05.05.2014 Views

urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman

urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman

urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

N O 17 Ukwakira-Ukuboza 2010<br />

Kubahiriza Amategeko ni<br />

intambwe yo kubaka ubutabera<br />

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika KAGAME Paul arahirira kuyobora u Rwanda indi<br />

manda y’ imyaka irindwi taliki ya 06.09.2010<br />

URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

B.P.: 6269 KIGALI * TEL: 252 587308, 252 587309 , 199 * Fax: 252 5871 82<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199<br />

Website:www.ombudsman.gov.rw * E-mail:ombudsinfo@ombudsman.gov.rw<br />

1


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

UBWANDITSI<br />

IBIRIMO<br />

IJAMBO RY’IBANZE.........................................3<br />

2<br />

Nyir’ikinyamakuru<br />

URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Umuyobozi Mukuru<br />

MBARUBUKEYE Xavier,<br />

Umunyamabanga Uhoraho<br />

Umwanditsi Mukuru<br />

MUGISHA Jules Déo<br />

Umwanditsi Mukuru Wungirije<br />

NGILINSHUTI Védaste<br />

Umunyamabanga<br />

w’Ubwanditsi<br />

GATERA Athanase<br />

Inteko y’ Ubwanditsi<br />

BIRASA Fiscal Jacques<br />

KANYENGABO Athanase<br />

MWISENEZA Jeanne d’Arc<br />

NDIZIHIWE Léon Fidèle<br />

NSENGIYUMVA Yussuf<br />

RUMAZIMINSI N. Séraphin<br />

RWIHIMBAUWASE Hélène<br />

TUYIZERE Gédeon<br />

Ahatunganyirijwe Ikinyamakuru<br />

Imprimerie I.P.N<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

- Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />

gukemura amakimbirane ashingiye ku<br />

izungura: ikibazo cy’umuryango wa<br />

musengimana Dieudonné......................4<br />

- Urwego rw’Umuvunyi mu ikemurwa<br />

ry’ibibazo by’abaturage...............................7<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

- Dusobanukirwe n’ ibibazo by’imiturire mu<br />

Mujyi wa Kigali................................................8<br />

- Complaints management in <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

<strong>Ombudsman</strong>.....................................................10<br />

- «Politiki nziza ni ishimangira ubutabera.»<br />

Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME...........11<br />

TURWANYE RUSWA<br />

- The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in schools and<br />

banks................................................................12<br />

- Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />

kurwanya ruswa mu nzego n’ibigo<br />

byigenga..........................................................14<br />

IMIYOBORERE MYIZA<br />

- Icyo amategeko ateganya ku gikorwa cyo<br />

kumenyekanisha umutungo.............................16<br />

- The impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />

assets in Rwanda..............................................18<br />

- Dusobanukirwe n’ibikubiye mu itegeko<br />

ngenga 61/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigena<br />

imyitwarire y’abayobozi<br />

(ibikurikira n°16).............................................20<br />

- Imiyoborere myiza mu turere ni umuyoboro<br />

w’ubutabera.....................................................22<br />

- Abakozi bashya b’Urwego rw’Umuvunyi<br />

bahuguriwe kuri gahunda za Leta....................25<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

IJAMBO RY’IBANZE<br />

Basomyi ba « Umuvunyi Magazine »,<br />

NGIRINSHUTI Védaste<br />

Twishimiye kubagezaho nimero ya 17 y’ikinyamakuru cyanyu « Umuvunyi Magazine ».<br />

Mu nshingano Urwego rw’Umuvunyi ruhabwa n’itegeko harimo guca akarengane, ruswa n’ibyaha<br />

bifitanye isano na yo, no kwimakaza imiyoborere myiza mu Gihugu cyacu. Intego igamijwe<br />

mu guhabwa izo nshingano ni ukubaka igihugu gifite ubutabera, aho umuturage ahabwa kandi<br />

agakoresha uburenganzira bwe bwose. Kugira ngo izo nshingano zigerweho, Urwego rufatanya<br />

n’izindi nzego zaba izo mu buyobozi bwite bwa Leta cyangwa iz’ubutabera.<br />

Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu kubaka ubutabera ni runini cyane. Umuturage yiyambaza<br />

Urwego rw’Umuvunyi iyo afite akarengane katakemuwe n’inzego zibishinzwe. Urwego rukurikirana<br />

ikibazo cye, rugashakisha ibimenyetso bishimangira ukuri kwe kugira ngo niba arengana koko<br />

arenganurwe. Iyo uwo muturage arenganuwe aba ahawe ubutabera kuko uburenganzira bwe<br />

buba bubungabunzwe. Agana Urwego rw’Umuvunyi kuko aba adashaka kujya mu nkiko bitewe<br />

n’uko inzira z’inkiko zigoye kandi zishobora gutwara igihe kirekire, tutibagiwe n’urwango zisiga<br />

hagati y’ababuranyi kenshi baba ari n’abavandimwe. Urwego rw’Umuvunyi rwo rukemura ibibazo<br />

ariko rwunga n’ababifitanye kugira ngo rufashe abanyarwanda kubaho mu mahoro. Muri ubwo<br />

buryo uruhare rw’Urwego mu kubaka ubutabera rurigaragaza.<br />

Ruswa ni imungu ikomeye ku iterambere ry’imiryango by’umwihariko n’iry’igihugu muri rusange.<br />

Mu kuyirwanya, Urwego rw’Umuvunyi rukurikirana ibibazo bya ruswa rugezwaho n’abaturage<br />

cyangwa rwiboneye mu igenzura rukorera inzego, rukabikorera amadosiye ashyikirizwa inkiko<br />

binyujijwe mu bushinjacyaha. Abahamwe n’ibyaha bya ruswa bahanwa n’inkiko bityo ubutabera<br />

bukubahirizwa.<br />

Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi rugaragarira na none mu igenzura rukorera izindi nzego kugira<br />

ngo rutange inama y’uburyo ibidatunganye byatunganywa hagamijwe kwimakaza imiyoborere<br />

myiza. Mu nzego zigenzurirwa imikorere harimo n’iz’ubutabera. Ubutabera iyo bukora neza<br />

bufasha igihugu guca akarengane cyubahiriza uburenganzira bwa buri wese. Ni muri urwo rwego<br />

inshingano zose z’Urwego rw’Umuvunyi ziganisha ku kubaka ubutabera, aho buri muturarwanda<br />

ahabwa uburenganzira bwe nta vangura iryo ari ryo ryose, bityo abatuye igihugu bakarangwa<br />

n’umuco mwiza wo kubana mu mahoro, yo nkingi y’iterambere rirambye.<br />

Buri muturarwanda ahamagariwe gushyiraho umuganda kugira ngo dushyigikire ubutabera.<br />

Tubifurije amahoro.<br />

3<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu gukemura<br />

amakimbirane ashingiye ku izungura: ikibazo<br />

cy’umuryango wa musengimana Dieudonné<br />

Nk’uko biteganyijwe n’Itegeko n° 17/2005<br />

ryo ku wa 18/08/2005 rihindura kandi<br />

ryuzuza itegeko nº 25/2003 ryo ku<br />

wa 15/08/2003 rigena imiterere n’imikorere<br />

y’Urwego rw’Umuvunyi isobanura ko mu<br />

gushyira mu bikorwa inshingano zarwo,<br />

abagize Urwego bagendera ku mahame<br />

akurikira :<br />

1° gushaka buri gihe umuti w’ibibazo mu<br />

nzira y’ibiganiro n’ubwumvikane;<br />

2° guharanira kunga, kumvikanisha, kugira<br />

inama no kugarura mu nzira nziza<br />

ibibogamye mbere yo gukoresha ubundi<br />

bubasha ruhabwa n’amategeko”;<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwakira ibibazo<br />

binyuranye bijyanye no gukemura<br />

amakimbirane ashingiye ku mitungo yo mu<br />

miryango. Uburyo bukunze kwifashishwa<br />

mu gukemura ayo makimbirne ni uguhuza<br />

abafitanye ayo makimbirane, rukabereka<br />

inzira amategeko ateganya rukabumvikanisha<br />

hagamijwe kubunga no<br />

kubumvikanisha nk’uko<br />

rubifite mu nshingano.<br />

NZABAMWITA Anaclet<br />

Dieudonné akitaba Imana ku wa 25/07/2005<br />

(nyuma y’ibyumweru bibiri babanye) nta<br />

mwana barabyarana, none umukazana we<br />

akaba yaribarujeho umutungo wose yari<br />

afitanye na MUSENGIMANA Dieudonné<br />

ugizwe ahanini n’inzu babagamo, yamubaza<br />

ko ntacyo agomba kubona kuri uwo mutungo<br />

nk’umubyeyi wa nyakwigendera akamubwira<br />

ko nta na kimwe.<br />

Amategeko ateganya uko izungura<br />

ry’umutungo rusange rikorwa<br />

Iki kibazo cyavutse mu muryango ahanini<br />

kubera ko Koperative GOBOKA yari itangiye<br />

kubarura imitungo itimukanwa y’abaturage<br />

batuye aho iyo Koperative yateganyaga<br />

kubaka amazu ajyanye na gahunda nshya<br />

y’imiturire mu Mujyi wa Kigali. DUSABE amaze<br />

kwibaruzaho uwo mutungo bamwe mu bagize<br />

umuryango wa MUSENGIMANA batangiye<br />

kugaragaza impungenge z’uko uwo mutungo<br />

4<br />

Ni muri urwo rwego Urwego<br />

rw’Umuvunyi rwakiriye<br />

ikibazo cy’umuryango<br />

wa MUSENGIMANA<br />

Dieudonné gitanzwe<br />

n’umukecuru<br />

we<br />

NYAMPUNDU, avuga<br />

ko umuhungu we<br />

witwa MUSENGIMANA<br />

Dieudonné yashakanye<br />

na DUSABE mu buryo<br />

bwemewe n’amategeko<br />

ku wa 09/07/2005<br />

b a g a s e z e r a n a<br />

ivangamutungo rusange,<br />

MUSENGIMANA<br />

Ibibazo bishingiye ku mazu ni bimwe mu byo Urwego rw’Umuvunyi rukunze kwakira<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

ushobora kuguma mu maboko ya DUSABE<br />

bakavutswa uburenganzira bemererwa<br />

n’amategeko bwo kuzungura nyakwigendera.<br />

Ubusanzwe ingingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99 ryo<br />

ku wa 12/11/1999 ryuzuza igitabo cya mbere<br />

cy’urwunge rw’amategeko mbonezamubano<br />

kandi rishyiraho igice cya gatatu cyerekeye<br />

imicungire y’umutungo w’abashakanye,<br />

impano n’izungura, iteganya uburyo izungura<br />

ry’umutungo rusange rikorwa. Iteganya<br />

ko abashyingiranywe bafite amasezerano<br />

y’ivangamutungo rusange bazungurwa ku<br />

buryo bukurikira:<br />

1. ko iyo umwe mu bashakanye apfuye<br />

“usigaye asigarana umutungo wose<br />

akubahiriza inshingano yo kurera abana<br />

no gufasha ababyeyi ba nyakwigendera<br />

iyo babikeneye;<br />

2. iyo bombi bapfuye bagasiga abana,<br />

umutungo wose uzungurwa n’abana<br />

bagafasha ba sekuru na ba nyirakuru.<br />

Iyo hari abana badahuriyeho, umutungo<br />

ugabanywamo kabiri buri mwana<br />

akazungura umubyeyi we;<br />

3. iyo bombi bapfuye badasize abana,<br />

umutungo ugabanywamo kabiri, ½<br />

kigahabwa abazungura b’umugabo,<br />

ikindi ½ kigahabwa abazungura<br />

b’umugore;<br />

yo kurera abana yasigiwe na<br />

nyakwigendera, yamburwa ¾<br />

by’umutungo wose bigahabwa abana;<br />

7. iyo nta mwana wa nyakwigendera<br />

uwapfakaye akirera akongera<br />

gushaka, atwara ½ cy’umutungo wose<br />

ikindi ½ kigahabwa abazungura ba<br />

nyakwigendera;<br />

8. iyo uwapfakaye agiye kongera gushaka<br />

akagumana inshingano yo kurera abana<br />

yasigiwe na nyakwigendera, ahabwa<br />

¼ cy’umutungo wose, ¾ agakomeza<br />

kubicungira abana ba nyakwigendera;<br />

9.<br />

iyo uwapfakaye atongeye gushaka,<br />

Gukemura<br />

amakimbirane<br />

hatitabajwe<br />

inkiko bifasha<br />

umuryango<br />

kwiyubaka no<br />

kudapfusha ubusa<br />

ubushobozi<br />

buhari<br />

4.<br />

5.<br />

6.<br />

iyo uwapfakaye nta mwana afitanye<br />

na nyakwigendera akongera gushaka,<br />

asigarana ½ cy’umutungo bafatanyije,<br />

ikindi ½ kigahabwa abazungura ba<br />

nyakwigendera;<br />

iyo uwapfakaye ataye inshingano yo<br />

gufasha ababyeyi ba Nyakwigendera,<br />

inama y’umuryango igenera abo<br />

babyeyi icyo bazungura mu mutungo<br />

wa nyakwigendera;<br />

iyo uwapfakaye ataye inshingano<br />

akabyara umwana cyangwa abana<br />

batari aba nyakwigendera; igihe<br />

cy’izungura ½ kiba umwihariko w’abana<br />

ba nyakwigendera, ½ gisigaye abana<br />

bose b’uwapfakaye bakakigiraho<br />

uruhare ku buryo bungana hatarebwe<br />

aba nyakwigendera n’abo uwapfakaye<br />

yabyaye ahandi.<br />

Igihe Urwego rw’Umuvunyi rwahuzaga<br />

abafitanye ikibazo kugira ngo bagerageze<br />

5<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

6<br />

gushakira hamwe umuti wacyo impande<br />

zombi zagaragarijwe ibiteganyijwe n’itegeko,<br />

zumvikana ko ikibazo uyu muryango wari ufite<br />

cyakemurwa hitabajwe ibiteganyijwe mu gaka<br />

ka 4 k’ingingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99.<br />

Imishyikirano igeze kuri uru rwego, DUSABE<br />

yagaragaje impungenge ebyiri zikomeye,<br />

yibaza ukuntu umutungo yashakanye na<br />

nyakwigendera wazungurwa hitabajwe agaka<br />

kavugwamo kongera gushaka k’uwapfakaye<br />

kandi we nta gahunda aragira yo kujya gushaka<br />

bundi bushya! Indi mpungenge yagaragaje ni<br />

uko hari ibikorwa yakoze kuri iyo nzu nyuma<br />

y’urupfu rw’umugabo we byatumye agaciro<br />

kayo kiyongera. Akibaza ukuntu amafaranga<br />

azatangwa mu gihe cyo kwimurwa muri uwo<br />

mutungo azayagabana ku buryo bungana na<br />

nyirabukwe kandi agaciro kawo kariyongereye<br />

ugereranyije n’uko wari umeze igihe umugabo<br />

we yitabaga Imana. Nyuma yo kungurana<br />

ibitekerezo, impande zombi zemeranyijwe<br />

ko hari ibyo koko DUSABE yakoze kuri iyo<br />

nzu ariko ntibashobora kumvikana ku gaciro<br />

kabyo.<br />

Abahagarariye Urwego rw’Umuvunyi muri<br />

iyo mishyikirano bamaze gusesengura no<br />

gusobanurira impande zombi ibikubiye mu<br />

ngingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99 ryavuzwe<br />

haruguru impungenge zari zagaragajwe na<br />

DUSABE zabonewe igisubizo:<br />

Ku kibazo cyo kuzungura umutungo hashingiwe<br />

ku gaka kavugwamo kongera gushaka kandi<br />

DUSABE ataragira gahunda yo kongera<br />

gushaka, hagaragajwe ko kubera kwimura<br />

abaturage, iyo mitungo yamaze guhindura<br />

isura igenerwa agaciro mu mafaranga.<br />

Impande zombi zasabwe guhitamo hagati yo<br />

kuzungura no gukoresha amafaranga yavuye<br />

mu ibarurwa ry’umutungo hakagurwa undi<br />

mutungo ukomeza gucungwa n’impande<br />

zombi, haza kwemezwa ko izungura ryahita<br />

rikorwa hashingiwe ku mafaranga azatangwa<br />

na Koperative GOBOKA.<br />

Urwego rw’Umuvunyi rufatanya n’izindi<br />

nzego<br />

kurangiza ibibazo by’abarugana<br />

Ku kibazo cy’agaciro k’ibikorwa DUSABE<br />

yongeye ku nzu nyuma y’urupfu rwa<br />

nyakwigendera, impande zombi zumvikanye<br />

ko byahabwa agaciro ka miliyoni imwe<br />

(1.000.000frw) y’amafaranga bitabaye<br />

ngombwa ko hitabazwa inzobere mu<br />

ibaruramutungo. Ku mafaranga Koperative<br />

GOBOKA izishyura imitungo yabaruwe<br />

hakabanza gukurwaho ayo miliyoni imwe<br />

agahabwa DUSABE, asigaye bakayagabana<br />

bakaringaniza.<br />

Uwo mwanzuro umaze kumvikanywaho<br />

n’impande zombi Urwego rw’Umuvunyi<br />

rwandikiye Koperative GOBOKA rusaba<br />

inyandiko igaragaza umutungo wabaruwe ku<br />

muryango wa DUSABE na MUSENGIMANA<br />

n’agaciro wahawe mu mafaranga. Ibyo<br />

Urwego rwasabye bimaze kuboneka rwakoze<br />

raporo igaragaza umwanzuro impande zombi<br />

zumvikanyeho, abitabiriye imishyikirano kuri<br />

iki kibazo bose bamaze gushyira umukono<br />

kuri iyo raporo yohererezwa Koperative<br />

GOBOKA kugira ngo uwo mwanzuro ushyirwe<br />

mu bikorwa.<br />

Urwego rw’Umuvunyi rukaba rushishikariza<br />

abaturarwanda bose kwirinda aho bishoboka<br />

hose ibibazo byavukisha amakimbirane<br />

atari ngombwa. Igihe ariko ayo makimbirane<br />

yavutse, rushishikariza abafitanye ikibazo<br />

kwishakamo umwanzuro wacyo ku bwumvikane<br />

bitabaye ngombwa gutakaza umwanya<br />

wabo no gupfusha ubusa ubushobozi bafite<br />

bagana inkiko. Umwanzuro wagezweho mu<br />

bwumvikane ufite umwihariko wo gukosora<br />

ibidatunganye no gufasha abafitanye<br />

amakimbirane kongera kwiyubaka no kubaka<br />

umuryango wabo ku neza no ku nyungu za<br />

buri wese.<br />

NZABAMWITA Anaclet<br />

<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Mu nshingano rwahawe, Urwego<br />

rw’Umuvunyi mu mikorere yarwo ya buri<br />

munsi rufatanya n’izindi nzego, zaba iza<br />

leta cyangwa iz’ibigo byigenga gukemura ibibazo<br />

by’akarengane ruba rwagejejweho n’abarugana.Ibi<br />

bibazo bikaba biba biri mu byiciro bitandukanye.<br />

Ni muri urwo rwego rwafatanyije n’inzego bireba<br />

gukemura ikibazo cya RUZINDAZA Joseph.<br />

Imiterere y’ikibazo<br />

Urwego rw’Umuvunyi mu ikemurwa<br />

ry’ibibazo by’abaturage<br />

RUZINDAZA Joseph yagejeje ikibazo ku<br />

Rwego rw’Umuvunyi avuga ko yaburanye<br />

n’uwitwa NIYITEGEKA Daniel amurega ubwone<br />

bw’amasaka,ibishyimbo,ubunyobwa n’urubingo,<br />

agacibwa miliyoni icumi n’ibihumbi magana<br />

atanu (10.500.000frw) ariko urubanza rukaba<br />

rutarangizwa kuva mu mwaka wa 2008.<br />

Ese iriya hazabu niyitegeka n’abo bafatanyije<br />

icyaha baciwe ntibaba bararenganye?<br />

Umurungi Emelyne<br />

bo bagahitamo kwivutsa ubwo burenganzira<br />

bemererwa n’amategeko.<br />

Ikemurwa ry’iki kibazo<br />

Urwego rw’Umuvunyi mu gukurikirana iki kibazo<br />

rusanga impamvu ituma uru rubanza rutarangizwa<br />

ngo RUZINDAZA ahabwe ibyo yatsindiye ari uko<br />

abo baburanye nta bundi bwishyu bafite uretse<br />

amasambu bahawe mu gihe cy’isaranganya<br />

na Komisiyo ibishinzwe kandi bakaba badafite<br />

uburenganzira bwo kuyagurisha ngo bakuremo<br />

ubwishyu kuko batari babwegurirwa burundu,<br />

hakaba harafashwe umwanzuro ko Akarere<br />

kakwandikira Komisiyo ishinzwe ubutaka kayisaba<br />

ko yaha NIYITEGEKA na MUTABAZI icyemezo cyo<br />

Mu gihe cy’iburana, NIYITEGEKA yatumijwe<br />

mu Rukiko rw’Ibanze ubwo yari yarezwe<br />

n’Ubushinjacyaha icyaha cyo kwigomeka ku<br />

byemezo by’Inkiko ndetse RUZINDAZA nawe<br />

muri urwo rubanza aregeramo indishyi ariko<br />

NIYITEGEKA n’abo bareganwaga banga kwitaba,<br />

mu Rwisumbuye RUZINDAZA yamuregeye<br />

ubwone bw’amasaka, ibishyimbo, ubunyobwa<br />

n’urubingo yavugaga ko bifite agaciro ka miliyoni<br />

icumi n’ibihumbi magana atanu (10.500.000frw),<br />

iki gihe nabwo NIYITEGEKA n’abo bareganwa<br />

banze kwitaba urukiko ntibanarumenyesha<br />

impamvu batitabye umucamanza ategeka ko<br />

agomba kwishyura miliyoni umunani n’ibihumbi<br />

magana inani na makumyabiri (8.820.0000frw).<br />

Nyuma NIYITEGEKA na MUTABAZI bafatanyije<br />

icyaha ntibajuririre icyemezo cy’urukiko nyuma<br />

y’igihe kigenwa n’amategeko cy’ukwezi, icyemezo<br />

giterwaho kashi mpuruza gihinduka itegeko.<br />

NIYITEGEKA na MUTABAZI rero bakaba<br />

batararenganye ahubwo barirenganyije ubwo<br />

bangaga kwitaba Inkiko ngo bisobanure ahubwo<br />

Urwego rw’Umuvunyi rushishikariza abaturage kugira<br />

uruhare mu kwikemurira ibibazo<br />

kwegukana ubwo butaka burundu kugirango igice<br />

cyabwo gitezwe cyamunara haboneke ubwishyu<br />

ariko mu gihe batarahegurirwa RUZINDAZA yaba<br />

yishyurwa hakoreshejwe amafaranga ava mu<br />

musaruro abo baburanye beza muri ayo masambu<br />

yabo.<br />

Aha tukaba twasoza dukangurira abasomyi<br />

kudasuzugura ibyemezo by’ubuyobozi n’iby’Inkiko<br />

kuko nyuma yo kubisuzugura aribo bigiraho<br />

ingaruka.<br />

7<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI<br />

AKARENGANE<br />

Dusobanukirwe n’ ibibazo by’imiturire mu<br />

Mujyi wa Kigali<br />

NGIRINSHUTI Védaste<br />

Mu nimero ya 16 twagerageje gusesengura<br />

imiterere y’ibibazo by’imiturire mu Mujyi<br />

wa Kigali. Twagaragaje ko n’ubwo Umujyi<br />

wa Kigali ugenda utera imbere, ariko hari n’ibibazo<br />

bigenda bigaragara mu buryo bw’imiturire. Ibyo<br />

bibazo birebana n’itangwa ry’ibibanza ridasobanutse,<br />

itangwa ry’ibyangombwa ridakorwa buri gihe mu<br />

mucyo, imyubakire idakurikije amategeko n’isenywa<br />

ry’amazu atujuje ibyangombwa. Twabonye ko zimwe<br />

mu mpamvu zibitera harimo imitunganyirize y’Umujyi<br />

igomba kugerwaho, kudatanga ibyangombwa mu<br />

buryo bworoshye, ruswa n’ikimenyane, ubushobozi<br />

buke bw’abatuye umujyi n’igishushanyo mbonera<br />

kidatunganyije.<br />

Muri iyi nimero turagerageza gutanga ibitekerezo<br />

ku buryo tubona ibi bibazo bishobora gukemuka.<br />

Ibitekerezo dutanga birahera ku bibazo byagaragaye.<br />

Gutunganya igishushanyo mbonera cy’Umujyi<br />

Kugira ngo imyubakire y’Umujyi ibashe gutungana,<br />

ni ngombwa ko habaho igishushanyo mbonera<br />

kigaragaza inyubako zikwiranye n’ahantu hashingiwe<br />

ku bikorwa bihateganyijwe. Dushingiye ku makuru<br />

twahawe n’abakozi bakora muri serivisi y’imiturire,<br />

icyo gishushanyo mbonera kugeza ubu ngo kirahari,<br />

ariko kugira ngo kibashe gukurikizwa kigomba kuba<br />

kigaragaza neza imiterere y’inyubako zikenewe mu<br />

gace runaka kugira ngo uhashyira inyubako amenye<br />

ibyo agomba kubahiriza. Kuba ibyo bitarakorwa bituma<br />

abantu bakomeje kubaka mu kajagari cyangwa guhabwa<br />

ibyangombwa byo kubaka ahadateganyirijwe ubwo<br />

bwoko bw’inyubako. Ni yo mpamvu ibidatunganye<br />

muri icyo gishushanyo mbonera byatunganywa kugira<br />

ngo inyubako zibe iz’igihe kirambye.<br />

buri gihe uko abifite bashatse kuhubaka. Byanakumira<br />

kandi ibibazo by’isenyerwa rya hato na hato rituruka<br />

ku myubakire yo mu kajagari.<br />

Itangwa ry’ibyangombwa byo kubaka<br />

Itangwa ry’ibyangombwa byo kubaka mu Mujyi wa<br />

Kigali rikomeje gutera ibibazo. Abashaka kubaka<br />

hari ibyo basabwa kuzuza kugira ngo bahabwe ibyo<br />

byangombwa. Nyamara usanga kenshi ababyujuje<br />

badahabwa ibyangombwa kandi hari abandi babihabwa,<br />

ugasanga dosiye isaba ibyangombwa imaze imyaka<br />

irenga ibiri cyangwa itatu iryamye. Kugira ngo itangwa<br />

ry’ibyangombwa rikorwe mu mucyo, hakwiye gukorwa<br />

ibi bikurikira :<br />

-<br />

-<br />

-<br />

Gushyira ahagaragara, ku batabikora, ibisabwa<br />

byose kugira ngo uhabwe ibyangombwa ;<br />

Kugena igihe ntarengwa uwujuje ibisabwa<br />

agomba kuba yaboneye ibyangombwa,<br />

atabihabwa agasobanurirwa impamvu kugira<br />

ngo nibiba ngombwa abashe kwirenganuza mu<br />

nzego zibifitiye ububasha;<br />

Gukora ubugenzuzi : Ubuyobozi bukwiye kujya<br />

bukurikiranira hafi itangwa ry’ibyangombwa<br />

kuko nk’uko twabivuze hashobora kubamo<br />

ruswa n’ikimenyane.<br />

Turasanga abashinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali<br />

bakwiye koroshya itangwa ry’ibyangombwa kuko<br />

byanafasha kwinjiza imisoro. Kuba abatuye umujyi<br />

benshi batuye mu bibanza bidasorerwa kubera ko<br />

bitujuje ibyangombwa, gutanga ibyangombwa byagira<br />

uruhare mu gutuma ba nyirabyo babisorera.<br />

Gusenyera abubatse mu kajagari<br />

8<br />

Mu gutunganya kandi icyo gishushanyo mbonera<br />

hakwiye kwitabwa ku byiciro binyuranye<br />

by’abanyarwanda, ni ukuvuga ko hagomba kugenwa<br />

aho abafite ubushobozi buhagije batura, ah’abafite<br />

ubushobozi buringaniye n’ah’abaciriritse. Ibyo<br />

byarinda abantu guhora babunza akarago kubera ko<br />

bagenda bubaka ahadateganyijwe bakagenda bimurwa<br />

Amategeko abereyeho kugira ngo ayobore abantu mu<br />

byo bakora byose, bamenye uburenganzira bwabo kandi<br />

bubahe ubw’abandi. Ni yo mpamvu amategeko agomba<br />

kubahirizwa na buri wese. Ni muri urwo rwego kubaka<br />

ahantu runaka bigira amategeko cyangwa amabwiriza<br />

abigenga, uwubaka akaba agomba kuyubahiriza. Iyo<br />

atabikoze bimukururira ibihano birimo no gusenyerwa.<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO AKARENGANE RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Imitangire y’ibyangombwa byo kubaka mu mujyi ikwiye kurushaho kunozwa<br />

Twavuze ku kibazo cy’uko gusenyera abubatse<br />

bidakurikije amategeko bikorwa mu kajagari ndetse<br />

kenshi no mu nyungu z’ababikora, nko mu gihe basiga<br />

amwe mu mazu yagombaga gusenywa kugira ngo ba<br />

nyirayo babanze “babashake”.<br />

Kugira ngo ako kajagari mu gusenya kaveho hagombye<br />

kwitabwa kuri ibi bikurikira:<br />

-<br />

-<br />

Bitewe n’uko Igihugu cyacu gifite ubuyobozi<br />

kugera hasi ku muturage, bityo akaba nta<br />

n’umuntu wubaka abayobozi bo hasi ku<br />

mudugudu batabizi, abantu bakwiye kujya<br />

bahagarikwa kubaka nta byangombwa kandi<br />

bigakorwa mu nyandiko kugira ngo ubirenzeho<br />

atazitwaza ko atabimenye. Gusenya inzu<br />

imaze imyaka ituwemo si umuti mwiza<br />

cyane iyo yayigiyemo ubuyobozi bumureba.<br />

Ubuyobozi bw’uturere bukwiye kandi kujya<br />

bufatira ibihano abayobozi b’ibanze bagira<br />

uruhare mu kureka abantu bubaka kandi bazi<br />

ko bazabasenyera hashize igihe kirekire.<br />

Aho kugira ngo uwubatse bitemewe asenyerwe<br />

kandi afite ubushobozi bwo kubaka inyubako<br />

-<br />

ijyanye n’aho hantu, yacibwa ihazabu ikajya<br />

mu isanduku ya Leta, akerekwa inyubako<br />

ihakwiriye kandi agahabwa ibyangombwa.<br />

Koroshya itangwa ry’ibyangombwa na byo<br />

byagabanya imyubakire y’akajagari kuko<br />

twavuze ko abantu basaba ibyangombwa<br />

batinda kubihabwa bagahitamo kwiyubakira<br />

uko babonye.<br />

Muri rusange, ikigaragara ni uko hakiri ibibazo<br />

by’imiturire mu Mujyi wa Kigali ku buryo bidakemuwe<br />

bishobora kudindiza iterambere n’imitunganyirize<br />

y’Umujyi, ndetse bikanatera Leta igihombo nko<br />

mu gihe cyo kwimura abantu. Ibitekerezo bitanzwe<br />

ni imwe mu nzira zo gukemura iki kibazo, tukaba<br />

dusaba buri wese ko yatanga umusanzu mu gukemura<br />

ikibazo cy’imiturire. Turashishikariza by’umwihariko<br />

ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali gufasha abawutuye<br />

kugera ku miturire iboneye kandi yubahirije amategeko<br />

n’amabwiriza.<br />

<br />

9<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI<br />

AKARENGANE<br />

10<br />

Complaints management in <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong><br />

<strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />

BEZA Kevin<br />

An effective complaints management system complaint should meet <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />

helps to measure customer satisfaction and is in order to provide fur<strong>the</strong>r information about his or<br />

a useful source <strong>of</strong> information and feedback her complaint. The <strong>Office</strong> investigates Telefoni itishyuzwa for ga<strong>the</strong>ring 199<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

for improving services. Often customers are <strong>the</strong> first evidence.<br />

to identify when things are not working properly.<br />

Implementing effective complaints management It is not necessary to investigate some complaints<br />

systems needs improvement <strong>of</strong> complaints handling because <strong>the</strong> allegations are baseless. At <strong>the</strong> end <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

ibigomba gukorwa biba rimwe na rimwe iyo •Guhuza abafitanye ibibazo<br />

and reduces recurring complaints.<br />

investigation, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> makes<br />

ari ugushyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko.<br />

recommendations indicating how <strong>the</strong> case should be<br />

The way <strong>the</strong> <strong>Office</strong> Umuyobozi <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> bireba ahabwa or igihe any cyo o<strong>the</strong>r gushyira resolved by Guhuza <strong>the</strong> concerned abafitanye institution. ibibazo bikorwa ku<br />

institution handles mu complaints bikorwa icyo can affect cyemezo its reputation. cy’urukiko ; iyo bushake bwabo, Urwego rufasha abafitanye<br />

There is much to iki lose gihe by cyatanzwe ignoring complaints kitubahirijwe and Urwego The <strong>Office</strong> ikibazo <strong>of</strong> <strong>the</strong> kwicara <strong>Ombudsman</strong> hamwe, bakaganira has a program ku kibazo to<br />

much to be gained rufatanyije by having n’abashinzwe an effective complaints gushyira follow-up mu bafitanye, <strong>the</strong> implementation buri wese agaragaza <strong>of</strong> recommendations<br />

ibimenyetso<br />

management system.<br />

bikorwa icyemezo cy’urukiko babishyira made. mu The bishimangira purposes <strong>of</strong> <strong>the</strong> ibyo follow-up avuga. are Urwego to verify rwereka if <strong>the</strong><br />

A good complaints bikorwa.<br />

recommendation<br />

management system can be an<br />

buri ruhande has been icyiza implemented cyo kumvikana and ku to kibazo detect<br />

deficiencies<br />

economical and efficient way <strong>of</strong> improving public<br />

bafitanye, in recommendation rukabafasha kugera implementation. ku mwanzuro The<br />

<strong>Ombudsman</strong> <strong>Office</strong> should determine if anything has<br />

image and increasing Aha client ariko satisfaction, Urwego rw’Umuvunyi and can also rureba bose bumva ubanyuze.<br />

gone wrong and take fur<strong>the</strong>r action if necessary.<br />

enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> niba <strong>of</strong> <strong>the</strong> habayeho <strong>Ombudsman</strong> kwanga to review gushyira its mu own bikorwa<br />

performance and icyemezo identify and cy’urukiko address systemic (refus and<br />

service-related problems. d’exécuter ) cyangwa niba ari<br />

Management <strong>of</strong> ikibazo complaints cyo kuba nta provides bushobozi a<br />

practical approach buhari to handle bwo gushyira complaints mu in<br />

<strong>the</strong> following bikorwa steps: Complaints icyemezo cy’urukiko Receipt,<br />

Complaints Investigation ( incapacité and objective). implementation Tukaba<br />

<strong>of</strong> recommendations. tubamenyesha These steps ko concern Urwego <strong>the</strong><br />

cases related to injustice.<br />

rufatanya n’ubuyobozi<br />

Normally <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />

bushinzwe gushyira mu<br />

receives complaints via telephone, mail, or<br />

personal contact<br />

bikorwa<br />

from a<br />

ibyemezo<br />

variety <strong>of</strong><br />

by’inkiko<br />

sources.<br />

These complaints iyo can be habayeho related to kwanga labour,<br />

administration, land, kubikora judgments, kugira social ngo security, ibyo<br />

etc<br />

byemezo byubahirizwe.<br />

Complaints received by <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

<strong>Ombudsman</strong> are •Gusabira forwarded to <strong>the</strong> ibihano appropriate byo<br />

unit according to <strong>the</strong>ir mu nature. rwego For rw’akazi example,<br />

injustice cases are submitted umukozi to warenganyije <strong>the</strong> Unit in<br />

charge <strong>of</strong> preventing and fighting Injustice.<br />

umuturage<br />

Gutega amatwi To listen abatugana complaint bifasha helps kumva to resolve neza ibibazo it byabo<br />

Corruption cases are oriented to <strong>the</strong> Unit in<br />

(Foto: Omb)<br />

charge <strong>of</strong> Preventing and Fighting Corruption. The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>Ombudsman</strong> receives and responds to<br />

Mu gukurikirana ibibazo hari<br />

<strong>the</strong> complaints related to injustice and corruption. It<br />

Investigation is at ibyo <strong>the</strong> heart usanga <strong>of</strong> any akarengane complaint resolution karimo gaterwa<br />

promotes <strong>the</strong><br />

Mu<br />

good<br />

gukemura<br />

service delivery<br />

ibibazo<br />

in all institutions.<br />

bivugwamo<br />

The<br />

process. The investigation n’uburangare determines bw’ubuyobozi whe<strong>the</strong>r cyangwa <strong>the</strong> kwanga institutions akarengane, that respond Urwego to <strong>the</strong>ir rw’Umuvunyi customers’ complaints ruharanira<br />

complaint is valid gukemura and ga<strong>the</strong>rs ikibazo information ku mpamvu necessary zinyuranye effectively ku gushaka are more umuti likely wabyo to have mu buryo a good bwubahirije reputation<br />

to resolve it. buyobozi bwarezwe, icyo gihe ubuyobozi and enjoy amategeko, a high level mu <strong>of</strong> trust nzira in y’ubwumvikane <strong>the</strong> community. kandi<br />

After a complaint bubishinzwe has been received, bwerekwa it will icyakorwa need to be kugira inogeye impande zibifitanye. Ruharanira<br />

clarified in order to ngo determine umuturage how yo to kuguma pursue complaint kurengana, iyo gutuma habaho imikoranire myiza hagati<br />

resolution effectively. bidakozwe The kandi person byarasabwe who made bikanibutswa, <strong>the</strong><br />

y’abaturage n’inzego ndetse n’imibanire<br />

Urwego rw’Umuvunyi rusabira ibihano myiza hagati y’abari bafitanye ibibazo.<br />

byo mu rwego rw’akazi ku bitanga ku<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199<br />

wanze gushyira mu bikorwa ibikwiye kandi VUMILIYA Ruth<br />

byasabwe n’Urwego, rukanasaba ko bikorwa


TURWANYE IBIKORWA BY’URWEGO AKARENGANE RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

«Politiki nziza ni ishimangira ubutabera.»<br />

Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME<br />

Ku wa mbere tariki ya 06/09/2010, Nyakubahwa<br />

Perezida wa Repubulika Paul KAGAME<br />

yarahiriye imbere y’imbaga y’abanyarwanda<br />

kuyobora u Rwanda neza muri manda ya kabiri<br />

y’imyaka irindwi.<br />

ifite, ahubwo ubukene no kudatera imbere<br />

aribyo biyibangamiye.<br />

Yanenze abanyamahanga biha kugenzura ibyo<br />

abandi bakora, bakiha kwanga ibyiza dukora,<br />

bakadutwerera ibibi bakora, ati ntawe ugomba<br />

gusubiza inyuma abanyarwanda kuko bazi aho<br />

bavuye kandi bazi icyo guta agaciro bivuze<br />

n’aho byabagejeje. Ati twahanganye n’abafite<br />

intwaro ntitwananirwa guhangana n’abagenda<br />

imbokoboko. Yavuze ko muri iyi manda<br />

y’imyaka irindwi azarushaho guteza imbere<br />

uburezi, ubukungu bw’u Rwanda, gukomeza<br />

kubumbatira umutekano w’u Rwanda, guteza<br />

imbere ubuzima n’imibereho y’abanyarwanda<br />

hashingiye kukuzamura ubukungu, guteza<br />

imbere ikoranabuhanga n’ibikorwa remezo,<br />

guteza imbere ishoramari n’ubucuruzi n’ibindi<br />

bikorwa by’iterambere.<br />

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arahirira kuyobora<br />

u Rwanda indi myaka irindwi<br />

Mu ndahiro yarahiriye imbere ya Perezida<br />

w’Urukiko rw’Ikirenga Madamu, Aloyiziya<br />

CYANZAYIRE n’Imitwe yombi y’Inteko<br />

ishinga Amategeko, Perezida KAGAME<br />

yagize ati :<br />

«Njyewe Kagame Paul ndahiriye u Rwanda<br />

n’abanyarwanda ku mugaragaro ko<br />

ntazahemukira Repubulika y’u Rwanda, ko<br />

nzakurikiza nkanarinda Itegeko Nshinga<br />

n’andi mategeko, ko nzakorana umurava<br />

imirimo nshinzwe, ko nzaharanira amahoro<br />

n’ubusugire bw’Igihugu, ko nzashimangira<br />

ubumwe bw’Abanyarwanda, ko ntazigera<br />

nkoresha ububasha mpawe mu nyungu zanjye<br />

bwite, ko nzaharanira ibyagirira Abanyarwanda<br />

akamaro. Nintatira iyi ndahiro nzabihanirwe<br />

n’amategeko.Imana ibimfashemo».<br />

Mu ijambo yagejeje ku banyarwanda, abakuru<br />

b’Ibihugu bya Afurika 13 n’abandi bari<br />

bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango<br />

mpuzamahanga, Perezida KAGAME yavuze<br />

ko demokarasi atari cyo kibazo kinini Afurika<br />

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yakira ibirango<br />

by’igihugu<br />

Yashoje ashimira abanyarwanda ku byiza<br />

bamaze kugeraho no ku cyizere bongeye<br />

kumugirira ngo akomeze abayobore.<br />

Imihango ikaba yaratangiye n’amasengesho<br />

y’abanyamadini batandukanye yo gusabira<br />

imigisha abanyarwanda na Nyakubahwa<br />

Perezida Paul KAGAME.<br />

<br />

MUGISHA Jules D.<br />

11<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI RUSWA<br />

The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in<br />

schools and banks<br />

Good governance is a broad concept and has<br />

various meanings in different contexts.<br />

Overall, it pursues a set <strong>of</strong> economic, social and<br />

political objectives; <strong>the</strong> common denominator remains<br />

<strong>the</strong> promotion <strong>of</strong> social well-being <strong>of</strong> <strong>the</strong> population.<br />

This requires, among o<strong>the</strong>r things, an efficient, honest,<br />

equitable, transparent and accountable exercise <strong>of</strong><br />

power at various levels <strong>of</strong> government.<br />

In achieving its responsibility <strong>of</strong> advising <strong>the</strong> public and<br />

private institutions towards improvement <strong>of</strong> <strong>the</strong> quality<br />

<strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> population, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

<strong>Ombudsman</strong> carried out <strong>the</strong> audit <strong>of</strong> institutions in order<br />

to assess <strong>the</strong> quality <strong>of</strong> services<br />

delivered to <strong>the</strong> population and to<br />

detect <strong>the</strong> loopholes <strong>of</strong> corruption<br />

and injustice. In this regards, <strong>the</strong><br />

<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> has<br />

conducted <strong>the</strong> survey in schools<br />

and different commercial banks<br />

in order to examine <strong>the</strong> forms<br />

and causes <strong>of</strong> corruption and <strong>the</strong><br />

quality <strong>of</strong> service delivery.<br />

UMUGWANEZA Clémentine<br />

refuse to believe that school can be connected with<br />

illegal and immoral acts.<br />

The education sector plays a great role in <strong>the</strong><br />

development <strong>of</strong> <strong>the</strong> country; however opportunities for<br />

corrupt practices are numerous. Where corruption is<br />

rampant <strong>the</strong>re is a great risk that social trust may wi<strong>the</strong>r<br />

away and that <strong>the</strong> development potential <strong>of</strong> <strong>the</strong> whole<br />

country may be undermined. Adolescents <strong>of</strong>ten become<br />

familiar with corruption at schools; when this happens, a<br />

central role <strong>of</strong> <strong>the</strong> education sector namely <strong>the</strong> imparting<br />

<strong>of</strong> moral values and behaviour is becoming <strong>the</strong> norm<br />

resulting in corruption at all levels <strong>of</strong> <strong>the</strong> society.<br />

Instruments used were questionnaires which were given<br />

In June and July 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong><br />

<strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted a<br />

survey on corruption in different<br />

primary and secondary schools<br />

in <strong>the</strong> whole country which was<br />

aimed at evaluating <strong>the</strong> extent <strong>of</strong><br />

corruption to <strong>the</strong> level <strong>of</strong> students,<br />

teachers, leaders and parents.<br />

Results <strong>of</strong> this survey will be<br />

published after <strong>the</strong> analysis.<br />

The education sector plays a great role in <strong>the</strong> development <strong>of</strong> <strong>the</strong> country<br />

12<br />

In August 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted<br />

a survey in <strong>the</strong> banks in different districts, with <strong>the</strong> aim<br />

to assess <strong>the</strong> types <strong>of</strong> corruption in <strong>the</strong> banks and <strong>the</strong>ir<br />

causes and to indicate strategies for preventing and<br />

fighting it.<br />

Corruption in schools affects <strong>the</strong> education quality<br />

The words school and corruption are seldom, if ever,<br />

seen toge<strong>the</strong>r. Why? Because most people simply<br />

to pupils, teachers, parents and directors <strong>of</strong> schools. The<br />

sample was 3 primary schools and 4 secondary schools<br />

(private and publics) in each district.<br />

To assess transparency, some questions were asked to<br />

see if some children are not favoured for admission,<br />

while o<strong>the</strong>rs are subjected to extra payments. It was<br />

also a way to verify if illegal charges are levied on<br />

children’s school admission while <strong>the</strong>y were supposed<br />

to be free. In public schools, <strong>the</strong> National Council <strong>of</strong><br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO RUSWA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Examinations gives admissions, but school directors<br />

still have <strong>the</strong> privilege to give places on <strong>the</strong>ir own.<br />

How is this done? About examinations, students were<br />

asked whe<strong>the</strong>r exam questions are sold or given to some<br />

students in advance. If such behaviour exists, it might<br />

be a bad habit because it corrupts student’s moral and<br />

discourages student’s efforts. Such practices should be<br />

really punished.<br />

Concerning schools management, teachers and parents<br />

have shown some cases <strong>of</strong> embezzlement <strong>of</strong> funds<br />

intended for teaching materials, school buildings,<br />

indeed school property was used for private commercial<br />

purposes.<br />

The survey has focused also on teachers and students<br />

behaviour. It was to verify information whe<strong>the</strong>r<br />

members <strong>of</strong> staff are exploiting and abusing pupils in<br />

many different ways (physically, sexually) or pupils<br />

carrying out unpaid labour for <strong>the</strong> benefit <strong>of</strong> <strong>the</strong> staff<br />

or teachers. According to some <strong>of</strong> respondent’s views,<br />

sexual abuses exist and are punished. Some <strong>of</strong> <strong>the</strong>m<br />

also take for granted friendship even sexual relations<br />

between teachers.<br />

In urban areas, private tutoring outside school hours are<br />

given to paying pupils, reducing teachers’ motivation<br />

in ordinary classes, and reserving compulsory topics<br />

for <strong>the</strong> private sessions to <strong>the</strong> detriment <strong>of</strong> pupils who<br />

do not or cannot pay.<br />

Departments <strong>of</strong> education at district levels were<br />

requested to respond on recruitment and transfers. The<br />

information will enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />

to assess whe<strong>the</strong>r recruitment and transfers in district<br />

level are influenced by bribes or sexual favours or<br />

if <strong>the</strong>y are done in a transparent manner. Regarding<br />

salaries, <strong>the</strong>y were also asked about ‘ghost teachers’<br />

where salaries drawn for staff who are no longer (or<br />

never were) employed for various reasons, as well as<br />

delays and arrears in teachers’ salaries. This remains<br />

an issue which should be solved by <strong>the</strong> Ministry<br />

<strong>of</strong> Education, because social, economic and moral<br />

situation <strong>of</strong> teachers affect very much <strong>the</strong> education<br />

quality.<br />

Service delivery in banks<br />

In August 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted<br />

a survey in <strong>the</strong> banks in different districts. The aim<br />

<strong>of</strong> that survey is to assess <strong>the</strong> types <strong>of</strong> corruption in<br />

<strong>the</strong> banks and <strong>the</strong>ir causes and indicate strategies<br />

for preventing and fighting corruption. Through this<br />

survey, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> will examine <strong>the</strong><br />

quality <strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> clients <strong>of</strong> banks.<br />

The survey concerns <strong>the</strong> clients <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks who are<br />

beneficiaries <strong>of</strong> different services delivery like deposit,<br />

withdrawal, loan, etc. The quality <strong>of</strong> service delivery<br />

has a big influence on <strong>the</strong> yield <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks.<br />

The relation between clients and employees <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks<br />

has dual forms, <strong>the</strong>re is one which is based on laws,<br />

policies and ano<strong>the</strong>r one which is linked to corruption<br />

acts like nepotism and bribes. In <strong>the</strong> mentioned<br />

survey, <strong>the</strong> employees <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks had to fulfil <strong>the</strong><br />

questionnaire <strong>of</strong> <strong>the</strong> above mentioned survey. This<br />

will enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> to evaluate<br />

<strong>the</strong> management <strong>of</strong> human resource and finance in <strong>the</strong><br />

banks. Heads <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks were interviewed about <strong>the</strong><br />

control systems <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks and relations between<br />

<strong>the</strong> clients and banks. Services rendered to <strong>the</strong> clients<br />

by banks are money transfer, deposit, withdrawal and<br />

loans. Those services can be based on corruption if for<br />

example a client can buy a service which is his right.<br />

The client can be also a cause <strong>of</strong> corruption while he<br />

promises a bribe to <strong>the</strong> employee <strong>of</strong> a bank in order to<br />

get a loan without fulfilling required conditions.<br />

An employee <strong>of</strong> a bank can take advantage <strong>of</strong> needs<br />

<strong>of</strong> clients to demand bribes and certain persons can<br />

also use <strong>the</strong>ir powers to oblige <strong>the</strong> employees <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

banks to act contrary to <strong>the</strong> laws. Causes and types <strong>of</strong><br />

corruption in banks should be pointed out through this<br />

survey in order to indicate corrective actions for better<br />

service delivery.<br />

Corruption in education deepens inequality between<br />

rich and poor, preventing entire generations from<br />

pursuing a meaningful future. The analysis will<br />

highlight factors and forms <strong>of</strong> corruption in schools<br />

and recommendations will be provided to improve <strong>the</strong><br />

education quality in Rwanda.<br />

The results <strong>of</strong> this survey will enable to distinguish<br />

bad practices in <strong>the</strong> functioning <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks as regards<br />

<strong>the</strong>ir clients and to advise <strong>the</strong>m as to improvement <strong>of</strong><br />

<strong>the</strong> quality <strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> population.<br />

UMUGWANEZA Clémentine<br />

<br />

13<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI RUSWA<br />

Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />

kurwanya ruswa mu nzego n’ibigo byigenga<br />

14<br />

Ese Urwego rw’Umuvunyi rushobora kurwanya<br />

ruswa mu nzego n’ibigo byigenga ? Igisubizo<br />

cy’iki kibazo turakivana mu ngingo ya 7 y’Itegeko<br />

n° 25/2003 ryo ku wa 15/08/2003 rigena imiterere<br />

n’imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi nk’uko ryavuguruwe<br />

kugeza ubu aho iri tegeko rigena inshingano z’Urwego<br />

rw’Umuvunyi, zimwe muri zo akaba ari izi zikurikira :<br />

- guhuza umuturage n’inzego z’ubutegetsi za Leta<br />

n’izigenga ;<br />

- gukumira no kurwanya akarengane , ruswa n’ibyaha<br />

bifitanye isano na yo mu nzego z’ubutegetsi bwa<br />

Leta n’izigenga ;<br />

-<br />

-<br />

kwakira no gusuzuma, mu rwego rwavuzwe<br />

haruguru, ibirego by’abantu ku giti cyabo<br />

n’iby’amashyirahamwe yigenga , byerekeye<br />

ibikorwa by’abakozi ba Leta, iby’inzego zayo<br />

n’iby’abikorera ku giti cyabo, no<br />

gukangurira abo bakozi n’izo<br />

nzego gushakira umuti ibyo<br />

bibazo iyo rusanze bifite<br />

ishingiro ;<br />

kugira inama inzego<br />

za Leta cyangwa<br />

iz’abikorera ku giti<br />

cyabo kugira ngo<br />

imikorere y’ubuyobozi<br />

irusheho<br />

abaturage .<br />

kunogera<br />

Ruswa<br />

ni umwanzi<br />

w’Amajyambere.<br />

Tuyimenye, tuyivuge,<br />

tuyange,<br />

tuyamagane.<br />

Mu kuzuza inshingano yo gukumira<br />

akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano<br />

na yo, mu nzego zigenga Urwego rw’Umuvunyi<br />

rukora ibikorwa bitandukanye. Urwego rw’Umuvunyi<br />

rufite ububasha bwo gukora iperereza mu kigo icyo ari cyo<br />

cyose gikekwamo ibikorwa bya ruswa n’ibyaha bifitanye<br />

isano na yo. Ubwo bubasha bushimangirwa mu Iteka<br />

rya Minisitiri N°67 ryo ku wa 05/05/2009 riha ububasha<br />

bw’ubugenzacyaha abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi.<br />

Iryo perereza rikaba riba rigamije gusuzuma amakuru<br />

atandukanye aba yatanzwe ku mikorere itanoze y’inzego<br />

zigenga, hagasuzumwa niba amakuru yatanzwe afite<br />

ishingiro ; abagaragaweho imikorere itari myiza<br />

bagakurikiranwa .<br />

Hahugurwa kandi abayobozi n’abakozi b’inzego zigenga,<br />

amashyirahamwe n’imiryango itegamiye kuri Leta,<br />

amashyirahamwe y’ubukorikori, abanyamakuru ; ibyo<br />

byose bigakorwa hagamijwe gukangurira izo nzego<br />

gukumira akarengane na ruswa, abazirimo bakanasabwa<br />

kandi gutunga agatoki aho akarengane na ruswa bivugwa<br />

kugira ngo bikumirwe amazi atararenga inkombe.<br />

Kalisa Swaibu<br />

Urwego rw’Umuvunyi rukora iperereza mu bigo n’inzego<br />

byigenga iyo rwatungiwe agatoki ko imikorere y’ibyo bigo<br />

itanoze nyuma y’uko haba hari amakuru aba yatanzwe ko<br />

hari amakosa akorwa na bamwe mu bayobozi b’ibyo bigo.<br />

Amwe muri ayo makosa ni ajyanye n’ibi bikurikira :<br />

- kwaka no kwakira ruswa ;<br />

- kudashyira abakozi mu bwiteganyirize ;<br />

- gucunga nabi umutungo w’ikigo ;<br />

- itonesha ;<br />

- kwigwizaho umutungo mu buryo butemewe ;<br />

- gutanga akazi nta piganwa ribayeho.<br />

Abagaragaweho ayo makosa bashyikirizwa inzego<br />

z’ubutabera kugira ngo bakurikiranweho amakosa bakoze.<br />

Inkiko nizo zifite ububasha bwo kwemeza ko amakosa<br />

abahama cyangwa atabahama.<br />

Kugira ngo imiyoborere myiza igerweho bisaba<br />

ubufatanye bw’inzego nyinshi, muri zo<br />

harimo inzego n’ibigo byigenga .<br />

Nk’uko Itegeko n°17/2005 ryo ku<br />

wa 18/08/2005 rihindura kandi<br />

ryuzuza Itegeko n°25/2003<br />

ryo ku wa 15/08/2003 rigena<br />

imiterere n’imikorere y’Urwego<br />

rw’Umuvunyi ribiteganya ,<br />

uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi<br />

ni ukwerekana aho imikorere<br />

n’imikoranire y’inzego idatunganye,<br />

bitewe n’uko inyuranyije n’amategeko,<br />

n’inshingano za buri rwego cyangwa<br />

n’imigambi rusange ya Leta cyangwa se ko<br />

ifite ingaruka mbi ku baturage.<br />

Nubwo inzego n’ibigo byigenga biba bigamije inyungu<br />

z’abantu ku giti cyabo izo nzego ntizigomba kubangamira<br />

abaturage cyangwa se ngo zice amategeko, zihe icyuho<br />

ruswa , akarengane ndetse n’ibyaha bifitanye isano nabyo.<br />

Ni yo mpamvu Urwego rw’Umuvunyi rushishikariza<br />

abaturarwanda kujya bagaragaza izo nzego kugira ngo<br />

zigirwe inama, zibashe gukosora imikorere yazo. Rimwe<br />

na rimwe imikorere mibi iterwa n’uko abayobozi baba<br />

badasobanukiwe n’ibyo amategeko ateganya.<br />

Guteza imbere imiyoborere myiza ni inzira ndende isaba<br />

ubufatanye bw’inzego zitandukanye ariko muri rusange,<br />

imiyoborere myiza ireba abayobora n’abayoborwa. Ni<br />

byiza ko buri wese amenya uburenganzira n’inshingano ze<br />

kandi akagira ubutwari bwo kuzisohoza neza , akamagana<br />

ruswa kuko ari icyorezo nk’ibindi, bityo Igihugu cyacu<br />

kizatere imbere.<br />

<br />

Kalisa Swaibu<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO RUSWA” RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

UBUTUMWA<br />

BW’ISHIMWE<br />

09/08/2010<br />

Umuvunyi Mukuru, Abavunyi<br />

Bungirije n’Abakozi bose<br />

b’Urwego rw’Umuvunyi<br />

banejejwe no gushimira<br />

Nyakubahwa Perezida wa<br />

Repubulika Paul KAGAME,<br />

Umukandida wa FPR<br />

Inkotanyi ku mwanya wa<br />

Perezida wa Repubulika, ku<br />

cyizere yongeye kugirirwa<br />

n’imbaga y’Abanyarwanda<br />

atsinda amatora yabaye tariki<br />

ya 09/08/2010 ku majwi<br />

93,08%. Urwego rw’Umuvunyi<br />

rumwifurije Ishya n’Ihirwe mu<br />

mirimo yo gukomeza kuyobora<br />

Abanyarwanda.<br />

15<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />

16<br />

Icyo amategeko ateganya ku gikorwa<br />

cyo kumenyekanisha umutungo.<br />

Kwakira buri mwaka inyandiko<br />

zigaragaza imitungo nyakuri<br />

y’abayobozi bakuru n’abandi bakozi<br />

bafite aho bahurira n’umutungo n’imari<br />

bya Leta ni imwe mu nshingano Urwego<br />

rw’Umuvunyi ruhabwa n’Itegeko n°17/2005<br />

ryo ku wa 18/08/2005 rihindura kandi ryuzuza<br />

Itegeko n°25/2003 ryo ku wa 15/08/2003 rigena<br />

imiterere n’imikorere yarwo.<br />

Imenyekanishamutungo rikaba rigamije gutoza<br />

abayobozi n’abakozi ba Leta barebwa n’icyo<br />

gikorwa gutunga ibyo bashatse mu buryo bwemewe<br />

n’amategeko kandi babasha gusobanura inkomoko<br />

yabyo y’ukuri.<br />

Ibi bikaba bibarinda kuba bakwitirinya umutungo<br />

wa Leta bashinzwe gucunga umunsi ku wundi<br />

n’uwabo bwite. Iki gikorwa ngarukamwaka gihera<br />

tariki ya mbere Mutarama kikarangira tariki ya<br />

30 Kamena za buri mwaka. Muri uyu mwaka wa<br />

2010, Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye inyandiko<br />

z’imenyekanishamutungo 6598 ku nyandiko 6653.<br />

zatanzwe.<br />

Itegeko rigenga imiterere n’imikorere y’Urwego<br />

rw’Umuvunyi riteganya ko abayobozi n’abakozi<br />

bavuye ku mirimo yabo bagomba gukora icyo<br />

gikorwa mu gihe kitarenze iminsi 15.<br />

Iyo uhawe umurimo mushya ugushyira mu barebwa<br />

n’Itegeko ryavuzwe haruguru, usabwa gukora<br />

imenyekanishamutungo mu gihe kitarenze iminsi<br />

30 ugiye muri uwo mwanya.<br />

Iyo umuntu ahinduriwe umurimo agahabwa<br />

undi murimo wo mu bantu barebwa<br />

n’imenyekanishamutungo ntabwo yongera gukora<br />

iri menyekanishamutungo.<br />

Mu imenyekanishamutungo abantu basabwa<br />

kugaragaza mu gitabo cyabugenewe imitungo<br />

bafite mu Rwanda n’iyo baba bafite hanze yarwo,<br />

agaciro kayo,uko bayibonye (inkomoko), aho<br />

iherereye n’ingano yayo bagasabwa kwemeza<br />

ko ibyo bagaraje ari ukuri bashyiraho amazina<br />

umukono wabo n’itariki babyemerejeho.<br />

Muri rusange imitungo igaragarizwa Urwego<br />

MUGISHA Jules D.<br />

rw’Umuvunyi igizwe n’amazu (atuwemo,<br />

ay’ubucuruzi n’inganda,…), ubutaka (inzuri,<br />

imirima, amasambu, ibibanza, ahacukurwa amabuye<br />

y’agaciro, asanzwe, imicanga, ahabumbirwa<br />

amatafari, ibyuzi byororerwamo amafi…),<br />

amatungo, amafaranga, imigabane mu ma sosiyete<br />

imyenda, imitungo bwite y’abana batarageza ku<br />

myaka 18, imitungo bwite y’uwashakanye n’ukora<br />

imenyekanishamutungo igihe batasezeranye<br />

ivanguramutungo risesuye.<br />

Igikorwa cy’Imenyekanishamutungo ni<br />

ngarukamwaka<br />

Mu itegeko Ngenga n°61/2008 ryo kuwa<br />

10/09/2008 rigenga imyitwarire y’abayobozi mu<br />

nzego za Leta, mu mutwe wa 5 werekeye imenyekanishamutungo<br />

mu ngingo ya 29 irebana n’ibihano<br />

byerekeye imenyekanishamutungo ivuga ko<br />

« umuyobozi wese ukoze imenyekanishamutungo<br />

ku nshuro ya kabiri ntiryemerwe cyangwa uwanze<br />

kurikora ahanishwa igifungo kuva ku mezi abiri<br />

(2) kugeza ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafranga<br />

y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana abiri<br />

(Frw 200.000) kugeza kuri miliyoni imwe (Frw<br />

1.000.000) cyangwa kimwe muri ibyo bihano.<br />

Itegeko n°22/2002 ryo ku wa 09/07/2002<br />

rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta<br />

n’inzego z’imirimo ya Leta (Igazeti ya Leta<br />

n°17 yo ku wa 01/09/2002, umutwe wa mbere<br />

ujyanye n’ibihano, mu ngingo za 87 kugeza ku<br />

ngingo rya 94,hagaragara ibihano byo mu bwoko<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

<br />

bubiri bishobora - kugira inama guhabwa inzego umukozi za Leta cyangwa Leta igihe<br />

adakoze iz’abikorera ibyo ashinzwe. ku giti Ibihano cyabo kugira byo mu rwego<br />

rwa mbere ngo imikorere birimo ukwihanangirizwa, y’ubuyobozi irusheho kugawa,<br />

cyangwa gukatwa icya kane cy’umushahara<br />

kunogera abaturage;<br />

w’ukwezi kumwe gusa. Ibihano byo mu rwego rwa<br />

kabiri birimo guhagarikwa by’agateganyo mu gihe<br />

Mu kitarenze gushyira amezi mu atatu, bikorwa gukerererwa inshingano kuzamurwa zarwo, mu<br />

haseguriwe ntera cyangwa ibiteganywa kwirukanwa mu burundu. zindi ngingo z’iri<br />

tegeko, Bumwe abagize mu bubasha Urwego bagendera Urwego ku rw’Umuvunyi mahame<br />

akurikira ruhabwa : n’Itegeko twavuze haruguru tugitangira<br />

iyi nyandiko ni ukubimenyesha inzego zikoramo<br />

abantu bose batitabiriye imenyekanishamutungo<br />

1° gushaka buri gihe umuti w’ibibazo mu<br />

cyangwa batarikoreye ku gihe rukazisaba ko<br />

nzira<br />

bafatirwa<br />

y’ibiganiro<br />

ibihano<br />

n’ubwumvikane;<br />

byo mu rwego rw’akazi.<br />

2° Byagaragaye guharanira ko kunga, impamvu kumvikanisha, abantu badakunze kugira<br />

akenshi inama kuvugisha no kugarura ukuri mu imenyekanishatungo<br />

mu nzira nziza<br />

ari uko ibibogamye baba badashobora mbere yo gukoresha gusobanura ubundi uburyo<br />

bagiye bubasha bigwizaho ruhabwa imitungo. n’amategeko. Itegeko n°23/2003 ryo<br />

ku wa 07/08/2003 ryerekeye gukumira, kurwanya<br />

no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo,<br />

Izi nshingano zimaze kuvugwa haruguru zituma<br />

mu cyiciro cya 4 kirebana n’ihanwa ry’ugushakira<br />

Urwego<br />

inyungu<br />

rw’Umuvunyi<br />

kw’abakozi mu<br />

rukurikirana<br />

mirimo batemerewe<br />

imikorere<br />

y’inzego gukora, za mu Leta ngingo rureba yaryo niba ya imikorere 23 rivuga yazo ko<br />

yubahiriza « azahanishwa amategeko igihano cyangwa cy’igifungo se niba kuva abakozi ku myaka<br />

b’izo 2 kugeza nzego ku bubahiriza myaka 5 amahame n’ihazabu y’imiyoborere y’amafaranga<br />

myiza. yikubye inshuro 2 kugeza ku 10 z’agaciro k’indonke<br />

yahawe : a) umukozi wese wa Leta n’undi muntu<br />

wese, yabikora yeruye cyangwa ku buryo bufifitse,<br />

Inshingano z’Urwego rw’Umuvunyi zituma<br />

cyangwa abishyizemo umuhagararira, uzaba<br />

habaho<br />

yihesheje<br />

gukurikirana<br />

cyangwa yemeye<br />

umunsi<br />

guhabwa,<br />

ku munsi<br />

binyuranyije<br />

imikorere<br />

n’amategeko amugenga, inyungu iyo ari yo yose,<br />

mu bikorwa, mu ipiganirwa ry’amasoko y’ibigurwa<br />

y’ cyangwa inzego za y’imirimo Leta kugira ikorwa, ngo zigirwe mu nzego inama z’imirimo aho<br />

bibaye ya Leta ngombwa, no mu zindi bikaba nzego, bigira abifitemo ingaruka cyangwa nziza<br />

mu yarabifitemo, gufasha izo mu nzego gihe cy’icyo kuvugurura gikorwa, imikorere ubutegetsi<br />

cyangwa ubugenzuzi kuri byose cyangwa kuri<br />

yazo.<br />

bimwe ;<br />

b) umukozi wese wa Leta n’undi muntu wese<br />

Ubu uzaba, buryo binyuranyije butuma Urwego n’amategeko rw’Umuvunyi amugenga, rufasha<br />

inzego yarihaye za inyungu Leta kwivugurura iyo ari yo yose, no kwisuzuma ku kintu yari<br />

hagamijwe ashinzwe gufasha gutunganyiriza abaturage ubwishyu kwiteza imbere, cyangwa<br />

bikaba irangizamutungo. binyuranye n’imikorere y’izindi nzego<br />

zifite Icyiciro inshingano cya nkarwo; 5 kirebana urugero n’igwizamutungo<br />

ni Ubufaransa<br />

ritemewe, ingingo ya 24 ivuga ko azaba yakoze<br />

aho mu ngingo ya 9 y’Itegeko ryo kuwa 3/01/1973<br />

icyaha cy’igwizamutungo ritemewe, umukozi wa<br />

rishyiraho<br />

Leta n’undi<br />

Urwego<br />

muntu<br />

rurwanya<br />

wese uzigwizaho<br />

akarengane<br />

umutungo<br />

ivuga<br />

ko adashobora igihe rusanze kugaragaza ikibazo aho ari yawukomoye rusange mu nzego binyuze<br />

nyinshi, mu kuri kandi urwo byemewe rwego n’amategeko. rushobora gusaba Azahanishwa ko<br />

itegeko igihano cyangwa cy’igifungo iteka kuva rihinduka, ku myaka 2 rushobora kugeza ku<br />

kandi myaka kubikora 5 n’ihazabu rubisabwe y’amafaranga n’abaturage yikubye babona inshuro<br />

ko 2 kugeza hari akarengane ku 10 z’agaciro gaterwa k’umutungo n’itegeko cyangwa adashobora<br />

kugaragaza aho yawukomoye mu buryo bwemewe<br />

imikorere y’inzego za Leta.<br />

n’amategeko. Urukiko ruteganya nta mpaka<br />

ubunyagwe bw’ibintu cyangwa inyungu icyaha<br />

Iyo cyakoreweho. urebye ishingiro ry’imikorere y’Urwego<br />

rw’Umuvunyi Bayobozi namwe ni ukureba bakozi niba inzego musabwa zubahiriza gukora<br />

cyangwa imenyekanishamutungo, zishyira mu bikorwa ni inshingano muyigaragarize zahawe, igihe<br />

igihe kandi zikubita mu kuri. Ibi agashyi bizabafasha ngo kwiremamo zikosore ibyaba ituze no<br />

bitameze kuyigirirwa neza n’ababakuriye niho hakomoka kuko impinduka muzaba mwujuje nziza<br />

imwe mu nshingano z’ingenzi musabwa. Muzaba<br />

izifasha gufata icyerekezo gishya cy’imikorere.<br />

mugaragaje kandi ko mukorera mu mucyo.<br />

<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

IFATABUGUZI RYO KWAMAMAZA MU MABARA GUSA<br />

1. Urupapuro rwose 300.000 Frw<br />

2. 1/2 cy’urupapuro 200.000 Frw<br />

3. 1/4 cy’ urupapuro 150.000 Frw<br />

Ibindi bisobanuro mwabariza ku biro by’ Urwego rw’ Umuvunyi<br />

ku Kimihurura (Ku kabindi) cyangwa kuri telefoni zikurikira:<br />

252 587308 / 252 587309 / (250) 0788305881 / (250) 0788479380<br />

17<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />

The impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />

assets in Rwanda<br />

MUGISHA Jules D.<br />

18<br />

The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> is a public independent<br />

institution that was created in 2003 by <strong>the</strong> Constitution<br />

<strong>of</strong> <strong>the</strong> Republic <strong>of</strong> Rwanda <strong>of</strong> 04 June 2003 in its article<br />

182. The law n° 17/2005 <strong>of</strong> 18/08/2005 amending and<br />

complementing <strong>the</strong> law n° 25/2003 <strong>of</strong> 15/08/2003<br />

determines <strong>the</strong> organization and <strong>the</strong> functioning <strong>of</strong><br />

that <strong>Office</strong>.<br />

As to contribute to streng<strong>the</strong>ning good governance<br />

across <strong>the</strong> country institutions, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

<strong>Ombudsman</strong> has been assigned <strong>the</strong> following<br />

attributions:<br />

- act as link between <strong>the</strong> citizen and <strong>the</strong> public and<br />

private institutions and services;<br />

- prevent and fight injustice, corruption and o<strong>the</strong>r<br />

related <strong>of</strong>fences in public and private administration;<br />

- receive and examine <strong>the</strong> complaints from individuals<br />

and independent associations relating to acts <strong>of</strong> civil<br />

servants, state organs and private institutions and to<br />

mobilise such civil servants and institutions in order<br />

to find solutions to such complaints if it finds <strong>the</strong>y are<br />

well founded;<br />

- receive annually and <strong>the</strong> faithful declaration <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

from <strong>the</strong> senior <strong>of</strong>ficials <strong>of</strong> <strong>the</strong> country and o<strong>the</strong>r<br />

personalities responsible for <strong>the</strong> public assets and<br />

finances, determined by law;<br />

- make a follow- up on <strong>the</strong> respect <strong>of</strong> laws relating to<br />

conduct <strong>of</strong> politicians and o<strong>the</strong>r leaders.<br />

For <strong>the</strong> purpose <strong>of</strong> this article, we will focus on<br />

<strong>the</strong> declaration <strong>of</strong> assets and property by <strong>the</strong> senior<br />

<strong>of</strong>ficials and o<strong>the</strong>r personalities responsible for <strong>the</strong><br />

public assets and finances as <strong>the</strong>y are determined<br />

by <strong>the</strong> law. The activity <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong> assets is<br />

undertaken as to prevent and fight against corruption<br />

and promote transparency in <strong>the</strong> public institutions.<br />

The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> has carried out a study<br />

on <strong>the</strong> impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong> assets and property.<br />

This study had <strong>the</strong> following objectives:<br />

- understand <strong>the</strong> incidence <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />

assets on <strong>the</strong> management <strong>of</strong> <strong>the</strong> public and<br />

private assets;<br />

- bring out <strong>the</strong> view <strong>of</strong> <strong>the</strong> persons who make<br />

declaration <strong>of</strong> assets on <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong><br />

declaring assets and property.<br />

The declaring persons <strong>of</strong> assets and property to <strong>the</strong><br />

<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> were categorized according<br />

to <strong>the</strong>ir administrative position as follow:<br />

• Administrative leaders<br />

• Managers<br />

• Security <strong>Office</strong>rs<br />

• Judicial <strong>Office</strong>rs<br />

• Procurement <strong>Office</strong>rs<br />

• Secondary education staff<br />

• Supervisors<br />

• <strong>Office</strong>rs in charge <strong>of</strong> Settlement and Land<br />

The social demographic characteristics <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

declaring persons have been focused on <strong>the</strong> following<br />

criteria; age, sex, administrative position, marital<br />

status, education level and <strong>the</strong> monthly salary level.<br />

Also <strong>the</strong> survey distinguished personal assets from<br />

public assets, improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />

assets, transparency in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />

assets, improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />

refusing bribe, reducing embezzlements <strong>of</strong> public<br />

assets.<br />

The study was an evaluation <strong>of</strong> <strong>the</strong> incidence <strong>of</strong><br />

declaration <strong>of</strong> assets on <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />

and private assets. A series <strong>of</strong> questions were asked to<br />

know if <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong> declaring assets and property<br />

has led to <strong>the</strong> following:<br />

• Distinguishing personal assets from public<br />

assets,<br />

• Improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public assets,<br />

• Transparency in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />

assets,<br />

• Improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />

• Refusing <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />

• Refusing bribe, and<br />

• Reducing embezzlements <strong>of</strong> public assets.<br />

The study made an analysis <strong>of</strong> <strong>the</strong> opinion on <strong>the</strong><br />

activity <strong>of</strong> declaring assets and property:<br />

• number <strong>of</strong> years for which assets and property<br />

have been declared;<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

• agreement level with <strong>the</strong><br />

statement “<strong>the</strong> activity <strong>of</strong><br />

declaring assets and property<br />

does interfere with <strong>the</strong> daily<br />

lives <strong>of</strong> those who declare<br />

<strong>the</strong>ir assets”;<br />

• agreement level with <strong>the</strong><br />

statement “<strong>the</strong> answers<br />

provided in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong><br />

declaration <strong>of</strong> assets are<br />

true”;<br />

• agreement level with <strong>the</strong><br />

statement answers provided<br />

in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />

assets are exhaustive”;<br />

• necessity for annual<br />

declaration <strong>of</strong> assets and<br />

property;<br />

• ideal scheduled period for<br />

declaring assets and property.<br />

Declaring assets and property for <strong>the</strong><br />

targeted leaders is carried out on annual basis. As to<br />

know <strong>the</strong> period that would better suit <strong>the</strong> declaring<br />

persons, <strong>the</strong> survey raised <strong>the</strong> question to know<br />

whe<strong>the</strong>r <strong>the</strong> declaring exercise needs to be carried<br />

out every year.<br />

The declaration <strong>of</strong> assets is an obligation highly<br />

appreciated for its objectives. It enables <strong>the</strong><br />

separation <strong>of</strong> private assets from public assets (78%),<br />

<strong>the</strong> improvement <strong>of</strong> <strong>the</strong> management (79% for public<br />

assets and 72% for private assets), <strong>the</strong> transparency<br />

in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public assets (80%), and <strong>the</strong><br />

reduction <strong>of</strong> embezzlements <strong>of</strong> public assets (76%).<br />

Regarding <strong>the</strong> opinions <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring<br />

persons on <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong> declaring assets and property,<br />

<strong>the</strong>y are favourable for a high level: <strong>the</strong> statement on<br />

<strong>the</strong> interference <strong>of</strong> <strong>the</strong> activity <strong>of</strong> declaring assets in<br />

<strong>the</strong> daily lives <strong>of</strong> those who declare <strong>the</strong>ir assets is<br />

disproved at 78% <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring persons,<br />

whereas accuracy and exhaustiveness <strong>of</strong> answers<br />

provided in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong> declaration are respectively<br />

confirmed by 81% and 78% <strong>of</strong> surveyed declaring<br />

persons.<br />

Although <strong>the</strong> survey results pertaining to incidence<br />

and different views <strong>of</strong> <strong>the</strong> declaring persons on<br />

declaration <strong>of</strong> assets and property indicate a positive<br />

impact <strong>of</strong> <strong>the</strong> activities carried out by <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong><br />

Houses, land, cows, money on accounts, cars and farms<br />

are among <strong>the</strong> verified assets<br />

<strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong>, <strong>the</strong>re is a need for streng<strong>the</strong>ning<br />

actions.<br />

As for <strong>the</strong> view on <strong>the</strong> need to declare assets and<br />

property every year, 79% <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring<br />

persons have no objection. Concerning <strong>the</strong> ideal<br />

periodicity to declare assets and property for <strong>the</strong> 14%<br />

<strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring persons who do not agree<br />

on <strong>the</strong> annual periodicity, among <strong>the</strong>m, 41% propose<br />

a period <strong>of</strong> 3 years, 35% propose a 2 year period<br />

and 21% a 5 year period. They present <strong>the</strong> higher<br />

proportions respectively among <strong>the</strong> judicial <strong>of</strong>ficers<br />

(47%), security <strong>of</strong>ficers (43%), <strong>the</strong> supervisors<br />

(39%) and <strong>the</strong> administrative leaders and secondary<br />

education staff (33%). In addition, <strong>the</strong> surveyed<br />

declaring persons are, most <strong>of</strong> <strong>the</strong> cases, <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

university level (84%) with a salary below 350,000<br />

RwF (55%).<br />

Considering <strong>the</strong> results <strong>of</strong> <strong>the</strong> survey on <strong>the</strong> period <strong>of</strong><br />

declaring assets and property, <strong>the</strong> period provided for<br />

by <strong>the</strong> law, which is <strong>the</strong> annual declaration, yet comes<br />

out as <strong>the</strong> recommendation <strong>of</strong> this study and this<br />

will help as <strong>the</strong> new mandate assigned to <strong>the</strong> <strong>Office</strong><br />

<strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in <strong>the</strong> preventing and fighting<br />

against corruption and seek better transparency in <strong>the</strong><br />

governance in Rwanda.<br />

<br />

MUGISHA Jules D.<br />

19<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />

Dusobanukirwe n’ibikubiye mu itegeko ngenga<br />

N o 61/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigena imyitwarire<br />

y’abayobozi (ibikurikira n°16)<br />

KAJANGANA Aimé<br />

Nkuko twabyijeje abasomyi b’Umuvunyi<br />

Magazine mu nomero ya 16 tugiye<br />

gukomeza inyandiko twatangiye igamije<br />

kubasobanurira ku buryo burambuye ibikubiye<br />

mu itegeko ngenga nimero 61/2008 ryo kuwa<br />

10/09/2008.<br />

Dusoza iyo nyandiko twababwiye ko muri iyi<br />

numero tuzabagezaho ku buryo burambuye<br />

ibirebana n’ibyo abayobozi batemerewe<br />

kubangikanya n’umurimo w’ubuyobozi barimo.<br />

Ibi nkuko tugiye kubibona bigenda bitandukana<br />

bitewe n’<strong>urwego</strong> rw’ubuyobozi umuntu arimo.<br />

Muri iri tegeko ibirebana no kutabangikanya imirimo<br />

turabisanga mu mutwe wa gatanu w’iri tegeko mu<br />

ngingo ya 12n’izindi ngingo zikurikiraho.<br />

ntibemerewe kuba mu nzego z’ubuyobozi<br />

bw’amashyirahamwe n’imiryango idaharanira<br />

inyungu. Icyakora, bashobora kubibera<br />

abanyamuryango. Ntibemerewe kandi<br />

kubangikanya imirimo yabo no guhagararira<br />

Leta mu nama y’ubuyobozi mu kigo cya Leta<br />

cyangwa mu Nama y’Ubutegetsi mu kigo Leta<br />

ifitemo imigabane. Icyakora, iyo bibaye ngombwa,<br />

byemejwe n’Inama y’Abaminisiri, Abayobozi<br />

Bakuru, uretse abagize Guverinoma, abagize<br />

Inteko Ishinga Amategeko, Abacamanza mu<br />

Rukiko rw’Ikirenga, bashobora kujya mu Nama<br />

y’Ubuyobozi bw’Ikigo cya Leta no mu nama<br />

y’Ubutegetsi bw’Ikigo Leta ifitemo imigabane<br />

cyangwa icyigenga hakurikijwe inzira n’uburyo<br />

biteganywa n’amategeko agenga ibyo bigo.<br />

20<br />

KUTABANGIKANYA IMIRIMO<br />

Ibitabangikanywa<br />

Umuyobozi ufite inyungu bwite ku buryo buziguye<br />

cyangwa butaziguye zishobora kubangamira ku<br />

buryo ubwo ari bwo bwose inshingano n’inyungu<br />

z’<strong>urwego</strong> rwa Leta ahamagawemo kuba umuyobozi,<br />

agomba kwiyemeza kuzireka mbere yo gutangira<br />

uwo murimo n’igihe cyose azaba awukora.<br />

Igihe cyose afite uruhare urwo ari rwo rwose mu<br />

ifatwa ry’icyemezo afitemo inyungu iyo ari yo yose<br />

ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, byaba<br />

biturutse ko kiri mu nshingano ze cyangwa biturutse<br />

ku ruhare urwo ari rwo rwose yagira mu ifatwa<br />

ryacyo, haba ku bw’uruhare agira mu kugifatira<br />

hamwe n’abandi cyangwa ku nama atanga mu<br />

kugitegura, asabwa kubitangariza abamukuriye<br />

cyangwa abakuriye <strong>urwego</strong> rumushyiraho no<br />

kwivana mu mubare w’abafata icyo cyemezo.<br />

Imirimo yindi y’ubuyobozi itabangikanywa<br />

Abayobozi b’ikirenga n’abayobozi bakuru<br />

Amasezerano umuyobozi atemerewe<br />

Umuyobozi ntiyemerewe, haba ku giti cye cyangwa<br />

binyuze ku kigo afitemo imigabane keretse<br />

amasosiyete y’abataziranye, gupiganira amasoko<br />

ya Leta. Umuyobozi uhagarariye Leta mu kigo<br />

ifitemo imigabane cyangwa ushinzwe kukigenzura<br />

ntiyemerewe kugirana na cyo amasezerano ayo ari<br />

yo yose amuha uburyo burenze ubwo gisanzwe<br />

giha abandi bakozi bacyo.<br />

Imirimo ibujijwe ku bayobozi, abo bashakanye<br />

no ku bana babo<br />

Abayobozi b’ikirenga babujijwe gukora imirimo<br />

y’ubucuruzi. Abashakanye na bo n’abana babo<br />

batarageza ku myaka cumi n’umunani (18)<br />

babujijwe gukora umurimo w’ubucuruzi, uwa<br />

politiki uhemberwa cyangwa umurimo utesha<br />

icyubahiro abo bayobozi.<br />

Abashakanye n’abayobozi b’ikirenga bavugwa<br />

mu gika kibanziriza iki, bemerewe gukora undi<br />

murimo utabujijwe mu yo tumaze kuvuga.<br />

Babujijwe gusa kugurisha na Leta umusaruro<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

bawukomoramo. Abana batavuzwe mu gika<br />

cya 2 cy’iyi ngingo, bashobora gukora imirimo<br />

y’ubucuruzi, babujijwe gusa kujya mu masoko<br />

ya Leta. Umuyobozi w’Ikirenga ufite kandi<br />

imigabane mu bikorwa by’uwo bashakanye iyo<br />

bari mu ivanguramutungo risesuye ndetse no mu<br />

yandi masosiyete agomba kubimenyesha Urwego<br />

rw’Umuvunyi.<br />

<br />

<br />

Imirimo ibujijwe Abayobozi Bakuru<br />

Abayobozi bakuru babujijwe gukora imirimo<br />

y’ubucuruzi. Nyamara babiherewe uruhushya<br />

n’umuyobozi w’<strong>urwego</strong> barimo, bashobora gukora<br />

indi mirimo ku nyungu z’igihugu. Iyo bakoze<br />

iyo mirimo yihariye ntibayihemberwa. Icyakora,<br />

abo bashakanye n’abana babo bashobora gukora<br />

imirimo y’ubucuruzi, babujijwe gusa kujya<br />

mu masoko ya Leta. Abana bavugwa mu gika<br />

kibanziriza iki bagomba kumenyeshwa <strong>urwego</strong><br />

rw’Umuvunyi. Umuyobozi mukuru ufite kandi<br />

imigabane mu bikorwa by’uwo bashakanye iyo<br />

bari mu ivanguramutungo risesuye ndetse no mu<br />

yandi masosiyete agomba kubimenyesha Urwego<br />

rw’Umuvunyi.<br />

Imicungire y’ibintu by’umuyobozi wakoraga<br />

umwuga w’ubucuruzi<br />

Iyo umuyobozi w’ikirenga cyangwa umuyobozi<br />

mukuru asanzwe ari umucuruzi cyangwa ari mu<br />

buyobozi bw’ikigo cy’ubucuruzi haba mu gihugu<br />

cyangwa mu mahanga, agena undi muntu ushinzwe<br />

imicungire y’ibintu bye mu gihe akiri muri ubwo<br />

buyobozi, akabimenyesha mu nyandiko Urwego<br />

rw’Umuvunyi mu gihe kitarenze iminsi mirongo<br />

icyenda (90) uhereye ku munsi atangiriyeho<br />

imirimo.<br />

Nkuko twabivuze dutangira iyi nkuru biragaragara<br />

ko ibyo abayobozi babujijwe kubangikanya<br />

n’imirimo y’ubuyobozi bigenda bitandukana<br />

bitewe n’<strong>urwego</strong> barimo.<br />

Ibi byose byateganyijwe hagamijwe gukumira<br />

abayobozi bashobora gukoresha imyanya yabo<br />

bakaba baha ruswa icyuho cyangwa bakaba<br />

baha agaciro kanini ndetse n’umwanya munini<br />

imirimo imwe n’imwe nk’iy’ubucuruzi bigatuma<br />

batayobora neza abo bashinzwe.<br />

Mu numero yacu itaha tuzabasobanurira ibirebana<br />

n’itangwa n’iyakira ry’impano cyangwa amaturo<br />

ku bayobozi.<br />

Biracyaza ntimuzacikwe.<br />

<br />

21<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />

Imiyoborere myiza mu turere ni<br />

umuyoboro w’ubutabera<br />

GATERA Athanase<br />

22<br />

Politiki y’imiyoborere myiza (good<br />

governance) ni intego u Rwanda rwiyemeje<br />

kugenderaho hagamijwe kugera ku<br />

buyobozi bubereye abaturarwanda bose kandi<br />

buharanira inyungu rusange. Imiyoborere myiza<br />

irangwa no gukorera mu mucyo, guha abaturage<br />

urubuga mu kugena no kugenzura ibikorwa<br />

bibareba, kwimakaza uburenganzira bwa buri<br />

muntu no gutanga serivisi zinogeye abaturage.<br />

Iyo politiki ireba mbere na mbere abayobozi<br />

n’abakozi ba Leta kuko nibo bashinzwe gushyira<br />

mu bikorwa gahunda za Leta zigenewe abo<br />

baturage. Abaturage nabo ntibagomba kurebera<br />

ibikorwa ahubwo bagomba kugaragaza ibyifuzo<br />

byabo kandi bikitabwaho.<br />

Nk’uko biteganijwe mu itegeko rigena imiterere<br />

n’imikorere by’Urwego rw’Umuvunyi, uru Rwego<br />

rufite inshingano yo guteza imbere imiyoborere<br />

myiza mu nzego za Leta n’izigenga. Niyo mpamvu<br />

Urwego rw’Umuvunyi rugenzura imikorere<br />

y’inzego n’ibigo bya Leta kugira ngo rusuzume<br />

niba imikorere yabyo ijyanye na gahunda za Leta,<br />

niba umutungo ucungwa mu nyungu rusange<br />

kandi niba bigera ku nshingano byahawe.<br />

By’umwihariko inzego zegerejwe abaturage<br />

zigomba kurangwa no kubagezaho serivisi ziboneye<br />

abazigana. Gucunga neza umutungo izo nzego<br />

zikoresha bituma zigera ku ntego zazo ku buryo<br />

zateganijwe. Urwego rw’Umuvunyi rwashyizeho<br />

ibipimo (indicators) byarufasha gusuzuma uko<br />

politiki y’imiyoborere myiza ihagaze mu turere<br />

twose tw’u Rwanda. Gusuzuma iyo politiki bijyanye<br />

kandi n’inshingano yo gukumira no kurwanya<br />

akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na<br />

yo. Twakwibutsa ko ruswa n’akarengane ari<br />

imbogamizi zikomeye z’imiyoborere myiza kuko<br />

ari ibyorezo bibangamira inyungu z’umuturage.<br />

Ruswa ibangamira iterambere rusange, uwo<br />

yokamye arangwa no kwigwizaho imitungo abona<br />

mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibyo abikora<br />

atitaye ku nyungu z’abandi. Ruswa ni imungu<br />

igomba gucibwa mu nzego z’ibanze.<br />

Uturere twarasuzumwe tugirwa inama yo<br />

kunoza imikorere<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwagiye rushyiraho<br />

gahunda yo kugenzura uturere rugamije kureba<br />

ibyaba bibangamira politiki y’imiyoborere myiza<br />

kugira ngo hafatwe ingamba zo kubihashya.<br />

Hagaragajwe ibyuho byose bya ruswa<br />

n’iby’imikorere idahwitse. Ubuvugizi bwakozwe<br />

ku nzego zitandukanye zigomba gufasha uturere<br />

gushyira mu bikorwa iyo politiki.<br />

Nk’uko bigaragara hari amategeko n’amabwiriza<br />

ashyirwaho atanga imirongo ngenderwaho muri<br />

gahunda zitandukanye ariko ntiyubahirizwe uko<br />

ateye. Nk’uko abasesengura ibirebana na ruswa<br />

babisobanura, kudakurikiza amategeko ni icyuho<br />

cya ruswa kuko abakabikoze bikorera ukundi<br />

bagamije inyungu zabo cyangwa iz’abo baziranye.<br />

Byongeye ariko, iyo nta mategeko ariho cyangwa<br />

n’ariho akaba atajyanye n’ibihe nabyo biba icyuho<br />

cya ruswa.<br />

Mu gusura uturere hagiye hasuzumwa uburyo<br />

inzego zikorana ndetse zinagenzurana. Aha twavuga<br />

uko inama njyanama y’akarere yubahiriza<br />

inshingano zayo nk’<strong>urwego</strong> rushinzwe kuyobora<br />

no kugenzura izindi. Mu mikorere y’akarere hagomba<br />

kurangwamo uburyo bunoze bwo kugenzura<br />

ibikorerwa mu karere na serivisi zihabwa abagana<br />

akarere. Ubugenzuzi ni ngombwa cyane mu mikorere<br />

y’akarere kuko ubuyobozi bumenya ahari<br />

ibyuho bityo bugashyiraho kandi bugakurikirana<br />

ingamba zo kubirwanya. Igenzura rishimangira<br />

inshingano za komite nyobozi y’akarere yo gukurikirana<br />

buri gihe ibikorerwa mu karere no kubigaragariza<br />

abaturage.<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

rugira inama inzego<br />

zitandukanye harimo<br />

uturere ku buryo bwo<br />

kunoza imikorere<br />

yazo. Iyo mikorere<br />

igomba gushingira kuri<br />

gahunda ya Leta kandi<br />

ntibangamire inyungu<br />

z’abaturage. Niyo<br />

mpamvu, uturere tugirwa<br />

igihe cyose inama zo<br />

kubahiriza amategeko<br />

duhabwa. Abayobozi<br />

n’abacungamutungo mu<br />

turere bagomba kurangwa<br />

n’imicungire myiza<br />

y’umutungo aho gushaka<br />

kuwunyereza. Mu<br />

mikorere yabo bagomba<br />

kwirinda ruswa cyangwa<br />

ibyaha bifitanye isano na<br />

ruswa nk’ikimenyane,<br />

i c y e n e w a b o<br />

n’ikoreshagitinyiro. Gukoresha ukuri no kubaha<br />

amategeko bituma ibyo akarere gakora biba bifite<br />

ireme kandi bifitiye inyungu abagatuye bose.<br />

Mu turere hagomba kurangwamo gukorera mu<br />

mucyo, serivisi zigatangwa neza, abaturage<br />

bakakirwa nta kubasiragiza cyangwa kubikiza.<br />

Abakozi babishinzwe bagomba kugira ishema ryo<br />

kumva bakoze neza kuko bibahesha icyubahiro<br />

bikanaranga ubuhanga bwabo. By’umwihariko,<br />

abari mu myanya y’ubuyobozi basabwa kuba<br />

intangarugero mu byo bakora n’ inyangamugayo<br />

mu myitwarire. Iyo batigenzura ubwabo, imikorere<br />

yabo ishobora gutuma akarere kavugwa nabi<br />

n’umusaruro w’abakozi ugatuba.<br />

Ni umwanya kuri buri karere kwerekana aho<br />

gahagaze<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwateguye amarushanwa<br />

ku miyoborere myiza agenewe uturere twose<br />

tw’Igihugu. Aya marushanwa yateguwe muri<br />

gahunda y’ibikorwa byo kwizihiza icyumweru<br />

cyahariwe kurwanya ruswa kiba mu kwezi<br />

Nyakubahwa Perezida w’ Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite<br />

ashyikiriza igihembo cya mbere umuyobozi w’Akarere ka Gisagara ku munsi<br />

mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa<br />

k’Ukuboza kwa buri mwaka. Ubusanzwe mu<br />

gusoza icyo cyumweru Urwego rw’Umuvunyi<br />

rugenera ibihembo uturere dutatu twitwaye neza mu<br />

bikorwa byo gukumira no kurwanya akarengane,<br />

ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.<br />

Amarushanwa yateguwe agamije kugenzura aho<br />

buri karere gahagaze mu birebana no gushyira<br />

mu bikorwa politiki y’imiyoborere myiza. Ayo<br />

marushanwa ari mu byiciro bibiri: kugera mu<br />

mpera z’ukwezi kwa Nzeri, buri karere kazuza<br />

imbonerahamwe kashyikirijwe n’Urwego<br />

rw’Umuvunyi kihe amanota kuri 50. Mu kwezi<br />

kw’Ugushyingo abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />

bazajya muri buri karere kugenzura niba ibyo<br />

uturere twanditse bihari koko. Buri karere<br />

kazahabwa amanota kuri 50.<br />

Amarushanwa yibanda ku ngingo enye arizo<br />

imiyoborere, imitangire y’amasoko, ubugenzuzi<br />

n’imenyekanishamutungo. Bimwe mu bisuzumwa<br />

mu miyoborere ni uburyo bw’imicungire<br />

y’abakozi, inama z’abayobozi n’abakozi, inama<br />

z’inama njyanama n’uburyo ibyemezo bishyirwa<br />

23<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />

24<br />

mu bikorwa. Akarere kagomba kugaragaza uko<br />

gakorana n’imirenge mu gukemura ibibazo<br />

by’abaturage kagaragaza ibyakemutse, ibyoherejwe<br />

mu zindi nzego n’uburyo bwo kubikemuramo.<br />

Amasoko ya Leta ni uburyo bwashyizweho bwo<br />

gukumira ruswa, gushyigikira abikorera ku giti<br />

cyabo no gushimangira ihame ryo gukorera mu<br />

mucyo. Amasoko ya Leta atangwa hakurikijwe<br />

amategeko, amateka ndetse n’amabwiriza<br />

asobanura ibigomba kwitabwaho. Ariko byagiye<br />

bigaragara ko mu masoko ya Leta harangwamo<br />

ibikorwa byo kudakurikiza nkana ibigomba<br />

kubahirizwa hagamijwe kubishakiramo indonke.<br />

Inzego zose zigomba guhashya ibyo bikorwa,<br />

zikabikumira, ababifatiwemo bagahanwa nk’uko<br />

amategeko abiteganya. Niyo mpamvu uturere<br />

tugomba natwo kwitabira gahunda zose n’ingamba<br />

byo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa<br />

mu masoko ya Leta.<br />

Muri gahunda y’amarushanwa twavuze haruguru,<br />

bimwe mu byitabwaho ku birebana n’amasoko<br />

ya Leta ni ibijyanye n’abagize akanama gatanga<br />

amasoko, amasoko yatanzwe hakurikijwe<br />

amategeko, abakozi cyangwa abayobozi bagize<br />

uruhare mu gutuma amasoko atangwa ku buryo<br />

butubahirije amategeko, ba rwiyemezamirimo<br />

batubahirije amasezerano bagiranye n’uturere<br />

n’ibihano bahawe.<br />

Iyo inzego zishinzwe ubugenzuzi zikora neza akazi<br />

kazo bituma <strong>urwego</strong> rwagenzuwe rurushaho gukora<br />

neza kuko imikorere myiza n’imibi igaragazwa,<br />

bityo ibitagenda neza bigakosorwa. Akarere nako<br />

gafite uburyo bw’igenzura ry’imbere (internal control)<br />

n’iry’inyuma (external control). Icy’ingenzi<br />

mu bugenzuzi ni uko ibyifuzo byatanzwe bishyirwa<br />

mu bikorwa. Mu byo uturere tugomba kugaragariza<br />

Urwego rw’Umuvunyi mu rwego rw’amarushanwa<br />

ku miyoborere myiza harimo uburyo ubugenzuzi<br />

bukorwa na raporo zigaragaza uburyo ibyasabwe<br />

n’ inzego zitandukanye zakoze ubugenzuzi<br />

byashyizwe mu bikorwa.<br />

Nk’uko biri mu nshingano zabo, abayobozi<br />

n’abakozi bafite aho bahurira n’umutungo wa Leta<br />

cyangwa bari mu myanya ifata ibyemezo bagomba<br />

kugaragariza Urwego rw’Umuvunyi imitungo<br />

yabo. Komite nyobozi y’akarere igomba gukangurira<br />

abarebwa n’icyo gikorwa bakorera mu karere<br />

kucyitabira no kubagenera ibihano iyo batagitunganije.<br />

Ese ibyo birakorwa? Ntabatamenyekanisha<br />

umutungo wabo ku Rwego rw’Umuvunyi<br />

kandi ntibibagireho ingaruka?<br />

Akarere ni ishingiro rya politiki yo kwegereza<br />

abaturage ubuyobozi n’ubushobozi. Imikorere<br />

y’akarere ituma hasuzumwa uburyo iyo politiki<br />

ishyirwa mu bikorwa. Ibyakozwe byose nk’uko<br />

bikubiye mu ngingo enye zavuzwe harugu bigomba<br />

kugaragazwa na raporo zikubiyemo amakuru<br />

afatika.<br />

Imiyoborere myiza ishimangira ubutabera<br />

Guteza imbere imiyoborere myiza mu turere ni inzira<br />

iboneye yo gushimangira ubutabera. Iyo amahame<br />

y’imiyoborere myiza yitaweho uburenganzira<br />

bw’umuturage burubahirizwa, akarengane<br />

kagacika kuko umuyobozi ashyira imbere inyungu<br />

z’umuturage. Ibibazo by’akarengane bikemukira<br />

mu mirenge no mu tugari. Abaturage bagira<br />

uruhare mu gukumira akarengane, ruswa n’ibyaha<br />

bifitanye isano na yo. Ntawe uhutazwa. Ntawe<br />

usaba serivisi atemerewe ngo ni uko yitwaje<br />

bitugukwaha. Buri muturage aba ijisho rya mugenzi<br />

we akabasha kumurengera no kumurenganura<br />

kuko aba yaracengewemo n’ihame ryo guharanira<br />

uburenganzira bwa muntu.<br />

Ubutabera bwose bushyira imbere ikibereye<br />

umuntu, bwubakiye ku kuri, ku kutabogama no ku<br />

kutavogerwa. Abayobozi n’abakozi bo mu nzego<br />

z’ibanze bagomba kurangwa no kwita ku iterambere<br />

ry’abaturage no ku kubahiriza uburenganzira<br />

bwabo ku byo babakorera. Umuturage nawe<br />

agomba guhora azirikana inshingano ze, akitabira<br />

no guharanira icyamuteza imbere n’icyazamura<br />

igihugu cye. Inzego zishinzwe guteza imbere<br />

imiyoborere myiza zikwiye gukaza umurego kuko<br />

iyo nzira niyo izatuma abaturarwanda tugera ku<br />

majyambere twifuza mu Cyerekezo 2020.<br />

GATERA Athanase<br />

<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Abakozi bashya b’Urwego rw’Umuvunyi<br />

bahuguriwe kuri gahunda za Leta.<br />

Kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 16 Nyakanga<br />

2010, Urwego rw’Umuvunyi rwageneye<br />

abakozi barwo bashya amahugurwa kuri<br />

gahunda zitandukanye za Leta (induction course).<br />

Aya mahugurwa yari agamije muri rusange<br />

gufasha abakozi bashya kugira imyumvire imwe<br />

kuri politiki na gahunda bya Leta n’iby’Urwego<br />

rw’Umuvunyi by’umwihariko.<br />

Abakozi bashya 23 bahuguriwe ku miterere<br />

n’imikorere by’Urwego rw’Umuvunyi (overview <strong>of</strong><br />

<strong>the</strong> functionning <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong>),<br />

kuri politiki y’uburinganire n’ubwuzuzane hagati<br />

y’abagabo n’abagore (gender), ku bumenyi bwa<br />

politiki (political science), ku mitangire ya serivisi<br />

zinoze kandi zihuse (service delivery), k’uburyo<br />

bwo gukemura amakimbirane (conflict resolution<br />

and management), uburyo bwo gukora igenzura<br />

(operational audit), Itegeko rigenga imicungire<br />

n’imikoreshereze y’imari ya Leta (public finance<br />

Law), uburyo bwo gutegura ingengo y’imari<br />

(preparation <strong>of</strong> budget), uruhare rw’Urwgo<br />

rw’Umuvunyi mu miyoborere myiza (role <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />

<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in good governance),<br />

Itegeko ryo kurwanya ruswa (corruption Law),<br />

ubutegetsi bwa Leta n’imivugurire yabwo<br />

(public administration and <strong>the</strong> reform), vision<br />

2020, imitangire y’amasoko mu nzego za Leta<br />

(procurementt procedures in public institutions),<br />

uburyo bwo kuvuga no gukora za raporo<br />

(techniques d’expression et de rédaction),<br />

uko abantu bakwiye kwitwara (organisational<br />

behaviour), ubumenyi ku micungire muri rusange<br />

(skills <strong>of</strong> management) no k’ubumenyi ku mikorere<br />

y’iperereza (investigations techniques).<br />

Abakurikiranye amahugurwa bashimiye ubuyobozi<br />

bw’Urwego rw’Umuvunyi bwabateguriye<br />

amahugurwa, bakaba bizera ko azabafasha kongera<br />

<strong>urwego</strong> rw’imyumvire n’ubumenyi rusange<br />

kuri gahunda n’ibikorwa bya Leta. Umuvunyi<br />

Mukuru Tito RUTAREMARA akaba yarabasabye<br />

kuzifashisha amasomo bahawe mu kazi ndetse<br />

no mu buzima bwabo bwa buri munsi, aboneraho<br />

no kubizeza ko Urwego ruzakomeza kubafasha<br />

kubona andi mahugurwa yabafasha kuzuza neza<br />

inshingano zabo.<br />

MUGISHA Jules D.<br />

Ifoto y’ urwibutso y’Umuvunyi Mukuru n’abandi bayobozi bo mu rwego n’abakozi bashya<br />

25<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

INKURU ISHUSHANYIJE<br />

26<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


IBIKORWA INKURU ISHUSHANYIJE<br />

BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

27<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199


Urwego rw’Umuvunyi<br />

IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />

28<br />

Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />

Telefoni itishyuzwa199

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!