo mu mitima yabo.
Igice cy’Umwuka kiduhuza n’Imana y’Umwuka, ubugingo bwiyitaho
ubwabwo naho umubiri wita kandi ugakorera mu isi, kugirango
umuntu abe abayeho neza ni uko buri gice cyose gikorana n’ikindi
mu buryo bukwiye, ni ukuvuga ko buri gice gifite umumaro wacyo
mu mibereho myiza ya buri muntu. Bamwe mu banyeshuri ba
Bibiliya bizera ko nta tandukaniro riri hagati y’Umwuka n’ubugingo
ngo byose bigize igice kitagaragara cy’umuntu. Mu byukuri mu
byanditswe bimwe usanga babifata nk’igice kimwe muri rusange,
ariko ahandi ugasanga bitandukanye. Umwanditsi w’abaheburayo
yabonye iryo tandukaniro ubwo yandikaga ati: “Kuko ijambo
ry’Imana ari rizima, rifite imbaraga kandi rikagira ubugi buruta
ubw’inkota zose, rigahinguranya ndetse kugeza ubwo rigabanya
ubugingo n’umwuka, rikagabanya ingingo n’umusokoro kandi
rikabangukira kumenya ibyo umutima wibwira ukagambirira.” (Heb
4:12) Intumwa Pawulo nawe yatandukanije aya magambo yombi mu
rwandiko rwa mbere yandikiye Abakorinto “Ariko umuntu wa kamere
ntiyemera iby’Umwuka w’Imana kuko ari ubupfu kuriwe, akaba
atabasha kubimenya kuko bisobanurwa mu buryo bw’Umwuka.” (1
Kor 2:14, 15) Ahari reka twongere turebe uko aya magambo
17
asobanurwa mu ndimi z’Umwimerere, ijambo “Umwuka” mu kigiriki
ni “Pinema” bisobanura guhumeka, ya ndwara y’ibihaha yitwa
Pinemoriya ifata inkomoko kuri iri jambo. Ijambo “Ubugingo” mu
kigiriki ni “psuche”, aha niho hakomoka ijambo psychology
ubumenyi bwiga ku bijyanye ubugingo. Ijambo “umubiri” mu kigiriki
ni “Soma” bityo ijambo Psychosomatic, ni ijambo ry’inyunge
risobanura Umubiri n’ubugingo.
Umumaro w’ Umwuka, Umubiri n’Ubugingo
Umumaro w’ Umwuka
Umwuka: Ni igice cy’umuntu cyaremewe ubusabane n’Imana
y’Umwuka, iyo umuntu atarakizwa kiba gisinziriye, cyangwa gipfuye
gihemburwa n’Umwuka w’Imana mu gihe cyo kwakira agakiza,
cyuzura imbaraga mu gihe umuntu abatijwe mu Mwuka Wera.
Umumaro w’igice cy’Umwuka kiri mu muntu ni uyu: Kwakira
amahishurirwa avuye ku Mana, Adufasha mu gusenga nkuko
bikwiriye, Adufasha gusabana n’Imana, Kuramya Imana, Guhamya
mu isi y’ibyaha, Kurobanura imyuka cyangwa ikiza n’ikibi,
Adushoboza gusabana n’Imana, Kurwana intambara z’umwuka, icyo
gice nicyo kicaro cy’imbuto n’impano z’Umwuka.
Umumaro w’Ubugingo
Ubugingo: Ni igice cy’umuntu kigizwe n’imitekerereze, ubwenge,
uko abona ibintu, mbese niwe ubwe. Iki gice nicyo kibika ubumenyi
bwose bwigwa mu mashuri. Hamwe na hamwe mu byanditswe
Bibiriya icyita umutima, “Umutima w’umuntu urusha ibintu byose
gushukana, Murinde imitima yanyu itagwa mu moshya. Hariho
umumaro w’iki gice mwinshi ariko uw’ingenzi ni uyu: Ububiko
bw’ubwenge no kwibuka, ububiko bw’amatsiko ya muntu no
kuvumbura, igice gifasha umuntu kumva ibintu no kubisobanukirwa,
Gutekereza, cyakira Amakuru avuye ku Mwuka no ku mubiri,
18
gishyiraho igenamigambi, gituma umuntu yumva akunze ikintu
cyangwa acyanze, ni nacyo gituma umuntu afata umwanzuro.
Umumaro w’umubiri
Umubiri: Ni igice cy’umuntu kigaragara inyuma, mbere yuko
umuntu akumenya azabanza kubona umubiri, niwo uhura n’isi, kandi
niwo ugerwaho n’ingaruka zose z’ibyaha mu buryo bugaragara, niwo
ubonekaho uburwayi dufite, mu bugingo cyangwa mu mwuka. Niwo
uhanwa ugafungwa imyaka za mirongo iyo umuntu akoze icyaha
gihanwa n’amategeko y’isi, kandi burya imigambi yose iba yakorewe
mu bice bitagaragara. Ibihishwe byo muri wowe imbere bizagaragara
ku mubiri wawe, mbese dutekereje mu buryo buhuje n’ubwenge Uko
tukubona wambara, ugenda, uvuga, urakara, udakurwa ku ijambo,
ukunda gusenga cyangwa utabikozwa, ni umusaruro uva mu mwuka
n’ubugingo bwawe. Hariho abakristo bashaka kwitandukanya nuko
bagaragara inyuma bakabisobanura cyane, bati: “Nubwo ubona
ngenda ntya, ariko ubundi ndi uyu mu mutima, Imyenda migufi
inyambika ubusa ubona iri inyuma gusa, mu mutima haratunganye
pe, burya ubona mvuga nabi siko nteye na mba.
Nta kintu na kimwe uzakora ngo wemeze abantu ibirenze ibyo
bakubonaho inyuma, mbese imbuto z’igiti ziboneka imbere mu giti
cyangwa ni inyuma? Ntekereza ko biterwa n’ubujiji ku mikoranire
y’umwuka umubiri n’ubugingo abakristo bamwe bafite, cyangwa
kwiyobagiza guterwa ahanini no gukunda isi kwinjizwa runono
n’irari. Mbese usanze abana bawe bareba Filimi z’urukozasoni maze
bakakwemeza ko byatewe na DVD Player (Akuma gasoma
amashusho) ubwayo, ko bo bari bashyizemo CD iriho filime ya Yesu,
babasha kukwemeza icyo kinyoma? Oya ntibyashoboka umuntu wese
aziko icyo washyize muri DVD aricyo ubona kuri ekara ya Televiziyo
yawe. Uko rero niko ibiba mu mitima yacu bigaragara ku mibiri yacu.
Ubu noneho wakumva neza impamvu Pawulo yashakaga ko ibyo bice
19
byose bitagibwaho umugayo namba. “Imana y’amahoro ibeze rwose,
kandi mwebwe ubwanyu, n’umwuka wanyu n’ubugingo n’umubiri
byose birarindwe bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu
Kristo azaza.” (1 Tes 5:23)
Muri make twavuga yuko umubiri ari igice cyakira amakuru avuye
mu isi binyuze mu byumviro byawo: kureba, Kumva, kuryoherwa,
guhumurirwa no gukorakora. Umubiri kandi ni igice gishyira mu
bikorwa imyanzuro y’Umwuka, cyangwa y’ubugingo (Ubwenge,
umutima) icya gatatu umubiri niwo udufasha gusabana n’isi, no
gukora umurimo w’Imana mu buryo busaba imbaraga.
IMIKORANIRE Y’UMWUKA UMUBIRI N’UBUGINGO
Ubugingo n’umubiri
Nkuko twamaze kubibona umubiri wakira
amakuru binyuze mu byumviro bya muntu,
ibyo turebesha amaso yacu, ibyo twumvisha
amatwi yacu, ibyo duhumurirwa n’amazuru
yacu, n’ibyo dukabakabye n’amaboko yacu,
ibyo twumvise uburyohe cyangwa ububihe
bwabyo dukoresheje indimi zacu. Ayo
makuru yose ahitira mu bugingo (Umutima,
ibitekerezo n’ubwenge) bukabijora cyangwa
bukabishima. Aha niho hava ubushake no
kwifuza kose. Ubwo Dawidi yabonaga muka Uliya yiyuhagira,
akamwifuza umubiri wagize uruhare mu kuzana amakuru (Reception)
ubugingo buramwifuza (Perception) ubugingo bufata umwanzuro wo
kuryamana nawe (will, decision) umubiri ubishyira mu bikorwa
(implementation). Eva nawe yakiye amakuru ko imbuto z’igiti Imana
yababujije ari nziza, kandi ko zagombaga gutuma bamera nk’Imana,
Ubugingo bwe burabyakira burabyemeza butegeka umubiri gushyira
mu bikorwa, acumura atyo. Uku niko icyiza n’ikibi gikorekera mu
20
mutima w’umuntu, ariko dukwiye kunesha ibyaha muri twe, ushobora
kuvuga ko utabishoboye, ariko Imana yavuze ko ubishoboye, dore
uko yabwiye Gahini imuburira kutagwa mu cyaha: “Nukora ibyiza
ntuzemerwa? Ariko nudakora ibyiza, ibyaha byitugatugira ku rugi,
kandi ni wowe byifuza ariko ukwiriye kubitegeka” (Itang 4:7) iri
jambo ngo ariko ukwiriye kubitegeka, ryavuzwe n’Imana ubwayo,
rigaragaza ububasha umuntu afite bwo guhitamo ikiza akanga ikibi
cyose. Ikindi nuko nubwo dutuye muri kamere Paulo avuga ko
yaguriwe gutegekwa n’ibyaha dufite kunesha guturuka kuri Kristo
Yesu Umwami n’Umucunguzi wacu.
Umwuka n’ubugingo
Iyo umuntu atarakira Agakiza, igice cy’umwuka cye kiba kiri mu
rujijo, nubwo ikiza n’ikibi byashyizwe mu bugingo bw’umuntu ariko
uyu mukene we yihitiramo ikibi, aba
acanganyukiwe atazi uko yabaho, sinaba
mbeshye mvuze ko aba atazi indyo n’imoso
mu Mwuka, ntaba yari yakavutse mu
mwuka, ndetse aba atariho Yesaya yavuze
ku bantu bameze nk’uwo “Bazabona
ishyano abita ikibi icyiza n’icyiza bakacyita
ikibi, umwijima bawushyira mu kimbo
cy’umucyo, n’umucyo bakawushyira mu
kimbo cy’umwijima, ibisharira babishyira
mu kimbo cy’ibiryohereye, n’ibiryohereye
bakabishyira mu kimbo cy’ibisharira. (Yes 5:20) igihe uyu muntu
yakiriye agakiza, icyumba cy’umwuka cyakira umucyo, ubuyobozi,
ubufasha n’amahoro y’ubugingo. Uyu niwo Mwuka Wera abakristo
benshi bita: “Mwuka muyobozi” bashaka kumutandukanya
n’Umubatizo w’Umwuka Wera. Iyo umuntu amaze kubatizwa mu
21
Mwuka Wera iki gice cy’umwuka cye cyakira imbaraga zose
zikenewe kugira ngo abeho ubuzima bushya kandi bunesha ibyaha
muri Kristo.
Iki gice nicyo cyakira amakuru y’ijuru kiyamenyekanisha mu
bugingo maze, ubugingo bugafata umwanzuro wo gutunganira Imana,
bugasaba umubiri kubishyira mu bikorwa ibi na none mu mvugo
imenyerewe byitwa “Kumvira Umwuka” hari ubwo ayo makuru
avuye mu gice cy’Umwuka agera mu bwenge bwamunzwe no
gukunda iby’isi n’ubwibone yewe no kutavirira ibyaha kimwe no
kwiyobagiza maze ubwenge, bukanga ibyo Umwuka abwigisha,
bugatagegeka umubiri ibitandukanye, ibi nibyo byitwa “Kutumvira
Umwuka” Ibi biterwa ahanini n’ubukene bw’ijambo ry’Imana,
bibiliya idusaba gushingira ibyemezo byacu ku Byanditswe, nashima
ko Umuntu yabatizwa mu Mwuka Wera, ariko na none byaba
agahebuzo yuzuye n’Ijambo ry’Imana.
Hari ikorasi abakristo bakunda kubyina, bavuga ngo: “Mumvugire
ngo Imana” abandi bagasubiza icyarimwe ngo: “Imana” Mu duce
tumwe baravuga ngo: “Humeka ngo Imana” bagasubiza nka mbere.
Imikoranire myiza y’ubugingo n’Umwuka isa n’igikorwa cyo
guhumeka, winjiza ibyanditswe byera mu bugingo bugasohoramo
icyaha n’igisa nacyo maze Umwuka n’ubugingo bikarindwa,
n’umubiri nawo.
Mu gihe cyashize abakristo bajyaga bansaba kubasengera
kubw’inzozi mbi ndetse no muri iyi minsi nuko. Rimwe na rimwe
ababo bapfuye barabateraga, hari nubwo bababona bakabavugisha;
bakabategeka ibyo gukora n’ibyo batunganya, bakababuza amahoro
rwose. Nyuma y’igihe mbisengera nahishuriwe yuko nta kindi
gisubizo uretse gusukura ubuturo bw’Umwuka, ukamusaba
guturamo. Uburangare no kutita ku cyumba cyagenewe Mwuka Wera
muri wowe ni inyungu kuri Satani ushaka kugikoresha mu nyungu
22
z’ubwami bw’Umwijima. Ikindi kandi ni igihombo gikomeye ku
buzima bwawe nk’umukristo, uzabaho ubuzima bwuzuye intege nke,
budakunda amasengesho, bugwa mu byaha hato na hato, bwikunda,
bwuzuye ubugugu ku by’ubutunzi, budakunda Imana kandi budafite
ibyiringiro bihoraho by’ibizaza n’amasezerano y’Imana. Uzajya
ubona uterana n’abandi, usengane nabo uririmbe uhimbaze, ariko
urare mu nzozi mbi, kandi ubure impinduka zikomeye mu buzima
bwawe bw’Umwuka. Abantu babayeho ubu buzima bageraho
bakabura inyungu z’agakiza mu buzima bwabo maze bagahitamo
gusubira inyuma.
Iyo Umuntu yabatijwe mu Mwuka Wera, iki cyumba kiba ari
n’irembo ry’ijuru, aha niho amakuru yose y’ijuru amanuka avuye, iki
gice kiba kirinzwe cyane kandi gifite ubudahangarwa bw’Ubumana.
Iki gice cy’Umwuka nicyo cyakoreshejwe ubwo Pawulo yajyanwaga
gusura ijuru rya gatatu, ahamya ko yabonye ibitabonwa ni nacyo
cyumba cyerekewemo Yohana ibyo mu gitabo cy’ibyahishuwe. Igihe
kimwe nanjye ubwanjye narazamutse ngera ku bicu ndi mu Mwuka,
nari kumwe na marayika iburyo bwanjye ariwe wanzamuye kugera
aho numvise n’amatwi yanjye Imana ivugana na njye hejuru mu
kirere mu bicu byera byari imbere yanjye nka metero imwe. Izi
nshuro nyinshi nagiye nguruka mu iyerekwa nkagera Kure, nkareba
ibyo Imana yashakaga ko mbona kandi nkumva ibyo yabaga ishimye
ko numva. Nibwira ko uwo murimo wose ukorerwa muri icyo
cyumba, ari nacyo gice cy’Umwuka natangiye mvuga mu bika
byabanje. None niba usengera Umwuka Wera ariko ukaba ubana
n’ibyaha utihannye ngo uzibukire, usambana, uroga, ubeshya, ufite
inzika mu mutima, ugira ishyari n’urwango, ndakubwiza ukuri kose
ko utazigera ubatizwa mu Mwuka wera rwose. Ubuzima bwa gikiristo
buvanze n’ibyaha ni ikizira mu maso y’Imana, Ndetse Kristo ubwe
yaherutse kwihaniza abakristo nk’abo mu itorero ry’I Lawodekiya
avuga ati: “Nzi imirimo yawe yuko udakonje kandi ntubire, Iyaba
23
wari ukonje cyangwa wari ubize, Nuko rero kuko uri akazuyazi
ngiye kukuruka” (Ibyah 3:15-16) iyo uri muri iki kiciro uba ugifite
ibyo gutunganya. Uba ukwiye kwiyuzuza nawe, kwatura no
kuzibukira ibyaha byawe, nyuma ukabona gusengera Umwuka Wera,
kuko uwavuganye n’ab’I Lawodekiya ayo magambo niwe Mubatiza
w’Umwuka Wera, bityo rero mu gihe usengana ibyaha bigeretse ku
bindi ni nko kumuhamagara ngo aguhane, cyangwa ace ishami ryo ku
muzabibu ritera imbuto.
24
IGICE CYA III:
INZITIZI Z’UMWUKA WERA
IBYAHA
Mu gihe cyose ushaka kubatizwa mu Mwuka Wera no gukomeza
kuzuzwa Ni ngombwa kwihana ibyaha byo mu buzima bwawe bwa
buri munsi, ibyaha byo mu ngo zacu, ibyaha byatuboshye bibasha
kutwiziringiraho
vuba, ibyaha byo
mu kazi kacu ka
buri munsi. Ariko
wite ku byaha uziko utihannye,
iyereke Imana uko
uri nibwo buryo
butumwa Imana yita ku bukene
bwawe bwo mu
buryo
bw’Umwuka. Ni ingenzi cyane
cyane ku bantu
bafite ingo ko bita
ku byaha byo ngo zabo kandi
bagasabana imbabazi, aho
bibaye ngombwa. Ndetse bagakuraho inzitizi bakaboneza imibanire
ikwiriye imiryango ya Gikiristo. Muri rusange ntago twifuza ko
kurindira ibyasezeranijwe bidusigira Umwuka Wera gusa, ahubwo
n’amahoro aganje mungo zacu. Iyo ingo z’aba Kristo zifite ibibazo,
ubwo Itorero niryo riba rifite ibibazo, kuko Itorero ritangira kandi
rigakurira mu ngo z’abakristo baryo.
Kubera ibyaha bitatuwe, ngo byihanwe neza abantu bashidikanya ko
bahabwa Umwuka Wera, ndetse bakavuga ko badakwiye, ntabwo
bizera rwose ko Imana ishobara kugira icyo ibaha, ahubwo usanga
bose batunga intoki ba bakristo b’inararibonye mu itorero bavuga
bati: “Ni ukuri ni bariya Imana yaha Umwuka wayo Wera”.
25
Bavuga nka Yesaya bati: “Turi abanyaminwa yanduye? Nyamara
Yesu ntiyavuzeko ko Data wo mu ijuru azarushaho guha Mwuka
Wera abakristo b’inararibonye, ahubwo yaravuze ati:”So wo mu ijuru
ntazarushaho rwose guha Umwuka wera abawumusabye. (Luka
11:13)
Niba ushaka kuzura Umwuka Wera byaba byiza uwusengeye
n’umutima wawe wose, Abantu benshi banezezwa n’impano yo
kuvuga mu ndimi nshya uwo mwanya hariho abantu buzura Umwuka
Wera ntibahabwe kuvuga mu ndimi nshya cyangwa bakavuga mu
ndimi umunsi wa mbere gusa, ntago ari ngombwa iteka ko byose
bigendana, ariko ni ingenzi ko uvuga ururimi rushya, kuko arirwo
rurimi Umwuka avugamo, ni rwo rurimi umwuka asengamo, ni
“Ururimi rw’Umwuka” si ururimi rw’umuntu. Mu bice bikurikira
tuzavuga ku buryo bwimbitse ku mpano z’umwuka Wera.
UBWOBA
Ubwoba ni iyindi nzitizi ikomeye yo kubatizwa mu Mwuka Wera,
reka mbe mbivuze mbere ko Imana idakorana n’abanyabwoba. Icya
mbere nuko mu bwoba utabasha gushyikira imbaraga z’Imana, hariho
abantu bamenya ibyago bizatera bagahinda umushyitsi, bagapfa
mbere yo gupfa, bakibagirwa imbaraga z’Imana twiringiye. Hariho
abantu bamenya ko hazatera inzara, bagasonza bagifite ibyo kurya.
Mu gihe Gidiyoni yajyaga kurwanya abamediyani abantu ba mbere
Uwiteka yasezereye ni abanyabwoba. Pawulo yavuze ko tutahawe
Umwuka w’ububata udusubiza mu bwoba. (Rom 8:14)
Abantu benshi bagira Ubwoba iyo babona abantu babatizwa mu
Mwuka Wera, haba ubwo abatigisa, hari ubwo birukanka
bazunguruka aho bari, hari ubwo barira cyane, hari ubwo baseka
cyane, hari ubwo bavuga mu ndimi amagambo make gusa kandi igihe
kirekire. Abakristo badafite ubumenyi ku Mwuka Wera, babibona
kwinshi, hari ababona ari ibintu bisuzuguritse, abandi bakabona ari
26
iby’inzaduka kuribo. Uko biri kose ukuri ni Uko Imana mu buryo
bw’Umwuka iba iri kwinjira mu cyumba cyagenewe umwuka mu
mutima w’umwizera, ashobora kubona ibintu byinshi kuko amaso ye
aba areba, yakumva byinshi, ubyongeyeho kandi ko Atari icyoroshye
gutuza Imana y’Umwuka mu mubiri w’intege nke. Hagati muri iki
gitabo ndabaha ubuhamya bw’uko nakiriye Umwuka Wera ku munsi
wa mbere.
Abakristo bashya bagira ubwoba bwo kwakira imbaraga mvajuru
muribo, baravuga bati: “Mbese Mwuka Wera ni Mwiza?
Bizanyorohera gutunga ubumana bwa Mwuka Wera muri njye?
Mbese ubuzima bwanjye buzamera bute nyuma yo Kubatizwa mu
Mwuka Wera? Hari ubwo uteguzwa n’umuntu ko azagusura, ariko
iyo umunsi ugeze, usanga ashikagurika, areba hirya no hino ubona
adatuje, hagira igikoma akikanga, agirango ni umushyitsi uje,
utunganya byose, ibyanduye byose ubikura ahabona, nkaswe kwakira
Imana mu bugingo bwawe? Niba iyi ariyo nzitizi ikuzitiye menya ko
Imana ari umubyeyi kandi Umwuka Wera ariyo mpano ikomeye
yakugeneye izagushoboza kurinda ibyo kwizerwa no gusoza
urugendo rwawe mu mahoro.
GUSHIDIKANYA
Gushidikanya si inzitizi ibuza umuntu kubatizwa mu Mwuka Wera
gusa, ahubwo ni inzitizi ku masezerano yose y’Imana. Ukwiye
kwizera Imana umaramaje ko isohoza Amasezerano yayo! Garura
umutima wawe mu byanditswe mbese hariho ijambo Imana yavuze
ntiryasohora Nkuko yarivuze? Ntibikabeho kuko ari nta jambo Imana
ivuga ngo rihere. (Luka 1:37) Kandi urahirwa nimba wizeye yuko
ibyavuzwe n’Umwami Imana bizasohora. (Luka 1:45) gushidikanya
bituma ntacyo umuntu akorerwa n’Umwami Imana kuko umuntu
w’imitima ibiri anamuka mu nzira ze zose.(Yak 1:6) Imana ishaka ko
ubatizwa mu Mwuka Wera izi neza ko imbaraga zawe z’umubiri
27
zidahagije ngo usohoze umuhamagaro wawe wahawe uvuye ku
Mana. Kabone nubwo Yesu yamaranye n’abigishwa be imyaka itatu
abatoza, uko bakwiye kugenza ntiyabemereye namba gutangira
umurimo bataruzuzwa Umwuka Wera, yabasabye kurindira mu
murwa, kuko yari aziko badafite imbaraga. Ushobora kuba ufite
ubushake bwo gukorera Imana, ariko kandi ukeneye n’imbaraga,
yarababwiye ati: “Icyakora muzahabwa Imbaraga Umwuka Wera
nabamanukira, kandi muzaba abagabo bo kumpamya hose I
Yerusalemu n’I Yudaya yose no kugeza ku mpera y’isi. (Ibyak 1:8)
Imana ubwayo yavugiye mu kanwa k’umuhanuzi Yoweri iti:
““Hanyuma y’ibyo nzasuka umwuka wanjye ku bantu bose,
abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe
banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa, ndetse n’abagaragu
banjye n’abaja banjye nzabasukira ku Mwuka wanjye muri iyo
minsi. (Yoweri 3:1-2) Imana ntibasha kwivuguruza kucyo yavuze,
Yesu nawe yaravuze ati: “Ninde umwana yasaba ifi akamuheza
inzoka cyangwa yamusaba umutsima kamuheza ibuye, ko muzi
guha abana banyu ibyiza muri babi mbese Data wo mu ijuru
azabura ate guha Umwuka Wera abawumusabye?” mu Ijuru bahora
biteguye gusohoza ibyasezeranijwe ku bakristo bari maso, mbese ujya
usenga usaba Umwuka Wera. Nzi Abantu basengeye Umwuka Wera
igihe runaka, bageze aho baracogora. Ni kuki utatitiriza nka wa
mupfakazi? (Luka 18:7) uziko ushobora kurambirwa mu gihe Imvura
y’umuhindo yari igiye kugwa, ntukwiye gucogora gusaba, ntukwiye
gushidikanya ku masezerano. Abava mu masezerano mbese
ntibasohorwaho niri jambo ngo: “Kandi nabimye Imvura hasigaye
amezi atatu isarura rikagera, nahaye umudugudu umwe Imvura
ntuma uwundi utayibona, Umurima umwe waguwemo n’imvura
undi uyibuze uruma. (Amosi 4:7) uku niko abatitiriza babatizwa mu
Mwuka Wera bagatohagira, bakuzura imbaraga, mu gihe
abashidikanya, abatizera Amasezerano baba baguye umwuma.
28
Ntibikabe ko isezerano ry’Umwuka Wera ku bantu bose habaho uwo
muri twe utarishyikira, twese turi abana b’Imana turi abaragwa
b’amasezerano y’ibihe byose. Amosi yahanuye ko nubwo bamwe
baguye umwuma batagarukiye Uwiteka ngo abamare iyo nyota
abuzuze Umwuka ahubwo bajya gushaka amazi mu bamaze kuvoma
mbere. “Nuko abo mu midugudu ibiri cyangwa itatu bajyaga
kunywa amazi mu mudugudu umwe ntibashire inyota.” (Amosi 4:8)
abizera benshi bahitamo kwisunga abamaze kubatizwa bakuzuzwa
impano mu masengesho yabo, aho kwigerera ku isoko. Ndahamya
ntashidikanya ko iyo ukwizera kwawe kumaze gutsinda izi nzitizi uba
ubaye umukandida mwiza w’umubatizo wa Mwuka Wera umunsi
uwo ariwo wose.
29
IGICE CYA IV:
TURI MU GIHE CYA MWUKA WERA
Iki Nicyo Gihe Cyo Kubatizwa Mu Mwuka Wera
Tugeze mu gihe cyiza cyo kubatizwa mu Mwuka Wera Uyu niwe
mufasha Yesu yadusezeranije (Yoh
14:16) iki nicyo gihe cy’imvura
y’itumba, “Nimusabe Uwiteka
imvura muyisabe Uwiteka urema
imirabyo, nawe azabavubira
imvura y’umurindi umuntu wese
azamumereza ubwatsi mu rwuri
rwe (Zek 10:1)” iki nicyo gihe
dukeneye umubatizo w’Umwuka
Wera kuruta ikindi gihe mu mateka.
Mu gihe twiringira gusohorezwa
Uwo mufasha wacu ni ingenzi ko
tumumenya uko ari, Atari uko
tumutekereza, mu bika bikurikira turavuga ku masezerano y’Umwuka
Wera n’imirimo ye mu masezerano yombi. Iyo dusaba ibyo Data
yasezeranije, ntitugira ipfunwe, kuko arinda ijambo rye kugirango
arisohoze.
Data yasezeranije uwo Mwuka
Mu isezerano rya kera tubona ko Umwuka wera yazaga ku bantu
b’ingenzi, aba babaga ari abantu bahamagariwe gukora imirimo
runaka isaba ubutwari n’imbaraga, ahanini abami, abahanuzi
n’abacamanza. Ariko Imana yasezeranje ibinyujije mu bahanuzi bayo
ko izasuka Umwuka Wera ku bantu bose. Imana yavuze ko Umwuka
uzasukwa ku bantu bose “Hanyuma y’ibyo nzasuka Umwuka
Wanjye ku bantu bose, abahungu n’abakobwa banyu bazahanura,
abakambwe banyu bazarota n’abasore banyu bazerekwa, ndetse
30
n’abagaragu banjye n’abaja banjye, nzabasukira ku mwuka wanjye
muri iyo minsi.” (Yow 3:1-2) Imana yongeye kuvugira mu kanwa
k’umuhanuzi Ezekiyeli iti: “Kandi nzabashyiramo Umwuka wanjye
ntume mugendera mu mateka yanjye, mugakomeza n’amategeko
yanjye mukayasohoza” (Ezek 36:27) Imana yabwiye Yesaya iti:
“Uwishwe n’inyota nzamusukiraho amazi, nzatembesha imigezi ku
butaka bwumye urubyaro rwawe nzarusukaho Umwuka Wanjye
n’abana bawe nzabaha umugisha.” (Yes 44:3) ndagirango nkubwire
weho wifuza kubatizwa mu Mwuka Wera, ni ingenzi kwizera
amasezerano y’Imana, kuki ushidikanya? Nasengeye abantu
batandukanye ngo buzure Umwuka Wera, ariko nahishuriwe ko
byasaga naho Yesu yabaga ari muri iryo teraniro abwira umuntu wese
ngo bikubere uko wizeye.
Yesu yabazaga ababaga baje gukizwa ko bizeye ko abishobora,
mbega ukuntu yita ku kwizera kuri mu mitima mbere y’umubatizo
w’Umwuka wera? Yakobo yahishuriwe ibyo yanditse ko umuntu
w’Imitima ibiri anamuka mu nzira ze kandi ko ntacyo azamarirwa
n’Umwami Imana. (Yak 1:6) gushidikanya ku gusohozwa
kw’isezerano ry’Umwuka wera ni imwe mu nzitizi zibujije itorero
kubatizwa mu mbaraga z’Umwuka Wera mu minsi dusohoyemo.
Mesiya Yagombaga kuba yuzuye Umwuka Wera
Umwuka Wera ni ingenzi
ngo dusohoze imirimo yose
duhamagarirwa gukorera
muri Kristo, buri wese
akubaka uko bikwiye kuri
urwo rufatiro. Yesu ubwe
yagombaga kuba yuzuye
Umwuka Wera ngo
abwirize ubutumwa bwiza.
Yesaya yamuvuzeho ati:
31
“Dore umugaragu wanjye ndamiye, Uwo natoranyije umutima
wanjye ukamwishimira, mushyizeho Umwuka wanjye azazanira
abanyamahanga gukiranuka. Ntazatongana, ntazasakuza kandi
ntazumvikanisha ijwi rye mu nzira. (Yes 42; 1-2) “Umwuka
w’Uwiteka ari kuri njye, nicyo cyatumye ansigira, kugira ngo
mbwirize abakene ubutumwa bwiza. Yantumye kumenyesha imbohe
ko zibohorwa, n’impumyi ko zihumuka no kubohora ibisenzegeri,
no kumenyesha abantu iby’Umwaka Umwami agiriyemo
imbabazi.” (Yes 61:1; 4:18) niba Kristo ubwe yaragombaga kuzura
Umwuka ngo abashe gukorera umurimo yasigiwe muri iyi si, ni
ingenzi ko natwe abakristo b’intege nkeya bo mu bihe bigoye
by’imperuka, twuzuzwa uyu Mwuka, Yesu ubwe yari aziko
tudashoboye tutamufite, yabujije abigishwa gukora umurimo
batarahabwa Mwuka Wera! “Mugume mu murwa murindire ibyo
Data yasezeranije” nzi neza ko Atari ubushake bw’Imana gukora
umurimo udafite umufasha, musabe ubudasiba, wirambirwa kuko
gutegereza ari umwambaro w’akatavamo w’abakristo, Saba umufasha
wawe!
Abakristo benshi bananirwa gutegereza, bakarambirwa vuba, ndetse
bakazibukira gusaba Umwuka Wera. Abandi bicira imanza kandi
bakishyiriraho impamvu batawubatijwemo, bati: “Ahari Imana
yibutse gucogora kwanjye kwa hato na hato, yibutse ibyaha byanjye
bya Kera, umanza itarabingeneye, n’ibindi bibazo bisa n’ibi. Mu
buzima bwanjye nizera ko nta jambo Imana ivuga ngo rihere, kandi
hahirwa uwizera ko ibyo yabwiwe n’Imana bizasohora. Abantu
baguhemukira, ariko Imana ntizagusiga kandi ntizaguhana itarakora
icyo yakubwiye. Garuka ku isoko saba umufasha wawe, ugeze mu
gihe ukeneye ubufasha mva juru, ukeneye imvura y’itumba! Nkuko
wa muririmbyi yavuze nimba wumva hagwa urujojo, saba
Umuvumbi! Uzahembuka, kandi uzagwiza imbaraga kurusha ikindi
gihe mu mateka y’agakiza kawe.
Nimba waramaze kubatizwa, ntuve ku isoko garuka wuzuzwe, uko
bukeye nuko bwije, mu buzima bw’Umwuka ntiharimo kumenyera,
hahoramo ibishya byinshi, hirya no hino ku isi abantu barungurwa
32
byinshi mu Mwuka, niba wabwirizaga itorero ryo mu gace k’iwanyu
n’ibihugu biragukeneye, imigabane iragushaka. Sinkunda abantu
bashyiriraho Imana imbibi! Mureke dukorere Imana mu Mwuka wari
muri Mariya, tuvuga tuti: “Turi abagaragu ba nyagasani ibyo uvuze
bitugirirweho”.
Inyito Z’umubatizo W’umwuka Wera Mu Byanditswe
Kubatizwa mu Mwuka Wera, bivugwa mu nyito zitandukanye mu
byanditswe Byera, reka tuvuge kuri izo nyito zikunda gukoreshwa
n’ibyanditswe.
a) Kwakira Umwuka Wera.
Impano iratangwa ariko habaho n’igikorwa cyo kwakira, impano iba
ikiri mu biganza by’uyitanga kugeza igihe uhabwa akoze igikorwa
cyo kwakira. Iyi nteruro ikoreshwa mu isezerano rishya ishaka
kwerekeza ku ruhare rw’abizera mu kwakira umubatizo w’Umwuka
wera. Ibyo yabivuze yerekeje ku Mwuka wera uwo abizera bendaga
guhabwa. (Yoh 7:39) Mwakire Umwuka Wera (Yoh 20:22) kandi
muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira (Ibyak 1:8)
Abangaba bahawe Umwuka Wera nkatwe ninde ubasha kubima
amazi ngo batabatizwa? (Ibyak 10:47) ijambo Bibiliya yera
yasobanuye nko “Guhabwa” muri Bibiliya y’icyongereza ni
“Receive” bakiriye. Hari ubwo umuntu ahabwa ariko ntiyakire, Imana
yiteguye kuguha Umwuka wera, mbese witeguye kuwakira?
b) Gusigwa Amavuta na Mwuka Wera
Gusigwa no kwimikishwa amavuta ni ijambo tumenyereye cyane,
ahanini kubera uko rikoreshwa mu isezerano rya Kera. (Kuva 28:4;
29:26: Zab 2:2; 92:10) haboneka gusigwa amavuta k’uburyo butatu
mu isezerano rya Kera, Gusigwa kw’ababembe, Kwimikwa
kw’Abami, no Kwimikwa kw’abatambyi. Aho hose amavuta
yarifashishwaga. Amavuta yasukwaga ku muntu (1 Sam 10:1) Nkuko
Umwuka Wera nawe asukwa ku bizera. Iyi mvugo yakoreshejwe na
none ibyanditswe bivuga ku muhamagaro wa Kristo muri Yes 61:1-5)
33
c) Kuzura Umwuka Wera
Iyi mvugo ikoreshwa bagaragaza kubatizwa mu mwuka Wera, kuri
Pentekonte bose buzuye Umwuka Wera, batangira no kuvuga mu
ndimi nshya Nkuko Umwuka wera yari yabahaye kuzivuga. (Ibyak
2:4) iyi mvugo ivuga na none gukomeza kuzura Umwuka Wera
nk’igikorwa gikomeza, Atari inshuro imwe gusa.
d) Kubatizwa mu Mwuka Wera
Iyi ni imvugo ikoreshwa mu byanditswe, iboneka inshuro enye mu
butumwa bwiza n’ishuro eshatu mu Byakozwe n’Intumwa. (Mat
3:11; Mar 1:8, Luka 3:16, Yoh 1:33, Ibyak 1:5, 11:16) kubatiza
bisobanura “Kwibiza” bishobora no kugira ubusobanuro bwimbitse
“Kwibiza mu kintu gifiteubushobozi bwo guhindura ikibijwemo”
muri ubu buryo iyi mvugo iba ishaka kugaragaza ubuhinduzi
bw’Umwuka Wera bukorekera mu buzima bw’umuntu wabatijwe mu
Mwuka Wera.
34
IGICE CYA V:
BOSE BABATIJWE MU MWUKA WERA
Ibimenyetso bigaragaza Ko Wabatijwe mu Mwuka Wera!
Nubwo hariho ibimenyetso
byinshi bishobora kukubaho mu
gihe wabatijwe mu Mwuka
Wera, ariko hari ikimenyetso
simusiga kigaragaza ko wakiye
uwo mubatizo mvajuru, reka
turebe mu byanditswe, nibwo
tutarita ku bunararibonye
bw’abantu n’inkuru zabo bwite,
ahubwo turebe icyo Bibiliya
yagize icyitarusange ku muntu
wabatijwe mu Mwuka Wera. Hariho ibindi bintu byinshi abantu
bafata nk’ibimenyetso byo kubatizwa mu Mwuka Wera, nko
guhabwa Imigisha, gusigwa amavuta, kwezwa no kugendera mu
mibereho itunganye n’ibindi. Ibyo nambyo ni byiza mu buzima
bw’abizera ariko si ikimenyetso simusiga ko wakiriye wa mubatizo
wa Kristo! Kugirango tumenye neza ikimenyetso simusiga kigaragaza
ko umuntu yabatijwe mu Mwuka Wera reka twifashishe ingero
z’ibyabaye mu byakozwe n’intumwa ubwo Umwuka Wera
yamanukiraga intumwa n’abandi bantu batandukanye bwa mbere.
35
Ku Munsi Wa Pentekonte (Ibyak 2:1-4)
Umunsi wa Pentekote usohoye bose bari hamwe mu mwanya umwe
bahuje umutima, nuko umiriri abatunguye uvuye mu ijuru umeze
nk’uyaga uhuha cyane, ukwira mu nzu bari bicayemo. Haboneka
indimi zigabanije zisa n’umuriro, ururimi rujya ku muntu wese
wari muribo. bose buzuzwa
Umwuka wera batangira no
kuvuga izindi ndimi nshya
nkuko Umwuka yabahaye
kuzivuga. (Ibyak 2:1-4)
Byari kuri pentekote itariki
29/5/30 N.K ku cyumweru, nibwo abantu batandukanye bari
bateraniye I Yerusaremu muribo harimo: Abapariti, Abamedi,
Abanyeramu, Mezopotamiya, Yudaya, Kapadokiya,Ponto, Abo Muri
Aziya, Furujiya, Pamfiliya, Egiputa, Libiya, Abaroma, Abayuda,
Abakirete, Abarabu.
Mu gihe umutambyi mukuru yarimo ateguye amarobe abiri
y’Imitsima nkuko ibyanditswe bivuga (Abarewi 23:15-17) Muri uwo
mwanya Umwuka Wera nibwo yamanutse, yinjira nk’umuyaga uhuha
cyane, ukwira mu nzu bari bicayemo bose buzuzwa Umwuka Wera,
batangira no kuvuga mu ndimi nshya nkuko Umwuka yari yabahaye
kuziga. (Ibyak 2:1-4)
Uyu munsi wasohoye iminsi mirongo itanu nyuma yo Kuzuka kwa
Kristo, isezerano rye ryo kohereza Mwuka Wera ryari risohoye,
Umwuka Wera yamanukiye abantu 120 bari I Yerusalemu iyo iba
intangiriro y’imirimo y’Umwuka Nkuko byahanuwe n’abahanuzi.
Habonetse ibihamya byinshi ko babatijwe mu Mwuka Wera.
36
1) Umuyaga wavuye mu Ijuru: Bumvise umuriri uvuye mu Ijuru
umeze nk’umuyaga uhuha cyane, ari mu giheburayo no mu
kigiriki indimi Bibiliya yanditswemo ijambo Umwuka, na none
ryitwa “Umuyaga”Nkuko twabisobanuye mu bice byabanje.
Umuyaga usobanura Ubuzima, imbaraga, kunyeganyega
kw’ibintu, Umwuka Wera, yari agiye gutuma habaho ibikorwa
by’imbaraga nyinshi mu murimo w’Imana.
2) Ibirimi by’Umuriro: ijambo Umuriro naryo abigishwa
bararyibukaga cyane, Yohana umubatiza yari yaravuze ko
Kristo azabatirisha Umwuka Wera n’Umuriro, Umuriro
ukoreshwa mu gutwika imyanda, gucura, gutunganya amabuye
y’agaciro, ibyo byose Umwuka Wera abikora mu buzima
bw’Umwizera umunsi ku munsi kugirango ashyike agere ku
rugero rw’igihagararo cya Kristo.
3) Bavuze mu ndimi nshya: noneho batangiye kuvuga mu ndimi
nshya Nkuko Umwuka yari yabahaye kuzivuga. Bari 120,
ibyanditswe bivuga ko bose buzuye Umwuka Wera maze
bagatangira kuvuga mu ndimi nshya Nkuko Umwuka yabahaye
kuzivuga! (Ibyak 2:4) ikimenyetso cyabaye simusiga aha ni uko
umuntu wese yatangiye kuvuga mu rurimi atigeze yigishwa!
Nubwo twabonye ko hari ibindi byabanjirije kuvuga mu ndimi,
ariko nicyo kimenyetso, kikaba icyita rusange cyagarutse mu
kwa Koloneriyo Ndetse no muri Efeso ku bigishwa ba Yohana
Umubatiza.
Kwa Koreneliyo (Ibyak 10:10-48)
Nyuma gato Petero yasabwe n’Imana gusura Koroneliyo wari
umusirikare w’umunyamaganga wari utuye I Kayizariya. Petero agera
I Kayizariya ahasanga abapagani benshi asuhuza Koloneriyo, Maze
bamanza kuvuga uburyo Imana yabahuje, Maze Petero ahera ko
37
ababwiriza ibya Yesu. Nkuko byanditswe mu gitabo cya Mariko,
(Kuko Mariko yanditse ibya Yesu abikuye kuri Petero.)
Petero akibwiriza Umwuka Wera aramanuka, bose batangira kuvuga
indimi nshya, ba batandatu Bari kumwe na Petero, birabakomeretsa,
kuko batumvaga uburyo Imana yaha
Umwuka wayo abanyamahanga.
Petero ababatiza bose abanyamahanga
nabo biyongera mu mubiri
wa Kristo, Kugeza
magingo aya ntago Imana irobanura ku
butoni, muri make nta muyuda nta
mugiriki mu itorero. Petero
yarakariwe
n’abakuru bamusabye kubisobanura mu
nama I Yerusalemu, nawe ahamya ko bakiriye Umwuka Wera,
Ndetse bakavuga mu ndimi Nkuko nabo byagenze, ntibari abo
kwima amazi ngo babatizwe! Na none aba nabo bavuze mu ndimi,
nyamara, Umuyaga, Umuriro ntibyabonetse kwa Koroneliyo, kuvuga
mu ndimi nicyo kimenyetso ntasubirwaho cy’umubatizo w’Umwuka
Wera.
Paulo muri Efeso (Ibyak 19:1-7)
Nyuma yo guhinduka kwa Paulo ariwe Sawuli, Ananiya yoherejwe
kumusura Sawuli, Ananiya yaramubwiye ati: “Sawuli Mwene Data
Umwami Yesu wakubonekeye mu nzira waturutsemo, arantumye ngo
uhumuke wuzuzwe Umwuka Wera (Ibyak 9:17) ntago dusoma ko
Paulo yahise avuga mu ndimi Ananiya akimusengera ariko icyo tuzi
nuko nyuma yaje kuvuga mu ndimi. Mu ibaruwa ye yandikiye
Abakorinto akosora imikoreshereze mibi y’impano yo kuvuga mu
ndimi, Paulo yaravuze ati: “Nshimira Imana yuko mwese mbarusha
kuvuga mu ndimi zitamenyekana” (1 Kor 14:18) kandi yasabye
ab’itorero ko bifuza cyane impano yo Guhanura kandi ko hatagira
uwo babuza kuvuga mu ndimi (1 Kor 19:39)
38
Tuvuge iki? Nyuma gato Pawulo yageze muri Efeso ahasanga
abigishwa ba Yohana Umubatiza, bari bafite umubatizo wo mu mazi
gusa ntibari baziko Umwuka wera yaje. Pawulo yabasobanuye ko
umubatizo wa Yohana wari uwo kubabarirwa ibyaha, nuko babatizwa
mu Mwami Yesu. Abasengera abarambitseho ibiganza nuko uwo
mwanya babatizwa mu Mwuka Wera batangira no kuvuga mu ndimi
nshya. (Ibyak 19:3-5)
Dukurikije ikimenyetso cyagaragaye inshuro nyinshi, mu
byakozwe n’intumwa aho tubona ubunararibonye mu kubatizwa
mu Mwuka Wera, Turahamya ko ikimenyetso simusiga kikaba
n’icyita rusange mu bigaragaza ko umuntu yabatijwe mu Mwuka
Wera ari Ukuvuga mu ndimi nshya. Kubera ko ahantu hose mu
byanditswe, abantu buzuye Umwuka Wera, bavuze no mu ndimi
nshya! Uyu mwanzuro si ugutesha agaciro ubunararibonye ugabwe
ufite, cyane cyane nimba bwarahinduye ubuzima bwawe mu buryo
bw’Umwuka gusa ni byiza ko dushingira ibyo twizera ku kuri
kw’ibyanditswe byera. Navuga Nkuko Yesu yavuze nti: “Komeza
icyo ufite… (Ibyah 3:11) ariko na none komeza gusenga, fungura
iteka umutima wawe saba imana impano yo kuvuga mu ndimi nayo,
iyi mpano izagufasha cyane mu buryo utatekerezaga wibuke rya
sezerano Ko atazabura guha Umwuka Wera abawumusabye.
Mu bihe bitandukanye nayoboye inyigisho z’uruhererekane za
Pentekote, nabonye ko Abantu bakira ku buryo bworoshye
Umubatizo wa Mwuka Wera ariko bakabera inkomyi ikomeye
impano yo kuvuga mu ndimi, nzi Abantu benshi babatijwe mu
Mwuka Wera, ariko nubu bataravuga mu ndimi. Nyamara ibiri
amambu, njye maze Kubatizwa, nagiye nongera gusaba izindi ndimi,
zahindutse inshuro nyinshi, nubu bigikomeza. Erega ni impano yo
kuvuga mu ndimi nyinshi, si ururimi rumwe. Uko wakiye ururimi ku
munsi wa mbere, niko uzakira n’izindi. Hariho abandi bantu bavuze
39
indimi ku munsi wa mbere bakibatizwa, birangirira aho, ndagirango
mbabwize ukuri ko muba mwihombeje imigisha ikomeye igendanye
no kuvuga mu ndimi. Mu gika gikurikira ndavuga ku mumaro wo
kuvuga mu ndimi ubwabyo.
Kuki Tuvuga Mu Ndimi?
Tuvugishije ukuri iyo umuntu avuga mu ndimi, ubwenge bwe ntago
buba buzumva, Umwuka akoresha ururimi rwacu mu kuvugana
n’Imana, no mugusengera ibindi bintu by’ingenzi mu buzim bwacu.
Paulo ahamya neza ibyo: “Uvuga ururimi rutamenyekana si abantu
abwira keretse Imana, kuko ari ntawumva ahubwo mu Mwuka avuga
amayoberane. (1 Kor 14:2) Ukuri ni ko mu ndimi tuba duhaye inda
ya bukuru Mwuka ngo asenge, kandi Mwese muzi neza ko aturusha
gusenga Nkuko Imana ishaka. Impanvu tudakwiye gucogora gusenga
mu ndimi ni uko aricyo kimenyetso simusiga kigaragaza Umubatizo
w’Umwuka Wera. Nuko batangira kuvuga mu ndimi nshya, Nkuko
Umwuka yabahaye kuzivuga. (Ibyak 2:4) Kuko bumvise bavuga
izindi ndimi bahimbaza Imana (Ibyak 10:46) Pawulo amaze
kubarambikaho ibiganza bavuga izindi ndimi barahanura! (Ibyak
19:6)
Hariho Abakristo bafata ibya Mwuka Wera nkibitabareba, bakumva
ko hari abo byagenewe, hari Yemwe nabafite imyizerere ivuga ko
byaragiye mu gihe cy’intumwa, uko wabifata kose, ni weho bishyira
mu kaga, urugendo Imana yashyizemo umufasha wikwibwira ko
uzarusoza wenyine. Biravuna cyane ni Umutwaro ukomeye kugenda
urugendo rw’Umwuka uri mu mubiri, kuri benshi hasohora ibya rya
jambo ngo “Kuribo ijambo ry’Uwiteka rizaba itegeko ku itegeko
n’umurongo ku murongo, aha bikeya hariya bikeya bagende bagwe
ngazi bavunike, bategwe bafatwe. (Yes 28:19)”
Yesu ubwe yari azi neza ko bitashobokaga ko abigishwa batangira
umurimo batarabatizwa mu Mwuka Wera, yaravuze ati: “Icyakora
40
muzahabwa imbaraga Umwuka Wera nabamanukira kandi muzaba
abagabo bo kumpamya hose I Yerusalemu n’I Yudaya no kugera ku
mpera z’isi. (Ibyak 1:8) kuvuga mu ndimi ni ubushake bw’Imana
Pawulo abwirijwe n’Umwuka yaravuze ati: “Nakunda ko mwese
muvuga izindi ndimi. (1 Kor 14:5) yongeye kuvuga na none ati:
“Nshimira Imana ko mwese mbarusha kuvuga indimi
zitamenyekana. (1 Kor 14:18)” gusenga mu ndimi, ni ukwemerera
Umwuka gusenga, nasobanukiwe ko azi gusenga kuturusha, byongera
amavuta n’ubwisanzure ku Mana yacu. Tuzi ko indimi tuvuga ari
indimi z’Umwuka, kandi Umwuka asenga ibiri mu bushake bwa Data
wa twese. Gusa gusenga mu ndimi igihe kirekire abizera bamwe
ntibabikunda, ahanini, baba bumva bitabafashije, biba bisa naho
bifuza kumva izo ndimi zisobanuka mu rurimi rwabo, ngo bumve
ubuhanuzi bwo kubakomeza. Nyamara mu gihe dusengesha Umwuka
adufasha mu ntege nke zacu, kuko tutazi uko dukwiriye gusenga,
ariko Umwuka ubwe niwe udusabira aniha iminiho itavugwa, kandi
irondora imitima izi ibyo Umwuka atekereza kuko Umwuka asabira
Abera Nkuko Imana ishaka. (Rom 8:26-27) mu gusenga mu ndimi
tuba twemereye Umwuka kuvuga mu rurimi rwe, adusabira Nkuko
Imana ishaka. Gusenga mu ndimi byongera Kwizera kwacu,
kwemeza umutima ko Ibyo Umwuka asengera mu ndimi ubwenge
bwawe butumva, biruta cyane ibyo wasenga mu rurimi wumva bisaba
ukwizera gukomeye. Nukuza iyi mpano uzahindurirwa indimi inshuro
nyinshi, ibuka ko ari impano yo kuvuga mu ndimi nyinshi. Rimwe na
rimwe uzumva Melodi y’Umwuka uzaba Wabasha kuririmba mu
ndimi, igihe kinini njya ndirimba mu ndimi, ariko mba Numva
nuzuye amahoro atavugwa, bisa naho mba ntari ku isi. Nta Munezero
nabonye waruta Umunezero utangwa na Mwuka Wera!
41
IGICE CYA VI:
UBUHAMYA BW’UMUBATIZO WA
UMWUKA WERA
PENTEKOTE MU RWANDA
Ibanga itorero rya pentekote rishingiyeho ryahishuriwe bwa mbere
mu bigutu. Ibanga rikomeye ryatumye umurimo w’Imana ukomezwa
ukagera mu bice byose by’u Rwanda ni “Imbaraga z’Umwuka Wera”.
Muri Paruwasi ya Bigutu niho abakristo ba mbere baherewe Umwuka
Wera.
Icyo gitangaza cyasohoye mu mwaka wa 1948. Mbere y’umwaka wa
1948 Abanyarwanda bumvaga Umwuka wera mu magambo. Bake
cyane bari bazi gusoma kandi bari bamaze kuba abakristo nibo
bashoboraga kubisoma mu bitabo, cyane cyane muri Bibliya. Ibyo
kubatizwa mu Mwuka Wera babyumvaga nk’inkuru zaba zarabayeho
mu gihe cy’intumwa gusa, kuko bari batarigera babona umuntu
wabatijwe mu Mwuka Wera.
Mu kwezi Kwakira mu mwaka wa 1948, nibwo Umwuka Wera
yamanukiye bwa mbere mu Bigutu. Hari ku cyumweru inyigisho
zihumuje, ubwo abagabo batatu basigaraga ku rusengero ngo
bakomeze kuganira ku murimo w’Imana. Abo ni Kapitura Gabriel,
Niyitegeka Phillipe na Karuhije Bernard bari kuganira ku murimo
w’Imana.
Ikibazo nyamukuru cyari kibagoye ari nacyo bifuzaga gufatira
ingamba z’ibibazo byari byugarije umurimo w’Imana. Aho bari bari
42
baraganira ndetse bafata n’akanya ko gusenga. Bagisenga mu
mwanya muto bumva ibintu birahindutse, Imana ikingura imiryango
y’ijuru, Umwuka Wera amanukira buri wese batangira kuvuga indimi
zinyuranye. Indimi zumvikanye icyo gihe hari harimo: Ikilatini,
igisuweduwa, icyongereza, igifaransa n’izindi.
Bidatinze, inkuru yahise igera ku bamisiyoneri b’abanyasuwede
babaga i Gihundwe nabo bihutira kujya kureba ibyabaye mu Bigutu.
Bahageze indirimbo zishorewe n’Umwuka Wera ziraririmbwa,
bagiye gusenga byo biba akarusho; biba nk’ibya cya gihe Intumwa
ziri i Yerusalemu abantu bumva bari kuvuga indimi z’iwabo, niko
n’abanyasuwede bumvaga Abanyabigutu bari kuvuga mu ndimi
basanzwe bazi kandi bumva. Abanyabigutu batangira kubwira
abanyasuwede imibereho yabo muri Kristo Yesu, nuko batagomba
gutezuka gukorera Imana yabo yabahamagaye.
Bajya gusenga ntabwo icyifuzo cyari icyo gusaba Umwuka Wera
ahubwo Imana yabikoze ku bw’ubuntu bwayo, kandi ibonye ko
bibakwiriye kugira ngo bashire amanga, bavuge ukuri bashikamye.
Kubw’ibyo Imana ni iyo gushimwa kandi ihimbarizwe ubuntu bwayo
butagira akagero yagiriye abanyabigutu.
Bamwe mu bumvaga bavuga mu ndimi nshya baravuze bati “basaze”
abandi bati “ni Yesu wavuguruye Itorero”. Uhereye uwo munsi
ubutumwa bwarakwiriye bugera n’aho butari buzwi; abantu
barahaguruka baragenda bajya kuvuga ubutumwa haba mu
majyaruguru, iburasirazuba, amajyepfo ndetse no mu bindi bice
bitandukanye by’igihugu. Imana ishimwe kuko ubu ubutumwa
bwageze hose izina rya Yesu riramamazwa ku bw’umuriro
w’Umwuka Wera wacanywe uhereye mu Bigutu.
Uko ubutumwa bwiza bwagiye
Bukwirakwira ahantu henshi buturutse mu Bigutu
Igihe Umwuka Wera yamanukaga, mu barimu babiri bari
baroherejwe n’Abamisiyoneri mu Bigutu, uwitwa Mugananganzo
43
Andre ntiyari ahari. Akimara kumva ibyabaye kuri bagenzi be nawe
yahise yihutira gusubira mu Bigutu. Ahageze bamutekerereza uko
byabagendekeye nawe bimutera inyota yo kubatizwa mu Mwuka
Wera. Agitangira gusenga nawe abatizwa mu Mwuka Wera, ahita
asubira iwabo i Shagasha (Ni hafi ya Gihundwe), atangira
kwegeranya abantu ababwira ibyababaye, abatari bake barihana, nabo
babatizwa mu Mwuka Wera.
Ndetse batangira guhabwa impano z’Umwuka nk’iyo gusengera
abarwayi mu izina rya Yesu. Iyo mpano yo gusengera abarwayi mu
izina rya Yesu bagakira yatumye abantu benshi bizera. Bagiraga bati:
“Ese ko aba bantu twabitaga abasazi, byashoboka bite ko abasazi
basengera umuntu agakira?” Abandi nabo babavugiragaho bati
“abahirika b’i Gihundwe bazanzamutse. Byarakomeje Imana ibana
nabo kugeza ubwo aho i Shagasha haje kuba nk’ibitaro abantu benshi
bajyanagamo abarwayi ngo basengerwe mu izina rya Yesu
.Abumvaga ibitangaza biri kuhabera rero barahururaga nabo bakajya
kuvoma kuri iyo soko y’Umwuka Wera.
Uwitwa Kamoso Emile w’i Gashonga nawe yageze mu Bigutu,
amaze kubatizwa mu Mwuka Wera ahita ahabwa impano
y’ubuhanuzi no kwirukana abadayimoni. Iyo mirimo y’Umwuka
Wera yakomeje gusakara hirya no hino kuko abumvaga ibyabaye mu
Bigutu, bihutiraga kujya gusengerayo, bamara kubatizwa mu Mwuka
Wera bakajya gukongeza uduce baturutsemo.Icyari kinejeje cyane
nuko abazaga mu Bigutu bose Umwuka Wera yarabezaga, basubira
mu midugudu y’iwabo Umwuka agakorana nabo. Ibyo rero byatumye
Bigutu ihabwa amazina anyuranye muri icyo gihe bamwe bati: “Ni
mu Butayu, ni Yerusalemu, ni Siyoni, abandi bati: “Ni mu Bwimana.”
Impamvu nuko uwahageraga wese yagiraga umugabane
ahavanye.Ubwo kandi ntibyarekeyaho kuko abantu bahagurutse mu
Bigutu batumwe n’Umwuka Wera bakajya mu bice bitandukanye
by’iki gihugu.
Gahenga Jobna Karuhije Bernard bagiye i Butare, kandi nibo
bavunnye umudugudu wa Gasave (Kigali).Uwo Karuhije Bernard
44
yaje kandi kujya i Gisenyi na Ruhengeri. Niyitegeka Philippe ajya
Nyakabwende, Kamoso Emile ajya Gashonga, afatanije na Gahenga
Job, Hangari Joseph nawe ajya gufatanya na Niyiteka Philippe i
Nyakabwende. Aba bavugabutumwa baje gukongeza abandi nabo mu
myaka yakurikiye baje kujya mu byerekezo binyuranye gukora
umurimo w’Imana.
Aha twavuga uwitwa Semuhungu Philippe waje kujya gutangiza
umurimo ku Kibuye ahitwa Kiniha, ari nayo yaje kubyara
amaparuwasi menshi yo muri Karongi ndetse ari nayo yabyaye
Paruwasi ya Karengera ikomokwaho n’andi ma paruwasi menshi yo
muri Nyamasheke. Hari Ntakazarumara Yohani waje kujya gutangiza
umurimo muri Rukara ho mu cyahoze ari Kibungo, ubu ni mu Karere
ka Kayonza. Gasana Justin wagiye gukora muri Maheresho
(Nyamagabe) na Butare, Gabriel Bazerumuhana waje gukora
umurimo i Kareba mu Karere ka Ruhango. Aba bose n’abandi
tutarondoye ububyutse bwabasunikaga bufite inkomoko mu Bigutu
kandi umurimo Imana yabakoresheje wakomeje kwaguka na bugingo
n’ubu. Aho hose bagiye, Umwuka Wera yagiye akorana nabo
imirimo ikomeye cyane.
Mu cyahoze ari Gisenyi
Ubutumwa bwiza bwageze ku Gisenyi (mu turere tw’ubu twa
Nyabihu, Ngororero n’igice cya Rutsiro) mu mwaka wa1954. Muri
uyu mwaka, niho abamisiyoneri Linus Blomkvist n’umufasha we
Madame Tora Blomkvist bageze mu cyahoze ari teritwari ya Gisenyi.
Bari baturutse i Macumbi mu gace ka Walikale, mu ntara ya Kivu
y’Amajyaruguru.
Bari bari kumwe n’Abanyarwanda babiri, ari bo Sebarinda Frederic
na Ngeruka Alexandre babaga muri Kongo-Mbiligi. Aba bakozi
b’Imana bari bafite umutwaro wo kugeza Ubutumwa Bwiza kuri bene
wabo b’Abanyarwanda. Bakoraga umurimo wo gusemurira
abamisiyoneri. Misiyoneri Ruth Larsson yaje abasanga ku Gisenyi
mu Kuboza 1954. Bageze ku Gisenyi, abo bamisiyoneri bahuye n’
ikibazo gikomeye cyo kubura aho gucumbika; Amazu yakodeshwaga
45
mu mugi wa Gisenyi yari make cyane icyo gihe, bituma Ruth Larsson
ajya gushakira icumbi i Goma, Icyakora Linus we inzu yabashije
kuyibona i Gisenyi. .
Madamazela Ruth Larsson yagombaga gukora ingendo za buri munsi
hagati ya Gisenyi na Goma. Gahunda yo kujya gucumbika i Goma
yari mu mugambi w’Imana, kuko yahamenyaniye n’ umugabo
w’Umubiligi wari ukize cyane. Umufasha w’uwo mugabo yategetse
umukozi we wamutekeraga kujya ategurira Ruth amafunguro. Bityo,
amafaranga yagombaga guhahisha ibimutunga yayazigamiraga
umurimo w’Imana ku Gisenyi. Indi nzitizi bahuye nayo, ni ukubura
ikibanza cyo gukoreramo.
Mbere yo gutangira umurimo w’Imana, abo bamisiyoneri bagombaga
gushaka ikibanza cyo kubakamo urusengero n’andi mazu yo
gukoreramo. Byabaye ngombwa ko Misiyoneri Gösta Permertz wari
Umuvugizi w’umuryango wa “Misiyoni Yigenga y’Abasuweduwa”
aza kuganira n’abayobozi b’inzego za Leta bayoboraga mu gace ka
Gisenyi, abasaba ikibanza maze baragitanga. Hafi y’aho bagihawe
hari inzu y’urunywero rw’inzoga (cabaret). Iyo nzu niyo
abamisiyoneri babanje kugura maze barayivugurura, bayihindura
ishuri bigishirizagamo abana mu mwaka wa 1955.
Babanje kandi gutinywa n’abaturage no guhura n’impfu
zitunguranye. Ntabwo byoroheye abamisiyoneri kubwiriza ubutumwa
bwiza mu mugi wa Gisenyi cyane cyane Linus Blomkvist wari ufite
umuhamagaro wo kubwiriza. Iyo yajyaga kubwiriza yitwazaga
udutabo duto two kwifashisha mu ivugabutumwa. Ariko kuko yari
munini cyane kandi akomeye, igihe cyose yasohokaga agiye
kubwiriza abantu barasakuzaga bakabwirana bati: “Ni muhishe abana
vuba wa mugabo urya abantu dore araje!” Ababyeyi bahitaga bafata
abana babo bakinjira mu mazu, hanyuma bagakinga, agataha nta
muntu n’umwe ashoboye kuvugisha. Hashize igihe kinini, Linus
Blomkvist ataramenya impamvu abantu bamuhunga. Yaje
gusobanukirwa uko ibintu byari bimeze, nuko akajya ajyana na
Sebarinda Frederic, umunyarwanda wari warakiriye Yesu.
46
Mu mwaka wa 1956, byabaye ngombwa ko umuryango wa Linus
Blomstvist ujya mu kiruhuko cy’izabukuru, maze usimburwa
n’umuryango wa John Östroberg. Östroberg n’umufasha we Gudrum
Östroberg, nibo bubatse amazu y’abamisiyoneri yo guturamo.
Hashize igihe gito, umufasha wa John Östroberg, yaje kurwara
umutwe nuko ahita yitaba Imana ku buryo butunguranye, apfa asize
umwana w’uruhinja. Birumvikana ko imbaraga n’ishyaka yakoranaga
umurimo w’Imana byagabanutse kubera ibi byago. Nyuma yaho,
John Östroberg yaje gushakana na Emy Östroberg, nuko akomeza
umurimo w’Imana atuje.
Abamisiyoneri Babwirije Ubutumwa Bwiza bivuye inyuma; kandi
bakoraga n’indi mirimo yo kwigisha abana no kuvura abarwayi
bazaga babagana. Babanje kujya bakorera amateraniro munsi y’igiti
kinini cyari hafi y’isoko rya Gisenyi. Icyo gihe, abantu babiri nibo
bakiriye Yesu nk’umucunguzi wabo, bajya kubatirizwa mu mazi
menshi i Macumbi muri Kongo-Mbiligi, ku munsi mukuru wa
Noheli, kuko ari ho hari icyicaro gikuru. Abo bakristo ni Ruvugwa
Antoine na Ruhingura Augustin, Nzamugurisuka Christine, Izabiliza
Ayida, Uburiyemuye Evansi, na Nyiramashako Fride. Nyuma baje
kujya bakorera amateraniro yo ku cyumweru muri ya nzu baguze,
Uko imyaka yagiye ihita, ni ko abakozi b’Imana barushagaho
kwiyongera kandi bakagira n’umutwaro w’umurimo w’Imana.
Ubutumwa bwiza bwasakaye mu gace ka Gihinga ari naho haje
kuvuka Itorero rya Gihinga. Iryo torero ryabyaye andi matorero ya
Buganamana, Mahembe, Kavumu, Kigamba, Rugamba, Gicaca,
Kibanda na Rukanka. Akarere ka Bugoyi nako kasakajwemo
Ubutumwa Bwiza, havuka amatorero ya Milindi, Kanama,
Kinyanzovu, na Nyamyumba. Abavugabutumwa Imana yakoresheje
umurimo aho hantu ni Sebashenyi Samuel, Sebuturu Amiel,
Sebarinda Fredric, Kayihura Jacques, Kanyabitabo Ephraim,
Buhumbano Paul, Bahinzoka Thomas, Ngeruka Alexandre,
Twayigize Pierre, n’abandi. Ni muri icyo gihe aba bakurikira bakiriye
Yesu: Mvuyekure Gabriel, Habineza Joseph, Mbuzukongira Gaspard,
47
Mvuyekure Appolinaire, na Sebisusa Thomas. Bamwe muri bo
babaye abakuru b’Itorero, boherezwa kubwiriza Ubutumwa Bwiza no
hanze y’icyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi. Aho ni Kigali, Byumba,
Kibungo.
─Bifatiye ku Mateka y’Umwuka Wera, dukesha
Urubuga: www.adepr.rw
UKO MICHEL ZIGIRINSHUTI
YABATIJWE MU MWUKA WERA
Nitwa Michel Zigirinshuti Navukiye mu murenge wa Gikomero
Akarere ka Gasabo Umujyi wa Kigali Ubu ntuye mu murenge wa
Kinyinya. Navutse tariki ya 12/12/1966. Ndi umuhererezi mu bana
14, ubu dusigaye turi 7.
Nakiriye agakiza muri Kanama /1979, mbatizwa mu kazi menshi
tariki ya 13/08/1983, iyo myaka ine yose data yari yaranze ko
mbatizwa ngo mbatijwe naba mpinduye idini.
Uko Niyumvaga Mbere Y'uko
Mbatizwa Mu Umwuka Wera.
Mbere yo kubatizwa mu mwuka wera numvaga nkijijwe gusa, ariko
nakumva ubuhamya bw'abantu bavuga ibyo banyuze mo nkagira
ubwoba, nkumva ko hari izindi mbaraga nkeneye.
Kimwe n'iyo nabonaga imirimo Umwuka wera akoresha
abamubatijwe mo, numvaga mfite ubukene n'ahandi hantu nkwiriye
48
kugera wa mugani wa ya ndirimbo ngo "Si aha gusa hari n'ahandi
nifuza ko wangeza".
2. Uko Nabatijwe Mu Umwuka Wera.
Nakomeje kugira icyo cyifuzo nk'uko nabivuze haruguru cyo
kubatizwa mu mwuka wera no kuzura izo mbaraga, no kugira impano
z'Imana kuko nazibonaga zikora imirimo mu Itorero ryayo, nabaza
bakansobanurira ko biriya ntabikora ntabatijwe mu Umwuka wera.
Ndasenga mu matsinda (amagurupe), ndigerera, niyiriza ubusa,
mbese ndashishikara nsaba Imana rwose kumbatiza mu Mwuka
Wera, nanjye insohoreze iryo sezerano.
*Umunsi utabura izina kandi utazibagirana mu buzima bwanjye rero,
tariki ya 28/04/1984 nari njyiye kuvoma amazi yo kuhira inyana ku
mugezi witwa Rwabiramba, niyumva mo gusenga nk'uko nari maze
iminsi mbikora uko mbonye akanya. Nsiga amazi aho niherera mu
masaka yari hafi aho, ngisenga mbona itiyo (tuyeau en plastic) izi bita
PVC 110, iva ku mutwe wanjye ikazamukaaaa ikinjira mu ijuru. Iyo
tiyo yarimo umuriro w'amakara yaka atukura, numva ijwi rimbwira
ngo uwo muriro ikirimo kuwubuza kwaka, ngo ni"amashyengo".
Nsaba Imana imbabazi kuri icyo cyaha cy'amashyengo, uwo mwanya
imbaraga nyinshi ziraza, ntangira kuvuga mu ndimi nyinshi.
3. Umwuka Wera Agira Gahunda
Kandi Agira Ubwenge.
Nubwo nari muri ibyo bihe byiza bidasanzwe, ariko nihutishije amazi
y'inyana, mva aho ndi mu ndimi gusa. Nikorera amazi ndi mu ndimi
gusa, abo twahuye baza kuvoma nta kinyarwanda nabavugishije,
ngera mu rugo mvuga indimi (ariko bucece), mpa inyana amazi
ndetse nshyiramo umunyu wazo ndi mu mwuka, bashiki banjye
dukurikirana barabibona ko nahindutse ukundi, niyemeza kwirarira
ahantu mu mukoki ngo hatagira ikintesha ibyo bihe byiza niherewe
n'Imana, ni bwo naraye ubutayu bwa mbere, kandi amasezerano
nahaherewe n'ubu ni yo akinkomeje. Halleluiaaaaa!!!
49
4. Umwuka Wera Iyo Aje Amanukana Impano
(1 Abakorinto12:4-11).
Nkuko Ijambo ry'Imana rivuga mu mirongo yavuzwe mu mirongo
yavuzwe haruguru, umuntu wese ubatijwe mu Mwuka Wera agomba
kwisobanukirwa ho impano Umwuka yamuhaye. Mu mpano
z'Umwuka uko ari 9 narigenzuye igihe kirekire, ndetse n'abantu baba
bakugenzura (umurongo wa 7), mbona ko nahawe impano yo
Kumenya, Iyo Kuvuga Indimi Nyinshi, Iyo Guhanura, Iyo
Kwizera N'iyo Gukiza Indwara.
Icyitonderwa: Kuba mvuze izi mpano niyiziho si ukwihimbaza, si
ubwibone mu by'umwuka, ncishijwe bugufi rwose no kubabwira ko
umuntu akwiriye kumenya ubutunzi bw'Imana bumubitse mo, kugira
ngo aburinde cyane. Ikibimpamiriza n'uko izo mpano zajyiye zikora,
zikigaragaza ahantu hatandukanye nk'uko Umwuka yabaga abishatse,
na Yesu Kristo Nyirumurimo.
5. Inama Zishingiye Ku Bu
Nararibonye Mu By'umwuka Wera.
Ndagira inama umukristo wese kutaguma aho ageze ngo yumve ari
ibyo, yumve ari aho, akamenya ko hari ahandi hantu yagezwa mu
by'agakiza n'iby'umwuka (Abaheburayo6:1) kuko tuva mubwiza tujya
mu bundi. Uwabatijwe mu mazi menshi amenye ko bidahagije yifuze
no kubatizwa mu Mwuka Wera, uwamuhawe yifuze gukoreshwa na
wo, impano yahawe yifuze ko yakungura Itorero ry'Imana.
6. Imikoreshereze Y'impano Z'umwuka Wera.
Impano y'Umwuka itandukanye n'ubugingo. Mumenye ko impano ari
igikoresho, nyirayo akaba umukozi. Mu bibanza kuri chantier haba
ingorofani, ibitiyo, amapiki.... Ibyo byose ntibijya bihembwa, bimwe
binasazira aho, ariko umukozi arahembwa, arashimirwa. Ukoreshe
impano yose cyangwa zose wahawe uzikoreshe ukiranuka, wezwa,
uciye bugufi, ukorera ubugingo no kuzajya mu ijuru, kandi icyo
Imana igukoresheje cyose wumve ko ari kubw'icyubahiro cy'Imana.
50
7. Impano Z'umwuka N'imbuto Z'umwuka.
Nshingiye ku byo nabonye mu mikoreshereze n'imikoranire y'impano
n'imbuto, ababyempano benshi iyo barangaye, bibagirwa ko byombi
bigomba kugendana. Kuriya mubona impano ari 9 n'imbuto zikaba 9,
burya si gusa. Bivuga ko buri mpano igira imbuto y'umwuka
iyiherekeza kugira ngo ya mpano ize kuryohera abayibona.
8. Umumaro w’Umwuka Wera.
i. Umwuka wera tumuhabwa ngo atuyobore (Abaroma 8:14;
Abagalatiya 5:16,25; Ibyakozwe16:6-10)
ii. Umwuka Wera atoranya abakozi (Ibyakozwe13:1-3)
iii. Umwuka Wera aduha imbaraga zo guhagarara neza mu
intambara y'agakiza (Ibyakozwe 6:8-15)
iv. Umwuka wera atsinda ab'isi (Yahana16:7-11)
v. Umwuka wera atwibutsa kandi akatubwira ibyavugiwe mu
nama zo mu ijuru(Yohana16:13-15)
vi. Umwuka Wera ni we uzatuzamura (Ibyahishuwe12:13-14)
UMUSOZO.
Musengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo
gusenga(Abefeso6:18
Musengere mu Mwuka wera(Yuda1:20)
Ndabasabira kugira ubushizi bw'amanga muri iki gihe kibi
kigoye, muhagarare mu kuri mwakiriye guhura n'ijambo
ry'Imana.
Ntimuyobywe n'imyigishirize mibi y'abadayimoni.
Ubuntu n'amahoro biva ku Umwami Yesu Kristo bibane
namwe.
─Pasteur Michel Zigirinshuti.
ADEPR.
51
Uko Umushumba Karagire Onesphole
Yuzuye Umwuka Wera
Ndabaramukije mu izina rya Yesu Kristo Umwami n'umucunguzi
wacu Nitwa KARAGIRE Onesphore navutse 1972 ndubatse mfite
umufasha n'abana batanu (abakobwa babiri n’abahungu batatu)
Ugomba Kujya Mu Bapantekote Vuba!
Ijwi ryarambwiye ngo ngomba kujya mu bapene! Hari muri 1992 hari
mu kwezi kwa gatanu ku munsi wo kuwa kabiri ariko itariki ntibuka,
I saa munani z'amanywa mvuye kuvoma k'umugezi bita GAKORE
muri RWINGWE i Nyamiyaga mu karere ka GICUMBI nikoreye
ijerekani ngeze umusozi hagati, ijwi rimpamagara rimbwira ngo
ninde waremye iriya misozi ureba!? Ndasubiza ngo ni
Imana!!(Nahise mpagarara hamwe mera nk'umuntu uri mu yindi si
ariko ndeba kandi mpagaze hamwe!) Numva simbyemeye kuko nari
agasore gato ariko k'imyaka 20 Nakoraga akazi ko mu rugo kwa
MUTANA JOSEPH umuhungu wa MUTANA BONIFACE
ndazamuka ariko numva umuriro w'ibyishimo muri njye, ubundi
nkumva sintuje, ndashaka kuririmba ariko ndirimbe izihe, nkumva
ndashaka kwigisha ...ngeze mu rugo nabajije mabuja yari umwarimu
mu mashuri abanza ya Nyinawimana. yitwaga Nyirabagande
Angelinne. Nuko Ndamubaza ngo: “abapene urabazi?” aransubiza
ngo ni babandi bameze nk'abasazi birwa bagenda barimo udukecuru
n'abagabo birwa bavuza ingoma!!
Numva ndabasuzuguye kuko nari umukarisomatike kandi ntangiye
gukorana n'abafarasisikani bari baraje Nyinawimana bantoza kuba
umuhereza yewe twaratangiye no kubukora (Amakanzu twarambaye,
Tuvuza inzogera aho bisabwa, Turi hafi ya padiri...) Niga amashuri 8
abanza Nari umuhanga mba uwa mbere Nkatsinda Kigali byagera
Kinyami ngasanga sindiho (kandi abandebeye Kigali barambonye)
ndasibira nanone nkaba uwa mbere natsinda simboneke kuri komini
52
kuri liste icyo gihe liste yabaga yanditseho"ABEMEREWE KWIGA
MURI SECONDAIRE" KUBWA MINISTRE NSEKARIJE ALOYS
Aho rero nakoraga akazi nibo babonye ntagiye bati ngwino mu rugo
udukorere.
Ngarutse k'umuhamagaro: Mu ijoro ry'uwo munsi numvise ijwi
nkasobanuza n'iby'abapene, narose inzozi zikomeye: mbona ngenda
nguruka mfite BIBLIYA nigisha ngo nimwihane nimwihanneeeeee
imperuka iri hafiii…..ndakanguka rya jwi riti: “ndashaka ko ujya mu
bapene ugakizwa.
Njya kubaza uwari Umubikira ibiri kumbaho. Urugo rwa Muzehe
Mutana Boniface rwari rukomeye ku idini Gatorika kandi n’ubu hari
umukobwa wabo yaje muri konji kuko yari umubikira i Byumba kuri
Diyoseze mu gihe cya Musenyeri Joseph Ruzindana Yumvise
ibimbaho ati: “Wahamagawe nka Yeremiya. Mur'iyo minsi inzozi
naroteraga umuntu zamusohoragaho uwo mubikira mubwiye ibye
yahise ashaka ubu afite urugo muri Canada nabaye Imbarutso yo
gufata icyo icyemezo.
Uko nakagumye muri ubwo buzima numvaga mu gatuza ngurumana
ntamahoro nshaka gusenga cyane, kuvuga ingero z'uko Imana ariyo
ny'ir'ibiremwa ziyongeranya kugeza ubwo numvaga kwiyumanganya
byanze ariko nkavuga ngo sinareka Bikiramariya nzajya mbivanga.
Ku cyumweru saa yine nambaye ikabutura, umupira, pantufure, ntetse
icyayi, mpishije umureti. Ijwi ry’imbaraga rinsanga ku mashyiga mu
Gikoni riti: “nonaha jya mu bapene mpita mbwira umuyaya ngo
“nabishyize ku meza ibindi ubikore!”.
Abapene basengeraga i Nyamiyaga hahoze akazu ka Leta k’amatafari
ngo hari segiteri keraaa, ngarutse inyuma gato ba mabuja bumvaga
najya mu barokore sinzongere gusoma kunzoga kuko ariko gakiza
uwo mwanya saa yine sinambaye agapantaro ahubwo nakunje
umupira nirukanka mu mbaraga zidasanzwe nasanze basenga nanjye
ndicara, muri njye hazamukamo isengesho ryo kwihana ngeze mu
53
gasengero k'Abantu bacye kandi bakuze, urubyiruko ari bacye abandi
ari Abana baje.
“Mana umbabarire ibyaha nakoze byose “nsubiramoooo!” Abantu
basenga bakarinda basoza bakareba njye nkomeza ntyooo. Ndatuza
bigisha Ijambo ryo muri Yesaya ngo iyo muje kunshengerera ninde
uba wababwiye kundibatira urugo? (Yes 1:12) Babaza abigira
umubatizo, ninjye wabonetse guhera ubwo nkahora mbibishyuza rya
jwi mu nzozi rinsaba gusezera akazi. Niko inzozi zo kubwiriza
zambagamo ndasezera baranga, baranyongeza ndabyanga. Ntaha
iwacu Nyirakagamba mu Kiziba mu nzu y'ibyatsi kandi yavaga iyo
Imvura yabaga iguye.
Ngura Bibiliya igura 400 nshyashya. Nkomereza kwigira umubatizo
ku CYURU muri MESHERO mu kwa gatandatu 1992. Mwalimu
n’abanyamasengesho barambwira bati'"wahawe imbaraga z'Umwuka
Wera usigaje kuzurizwa ukavuga mu ndimi nshya"
Mbwira Mwarimu Hategekimana Thomas (niko Mwalimu yitwaga)
uko niyumvaga n'ijwi numva kandi nkumva nshaka kuvuga. Bati
uzaze mu cyumba kuwa kabiri ku Cyuru nkigera mu cyumba
bagisenga nanjye nsenga uko nzi guhera ubwo ntangira kwigisha
ntarabatizwa mpita mvuga mu ndimi nshya nirirwa mur'urwo mba
umuyobozi w'icyumba ntarabatizwa mba umwungiriza wa Mwarimu,
nkajya ntekera abashyitsi nkabakira... kubera ibihe twarimo
by'umutekano mucye w'igihugu byatumye umubatizo ugenda
usubikwa bigeza mukwa gatatu 07/03/1993 nibwo twabatirijwe
BURIMBI muri KAGAMBA dore ko Paroisse yari I KAGAMBA
ariko isa naho ari Komini nyinshi (Rutare, Kinyami, Giti, Muhura,
Murambi) Bose bazaga kumeza I KAGAMBA.
Nkimara kubatizwa nahise mba umuvugabutumwa kuya 01/07/1993
Nari Agasore k'imyaka 21, icyo gihe umudugudu kwari ukuvuna
(Mugina) abakecuru 3, umugabo 1 abasore 4, abakobwa 7 n'abana
bato nari mfite Abakristo 15 icyo gihe narabasengesheje buzura
Umwuka Wera,umukecuru umwe ahabwa impano y'Ubuhanuzi.
Imana irambwira ngo ninjye wakuzanye kandi n'ubwo uvuga ko
54
utagiye mu mashuri uziga kuko ninjye wabishatse kandi na Kaminuza
uzayiga, kubw'ibyo ndashima Imana ko nize imyaka 6 ya secondaire
mu bya Bibiliya kandi na kaminuza narayirangije nk'uko ubuhanuzi
bwavuze.
Icyo gihe mu ntangiriro za 1994 nagendaga mu misozi n'akagoma
kimwe no muri 1993 dusengera abantu, rimwe twasengeye umugirwa
cyangwa umupfumu, afite ibitinde 8, inanga, injebe, ibinyuguri
n'ibihu byinshi...Turasenga ndabitwika umukecuru apfukamye ngo
Tumusengere avugirwamo n'abadayimoni 13 bavugaga amazina yabo
bose bamuvamo yakira Yesu kimwe n'abakobwa be ubu bamwe ni
abadiyakonikazi babonye abagabo mu itorero ariko umukecuru
yatashye muri Jenoside yo muri 1994.
Muri 1993 Mu mpera zawo,Twari dufite ibibazo by'inzara, umunsi
umwe twitegura abashyitsi barimo abasirikare bari muri Korali
yitwaga Abacunguwe ndetse n'Abategereje,Tubura icyo
tuzabakiriza mur'icyo kizu cy'ibyatsi Dusenga Imana iti: “Ndabakirira
abashyitsi nimuhumure. Umubyeyi umwe atumaho mama wacu,
amuha 1kg y'ibishyimbo,uducenga tw'utwumbati Imana idusaba
kubisengera ariko dusengera amazi mu gikombe kitwa kigozi ayo
mazi aba ariyo dutekesha ibyo bishyimbo Igitangaza cyabaye ibyo
bishyimbo byaratumbyeeeee byuzura inkono turagerura
(kubigabanya) Hari abaturanyi baje kutubwira ikibazo cy'imibereho
mu gitondo tubahaho. duteka imboga n'ibishyimbo n’umutsima
abasirikare barishima bati: Ntitwaherukaga umutsima,
utuboga....kandi bya bishyimbo ntibyashize!
Dukora umutsima w'amasaka uvanze n'utwumbati nafashe
amasengesho y’iminsi ibiri. Ku munsi wo gusoza ngeze mu rugo
nabuze icyo kwiyakiriza kandi mu gitondo narapanze ay'umudugudu
byatumye nkomerezako mu gicuku haje marayika anjyana muri
restaurant angurira isupu n'inyama nini z'umweru ndarya ndanywa
ndahaga sinabimara ndicura nsanga ndahaze nkomeza umurimo mu
gitondo ku mudugudu.
55
Mpagirira ububyutse bukomeye nsengera abarwayi barakira, abatewe
n'imyuka y'abarangi, abatewe na za Nyabingi zabakubitaga no mu
iteraniro barakira mvuze iby'Umwuka Wera yadukoresheje n'ubu ni
byinshi, Yewe twasengeye n'abazinzwe batwariwe imihango barakira
barashaka. mfite ababyeyi bari barabuze urubyaro ubu barahetse
(bitewe n'ubushake bw'Imana k'umuntu) Igishimishije kurushaho:
babantu bagize umudugudu Imana yarambwiye ngo nzagukoresha
kugeza ubwo iyi Segiteri yose abenshi bazanyizera kugeza ubu
harimo insengero enye (Mugina, Kinyinya, Nyarubuye, Ruhango)
Mvuge iki se ko mvuze uko nashatse muri 1995 hanyuma ku myaka
25 ku itariki 07/03/1997 Nasengewe kuba umukuru w'Itorero
Kumyaka 30 Nahawe inshingano ya Gishumba (10/2004) Ubu ngeze
ku myaka 48 Paroisse ngezemo niya gatanu ariyo Byumba mu mujyi
wa GICUMBI. Ibitangaza byo gukorana no gukoreshwa n'Umwuka
Wera ni byinshi Amen, Murakoze!
NB: Mu by’ukuri muri ubu buhamya umusomyi wese aribonera ko
hariho itandukaniro rikomeye hagati y’umuristo utarabatizwa mu
Mwuka Wera n’Uwamaze kubatizwa, muri ubu buhamya wungutse
iki? Mbega umuhamagaro w’Imana mbega gukoreshwa n’Imana
imirimo ikomeye tekereza noneho itorero ryose ryuzuye Umwuka
Wera! Ni weho utahiwe Saba Imana Umwuka Wera bikitwa uyu
munsi, va mu bwiza ujye mu bundi. ─M. C.Benjamin
Onesphole Karagire
Umushumba, ADEPR
56
Uko Misiyoneri Cyiza Benjamin
Yabatijwe mu Mwuka Wera
Nitwa CYIZA Benjamin, navukiye I Gicumbi mu murenge wa
Rukomo. Ndubatse, Nakiriye Yesu mu mwaka wa 2005 nigaga mu
mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, Ku kigo cya College
URUMURI, kiri mu Murenge wa Cyungo akarere ka RURINDO.
Nibwo namurikiwe n’umucyo bwa mbere, nubwo mbere kose
nakuriye mu muryango uvanze Abakatorika n’abapentekote ntago
nari nakatuye ko Yesu ari umwami w’ubugingo bwanjye. Uwo munsi
nari nateraniye ku mudugudu wa RUKOZO, Ijambo ryigishijwe ryari
rifite ububasha, ahari ni nka rya rindi Pawulo yabwirije muri Efeso
(Ibyak 19:8). Mbatirizwa ku Mudugudu wa Cyuru, wo mu Karere ka
Gicumbi ari nako karere mvukamo. Nabatijwe mu Mwuka Wera
nyuma y’imyaka ibiri mbatijwe mu mazi.
Nari Nyotewe Cyane Nahagira Nka Ya Mpalakazi!
Nkuko imparakazi yahagizwa no kwifuza imigezi, niko Umutima
wanjye wahagizwa no kukwifuza Mana. (Zab 42:2)
Mbere yuko mbatizwa mu Mwuka Wera, nabonaga muri Korari
yanjye n’itorero ryo mu ishuri rya College Urumuri, Cyungo muri
Rurindo aho nigaga ririmo Abantu b’imparakubiri. Abakristo
bavuganaga n’Imana bakorana umwete umurimo, bakangura abandi,
basenga bakuzura indimi hafi umwanya wo Gusenga wose!
Bakerekwa, bakarondora. Byagenze aho nabagenderaga kure igihe
cyose nabaga Numva nateshutse. Bari Abantu badasanzwe, hakaba na
57
banyakugirirwa ibambe, ba twebwe igihe cyose nihereyeho, ibyo
nakoraga byasaga naho nubahiriza itegeko. ku nshuro ya mbere
numvise n’amatwi yanjye umuntu uvuga ubwe ngo “Ndi Uwiteka,
Nimwumve icyo Uwiteka avuga……” ubwo buhanuzi bwa mbere
bwakanguye umutima wanjye nibwo nabonye ko nkwiriye kugera
ahandi hantu, nabonye uko mbayeho mu Mwami wanjye bidahagije,
nagize inyota yamaze imyaka ibiri yose! Numvaga hariho icyuho
kinini, cyakuzuzwa gusa n’Imana, nasomaga ijambo ry’Imana muri
Bibiliya nto y’isezerano rishya y’abagidiyoni, nkanasenga
biringaniye.
Umwaka wa gatatu nahinduye ikigo maze njya kwiga kuri Lycee
Saint Alexandre I Muhura muri Gatsibo, nahamenyaniye
n’umunyeshuri twiganaga mu mwaka umwe witwaga
HABAGUHIRWA Theogene, namenye ko izina Maombe ngo
yarikuye ko yakundaga Gusenga by’akaburarugero. Nari mfite
ishyaka ryinshi ryo gukorera Imana, kuburyo umunsi warangiraga
ntabizi, nganiriza abanyeshuri ijambo ry’Imana, mpugura
n’Ibindi…MAOMBE uwo yari afite imbaraga, n’impano ntari nzi
umubare, arondora, yerekwa,ahanura,ijambo ry’ubwenge, ijambo ryo
kumenya, avuga indimi nyinshi, kubana nawe byari nko kwiryamira
mu bakorinto ba mbere igice cya 12. Yatangiye kunyigisha gusenga,
mu magurupe yo hanze y’ikigo twarangirwaga na TUYISENGE
Theoneste, namenye ko Ubu ari Umuvugabutumwa muri ADEPR
nawe yari umunyeshuri aho, ariko yiga ataha iwabo, amajoro yo kuwa
gatanu yaranze uwo mwaka, ayo tutaraye mu butayu niyo make
Ndetse, yabarika byoroheje rwose. Hari ubwo twasengaga, abo
dusengana basenga mu ndimi nyinshi hafi ijoro ryose, amagambo
y’ikinyarwanda akaba make, nta rindi ryabaye isengesho Uretse
kubatizwa mu Mwuka Wera……! Mana Ndashaka indimi nshya….,
Mana ndifuza impano…... Mana nyuzuza Umwuka Wera…, Uwo
mwaka warangiye nkifitiye ishyaka, Umwuka Wera ataraza! Ahari
58
uwari kumbaza nari gusubiza nk’abigishwa ba Yohana Umubatiza:
“Ntago twari twumva yuko Umwuka Wera yaje! (Ibyak 19:2) uwo
mwaka natandukanye nabo twasenganaga, ndibwira nti dutandukanye
ntabatijwe mu Mwuka Wera koko!
Urugendo rurerure Nshaka Umwuka Wera
Mu kiruhuko cyo gutegereza amanota y’ikiciro rusange, nta kindi nari
nitayeho, Uretse uko nabatizwa mu Mwuka Wera, yariyo ntero, yari
yo nyikirizo, nta kindi cyifuzo numvaga cyamfatira umunota, ubanza
mu Ijuru nta kindi bari banziho, nta cyumba ntasuraga keretse iyo
nabaga ntakizi, hari ubwo naheturaga icyumweru ndara mu byumba
nsenga. Nabonye ko ubwo Maombe ari mu kiruhuko ubwo noneho
ahora asenga, maze mva ku Cyuru nerekeza Mu Mutara, ku
mudugudu wa Rwebare ya Mbere naherutse ari naho Paruwasi. Rwari
urugendo rurerure rwamfashe amasaha 11 n’amaguru inzira yose,
inzara yose….isengesho ryari rya rindi, nyuzuza Mwuka Wera. Ku
mugoroba dusenga munsi y’ikivoka kinini, umuhanuzi witwaga
Olivier, arahanura, anyibandaho cyane, ku buryo numvaga mbyibuha
mbyumva kandi ubusanzwe ibiro Byanjye ntibyarengaga 52. Uwiteka
yampaye umugisha k’ubw’urugendo, yongeraho ko agiye kunyuzuza
Umwuka Wera, nkavuga mu ndimi nshya! Nubwo ubuhanuzi bwari
buryoshye gute icyo nashakaga ni ijambo “umubatizo w’Umwuka
Wera” Muri iryo joro nafashe agatotsi, mvuga mu ndimi ijoro ryose,
mpanura ijoro ryose, bukeye nsanga byari inzozi!!! Ariko ntacyo
ubusabusa buruta buriburi, na kare kose sinari nakabirose,
byagaragazaga imirindi ya Mwuka Wera wari bwoherezwe mu gihe
gito!
Pentecote yanjye! Uko nabatijwe mu Mwuka Wera!
Maze nyuma y’ibyo ngaruka I Byumba iwacu ku Cyuru nkomeza
gusenga, niyiriza ubusa kenshi kandi nagiraga gurupe ABARAGWA
59
nayoboraga. Hafi amajoro yose, nabarazaga mu rutare rwo mu
gishanga cyo hagati ya Gasave na Nyankokoma aho twitaga Konoshi,
cyangwa Byogori, twahava tukajya Rwamushumba, Aho Twitaga
“Ahera” no ku musozi wa Ruhondo, aho twitaga akabyiniriro ka
“Ruhondo Desert” ukongeraho amasengesho yo mu byumba no mu
butayu bwa “Kadeshi” I Byumba munsi y’umugi. Nashakaga ahantu
hakomeye, kurusha ahandi naribwiraga nti: “Uwiteka arareba
umuhate no kwahagira, atumare impumu, atubatize mu Mwuka
Wera”
Agatinze ugatega iminsi, kandi nta jambo Imana ivuga ngo rihere,
(Luka 1:37) ni ukuri pe, ndahamya n’urwanjye rurimi ko hahirwa
abiringiye ko ibyo babwiwe n’Umwami Imana bizasohora. (Luka
1:45). Umunsi umwe nari naruhutse, niriwe mu rugo, Maze menya ko
hari icyumba cyari busenge, icyo cyumba cyayoborwaga na
SELESITE (Celestin) Ubu ni umudiyakoni ku Cyuru. Tugezeyo
tugisenga arahanura ati: “Uwiteka aravuze ati: “Aha hari umuntu
ugiye Kubatizwa mu Mwuka Wera!” nimba hari ibintu ntitayeho ni
ibyo, nasaga n’umuntu uri ahandi, byasaga naho umuriri n’umuyaga
uhuha cyane byari biri guhuha! Twatuye ibyaha, nsa nusinzira kubera
amajoro naraye mbere, turangije turasenga nagiye kumva Numva
imbaraga zidasanzwe ziranteruye, ndavuga nti: “Karabaye” nsenga
mfashe igiti! Ngiye kubona mbona amaso yanjye arahweje, mbona
ikirere cyuzuye Umucyo mwinshi maze inuma z’amabara y’umweru
zikamanuka zingwaho izindi zisubirayo” uko nabibonaga
narushagaho kumva amahoroooooo! Kandi ubwo nasimbukaga cyane
ngo ngere aho zituruka! Naho abambona bakabona nsimbukana
ishami gusimbuka gutangaje, Haciye nk’iminota 10 mbona ikibaho
kinini ntari nakabonye, namenye ko cyitwa “Write board”
bacyandikishaho Marker, nakibonye ngeze muri Kaminuza. Mbona
umugabo yandikaho ansaba gusoma, akavuga nkasubiramo…gutyo
gutyo! Ubwo abo twasenganaga ngo bumvaga natangiye kuvuga mu
60
ndimi! Ni ukuri izi ndimi tuvuga ziva ku Mana Data, kandi iyo
tuzisengamo nubwo ubwenge bwacu butazumva, mu Ijuru barazumva
cyane rwose! Ni ururimi rw’Umwuka, Araruzi, aruvuganamo na
babiri mu butatu atunihira iminiho. Maze nyuma y’ibyo nabonye
Abantu twasenganye bose bazamutse mbabona muri cya Kirere
kirabagirana, mbona undi mugabo utari kwandika indimi azanye
Mikorofoni, urusinga rwageraga mu Ijuru maze ansaba kuvuga ibyo
mbona, numvishe navuze nti: “Nimwumve uko Uwiteka Imana
avuga…” (Niyo nteruro yanteye gushaka Mwuka Wera na mbere
kose nkiga muri College Urumuli) natangiye kubona ibintu no kumva
ijwi ry’Imana rivuga mu mutima wanjye, nkasubiramo ariko nsoma
na za ndimi. Kuva icyo gihe kugeza ubu iyo ngiye guhanura nongera
kubona wa mugabo wandika, na wa wundi wa mikorofone iva mu
Ijuru!” nuko dusoje Abantu bagenda banshimira bati: “Imana
iragukoresheje, ariko ntibisanzwe ko umuntu abatizwa agahita avuga
indimi umunsi umwe akanahanura bari batangaye cyane, njye
sinatangaye nari nzi neza ko n’ubundi Imana yacu ikora
n’ibidasanzwe! Kandi byongeye harimo n’indishyi y’akababaro ahari
n’ubukererwe, icyo natashye Nishimiye nuko nari nabatijwe mu
Mwuka Wera, ni ukuri umunezero natahanye wari akaburarugero!
Niyinjirira mu cyumba cyanjye ndasenga kuko navugaga nti: “Ahari
Umwuka yagiye, nongera kuvuga mu ndimi, Imana iranezeza cyane,
naryamye mu gitondo!
Nyuma y’Uwo mubatizo numvaga mbaye mushya, Nasomaga
Bibiliya kandi nkumva mfite ubusobanuro bw’umurongo wose
nsomye, yewe no mu Byahishuwe na Danyeli muri ya marenga ya
Gihanuzi. Natangiye kubwiriza ubutumwa kandi Imana irankoresha
cyane mu buryo butandukanye kugeza ubu, nabonye imirimo myinshi
n’ibitangaza bikorerera mu maso yanjye, nabonye abarwayi
61
birukanwe mu bitaro ngo bapfe, byananiranye basubira kuba bazima,
nabonye ingumba zibyara, nabonye abarwayi bakira, abadayimoni
bagenda, ababoshywe babohoka,… kandi hari n’ibindi nzabona
bikoreka, kuko nshishijwe bugufi ndi Umukozi wayo nyikorera ngo
nsohoze umuhamagaro wanjye nahamagariwe muri Kristo Yesu.
Nziko ibyo bitangaza byose bifite abahamya benshi ariko byose
biberaho kugirango izina rya Yesu rimenyekane.
Ikinsika umutima, Inkomezi ikomeye mu Muhamagaro wanjye!
Ahubwo uwirata yirate Uwiteka! Umunsi umwe wo guhamagarwa
kwanjye, nabonye Bibiliya irambuye nko mucya kabiri, yamanukaga
iva mu Ijuru, ndayakira, ijwi rirambwira ngo: “Uhawe ijambo” ku
munsi ukurikira nabonye igiti cy’inganzamarumbo nabonye Marayika
w’Imana ansanga nsenga, nongeye kwibona ku mu bushorishori
bwacyo, Wa mu marayika yari ahagaze iburyo Bwanjye, icyo giti
cyarakuze, kirazamuka kigera mu bushorishori bw’ijuru, nabonye
igicu cyera cyavaga mu Ijuru ryo hejuru gihagarara ku mutwe w’icyo
giti: “Uwiteka yari muri icyo gicu, yahampereye amasezerano niyo
ankomeza iteka, narayumvise n’ayanjye matwi, mbereyeho gusohoza
icyo yavuze, no kurangiza imirimo naremewe kugenderamo, I Tororo
mu gicuku nsinziriye ndi mu ishuri ry’Abamisiyoneri, Umwami
yongeye kumpamagarira gutegura ibitabo bya Gikiristo, numvaga
ntiteguye, ahanini byasabaga gusobanura indimi, ubumenyi bwo
hejuru muri Tewolojiya, ubumenyi mu gukora ubushakashatsi,
yaravuze ati: “Si kubw’amaboko kandi si kubw’imbaraga ahubwo ni
k’ubw’Umwuka Wanjye! (Zek 4:6)
Inama Ku bizera batarabatizwa Mu Mwuka Wera
Ntago nigeze mbona umuntu wabatijwe mu Mwuka Wera hatabanje
inyota yawo, n’iyo gusobanukirwa iby’Imana kurushaho! Yesu
yiteguye kukubatiza yavuze ko data atazabura guha Umwuka Wera
62
abawumusabye, Paulo yavuze ko izamuducunshumuraho, naho kera
cyane Uwiteka Yabwiye Yoweli ko izasuka Umwuka wera ku bantu
bose, nahawe Mukristo, imbere ni heza kuruta aho uri, intambwe
y’agakiza ugezeho ntihagije, ibuka ko dukwiye kuva mu bwiza tujya
mu bundi. Uraririmba nibyo, ariko wuzuye Umwuka byakubera,
urasenga nibyo, ariko uvuze mu ndimi byakubera. Tugeze mu gihe
itorero rikwiye kwambikwa imbaraga, tukagendera mu mbaraga
nk’izikizu, komeza usenge, Saba, titiriza nawe Yesu azagusohozaho
Pantekote yawe!
─Misiyoneri, CYIZA Benjamin
VPMSP-EAC
Uko Sue Caley wo muri Canada
Yuzuye Umwuka Wera
Kuzura Umwuka Wera byavuguruye imibereho yanjye. Nari
umukristo imyaka igera kuri itandatu kandi numvaga ko umutima
wanjye kuri Yesu wari umaze gukonja, ubuzima bwanjye
bw’amasengesho bwari bwarapfuye, urugendo rwanjye na Krito
ntirwari rufite ireme, kandi nakomeje gutekereza ko hagomba kubaho
ibirenze ibi. Nakomeje Gusenga Imana nyisaba kunyuzuza Umwuka
Wera. Muri icyo gihe, nagize ubwoba kuko ntari nzi uko bizagenda.
Twagize umugisha I Toronto kandi Imana yasutse Umwuka wayo
ahantu runaka mu bwongereza aho ntuye. Nahuriye mu rugo rwanjye
n'umukozi wari ukiri urubyiruko. Yaransengeye kandi Umwuka Wera
aranyuzura.
63
Uku kuzura kwabaye mu byiciro. Nujujwe imbaraga cyane mu gihe
cyanjye gituje, hanyuma mu iteraniro ryabereye mu itorero Holy
Trinity Brompton imbaraga z'Imana zimanuka mu mutwe no mu
mubiri wanjye; Numvise meze nkusinze! Nari mfite inzara itavugwa
muri Kristo. Numvaga nkangutse. Nahawe umunezero mushya mu
Mana, urukundo rushya kuri Yesu ntigeze ngira mbere kose.
Ubuzima bwanjye bwo gusenga bwarahinduwe. Nakiriye amashusho,
imirongo ya Bibiliya numva Umwami amvugisha imbere mu mutima.
Nifuzaga cyane gushishikariza abandi bakristo ngo basabe Data
abasohoreze isezerano babatizwe mu Mwuka Wera kandi n'ubu
ndacyafite iyo ntego. Ibi bimaze imyaka 20.
Mu nama ya gikristo umudamu wo mu itsinda ry’amasengesho
yambajije niba ashobora kunsengera. Mugihe yarimo asenga numvise
ijwi ry’imbere nasaga nkuzi ko ari Imana Data. Yavuze ati:
“Ndashaka ko mwifatanya nanjye, kugira ngo musengere ibiri ku
mutima wanjye.” Iri jwi ryakomeje kuba muri njye ritsimbaraye
kugeza ubwo navuze nti: "Data, uzanyereka ibiri ku mutima wawe?"
Ako kanya, ishusho iza mu bwenge bwanjye ishusho ya Yesu ihagaze
yerekeje amaboko hejuru y’umujyi. Noneho Umwuka Wera
yasengeye muri njye aniha iminiho myinshi. Sinari narigeze mbona
ibi ariko numvaga ndi mu ishuri rya Mwuka Wera. Nahise nsengera
ububyutse aho hantu.
Kuva icyo gihe, mu myaka cumi n'itanu ishize mbaza Data ninde
cyangwa ni ibiki biri ku mutima we ngo mbikore cyangwa
mbisengere? Rimwe na rimwe mbona mu bitekerezo byanjye izina
ry’igihugu cyangwa itsinda ry’abantu, nkabasangwabutaka cyangwa
itsinda ry’abantu mu bushinwa. Rimwe na rimwe mbona
mubitekerezo byanjye abantu nyabo; amazina yabo baba bari ku
mutima w’Imana, byarantangaje! Rimwe na rimwe numva ububabare
bw'Imana mu mutima wanjye kubo inyobora gusengera. Rimwe na
rimwe, mbona Igihugu cyangwa agace mu makuru kuri Tv nyuma yo
kubisengera.
64
Sinari narigeze ntekereza cyane ku kuvuga mu ndimi, ariko mu
materaniro mu itorero Holy Trinity ry’I Brompton, umukozi w’Imana
yagize ati: “Niba hari ushaka kubatizwa mu Mwuka Wera no kuvuga
mu zindi ndimi, naze asengerwe.” Nari nshonje ku bintu byose Imana
yashakaga kumpa nuko njya imbere, umudamu aransengera ngo
mpabwe iyo mpano ambwira ngo mfungure umunwa mu kwizera
ndebe uko bigenda. Nagombaga kubyemera, numvise mfite isoni,
ariko ntabwo nari guhomba ibyo Imana yangeneye. Nagiyeyo
bansengeye ntangira kwakira amagambo mashya, ntangira kuvuga mu
magambo ntumva.
Iyo mvuganye n'Imana mu ndimi, Numva irushaho kunyegera. Igihe
kimwe Nanjye naririmbye mu ndimi zumvikana neza. Inyandiko zisa
nkiziva ku mutima wanjye. Nkiririmba numvaga nanjye ndimo
kugarura ubuyanja. Ikintu cyagaciro cyane cyabaye nk’igikorwa cyo
kuzura Umwuka ni umubano wimbitse na Yesu.
Igihe kimwe Inshuti yanjye yampamagaye irwaye mbita niyumvamo
ko Imana ihari. Mu biganiro byacu byose nakomeje kubona
amashusho no kuyitera inkunga ku buryo iyi ndwara itari mu byo
Imana yateguye mu buzima bwe. Nyuma yo kuva kuri terefone,
natunguwe, n’imbaraga z'Umwuka Wera no kuboneka kw'Imana
byinjiye mu mutima wanjye kandi muri icyo gihe, imbaraga
z'Umwuka Wera no kubaho kwe byaturutse hanze mu mutima
wanjye. Ibi byarakomeje igihe kirekire. Nabajije Uwiteka
ibizakurikiraho numva avuga muri njye, "Inzira imwe irahari".
Mbere yo kuzura Umwuka Wera numvaga numagaye kandi
natakambiraga Imana ngo nuzure Umwuka mushya. Noneho ubu
mfite umudendezo iyo nsengera abantu n’ubwisanzure bushya no
kugirana ubucuti n'Imana Data na Yesu, mporana inzara yo
guhatanira byinshi kuri Yesu kandi nshaka iteka kumenya umugambi
w'Imana mu buzima bwanjye aho ishaka kunjyana. Ndashaka kujyana
na Yo. Igishimishije, amezi make ashize mugihe cyamasengesho,
Yesu yaravuze ati: "Ha ikaze Umwuka Wera," nuko ntangira
65
kubikora mbere yuko nsenga, kandi ukubaho kwa Mwuka Wera
kugaragara cyane mugihe cyamasengesho yanjye. Ndumva ari inshuti
yanjye n'umufasha kandi ndashaka kumwumva neza.
Nabwira umwizera wese ko Uwiteka afite byinshi kuri we. Wicogora,
winyurwa naho ugeze mu Mwuka kuko imbere yaho hari aheza
kuharusha! Erega Paulo yavuze ko tuva mu bwiza tujya mu bundi!
Ntugasabe bike; komeza usabe Uwiteka byinshi. Kandi ushize
amanga. Nizera ko Imana ari imwe ejo, uyu munsi n'iteka ryose.
Ndashaka gukora ibintu Yesu yakoze, kandi ndizera ko twabigenewe.
Uwiteka akomeje kuzana Yesaya 61 mu bitekerezo byanjye. Imana
yacu ni Imana iteye ubwoba!
─ Sue Caley wo muri Canada
Uko Kevin Winters Yabatijwe muri Mwuka
Wera
Ibintu byose byarahindutse!
Icyo gihe nakiraga umubatizo w’Umwuka Wera nari ahantu
hateye ubwoba. Nari naratandukanye n'umukunzi wanjye nyuma y’
imvururu nyinshi. Nari narumiwe, kandi nigunze mpitamo gutura ako
gahinda kanjye Imana mu masengesho.
Ibyakurikiyeho ntakintu cyari gitangaje. Mu gihe napfukamye ku
ruhande rw’igitanda cyanjye ndarira ngo Imana intabare nabatijwe
mu Mwuka Wera. Mu buryo butunguranye, umuyaga wumvikana
kandi ugaragara winjiye mu cyumba cyanjye. Winjiye muri njye
numva ntangiye kuvuga mu rurimi rudasanzwe. Ariko kubera ko nari
narakuriye mu itorero ry’Abatisita n’Abametodiste, ntabwo nari
mfite ubumenyi ku mubatizo w’Umwuka Wera Ndetse Icyo gihe
66
sinari narigeze numva "umubatizo wa Umwuka Wera." Ibi rero byose
byari bishyashya kuri njye. Byatumye nkomeza kubirwanya!
Nari mu rujijo ku byabaye byose ku buryo ntigeze nongera kubikora.
Mu by’ukuri, ibihe byinshi byazamukaga muri njye mu gihe cyo
gusenga nkibaza muri njye impamvu haza amagambo y’ururimi ntazi!
Nkahita mbirwanya Byantwaye imyaka kugirango numve neza
kuvuga mu ndimi ariko ubu ndabikora buri munsi.
Kubatizwa n'Umwuka Wera, ariko, haza izindi nyungu n'ubushobozi
budasanzwe. Ku nkibatizwa, ishyaka ryo gukurikirana gukiranuka no
gusoma Bibiliya ryarushijeho gukomera. Nabonye kandi ko
narushijeho gushishoza no guhishura. Natangiye kandi kubona
ubushake bwo kwamamaza aya ubu buhamya. Hari ubwo Umwuka
anzaho atunguranye nkasimbuka nkatangira kubwiriza. Natangiye
kandi kumva ijwi ry’Imana neza, kugira iyerekwa n’inzozi, no
kwandika ingingo z’ibyanditswe zo guha abantu.
Imwe mu nyungu nziza nabonye ivuye mu mubatizo wa Umwuka
Wera ni ugukongezwa umuriro n’ijwi rye. Byombi bimfasha kugera
ku ntsinzi mu buzima bwanjye. Kubatazi gusigwa k'umuriro icyo
aricyo, Yohana Umubatiza yavuze ko Yesu azatubatiza Umwuka
Wera n'umuriro. Ntabwo nshobora kuvugira undi muntu keretse njye
ubwanjye ariko ndibonera umuriro w’Imana nkumva ubushyuhe
budasanzwe.
Umubatizo wa Mwuka Wera n'umuriro nabyo byongereye imbaraga
kumva kwanjye. Mu myaka yashize nize kumva Imana mu buryo
butandukanye. Rimwe na rimwe irambwira mu ijwi ryumvikana.
Nijwi ryimbere kandi burigihe birantangaza nubwo numvise inshuro
67
zingahe. Ibindi bihe Imana ivugana nanjye mu bitekerezo. Numva
ijwi ry’Imana rintuma ku bantu, Ndetse rimpa inshingano icyo
nkwiriye kuvuga naho kukivugira.
Nanjye mbona Imana mu bitekerezo n'inzozi, Ibi bibaho mugihe
nsinziriye cyangwa mu buryo bwo kurota. N’uburyo kandi mbona
inyigisho zanjye hamwe n’ingero zo gukoresha. Ubusanzwe Imana
ivuga ikintu gikurura ibitekerezo byanjye, hanyuma mfata impapuro
n'ikaramu, nkicara kuruhande rw'igitanda, nkareba gusa nkumva uko
Umwuka ampa inyigisho. Rimwe na rimwe, mbona ikibwiriza cyose
gitangiye kurangira kandi buri gihe kirimo amashusho.
Ndahamya rwose ko ubuzima bwanye bwahindutse bushya kuva
nabatizwa. Umwuka Wera yahinduye rwose nari we. Ubu ndi umuntu
ugurumana muri Kristo ku bw’ibyo.
Ibintu ugomba kumenya: Umubatizo muri Mwuka Wera waje igihe
yari wenyine, ashakisha Imana nimbaraga zamarangamutima
kugirango akize umutima we. Byaje bifite indimi mu ikubitiro, akaba
nta mahugurwa yari afite ku buryo yarwanyije igihe gito. Izindi
mpinduka Umwuka yazanye ni: ishyaka ryo gukiranuka no gusoma
Bibiliya, imyumvire nini no guhishurwa kurushaho, no gusigwa
kubwiriza ibyo byahishuwe. Ijwi ry'Imana n'imbaraga zo gukiza
byariyongereye cyane.
─Ubuhamya bwa Kevin Winters
Bwatanzwe na Mark Virkler
68
Ubuhamya Bwa Kelly
Gusuka Byose imbere y’Imana
byayikoze ku Mutima!
Nitwa Kelly. Mfite imyaka 20, natangiye gukurikirana cyane
ibyerekeye Umubatizo wo mu Mwuka Wera. Abenshi mu Nshuti
zanjye bari barawubatijwemo Ndetse no mu bagize itsinda
ry’urubyiruko. Nakoraga umurimo w’Imana mu rusengero nkaterana
buri gihe ariko sinari nakabatijwe muri uwo Mwuka!! Ni ukuri
byarambabazaga cyane byatumye ntangira gusoma igitabo cyose
cyanditswe kivuga kuri iyi ngingo, niga Ibyanditswe cyane,
mpagarara ku murongo w'amasengesho, ndetse mvugana n'inshuti
zanjye zuzuye Umwuka Wera, n'ibindi. Ariko, nta kintu na kimwe
muri ibyo cyagize uruhare mu mubatizo wa Mwuka Wera.
Nahisemo kwihererana n’Imana
Umugoroba umwe nasubiye mu rugo nyuma y’amateraniro yo kuwa
gatatu nijoro, nagombaga gukoresha ubwiherero maze ntangira
gusenga kandi nari jyenyine ndi kumwe na Nyagasani maze ntangira
kumubwirana amarira uko mbabaye kandi ko numvaga nsa nuri mu
kato, nibazaga niba hari ibitagenda neza mu buzima bwanjye ubwo
narimo mvugana na we nazamuye amaboko mu Ijuru mubwira
n'umutima wanjye wose kandi wera ko nashakaga kuzura Umwuka
Wera!
Muri ako kanya, Numvaga Kristo angose, kandi ari mu buzima
bwanjye bwose kuva ku mutwe kugeza ku mano. Namanukiwe na
Mwuka mera nkutenguwe, mpinda umushyitsi kandi nuzuye
umunezero mwinshi, Mu marira ntangira kuvuga mu ndimi mpita
ntangira kumushimira cyane mbikuye ku mutima.
Ibyo bibaye hashize imyaka 27 kandi ndi mu buzima bwahindutse
iteka kubera kugendana n’Imana no kuganira na Mwuka Wera buri
munsi!
69
Nkunda ukuntu Uwiteka yihariye, Ntabwo yashakaga ko nkurikiza
intambwe ku yindi intambwe uburyo abandi babonye Mwuka Wera
no kwakira byinshi kuri We; Yashakaga gusa ko nsuka umutima
wanjye kuri we ubwe kandi nkamushakana Umwete. Erega afite
inzira zirenga Igihumbi zo gusohoza Amasezerano ye.
─Kelly
70
IGICE CYA VII:
IMPANO Z’UMWUKA
Umwuka Wera amanukana n’impano
Impano z'Umwuka Ziva ku Mana
Umwuka w'Imana aduha “ubushobozi
budasanzwe” (1 Abakorinto 12: 1).
Urugero agakiza ni ubuntu, ntabwo
tubona iyi mpano ku kiguzi.
Tugomba kwitonda twibuka ko ubwo
bushobozi budasanzwe butagenewe
gukoreshwa ku nyungu z’umuntu; impano z'Umwuka zikomoka ku
Mana no ku migambi y'Imana. Ntidushobora gushimira ikintu icyo ari
cyo cyose Umwuka w'Imana akora muri twe mu gihe twishutse ko
twakigezeho kubw’imbaraga zacu.
Impano zitandukanye, Umwuka umwe
1 Abakorinto 12: 4-6 herekana neza ko Umwuka umwe akora mu
buryo butandukanye muri twese, nkuko dufite impano zitandukanye.
Kubw’ibyo, ntidukwiye kunenga uburyo Umwuka akorera mu bandi
cyangwa ntidukwiye kwigereranya n’abandi. Umwuka Wera ukorera
muri twe, akorera no muri bene data mu itorero, kuko umuntu wese
ahabwa ikimwerekanaho uwo Mwuka ngo itorero Umubiri wa Kristo
ryunguke. Impano zo mu mwuka nizo gufasha abandi Intego y'Imana
iduha impano z’Umwuka irasobanutse: "Impano yo mu mwuka
ihabwa buri wese muri twe kugirango dushobore gufashanya" (1
Abakorinto 12: 7).
Ntabwo twahawe impano z’Umwuka kugirango twumvwe neza;
ntabwo twahawe impano z’Umwuka kugirango dushobore kugaragara
71
neza ku bandi; ntabwo twahawe impano z’Umwuka zo kuyobora
cyangwa kubona inzira zacu. Imana iduha impano z’Umwuka kugira
ngo dushobore gufashanya!
Nta n'umwe muri twe ushobora byose, cyangwa ubasha gukora byose
neza. Dukeneye imbaraga za bagenzi bacu mugihe dufite intege nke,
n’abandi bakeneye imbaraga zacu mu gihe bafite intege nke. Ibi
bitera kwishingikiriza ku Mana no gushimira bene wacu. Mu by’ukuri
ni ibintu byiza cyane iyo dukoresheje impano zacu z’Umwuka
kugirango dufashe kandi dushishikarize abandi gukora imirimo
bahamagariwe muri Kristo Yesu; nta gushidikanya ko ariwo
muteguro w’Imana ku byerekeye Impano z’Umwuka.
Ka turebe neza kuri buri mpano:
Hariho inzira nyinshi zo gutondekanya impano 9 zasobanuwe mu 1
Abakorinto 12, ariko turazigabanyamo ibice bitatu kugirango
dusobanukirwe gutya:
1) Impano zo guhishurirwa
2) Impano z’imbaraga
3) Impano zo kuvuga
Impano zo guhishurirwa:
Impano zo guhishurirwa zirimo Ijambo ry’ubwenge, Ijambo ryo
kumenya, no Kurobanura imyuka. Izi mpano zigaragaza
ibitamenyekana cyangwa bihishe kugirango abazifite bahabwe
ugusobanukirwa cyangwa gusobanura imigambi cyangwa ibyifuzo
by’Imana.
Ijambo ry’Ubwenge
Ni ihishurirwa ndengakamere riva ku mana, ritandukanye n’ubwenge
karemano busanzwe kuko bwo ari ubushobozi bwo gukoresha
ubumenyi bwacu n’ubunararibonye.
Abantu bafite iyi mpano bafite ubushobozi bwo gufata ibyemezo
by’ubwenge no kugira inama abandi. Ubu bwenge ntabwo buturuka
ku bigeragezo no kwigira ku makosa yahahise byabaye mu buzima
72
bwabo, cyangwa mu bunararibonye gusa, ahubwo buva
k’ubusobanuro ndengakamere buva ku Mana. Babona ibintu neza mu
buryo Imana ishaka no mu bihe bigoye by’akaga kandi bakabasha
kuyobora n'abandi mu bushake bw'Imana. Baba ari abayobozi,
bakurikiza cyane Ijambo ry'Imana. Bashobora guhishurirwa
amabanga akomeye y’Imana, ku gace kabo, Igihugu umudugudu,
Abantu, byose ku ntego yo Kugendera mu bushake bw’Imana. Reka
turebe ingero zo mu byanditswe byera kuri iyi mpano:
Mu nkuru z’umuhanuzi Eliya Imana yamuhishuriye urubanza
rwari rubikiwe Ahabu, nuko ruzasohora. (1 Abami 21:19, 1
Abami 22:34-38)
Imana ihishurira Abantu bayo urubanza ruzatera, urugero
yahishuriye Nowa iby’umwuzure (Itang 6:13-21) yahishuriye
Loti akoresheje abamarayika ibyo kurimbuka kw’I Sodoma
na Gomora (Itang 19:12-13) ku banyabwenge mu nzozi bava
kuramya Yesu (Mat 2:20)
Imana ihishura mugambi wayo ku bantu izakoresha. Kuri
Yozefu yabihishuye mu nzozi. (Itang 41:16,28)
Guhishura ubutabazi mu byago (Ibyak 27:24)
Guhamya umuhamagaro. Mose (Kuva 3:1-10) Intumwa
Paulo (26:16)
Ijambo ryo kumenya
Ni uguhishurirwa ndengakamere kwa Mwuka Wera ukuri kuri mu
bitekerezo by’Imana, abatazi iyi mpano neza bashobora kuyitiranya
n’ubumenyi bwimbitse kuri Bibiliya
n’Imenyekanishamana(Theology) Abantu bafite iyi mpano
basobanukiwe byimazeyo ubushake n'inzira z'Imana, kugiti cyabo no
mu byanditswe Byera. Mu buryo ndengakamere, barashobora
kumenya ukuri ku bintu by’Umwuka kugirango bigishe cyangwa
bayobore itorero. Rimwe na rimwe, Imana itanga ijambo ryo
kumenya kubyerekeye ibihe runaka cyangwa umuntu kugirango
arinde, aburire, cyangwa ayobore.
73
Ingero:
Erisa yahishurirwaga imigambi yose y’Umwami w’I Siriya (2
Abami 6:9-12)
Guhishura indyarya (2 Abami 5:20-27)
Guhishura umuntu wihishe, Nkuko Samweli yahisuye Sauli
igihe yendaga kwimikwa. (1 Sam 10:22)
Kugaragaza umuntu ukenewe mu murimo. (Ibyak 9:11)
Kurobanura imyuka
Ni uguhishurirwa ndengakamere ku byerekeranye n’imyuka cyangwa
ibiremwa by’Umwuka. Iyi mpano nayo yerekeza ku "gutandukanya
imyuka." Abantu bafite iyi mpano bafite ubushobozi bwo kumenya
niba ibintu, umuntu, cyangwa ibyabaye ari byiza cyangwa bibi, icyiza
cyangwa ikibi, ijuru cyangwa abadayimoni. Iyi mpano ni ngombwa
kuko ifite ubushobozi bwo gufasha no kurinda ubwoko bw'Imana no
kubayobora mu buryo bwiza.
Impano yo kurobanura imyuka ituma tumenya gutandukanya
amahishurirwa y’Imana n’ay’umubi.
Ingero:
Ezekiyeli ku mugezi Kebari (Ezek 1:1-10)
Mbere gato yo kwicwa kwe Sitefano yabonye Kristo mu
Ijuru.(Ibyak 7:54-60)
Yohana ku kirwa cy’I Patimo (Ibyah 1:10-17)
Yesaya yeretswe Ijuru mu mwaka Uziya yatanzemo (Yes 6:1-8)
Iyi mpano ifasha mu gihe cyo kwirukana abadayimoni mu muntu,
kuko habaho imyuka ibabaza Abantu (Mar 5:5) imyuka mibi (Ibyak
5:16) imyuka itera uburagi, ubuhumyi n’ubupfamatwi (Mat 12:22;
Mar 9:17) imyuka y’ubumuga (Luka 13:11-16)
Iyi mpano na none idufasha kumenya abakozi ba Satani (Ibyak 13: 9-
10) no kumenya icyo kubakorera (Ibyak 16:16) idufasha kandi
kumenya inyigisho z’ibinyoma n’iz’abadayimoni. (1 Tim 4:1) iyi
mpano ituma tumenya “ibitangaza bya gishitani” hatabayeho impano
74
z’Umwuka, Abera bayobywa n’imyuka ya Satani n’ibitangaza bye.
(Ibyah 16:14)
Impano z’imbaraga
Impano zimbaraga zirimo Kwizera, Impano zo Gukiza indwara, no
Gukora Ibitangaza. Izi mpano zigaragaza imbaraga z’Imana.
Kwizera
Iyi mpano iratandukanye no kwizera agakiza (abizera bose bahawe
ku buntu). Impano yo kwizera ikubiyemo ubushobozi ndengakamere
bwo kwizera no kwiringira Imana mu bihe byose ku bisubizo
bidasanzwe. Iyi mpano yo kwizera akenshi izana ibitangaza
bidasanzwe kandi ifitanye isano rya hafi n’izindi mpano z’imbaraga.
Reka twongere dutsindagire ko iyi mpano itandukanye n’impano yo
kwizera kutugeza kugakiza. (Ibyak 16:31) iyi mpano yo iboneka
nyuma yo gukizwa. Impano yo kwizera ni igikorwa ndengakamere
aho ikifujwe, cyangwa igitegetswe n’uyifite gihita gisohora, ibi
birimo kuvuma no guhesha umugisha, kurema no gukuraho. (Mar
11:22) iyi mpano ibyo ikora bihinduka ibitangaza mu maso y’abantu
kuko biba bitari byitezwe mu kwizera gusanzwe.
Kwizera gusanzwe, ni ugushingiye ku bintu runaka, cyangwa ku
mateka runaka. Uko si ukwizera Kwa Bibiliya, Ndetse n’abadayimoni
barakugira bagahinda umushyitsi. Yakobo yavuze ko kudaherekezwa
n’imirimo. (Yak 2:19)
Uko iyi mpano ikora:
Ku ikubitiro habaho kwatura ukavuga ibigiye kuba (Mar 11:23; Yobu
22:28; 1 Abami 17:1)
Yesu yakoresheje iyi mpano ubwo yacyahaga Umuraba (Mat 8:23-
27) byarashobokaga ko bari kuba mu kaga nk’intumwa Paulo mu
rugendo ajya I Roma, nyamara hagati mu kibazo hakoretse
igitangaza. Izindi mpano 7 zose zikoresha ukwizera gusanzwe Uretse
impano yo gukora ibitangaza n’impano yo gukiza indwara. Reka
turebe aho iyi mpano yakoreshejwe mu byanditswe:
75
Guhesha umugisha mu buryo bw’umurage kandi bigasohora,
Nkuko Isaka yahesheje umugisha Yakobo. (Itang 27:28) kandi
ibyanditswe bihamya neza ko “Kwizera niko kwatumye Isaka
ahesha Yakobo imigisha y’ibizaba”(Heb 11:20)
Iyi mpano ifasha mu kurinda umuntu mu bihe by’amakuba.
(Dan 6:17-23)
Ihesha Abantu ibyo kubatunga mu bihe by’inzara. Mu buryo
budasanzwe Eliya yahawe ibyo kurya. (1 Abami 19:4-8)
abamarayika bagaburiye Yesu asoje ya masengesho y’iminsi
n’amajoro 40 (Mat 4)
Ituma habaho insinzi ikomeye mu ntambara. (Kuva 17:11)
Ituma habaho ibimenyetso n’ibitangaza bizagendana n’abizera.
(Mat 8:16-32)
Gukora ibitangaza
Iyi ni impano idasanzwe imeze nk’agati k’inkubirane n’impano yo
kwizera, Umuntu ufite iyi mpano ashobora gukoreshwa n’Imana
kugirango akore ubwoko ubwo aribwo bwose bw’ibitangaza byo
kurema. Kwimura imisozi kandi yakora n’ibitangaza bigira ingaruka
ku bihe na kamere. Nta rubibi kubyo Imana ishobora gukora, kandi
umuntu ufite iyi mpano yo mu mwuka afite kwizera kwizera Imana
ku bintu byose. Kugirango tuyumve neza reka twite kucyo
ibyanditswe biyivugaho: mbere na mbere Yesu yavuze ko tuzakora
imirimo irenze iyo yakoze (Yoh 14:12) nimba Yesu yaravuze ijambo,
ni ukuri kudasubirwaho kuko ubwe ari ukuri. Nta kinyoma kiva mu
kuri. Tuzakora imirimo irenze iyo yakoze…mbega buryo ki
tudakwiye gushimishwa n’intambwe twateye ngo twirengagize ko
imbere hariho ubwiza buruta ubwo turimo. Yesu yashakaga
kuvuga y’uko abatinze ku meza yo kwizera bazarya byinshi byo mu
bikari by’Imana. Bazakora byinshi, bazagera henshi, bazamanuka
bagere ikuzimu ku ndiba ya rwa rwobo, bahishurirwe ibyaho,
bazazamuka barenge ibicu barebe ibisa nibyo Paulo yabonye igihe
yiratanaga ibyo yeretswe. (2 Kor 12:2) bazabwirwa iby’abami
n’ubwami no guhanguka kwabwo. (Dan 2) abahorana inzara
n’inyota nibo bahirwa kuko batazabura guhazwa ntaruzura
76
Umwuka Wera, numvaga meze nk’ikizenga cy’amazi kidendeje aho,
kitava aho kiri ngo gitembe, cyakora gifite akariba kisukamo hato na
hato (Ijambo ry’Imana n’inkomezi) bityo bikarinda ayo mazi kuzaho
urubobi. Nta nyota ihagije nagiraga yo gusoma ijambo ry’Imana
ubwanjye, sinakundaga gusenga, ariko numvaga ari ingenzi nkwiye
kubikora naho nta kinsunika. Numvaga bisa n’umusaraba kubaho
ubuzima butandukanye n’ubw’ab’isi. Maze kubatizwa muri Kristo
nkuzura Umwuka Wera, Ubuzima bwabaye bushya, byabaye nkaho
nahawe imbaraga zo kwirukanka ubutananirwa, nkambara amababa
nk’ay’ikizu ngo ngere kure mu bwiza burenze ubwo ndimo,
byashohoje rya jambo ry’abategereza Uwiteka, baziruka be
kunanirwa bazagenda be gucogora. (Yes 40:30)
Nta kinanira Imana, impano yo gukora ibitangaza ihindura imikorere
kamere y’ibintu, iteranya ibicu ikubagahu mu kirere bigatanga
Imvura, ihagarika Izuba mu cyeragati cy’ijuru mu gihe Abera
barwana Intambara zabo. Imanura Umuriro mu Ijuru ugatwika abanzi
bo Gukiranuka, ikura ibishoboka mu bidashoboka, izura Abantu
ibakuye mu butware bw’urupfu, icamo inyanja kabiri hakaboneka
inzira, ibyondo bivamo umuti w’amaso, itigisa kurusha ibisasu bya
kirimbuzi inkike zikomeye nka Yeriko zikariduka, ibuye gusa ryica
intwari z’ibihugu, urutare ruhinduka isoko idudubiza, mu butayu
havamo amazi, ahatari iriba haboneka iriba ry’uwambaje.
Impano zo gukiza indwara
Mu rwandiko rwa mbere rw’abakorinto ijambo impano yo gukiza
indwara, rigaragara mu bwinshi, bivuze indwanda z’amoko yose. Iyi
ni impano yo gukiza indwara hatabayeho izindi mbaraga zisanzwe.
Imana ikora binyuze mu muntu hamwe niyi mpano yo gukiza no
kugarura imibiri y’abantu, ubwenge bwabo, n’ amarangamutima. Uyu
muntu afite urwego rwo kwizera Imana gukiza mu bihe byose, ku
ndwara zose kandi yiteguye kugerageza n’uburyo budasanzwe niba
Imana imuyoboye. Umuntu wese abona mu buryo bwa hafi uburyo
iyi mpano ikeneye gukorana n’impano zo guhishurirwa kugirango
77
uyikoresha amenye ubushake bw’Imana, amenye kandi icyo gukora
n’igihe cyo kugikoreramo.
Impano yo gukiza indwara mu byanditswe
Mu murimo wa Yesu n’intumwa ze ku isi gukiza indwara z’umubiri
no kwirukana abadayimoni mu bantu usanga byaragendanaga. (Ibyak
10:38; Mar 16:17-20) wasangaga gukiza indwara gukurikira
kubohoka kw’imitima bivuye ku nyigisho za Kristo, ibyo byatumaga
ijambo rya Yesu rigira ubutware. (Ibyak 4:29, 30, 33) byagaragazaga
imbaraga zo kuzuka kwe (Ibyak 3:15) bigatuma Abantu benshi
bagarukira Imana kandi bakayiha icyubahiro. (Ibyak 9:32-35)
Ni gute iyi mpano ikora?
Iyi mpano ishobora gukora Abantu barambitsweho ibiganza cyangwa
mu ijambo, ni ukuvuga mu isengesho cyangwa gutegeka. (Zab
107:20; Mat 8:8) haba ubwo amavuta yo gukiza aba atemba ku
mukozi w’Imana, aho nicyo yakoraho cyose cyakiza indwara, nyuma
gato ya Pentekonte bazanaga abarwayi mu nzira ngo bakizwe
n’igicucu cya Petero.
Na none kandi muri Efeso Pawulo nawe benshi bamukozagaho
ibitambaro babikoza ku barwayi babo bagakira. (Ibyak 5:1; 19:12),
abakuru b’itorero bashobora gukoresha iyi mpano basiga abarwayi
amavuta hamwe no kubasengera. (Yak 5:14; Mar 6:7-16) iyi mpano
ntigira umupaka igisabwa ni kimwe gusa Kwizera. Umurwayi akwiye
kwizera, cyangwa umusengera akamwizerera. (Mat 9:22; 13:58) igihe
umurwayi yumva abasha kwiyizerera, ariko na none ukwizera
k’umukozi w’Imana ni ko kuba gukenewe gusa mu gihe usengerwa,
ari muri Koma, cyangwa arembye cyane. (Mat 9:25) mu bihe bimwe
na bimwe ukwizera k’umurwayi n’umukozi w’Imana biba bikenewe
ngo umurwayi akire. (Mat 9:28) niba ufite iyi mpano ukwiye gusenga
no kuba maso kandi ukwiye kugwiza kwizera gukomoka mu ijambo
ry’Imana, iyi mpano yubaka itorero, ndetse ituma abantu benshi
bahindukirira Imana, kandi ikubahwa mu bakomeye n’aboroheje.
78
Impano zo kuvuga
Impano zo kuvuga zirimo Kuvuga Indimi, Gusobanura Indimi,
n'Ubuhanuzi. Imana ikoresha izi mpano kugirango yumvikane natwe.
Kuvuga mu ndimi ni uburyo Imana ivugana n’umwuka wacu mu
rurimi bumvikanaho, Gusobanura indimi ni uburyo Imana ivugana
n’Ubwenge bwacu mu buryo twumvikanaho, ahanini gusobanura
indimi byitwa ubuhanuzi, ariko hariho n’abahanuzi batavuga mu
ndimi bahamagariwe uwo murimo.
Kuvuga mu ndimi
Ubusanzwe indimi z’umwuka zigabanywamo ibice bitatu:
Indimi zo gusengamo: ahanini ufite izi ndimi arazivuga gusa
ntazisobanure, zimufasha gusengesha Umwuka.
Indimi n’ubusobanuro: izi zitwa na none ubuhanuzi zikuza itorero,
kandi zigaragaza ibiri ku mutima w’Imana, ngo Abantu bose
bafashwe.
Kuvuga mu ndimi ni impano ikimenyetso ku batizera: Izi nizo ndimi
abigishwa bavuze kuri Pentekote ni indimi zo mu isi, bumvaga
bavuga imirimo y’Imana mu ndimi z’iwabo za kavukire. (Ibyak 2; 1
Kor 14:22). Iyi mpano ikunda gufasha cyane mu ivugabutumwa,
tekereza umuvugabutumwa ari nko mu bushinwa abwiriza,
umusemuzi we yari yitwaje agahura n’ikibazo hagati mu kibwiriza.
Nyiri iyi mpano ahabwa n’Umwuka ubushobozi budasanzwe bwo
kuvuga urwo rurimi rushya. Bityo bahari bose bemezwa n’umwuka
ubushobozi bukomeye bw’Imana. Imana niyo yatandukanije indimi
z’abantu, yihariye ububasha bwo kubashisha umuntu kuvuga ururimi
rwo mu isi rwose atarwigishijwe, kubw’icyubahiro cyayo no
gusohoza umugambi wayo mu isi.
Gusobanura Indimi
Umuntu ufite impano yo gusobanura indimi afite ubushobozi
bw’indengakamere bwo gusobanukirwa no gusobanurira abandi
ubutumwa bwatanzwe mu ndimi ngo Imana ihabwe icyubahiro kandi
itorero ryubakike.
79
Ubuhanuzi
Abizera bafite impano yo guhanura ntabwo byanze bikunze bavuga
ejo hazaza nkuko bubaka, bashishikariza, kandi bayobora umubiri
w'itorero. Bafasha itorero gusobanukirwa umutima n'ibyifuzo
by'Imana kandi bagasaba itorero gukurikira n'umutima wera n'Imana.
Hariho abahanuzi b’umuhamagaro hakabaho n’abakiriye ubuhanuzi
nk’impano, baratandukanye mu mikorere nubwo bose inshingano
basohoza ari imwe ari ugukomeza umubiri wa Kristo.
80
IGICE CYA VIII:
IMBUTO Z’UMWUKA
Umwuka Wera atuma twera Imbuto
Imbuto z’umwuka zirimo ibice bibiri, imirimo igaragara hanze ngo
yubake ubwami bw’Imana. (Zab 1:3; 92:12-14; Yoh 15:5; Rom 7:4)
n’imbuto z’imbere muri twe zituma dusa n’Imana. (Gal 5:22-23)
kugirango twere imbuto zikwiriye dusabwa ibintu bibiri by’ingenzi.
Kuba turi muri Kristo. (Yoh 15:1-
8) no guhitamo kugendera mu
nzira z’Imana. (Fil 2, 12, 13)
Umwuka wera ajyana no kwera
imbuto, ni ikimenyetso ku batizera
cyo guhinduka k’Umwizera
wamaze kuwubatizwamo, Abantu
benshi bazanezererwa n’urwego
rw’Umwuka Imana ikugejejeho
ariko bazagushakaho imbuto z’Umwuka uba muri wowe, imbuto
z’Umwuka ni: Urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana , kugira
neza, ingeso nziza, Gukiranuka, no kugwa neza, no kwirinda (Gal
5:22) nimba Umwami Yesu atubatirije kuba mu murimo we, ni
ngombwa ko imbuto z’Umwuka ziboneka muri twe, Paulo yavuze ko
atashakaga impano gusa ahubwo n’imbuto nazo. Yabwiye ab’I Filipi
ati: “Mukore byose mutitotombana mutagishanya impaka,
kugirango mutabaho umugayo, mube abana b’Imana batagira
inenge hagati y’ab’iki gihe kigoramye cy’ubugoryi abo
mubonekeramo nk’amatabaza mu isi. (Fil 2:14-16) reka tuvuge kuri
buri mbuto y’Umwuka mu bika bikurikira kugirango bidufashe
kwiyumvisha uburyo ari ingenzi mu buzima bw’Umwizera utuwemo
kandi agakorerwamo n’Imana mu Mwuka.
81
Urukundo
Igice cya 13 cy’urwandiko rwa mbere rw’abakorinto ni igice
cy’Urukundo, ibi bigaragaza imbaraga Urukundo rufite. Imana
ubwayo ni Urukundo, kandi Yesu yavuze ko ikimenyetso kigaragaza
ko turi abigishwa be ari Urukundo. Urukundo ruhebuje byose kuba
ingenzi. Habaho Urukundo rw’ubwoko bune:
1) Erosi: Urukundo rutangwa n’Imana kubera impamvu yo
gushakana no kubaka umuryango.
2) Storuje: Urukundo rwo mu muryango, rutuma ab’umuryango
bakundana.
3) Filosi cyangwa Filiya: Urukundo rwa kivandimwe, aha si
ngombwa ko Abantu baba bava mu muryango umwe, ni
Urukundo dukunda Abantu muri rusange.
4) Agape: Urukundo rw’Imana.
Urukundo ruboneka imbere y’Imana nk’imbuto y’Umwuka ni Agape,
Abakristo bonyine nibo babasha kugira uru Rukundo. (Rom 5:5; Fes
3:17-19), iyo witegereje isi ya none dukeneye Urukundo kuruta ikindi
cyose, Urukundo rwo kwita ku mfubyi n’abatishoboye. Urukundo
rwo gufasha bene Data bo mu itorero bafite ibibazo n’urukundo rwo
komatana n’Imana akaramata. Ni ingenzi gusaba Imana Urukundo
rwinshi, kuko ufite icyo akennye wese akwiye kugisaba Imana. (Yak
1:5; 4:2)
Ibyishimo
Ijambo umunezero ab’isi barikoresha bavuga ibihendo by’ibyaha,
gukora icyo bashaka batitaye ku Mana, ni byo bita Umunezero. (Heb
11:25) ariko kuri twe abizera, Umwuka Wera akoresha ijambo
ry’Imana ngo atugeze ku Munezero w’ukuri. (Yoh 15:11; 17:13; Zab
16:11) umunezero w’ijuru ugumaho yewe no mu bihe by’akaga,
inzara, ubukene, n’ibindi. Umwanditsi w’abaheburayo akomeza
benese yagize ati: “Kuko mwababaranaga n’imbohe mukemera
82
munezerewe, kunagwa bintu byanyu, mumenye yuko mufite ibindi
mwabikiwe biruta ibyo kuba byiza bizahoraho. (Heb 10:34)” ni
ngombwa ko dukora isiganwa ryacu tunezerewe. Ni ingenzi kandi
kunezeza Imana kuko Kwishimana Uwiteka arizo mbaraga zacu (Neh
8:10) iyo dutakaje umunezero dutakaza n’imbaraga (Zab 64:1-4)
yakobo yagaragaje ko dukwiriye no kwishimira mu bigeragezo (Yak
1:2) ni isezerano ryacu ko twishima Nkuko Dawidi yabihamije:
“Ariko abakiranutsi bazanezerwa basizishimira imbere y’Imana ni
koko bazishima ibyishimo” (Zab 68:4) yongeyeho kandi ati:
“Ubwoko bw’Abisiraheri bunezerwe umuremyi wabwo, Abana b’I
Siyoni bishimire umwami wabo. (Zab 149:2) umunezero uzatuma
twishimira iby’igiciro dufite muri Kristo, iyaba iyi mbuto yabaga mu
mitima y’abizera, byatuma tutiganyira bya hato na hato kubw’ibiryo
n’imyambaro tukanezezwa no kubaho ubuzima bwuzuye ibyiringiro
dufite mu Mana yacu n’Umwami wacu Yesu Kristo.
Amahoro
Imana ihamya mu byanditswe ko nta mahoro Abantu b’isi bafite,
kuko yirahiriye ko nta mahoro y’umunyabyaha. (Yes 48:22;57:21)
ahubwo Uwiteka yahamije mu kanwa ka Yesaya ati: “Inzira
y’amahoro ntibayizi kandi mu migendere yabo ntibagira Imanza
zitabera, biremeye inzira zigoramye, uzigendamo wese ntazi
amahoro” (Yes 59:8) Paulo yongeye guhishura ibyabo ati: “Ntawe
ukiranuka numwe, ntawe umenya, ntawe ushaka Imana. Bose
barayobye bahindutse ibigwari, ntawukora ibyiza n’umwe…Inzira
y’amahoro ntibarakayimenya kubaha Imana ntikuri imbere yabo”
(Rom 3:9-18)
Nyamara ku bamaze kwakira agakiza, Yesu asezeranya irindi
sezerano: “Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ndayabahaye.
Icyakora simbaha Nkuko ab’isi batanga. Imitima yanyu
ntihagarare kandi ntitinye” (Yoh 14:27) Amahoro y’abizera ava kuri
83
Kristo ubwe, ayo mahoro yavuye mu maraso Nkuko intumwa Paulo
atahwemye kubihamiriza abizera b’I Kolose “Kuko Imana yashimye
ko kuzura kose kwayo kuba muri we, kandi Imaze kuzanisha
amahoro amaraso yo ku musaraba we, imwiyungisha n’ibintu
byose ari ibyo mu isi n’ibyo mu Ijuru. (Kol 1:19-20) icyaha nicyo
cyonyine kibasha kutwiba amahoro kugirango byongere gutsindagira
ko nta mahoro y’umunyabyaha. Kandi umuti ni ukwatura icyo cyaha
(1 Yoh 1:9) ayo mahoro atuma twishimira agakiza kacu n’umwanya
dufite muri Kristo, ahora yisuka mu mitima yacu ubudasiba kuko ari
isezerano ry’umucunguzi.
Amahoro Yesu—Ah’ abantu be
Ntagir’ akagero, —Ntarondoreka;
Ajy’ ahumuriza—Abayafite;
N’ utayata, ntabwo—Wayakurwaho
Wiringir’ Imana: —Uyiringira
Ntabur’ amahoro—Mez’ adashira
2. Abo Yes’ arindish’—Amaboko ye
Nta mubish’ ubasha—Kubageraho;
Nta magany’ abasha—Guhagarika
Imitim’ irindwa—N’ Umucunguzi
3. Ibyishimo byose—N’ ibyago byacu
Biva mu rukundo—Rw’ Umwam’ Imana
We gushidikanya; —Jy’ uyiringira;
Ntiyahemukira—Uyizer’ atyo
(Ind. ya 171 mu Gush.)
Kwihangana
Kwihangana ni imbuto y’ingenzi mu buzima bwa buri munsi
bw’abizera, turi mu isi y’ibibazo, Intambara n’ibigeragezo,
akarengane n’urutoto. Ndetse hafi ya buri munsi tuba dufite ibintu
dukwiye kwihanganira. Aho turi hose, abo tubana bose, n’ibyo
84
dukora byose. Ntago iteka ibintu zizajya bigenda uko twabipanze!
Yewe no mu rugendo rwacu rw’agakiza tuzasabwa iteka gutegereza
Imana twihanganye, kuko ikora ibintu mu gihe cyategetswe.
Imana yacu ifite kamere yo kwihangana “Uwiteka anyura imbere ye
yivuga mu izina ati: “Uwiteka, Uwiteka, Imana y’ibambe
n’imbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza kwinshi n’Umurava
mwinshi.” (Kuva 34:6) Umwami wacu Yesu nawe yaranzwe no
kwihanganira byose mu buryo bwuzuye harimo n’imibabaro n’urupfu
rwamushyizwe imbere. Yakobo yavuze ko ikamba ry’ubugingo
ribikiwe abameze batyo. (Yak 1:12) nyamara umwami Yesu nawe
yahamije ko kwera izindi mbuto zose bisaba ko uba wabanje
kwihangana. (Luka 8:15) ntimuzi yuko abihanganye tubita
abanyehirwe. Mwumvise ibyo kwihangana kwa Yobu kandi muzi ibyo
Umwami Imana yaherutse kumugirira kuko ifite Imbabazi nyinshi
n’impuhwe. (Yak 5:11)
Ahari twavuga ko umukristo utabasha kwihanganira imibabaro
anesha bigoye, kandi ntazashobora kwera izindi mbuto z’umwuka,
hariho abizera batabasha no kwihanganira ibintu bito byo mu buzima
bwa buri munsi. Ababavuga nabi, abanenga ibyo ukora, n’ibindi bintu
bito bito. Iyo bigeze mu ngo z’abizera noneho kwihangana kuba
gukwiriye kuba urufatiro rw’Imibanire. Ntushobora kumva ukuntu
ushobora kubona amakosa menshi kuwo mubana, kandi nawe
akayakubonaho. Muba muri Abantu bakuru kandi buri wese afite
ibyiyumvo n’ubwenge bw’imitekerereze, muba mwarakuriye ahantu
hatandukanye, mwarize ibintu bitandukanye kandi buri wese afite
ibyo akunda kurusha ibindi. Ujye ucyura kwihangana mu mutima
mbere y’urutundo rw’uwo munsi. Turi mu isi tuzakomeza guhura
n’amakuba nyamara tuzirikane ko ayo makuba azajya adutera
kwihangana, ariko Paulo ahamya ko bene uko kwihangana gutera
kunesha ibitugerageza, kunesha kukadutera ibyiringiro. (Rom 5:4)
85
Nyamara nubwo hariho kwihanganira ibintu bito, siho Imana yifuza
ko twagera gusa, kwihangana ku byoroheje kutuyobora ku
kwihangana no mu mibabaro nka Yobu. Kugeza aho twavushwa
amaraso mu ntambara turwana n’ibyaha. (Heb 12:4) Yesu
yihanganiye imibabaro n’urupfu, Intumwa Paulo yaherutse kubwira
ab’I Filipi ati: “Nzi gucishwa bugufi no kugira ibisaga, naho naba
ndi hose n’uko naba ndi kose, nigishijwe uburyo bwo kwihanganira
byose, ari uguhaga ari ugusonza, ari ukugira ibisaga cyangwa
gukena. Nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga. (Fil 4:12-13)
mbega uburyo kwihangana tubishobozwa na Kristo, hanga amaso
Imana iguhe kwihangana.
Kugira neza
Kugira neza ni imbuto y’Umwuka igira umumaro ukomeye mu
kuzaza abizera bashya ku Mwami, Imana ishaka ko tugirira Abantu
neza, Nabari yapfuye azira kwanga kugirira neza Dawidi mu gihe
cy’uruzerero rwe mu butayu. Mu gihe cyose Imana iba itwitezeho
ineza iruta iyindi. Iba ishaka ko ibyo tunyuramo byose tubinyuremo
twera imbuto zose z’Umwuka. Imana nayo ubwayo igira neza muri
byose, Eliyazari wa mugaragu wa Aburahamu yasenze asaba Imana
ati: “Uwiteka Mana ya Databuja Aburahamu ndakwinginze umpe
ihirwe uyu munsi, ugirire neza Databuja Aburahamu” (Itang 24:12)
kandi mu gusaba kwe yabonye ineza y’Imana Nkuko yari
yasabye,Uwiteka anyura imere ye arivuga ati: “Uwiteka, Uwiteka
Imana ibambe n’imbabazi itinda kurakara ifite kugira neza kwinshi
n’umurava mwinshi.(Kuva 34:6) yasezeranye ko zanyuza kugira
neza imbere y’abayubaha: “Ubwanjye nzanyuza kugira neza kwanjye
kose imbere yawe, Nzivugira izina imbere yawe ko ndi
Uwiteka…(Kuva 33:19) Uwiteka atinda kurakara afite kugira neza
kwinshi…(Kuva 34:6) Iyo dusabwa kwera imbuto z’Umwuka tuba
dusabwa gusa na Data wa twese mu mico, Paulo yibukije Abefeso
86
ikintu cy’ingenzi “Nuko mwigane Imana nk’abana bakundwa. (Fes
5:1)
Kugira neza kwacu gukwiye kugira imbaraga kandi ntikugire imbibi
yewe tukagirira neza n’abanzi bacu; “Ahubwo umwanzi wawe
nasonza umugaburire, nagira inyota umuhe icyo anywa, kuko nugira
utyo uzaba umuruzeho amakara yaka ku mutwe. (Rom 12:20) Kwera
imbuto yo kugira neza hamwe n’izindi mbuto z’Umwuka bisaba
guhinduka bashya mu bwenge bwacu. (Fes 4:23) muhinduke mugize
imitima mishya (Rom 12:2) nuko Nkuko bikwiye intore z’Imana zera
kandi zikundwa, Mwambare umutima w’imbabazi n’ineza, no
kwicisha bugufi n’ubugwaneza no kwihangana. (Kol 3:12) igihe
cyose twera imbuto z’Umwuka tuba twera imbuto z’Imana muri twe,
tugaragaza ko Imana ari Data kandi ko tugendera ku mahame yayo
mu buzima bwacu. Nyamara Nkuko twabivuze umubiri gusa,
ntubasha gusohoza izi mbuto mu mibereho yacu, dukeneye Umwuka
wera no kuzuzwa buri munsi.
Urwanane na Yesu:
Kweta bihebuje!
We kwitwaz’ umufuka
N’ ibitabo gusa!
Gend’ ubyawe n’ Imana
Ukijijwe rwose,
Wuzuy’ Umwuka Wera
No kwizera na ko.
(ind. 411 Gush.)
Ingeso nziza
Kugendana ingeso nziza ni imbuto y’Umwuka itangaje! Ingeso ni
ijambo rivuga kimwe n’imigendere, ricengera mu muco, no mu
mivugire n’imitekerereze by’umuntu, ingeso kandi zigera mu
mibanire, no mu buryo umuntu afata imyanzuro mu buzima bwe.
87
Ingeso z’umuntu niwe muntu n’ubumuntu bwe. Iyo wamaze kubona
ingeso z’umuntu nta kindi gikomeye uba usigaje ngo umenye
ibisigaye. Abami benshi ba isiraheri n’ubuyuda ntibagaragaje ingeso
nziza kandi bagize iherezo ribi (2 Ngoma 21:12) ibyo bitugaragariza
ko Uhereye kera kose Imana ikunda ingeso nziza. Vashiti wabanje
kuba umugore wa Ahasuwerusi ntiyagaragaje ingeso nziza, kandi
byamuteye gusendwa ngo bashake umurusha ingeso nziza. (Est 1:19)
abagabo bose bakunda abagore b’ingeso nziza (Imig 12:4) nubwo
bimeze kugendana ingeso nziza bifite aho bihurira n’abantu tubana,
Ndetse n’ingeso bagendana, kuko kugendana n’ababi byangiza ingeso
nziza (1 Kor 15:53) iyo tutagize ingeso nziza nk’abizera bibera
Umwuka wera ihurizo mu gihe amanurwa no kwemeza abo
twamamazamo ubutumwa. Petero yabihamije muri aya magambo:
“Mugire ingeso nziza hagati y’abapagani, kugirango nubwo
babasebya nk’abakora nabi, nibabona imirimo yanyu myiza ibatere
guhimbaza Imana ku munsi wo kugendererwamo. (1 Pet 2:12; 2
Pet 1:5) Ingeso nziza zatumye Tabita azuka, zatumye Esiteri
atoronywa, nizo zatumye Abigayili asanganira Dawidi ngo asohoze
iby’ineza umugabo we yananiwe. Paulo avuga kuri iyo ngingo
yahamije ko dukwiye kugendana ingeso nziza nk’abagenda mu
Mucyo. (Rom 13:13) Ingeso nziza ntiziboneka gusa nk’ imbuto
z’Umwuka Pawulo yavuze ko ari imbuto y’Umucyo kuko imbuto
z’umucyo ari ingeso nziza no gukiranuka n’ukuri. (Fes 5:9)
Gukiranuka
Gukiranuka Ni ijambo ry’ikigiriki “Pistis” (Gal 5:22, 23; Tito 2:10)
Ukurikije uko iri jambo ryakoreshejwe mu isezerano rishya, ahanini
usanga ryibanda ku Gukiranuka kw’Imana n’uko abizera baheshwa
no kwizera Kristo.
Gukiranuka kw’Imana
Kamere y’Imana ni ugukiranuka. (Zab 89:1, 2, 8, 14, 24)
88
Uko Gukiranuka kw’Imana ntiguhinduka. (Zab 89:34)
Gukiranuka kw’Imana kugera ku bantu bose (Zab 89:24, 16, 17)
Gukiranuka kw’Imana kufatana n’amasezerano yayo (Guteg
7:9-10)
Yesu niwe rugero twatanga rw’uko Gukiranuka (Yoh 4:34;
17:4; 19:30; 1 Pet 2:21; Rom 15:5)
Gukiranuka kw’abizera
Mose yarakiranukaga Nkuko ibyanditswe bimuhamiriza “Ukiranukira
iyamutoranije Nkuko Mose yakiranukaga munzu yayo hose” (Heb
3:2; Kuva 32:32) Paulo nawe yarakiranukaga (Ibyak 20:24;2 Tim 4:7)
nyamara si abo gusa, ariko natwe bo mu bihe bya none Ibyanditswe
bidusaba uko Gukiranuka turi muri Kristo. (1 Kor 4:2) Gukiranuka
kwacu gukwiriye kurenga ukw’ibigaragara inyuma kukagera no mu
mitima yacu, Ndetse gukwiye guhera mu mitima, ngo tubone
kugenda tunezeza Imana.
Tutari muri Kristo ntibyoroshye kwera iyi mbuto, nyamara turi
muriwe tuzera imbuto nyinshi. Mu mubatizo wa Mwuka wera tuba
Umwuka umwe na Kristo, tukabashishwa na we gukora byose no
kwera imbuto zose zimukomokaho. Umwuka naba muri weho, niba
Uzamwumvira, azavuga ururimi rwe, kandi azera imbuto ze byose
bigaragarire muri weho. Mbega umumaro ukomeye wa Mwuka muri
twe!
Gukiranuka ni ugusohoza icyo Imana igushakaho mu nzira
ikuyoboyemo, ukaba umwizerwa mu bikari bigari by’Imana yacu, ibi
bitera gushisha, no kugwiza amakakama n’itoto, bitera uburame mu
mibereho y’abizera, barindwa gukenyuka, kandi bapfa bashaje
basezerewe nk’abakiranutsi (Zab 92:13) nta muntu buntu
wabyigezaho Atari muri Kristo, kuko tubarwaho Gukiranuka kwa
Kristo, ariko Kristo uwo aba muri twe, ni Imanweli, Imana iba muri
twe, Bityo Gukiranuka kutari ukw’inyama n’amaraso kuboneka muri
89
twe nk’imbuto y’Uwazuye Kristo. Ibyo bikorerwa kugirango dukure
tugere ku rugero rw’igihagararo cya Kristo. (Fes 4:13) gusohoza
ubushake bw’Imana bisaba kwitanga cyane, bisaba gusenga no
gushyira inshingano cyangwa umuhamagaro wawe mu mbaraga
z’Imana. (1 Pet 5:7; Imig 16:3) atura ibyo ufite imbere gukora mu
murimo w’Imana ubibwire Imana n’abandi bizera bizagufasha
kurinda intumbero yawe. (Rom 10:10) ukwiye gukomeza gukora
inshingano yawe intambwe ku ntambwe, kugeza uyirangije.(1 Kor
10:13) Humura Mwuka Wera azakuyobora muri byose.
Kugwa neza
“Ugukubise mu musaya umuhindurire n’uwa kabiri, ugusaba
umwitero ntukamwime ikanzu” (Luka 6:29)
Aya magambo akomeye yavuzwe na Kristo ubwe, yerekeje ku kugwa
neza, cyangwa Kwicisha bugufi ni ukwemera gucishwa bugufi ngo
dusohoze umurimo wa Kristo, Paulo yavuze ko byaba byiza aretse
kurya inyama niba zicumuza benese “Nuko rero niba ibyokurya
bigusha benedata sinzarya inyama iteka ryose kugirango ntagusha
mwenedata. (1 Kor 8:13) Mose nawe yari umugwaneza kurusha
Abantu bo mu isi bose. (Kub 12:3) ubugwaneza ni impano y’ingonzi
mu buzima bw’abizera bose ariko cyane cyane mu bihe bitandukanye
bikurikira:
Ubugwaneza (Guca bugufi) ni ingenzi cyane ku mugore ufite
umugabo udakijijwe. (1 Pet 3:1-6; 1 Pet 2:23)
Ubugwaneza ni ingenzi mu gihe duhugura mwenedata wayobye
inzira. (2 Tim 2:25; Gal 6:1)
Mu gihe cyo kwakira ijambo ry’Imana ni ngombwa guca bugufi
mu bugwaneza. (Yak 1:21)
Hariho Amasezerano akomeye ku bagwaneza “Abagwaneza
bazaragwa isi bazishimira amahoro menshi. (Zab 37:11) “Ubwo
90
Imana yahagurutswaga no guca amateka ngo ikize abagwaneza bo mu
isi bose (Zab 76:10) Yesu yasigiwe amavuta kubwiriza abagwaneza
ubutumwa bwiza…..kugira ngo bahere ko bitwe ibiti byo gukiranuka
byatewe n’Uwiteka ngo bimuheshe icyubahiro. (Yes 61:1, 3) mu gihe
twuzuye Umwuka Wera, azahindura imibereho yacu yuzuye
kwishyira hejuru no kudakurwa ku ijambo, ayuzuze kwicisha bugufi
n’ubugwaneza bizatuma tuzagwiza umunezero wo kunezerwa mu
Uwiteka iteka. (Yes 29:19a)
Kwirinda
“Kuko Imana itaduhaye Umwuka w’ubwoba, ahubwo yaduhaye
uw’imbaraga n’urukundo no kwirinda” (2 Tim 1:7)
Mu buzima bw’abizera bakeneye kwirinda kuruta byose, mbega
ukuntu isi yanduza abatirinze kwanduzwa n’ibyisi, mbega ukuntu
ubusambanyi bwagushije abakomeye bo mu byizerwa kubera kubura
kwirinda, mbega ukuntu kwifatanya n’ababi byagushije urubyiruko
rwizeraga mu mitego ya Satani. Nzi neza yuko kwirinda ari isoko
y’ubukristo bwiza, no kwera izindi mbuto 8 zose zisigaye. Erega
umuntu utitangira mu mutima we ameze n’umudugudu usenyutse
utagira inkike. (Imig 25:28) Salomo yongeye kuvuga ati: “Rinda
umutima wawe kuruta ibindi byose birindwa. Uko ariho iby’ubugingo
bikomokaho. (Imig 4:23)
Mu buzima bwacu ni byiza kwirinda ariko hari ingingo zo ku mibiri
yacu ibyanditswe bivuga yuko ari ingenzi cyane ko zirindwa:
Rinda umutima wawe. (Imig 4:23; Rom 12;2 Kor 10:5)
Rinda ururimi rwawe. (Yak 1:26;1 Pet 3:10)
Irinde umujinya (Zab 37:8;Yak 1:19;Imig 19:11)
Irinde kwanduzwa n’iby’isi. (1 Tes 4:7; Yak 1:27)
Irari ry’ubusambanyi (Gal 5)
91
Irinde ubusambanyi
Umwanzi afite iminyago myinshi yakuye mu nzu y’Imana
nabakiyirimo baba mu bubata bitewe n’icyaha cy’ubusambanyi, bene
data bashiki bacu ibi ntibikwiye kuba! Imana yanga urunuka iki
cyaha, Yesu yavuze ko no kureba umugore ukamwifuza bifatwa
nk’icyaha cy’ubusambanyi, kandi muri iki gihe hamaze gukwira
n’icyaha cy’ubutinganyi ibi noneho ni ikizira kibi! (Mat 5:28; Lew:
18:22)
Muribuka uko Dawidi yaguye, nibyo Imana yaramubabariye ariko
yirengereye ingaruka ubuzima bwe bwose. (2 Sam 11) wa
munyambaraga Samusoni, Rubeni wa wundi waryamanye n’umugore
wa se akanyagwa ubutware (Itang 35:22; 49:4) nta buryo na bumwe
twashingiraho twemera imyitwarire idahwitse ku bijyanye n’ibitsina,
abagabo b’abahehesi bavuga ko Salomo yari afite abagore 1001 na
Aburahamu afite inshoreke, ariko siwo mugambi wo mu irema,
gushaka abagore benshi bikomoka kuri Lameki wo mu rubyaro rwa
Gahini utari ukiri mu nzira z’Uwiteka. (Itang 4:19) dukwiye kubaho
mu isezerano rishya, tugakurikiza inama tugirwa n’ibyanditswe
“Kubwo kwirinda ubusambanyi umugabo wese agire uwe mugore”
Petero yaherutse kuvuga ku bagabo nkabo ati: “Amaso yabo yuzuye
busambanyi ntahaga ibyaha, bashukashuka ab’imitima idakomeye,
bafite imitima yamenyereye kurarikira ibibi ni abo kuvumwa” (2 Pet
2:14) niba waramaze kugwa muri iyo mitego, saba Imana ikweze,
ucike ku ngeso z’ubusambayi, polonogarafi no Kwikinisha n’ibindi
byose bifitanye isano. Kuko abameze batyo batazaragwa ubwami
bw’Imana.
Si byiza ko umugabo w’umukozi w’Imana aba wenyine ari kumwe
n’umugore cyangwa umukobwa, kandi n’umugore cyangwa
umukobwa ni uko, nyamuneka Hunga ubwihugiko bw’umwanzi kuki
wirimbuza? Umugore wuzuwe na dayimoni yabeshyera umugabo ko
92
yamufashe, Atari nibyo nawe ashobora koshywa akagwa, ahari
nasoza nkubwira nka Paulo nti: “Ariko wowe muntu w’Imana ujye
uhunga ibyo, ahubwo ukurikize Gukiranuka, kubaha Imana, kwizera,
Urukundo, kwihangana n’ubugwaneza.”(1 Tim 6:11) bizatuma
ukomeza kuzuzwa Mwuka Wera, agume muri wowe ngo
agufashe, Nkuko umurimo we uri.
INAMA ISOZA
BATIZWA MU MWUKA WERA VUBA BISHOBOKA!
Umaze gusoma iki gitabo uribonera rwose ko Ushobora kubatizwa
mu Mwuka Wera uyu munsi, cyangwa vuba bishoboka unyuze muri
izi nzira 7 gusa:
1. Kwihana
Niba utarakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza ukwiye kwatura
ugakizwa, kandi niba uri Umukristo ubana n’ibyaha ni byiza ko ukura
ibyaha mu buzima bwawe, ukabyatura kuko uhisha ibicumuro bye
atazagubwa neza ariko ubyatura akabireka azababarirwa (Imig
28:13). Petero yavuze ko Abantu nibihana bazahabwa Umwuka
93
Wera, kuko isezerano ari iryacu n’urubyaro rwacu, n’abari kure bose
abazahamagarwa n’Umwami Imana bose! (Ibyak 2:29)
2. Kubatizwa
Ni byiza kubatizwa mu mazi nk’ikimenyetso cyo kwihana ibyaha
n’ubuhamya bw’imibereho mishya kuri rubanda. Rimwe na rimwe
Abantu babatizwa mu Mwuka Wera mbere yo kubatizwa mu mazi
ariko ni hahandi baba bagomba kubatizwa no mu mazi ngo basohoze
gukiranuka kose.
3. Gusaba Umwuka Wera
Ubu noneho uba ubasha gusaba Umwuka Wera, hari Abantu
bategereza kandi batasabye. Yesu yaravuze ati Musabe muzahabwa,
Kandi data azaha Umwuka Wera abawumusabye. (Luka 11:13) ntago
ari buri wese ubyitondere ni abasaba! Usabire mu ijambo ry’Imana
kuko abameze gutyo bahabwa icyo bashaka. (Yoh 15:7)
4. Gira Inyota y’Umwuka Wera
Nta muntu wigeze ahabwa amazi ku ngufu, bisaba inyota ngo uhabwe
icyo kunywa. Ni nako bimeze ku Mwuka Wera, garagaza ko
umukeneye, musabe buri munsi, wiherereye na Kristo ni kibe
icyifuzo cyawe cya mbere. Hahirwa abafite iyo nyota kuko
bazahazwa. (Mat 5:6) yemwe abafite inyota nimuze ku mazi kandi
nudafite ifeza nawe naze. (Yes 55:1a)
5. Gusanga Umubatiza
Si umushumba wawe uzakubatiza uyu mubatizo, Ni Yesu ubwe!
Icyakora umushumba yakurambikaho ibiganza akagusabira Mwuka
Wera, ariko mu bunararibonye dufite habatizwa n’ubundi umuntu
ugabwe afite iyo nyota! Kuki utakwihererana na Yesu kenshi,
wenyine ukamutura iyo nyota yose! Nshingiye ku buhamya buboneka
94
muri iki gitabo abenshi buzura Umwuka Wera kuruta basenga
bonyine kuruta bari mu materaniro magari. Egera Yesu Kristo
Umubatiza w’Umwuka Wera n’umuriro inshuro nyinshi zishoboka!
6. Akira Umubatizo
Wumvise habaye impinduka, Ndetse isengesho ryanze kurangira,
urumva Umunezero mwinshi mu mutima, kandi amaso yawe arabona
amayerekwa, cyangwa urumva ijwi rikwemeza ko Pentekote yawe
yasohoye! Urumva ururimi rushaka kuvuga amagambo mashya
utigeze kumenya, eeeh! Natwe niko byagenze bumbura umunwa
ntutinye atura uvuge kandi wizere, ushobora gutangira uvuga ijambo
rimwe, cyangwa abiri, ariko Umwuka arakongera andi Menshi, nta
Mwana uvuka ngo ahite yuzura ingobyi, ubu wamaze kubatizwa
kandi impano zamanukanye na Mwuka Wera! Ugeze aho wifuzaga
kugera, ariko ntuve hafi ya Yesu, guma ku birenge bye nka Mariya,
kuko ugiye gukoreshwa ibikomeye mu murimo we!
7. Tanga umubiri wawe
Ubu rero ugiye gukorera Imana mu buryo bukwiriye, kandi ibanga ni
rimwe Tanga umubiri wawe ube igitambo, itange ukorere Imana
(Rom 12:1-3) emera ko ingingo zawe zikorera Imana, si ibyo gusa,
nta gitambo cyatangwa kitaricwa, Bityo urasabwa kwica kamere,
n’irari ry’umubiri ngo ubashe kugandukira Kristo! Mbese uzemera ko
ibyisi bibambwa? Omatana na Kristo maze ugwize Imbaraga, ubwo
nibwo uzera Imbuto zose z’Umwuka Nkuko twazigaragaje muri iki
gitabo, kandi nyuma ya byose uzahabwa ingororano z’Umuhamagaro
wawe muri Kristo!
95
ISENGESHO RYO GUSABA UMWUKA WERA
Data wa twese uri mu ijuru!
“Ijambo ryawe rivuga ko uzasuka Umwuka
Wera ku bantu bose, kandi ko iryo sezerano
ari iryacu, n’abana bacu,
n’abazahamagarwa n’Umwami Imana bose,
kandi ijambo ryawe rivuga ko Uwusabye
wese azawuhabwa. Ndasaba kubatizwa mu Mwuka
Wera mu izina rya Yesu. Ndagushimiye ko umbatije
mu Mwuka Wera, ngo mbe umuhamya wawe, kandi
urakoze k’ubw’impano yo kuvuga mu ndimi nyinshi,
ubu nzajya nsengesha ubwenge n’Umwuka, nizeye ko
mbyakiye mu izina rya Yesu Kristo Amen.”
96
IBITABO BYIFASHISHIJWE
i. Donald C.Stamps, M.A, M.DIV. (1992). LIFE IN SPIRIT STUDY BIBLE.
Michigan: Zondervan.
ii.
Gambel, N. (1993). IBIBAZO BY'UBUZIMA. Eastboune BN23 6 NT,
England: Nick Gumbel.
iii. Klok, D. V. (2003). Baptism in The Holy Spirit. Grandville, MI 49418:
Resurrection Life Church.
iv.
Michel, P. Z. (2020, July 05). Testimony on Baptism of Holy Spirit. (M.
C. Benjamin, Interviewer)
v. Onesphore, R. P. (2020, June 22). Testmony On Baptism of Holy Spirit.
(M. C. Benjamin, Interviewer)
vi.
vii.
SBR. (2001). BIBILIYA YERA. Kigali: Rwanda Bible Society.
Swagart, J. (2005). How to be baptize with The Holy Spirit. Baton
Rouge, Louisiana 70826-2550: World Evangelical Press.
viii. Virker, M. (2019, October 15). Testimonies. Retrieved July 15, 2020,
from www.cwgministries.org: www.cwgministries.org/blog/twentystories-how-people-received-baptism-holy-spirit
IBINDI BITABO WASOMA
1) IBYAKOZWE N’INTUMWA
2) IBYAHISHUWE NA KRISTO
3) OMEGA “Iby’Ibihe Bya Nyuma”
4) ABAHANUZI BAKURU
5) ITANGIRIRO KU BURYO BUCUKUMBUYE
6) INKURU ZITAVUZWE ZO MU BUZIMA BWA YESU
97
IBARUWA Y’UMUSOMYI
Voluntary Pentecostal Missionaries for Scriptures
Progress (VPMSP-EAC)
Tel: +256787270989/+250785394070
Email:vpmspeac1@gmail.com
Website: vpmspeac.simdif.com
Musomyi Mukundwa,
RE: INKUNGA YAWE YATUMA IKI GITABO KIGERA
KURI BENSHI!
Kongera Umubare w’ibitabo bya Gikiristo mu Rwanda, si umurimo
woroshye, umurimo wacu ukorwa ku nkunga z’Abizera
bashishikajwe n’umurimo dukora. Ibitabo bya Gikiristo byanditse mu
Kinyarwanda ni bike kandi abakozi ni benshi, haracyaboneka
Abavugabutumwa n’abashumba bakoresha ikinyarwanda gusa,
batabasha gusoma ibitabo by’izindi ndimi, bakeneye ibitabo
byanditswe mu ndimi zabo ngo basohoze Umurimo wa Kristo.
Fatanya natwe gukora uyu murimo mwiza. Umusanzu wawe watuma
iki gitabo gicapwa kikagera kuri benshi!
Impano ivuye ku mutima yafasha VPMSP-EAC kugeza iki gitabo ku
bagenerwabikorwa, zirikana ko umurimo wose ukozwe ngo uheshe
Imana icyubahiro utiwicuzwa kandi ubikiwe ingororano nyinshi.
Nimba ubu butumwa bugukoze ku mutima tugezeho inkunga yawe.
Murakoze, Tukwifurije Umugisha w’Imana!
Misiyoneri CYIZA Benjamin
Umuyobozi wa VPMSP-EAC
98
IBIJYANYE N’UMWANDITSI
Guhera mu 2015, Misiyoneri CYIZA Benjamin yatangiye umurimo wo
gutegura no kwandika
ibitabo bya Gikiristo, Mu
mpera z’uwo Mwaka
yabiganirijeho abandi
banyeshuri bo mu bihugu
by’U Rwanda, Uganda na
Kenya biganaga mu ishuri
rya Thewoloji na Misiyoloji
(School of Mission,
TORORO, UGANDA).
Bashinga itsinda ryajya
ritegura ibitabo bya
Gikiristo bikenewe mu
murimo w’Imana muri ibyo
bihugu. (Voluntary Pentecostal Missionaries for Scripture Progress (VPMSP -
EAC) kuva icyo gihe umurimo urarimbanije, kandi turabona ubuhamya
bw’abasomyi badushimira intambwe twateye. Kuri ubu CYIZA Benjamin ni
umunyeshuri mu kiciro cya gatatu cya Tewoloji (Masters in Theology) mu
ishuri WOLDWIDE EVANGELICAL SEMINARY, CANADA.
—“Umurimo wose w’Imana ukozwe mu
Buryo Imana ishaka ntubura inkunga y’Imana”
—Ubwanditsi Bwa VPMSP-EAC
VPMSP-EAC
KAMPALA, UGANDA
RWANDA, KIGALI
WESITE: VPMSPEAC.SIMDIF.COM
EMAIL: vpmspeac1@gmail.com
Tel: +25078539407/+256787270989
99
Musomyi, Dore imbaraga Imana yageneye itorero mu minsi
y’imperuka, ni Umwuka Wera, Mbese wamaze kuwubatizwamo?
Ntuzemere kunyagwa ibyo wasezeranijwe n’itabasha kwivuguruza,
Imana yaravuze iti: “Hanyuma y’ibyo nzasuka Umwuka wanjye ku
bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura,
abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa, ndetse
n’abagaragu bajye n’abaja bajye nzabasukira ku mwuka wanjye
muri iyo minsi. (Yoweri 3:1-2) Imana ntibasha kwivuguruza kucyo
yavuze, Yesu nawe yaravuze ati: “Ninde umwana yasaba ifi
akamuheza inzoka cyangwa yamusaba umutsima kamuheza ibuye,
ko muzi guha abana banyu ibyiza muri babi mbese Data wo mu
ijuru azabura ate guha Umwuka Wera abawumusabye?” Umwuka
Wera si isezerano ry’umuntu umwe gusa ni iry’abantu bose. Muri
iki gitabo twavuzemo inzitizi zibuza umuntu kubatizwa mu Mwuka
Wera, n’amabanga wakoresha ngo ubatizwe, ubuhamya
n’ibyanditswe bikubiye muri iki gitabo byakusanirijwe kugira ngo
bihindure ubuzima bwawe kandi bigusige mu bwiza bushya bwa
Mwuka Wera.
IBIJYANYE N’UMWANDITSI
Guhera mu 2015, Misiyoneri CYIZA Benjamin yatangiye
umurimo wo gutegura no kwandika ibitabo bya Gikiristo, Mu
mpera z’uwo Mwaka yabiganirijeho abandi banyeshuri bo mu
bihugu by’U Rwanda, Uganda na Kenya biganaga mu ishuri rya
Thewoloji na Misiyoloji (School of Mission, TORORO,
UGANDA). Bashinga itsinda ryajya ritegura ibitabo bya Gikiristo
bikenewe mu murimo w’Imana muri ibyo bihugu. (Voluntary
Pentecostal Missionaries for Scripture Progress (VPMSP -EAC)
kuva icyo gihe umurimo urarimbanije, kandi twiringiye ko Imana
izakomeza kudushoboza uyu murimo mwiza! Kuri ubu CYIZA Benjamin ni
umunyeshuri mu kiciro cya gatatu cya Tewoloji (Masters in Theology) mu
ishuri WOLDWIDE EVANGELICAL SEMINARY. (WWES-CANADA)
100