urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman
urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman
urwego rw'umuvunyi - Office of the Ombudsman
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
N O 17 Ukwakira-Ukuboza 2010<br />
Kubahiriza Amategeko ni<br />
intambwe yo kubaka ubutabera<br />
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika KAGAME Paul arahirira kuyobora u Rwanda indi<br />
manda y’ imyaka irindwi taliki ya 06.09.2010<br />
URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
B.P.: 6269 KIGALI * TEL: 252 587308, 252 587309 , 199 * Fax: 252 5871 82<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199<br />
Website:www.ombudsman.gov.rw * E-mail:ombudsinfo@ombudsman.gov.rw<br />
1
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
UBWANDITSI<br />
IBIRIMO<br />
IJAMBO RY’IBANZE.........................................3<br />
2<br />
Nyir’ikinyamakuru<br />
URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Umuyobozi Mukuru<br />
MBARUBUKEYE Xavier,<br />
Umunyamabanga Uhoraho<br />
Umwanditsi Mukuru<br />
MUGISHA Jules Déo<br />
Umwanditsi Mukuru Wungirije<br />
NGILINSHUTI Védaste<br />
Umunyamabanga<br />
w’Ubwanditsi<br />
GATERA Athanase<br />
Inteko y’ Ubwanditsi<br />
BIRASA Fiscal Jacques<br />
KANYENGABO Athanase<br />
MWISENEZA Jeanne d’Arc<br />
NDIZIHIWE Léon Fidèle<br />
NSENGIYUMVA Yussuf<br />
RUMAZIMINSI N. Séraphin<br />
RWIHIMBAUWASE Hélène<br />
TUYIZERE Gédeon<br />
Ahatunganyirijwe Ikinyamakuru<br />
Imprimerie I.P.N<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
- Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />
gukemura amakimbirane ashingiye ku<br />
izungura: ikibazo cy’umuryango wa<br />
musengimana Dieudonné......................4<br />
- Urwego rw’Umuvunyi mu ikemurwa<br />
ry’ibibazo by’abaturage...............................7<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
- Dusobanukirwe n’ ibibazo by’imiturire mu<br />
Mujyi wa Kigali................................................8<br />
- Complaints management in <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
<strong>Ombudsman</strong>.....................................................10<br />
- «Politiki nziza ni ishimangira ubutabera.»<br />
Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME...........11<br />
TURWANYE RUSWA<br />
- The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in schools and<br />
banks................................................................12<br />
- Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />
kurwanya ruswa mu nzego n’ibigo<br />
byigenga..........................................................14<br />
IMIYOBORERE MYIZA<br />
- Icyo amategeko ateganya ku gikorwa cyo<br />
kumenyekanisha umutungo.............................16<br />
- The impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />
assets in Rwanda..............................................18<br />
- Dusobanukirwe n’ibikubiye mu itegeko<br />
ngenga 61/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigena<br />
imyitwarire y’abayobozi<br />
(ibikurikira n°16).............................................20<br />
- Imiyoborere myiza mu turere ni umuyoboro<br />
w’ubutabera.....................................................22<br />
- Abakozi bashya b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
bahuguriwe kuri gahunda za Leta....................25<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IJAMBO RY’IBANZE<br />
Basomyi ba « Umuvunyi Magazine »,<br />
NGIRINSHUTI Védaste<br />
Twishimiye kubagezaho nimero ya 17 y’ikinyamakuru cyanyu « Umuvunyi Magazine ».<br />
Mu nshingano Urwego rw’Umuvunyi ruhabwa n’itegeko harimo guca akarengane, ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo, no kwimakaza imiyoborere myiza mu Gihugu cyacu. Intego igamijwe<br />
mu guhabwa izo nshingano ni ukubaka igihugu gifite ubutabera, aho umuturage ahabwa kandi<br />
agakoresha uburenganzira bwe bwose. Kugira ngo izo nshingano zigerweho, Urwego rufatanya<br />
n’izindi nzego zaba izo mu buyobozi bwite bwa Leta cyangwa iz’ubutabera.<br />
Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu kubaka ubutabera ni runini cyane. Umuturage yiyambaza<br />
Urwego rw’Umuvunyi iyo afite akarengane katakemuwe n’inzego zibishinzwe. Urwego rukurikirana<br />
ikibazo cye, rugashakisha ibimenyetso bishimangira ukuri kwe kugira ngo niba arengana koko<br />
arenganurwe. Iyo uwo muturage arenganuwe aba ahawe ubutabera kuko uburenganzira bwe<br />
buba bubungabunzwe. Agana Urwego rw’Umuvunyi kuko aba adashaka kujya mu nkiko bitewe<br />
n’uko inzira z’inkiko zigoye kandi zishobora gutwara igihe kirekire, tutibagiwe n’urwango zisiga<br />
hagati y’ababuranyi kenshi baba ari n’abavandimwe. Urwego rw’Umuvunyi rwo rukemura ibibazo<br />
ariko rwunga n’ababifitanye kugira ngo rufashe abanyarwanda kubaho mu mahoro. Muri ubwo<br />
buryo uruhare rw’Urwego mu kubaka ubutabera rurigaragaza.<br />
Ruswa ni imungu ikomeye ku iterambere ry’imiryango by’umwihariko n’iry’igihugu muri rusange.<br />
Mu kuyirwanya, Urwego rw’Umuvunyi rukurikirana ibibazo bya ruswa rugezwaho n’abaturage<br />
cyangwa rwiboneye mu igenzura rukorera inzego, rukabikorera amadosiye ashyikirizwa inkiko<br />
binyujijwe mu bushinjacyaha. Abahamwe n’ibyaha bya ruswa bahanwa n’inkiko bityo ubutabera<br />
bukubahirizwa.<br />
Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi rugaragarira na none mu igenzura rukorera izindi nzego kugira<br />
ngo rutange inama y’uburyo ibidatunganye byatunganywa hagamijwe kwimakaza imiyoborere<br />
myiza. Mu nzego zigenzurirwa imikorere harimo n’iz’ubutabera. Ubutabera iyo bukora neza<br />
bufasha igihugu guca akarengane cyubahiriza uburenganzira bwa buri wese. Ni muri urwo rwego<br />
inshingano zose z’Urwego rw’Umuvunyi ziganisha ku kubaka ubutabera, aho buri muturarwanda<br />
ahabwa uburenganzira bwe nta vangura iryo ari ryo ryose, bityo abatuye igihugu bakarangwa<br />
n’umuco mwiza wo kubana mu mahoro, yo nkingi y’iterambere rirambye.<br />
Buri muturarwanda ahamagariwe gushyiraho umuganda kugira ngo dushyigikire ubutabera.<br />
Tubifurije amahoro.<br />
3<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu gukemura<br />
amakimbirane ashingiye ku izungura: ikibazo<br />
cy’umuryango wa musengimana Dieudonné<br />
Nk’uko biteganyijwe n’Itegeko n° 17/2005<br />
ryo ku wa 18/08/2005 rihindura kandi<br />
ryuzuza itegeko nº 25/2003 ryo ku<br />
wa 15/08/2003 rigena imiterere n’imikorere<br />
y’Urwego rw’Umuvunyi isobanura ko mu<br />
gushyira mu bikorwa inshingano zarwo,<br />
abagize Urwego bagendera ku mahame<br />
akurikira :<br />
1° gushaka buri gihe umuti w’ibibazo mu<br />
nzira y’ibiganiro n’ubwumvikane;<br />
2° guharanira kunga, kumvikanisha, kugira<br />
inama no kugarura mu nzira nziza<br />
ibibogamye mbere yo gukoresha ubundi<br />
bubasha ruhabwa n’amategeko”;<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwakira ibibazo<br />
binyuranye bijyanye no gukemura<br />
amakimbirane ashingiye ku mitungo yo mu<br />
miryango. Uburyo bukunze kwifashishwa<br />
mu gukemura ayo makimbirne ni uguhuza<br />
abafitanye ayo makimbirane, rukabereka<br />
inzira amategeko ateganya rukabumvikanisha<br />
hagamijwe kubunga no<br />
kubumvikanisha nk’uko<br />
rubifite mu nshingano.<br />
NZABAMWITA Anaclet<br />
Dieudonné akitaba Imana ku wa 25/07/2005<br />
(nyuma y’ibyumweru bibiri babanye) nta<br />
mwana barabyarana, none umukazana we<br />
akaba yaribarujeho umutungo wose yari<br />
afitanye na MUSENGIMANA Dieudonné<br />
ugizwe ahanini n’inzu babagamo, yamubaza<br />
ko ntacyo agomba kubona kuri uwo mutungo<br />
nk’umubyeyi wa nyakwigendera akamubwira<br />
ko nta na kimwe.<br />
Amategeko ateganya uko izungura<br />
ry’umutungo rusange rikorwa<br />
Iki kibazo cyavutse mu muryango ahanini<br />
kubera ko Koperative GOBOKA yari itangiye<br />
kubarura imitungo itimukanwa y’abaturage<br />
batuye aho iyo Koperative yateganyaga<br />
kubaka amazu ajyanye na gahunda nshya<br />
y’imiturire mu Mujyi wa Kigali. DUSABE amaze<br />
kwibaruzaho uwo mutungo bamwe mu bagize<br />
umuryango wa MUSENGIMANA batangiye<br />
kugaragaza impungenge z’uko uwo mutungo<br />
4<br />
Ni muri urwo rwego Urwego<br />
rw’Umuvunyi rwakiriye<br />
ikibazo cy’umuryango<br />
wa MUSENGIMANA<br />
Dieudonné gitanzwe<br />
n’umukecuru<br />
we<br />
NYAMPUNDU, avuga<br />
ko umuhungu we<br />
witwa MUSENGIMANA<br />
Dieudonné yashakanye<br />
na DUSABE mu buryo<br />
bwemewe n’amategeko<br />
ku wa 09/07/2005<br />
b a g a s e z e r a n a<br />
ivangamutungo rusange,<br />
MUSENGIMANA<br />
Ibibazo bishingiye ku mazu ni bimwe mu byo Urwego rw’Umuvunyi rukunze kwakira<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
ushobora kuguma mu maboko ya DUSABE<br />
bakavutswa uburenganzira bemererwa<br />
n’amategeko bwo kuzungura nyakwigendera.<br />
Ubusanzwe ingingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99 ryo<br />
ku wa 12/11/1999 ryuzuza igitabo cya mbere<br />
cy’urwunge rw’amategeko mbonezamubano<br />
kandi rishyiraho igice cya gatatu cyerekeye<br />
imicungire y’umutungo w’abashakanye,<br />
impano n’izungura, iteganya uburyo izungura<br />
ry’umutungo rusange rikorwa. Iteganya<br />
ko abashyingiranywe bafite amasezerano<br />
y’ivangamutungo rusange bazungurwa ku<br />
buryo bukurikira:<br />
1. ko iyo umwe mu bashakanye apfuye<br />
“usigaye asigarana umutungo wose<br />
akubahiriza inshingano yo kurera abana<br />
no gufasha ababyeyi ba nyakwigendera<br />
iyo babikeneye;<br />
2. iyo bombi bapfuye bagasiga abana,<br />
umutungo wose uzungurwa n’abana<br />
bagafasha ba sekuru na ba nyirakuru.<br />
Iyo hari abana badahuriyeho, umutungo<br />
ugabanywamo kabiri buri mwana<br />
akazungura umubyeyi we;<br />
3. iyo bombi bapfuye badasize abana,<br />
umutungo ugabanywamo kabiri, ½<br />
kigahabwa abazungura b’umugabo,<br />
ikindi ½ kigahabwa abazungura<br />
b’umugore;<br />
yo kurera abana yasigiwe na<br />
nyakwigendera, yamburwa ¾<br />
by’umutungo wose bigahabwa abana;<br />
7. iyo nta mwana wa nyakwigendera<br />
uwapfakaye akirera akongera<br />
gushaka, atwara ½ cy’umutungo wose<br />
ikindi ½ kigahabwa abazungura ba<br />
nyakwigendera;<br />
8. iyo uwapfakaye agiye kongera gushaka<br />
akagumana inshingano yo kurera abana<br />
yasigiwe na nyakwigendera, ahabwa<br />
¼ cy’umutungo wose, ¾ agakomeza<br />
kubicungira abana ba nyakwigendera;<br />
9.<br />
iyo uwapfakaye atongeye gushaka,<br />
Gukemura<br />
amakimbirane<br />
hatitabajwe<br />
inkiko bifasha<br />
umuryango<br />
kwiyubaka no<br />
kudapfusha ubusa<br />
ubushobozi<br />
buhari<br />
4.<br />
5.<br />
6.<br />
iyo uwapfakaye nta mwana afitanye<br />
na nyakwigendera akongera gushaka,<br />
asigarana ½ cy’umutungo bafatanyije,<br />
ikindi ½ kigahabwa abazungura ba<br />
nyakwigendera;<br />
iyo uwapfakaye ataye inshingano yo<br />
gufasha ababyeyi ba Nyakwigendera,<br />
inama y’umuryango igenera abo<br />
babyeyi icyo bazungura mu mutungo<br />
wa nyakwigendera;<br />
iyo uwapfakaye ataye inshingano<br />
akabyara umwana cyangwa abana<br />
batari aba nyakwigendera; igihe<br />
cy’izungura ½ kiba umwihariko w’abana<br />
ba nyakwigendera, ½ gisigaye abana<br />
bose b’uwapfakaye bakakigiraho<br />
uruhare ku buryo bungana hatarebwe<br />
aba nyakwigendera n’abo uwapfakaye<br />
yabyaye ahandi.<br />
Igihe Urwego rw’Umuvunyi rwahuzaga<br />
abafitanye ikibazo kugira ngo bagerageze<br />
5<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
6<br />
gushakira hamwe umuti wacyo impande<br />
zombi zagaragarijwe ibiteganyijwe n’itegeko,<br />
zumvikana ko ikibazo uyu muryango wari ufite<br />
cyakemurwa hitabajwe ibiteganyijwe mu gaka<br />
ka 4 k’ingingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99.<br />
Imishyikirano igeze kuri uru rwego, DUSABE<br />
yagaragaje impungenge ebyiri zikomeye,<br />
yibaza ukuntu umutungo yashakanye na<br />
nyakwigendera wazungurwa hitabajwe agaka<br />
kavugwamo kongera gushaka k’uwapfakaye<br />
kandi we nta gahunda aragira yo kujya gushaka<br />
bundi bushya! Indi mpungenge yagaragaje ni<br />
uko hari ibikorwa yakoze kuri iyo nzu nyuma<br />
y’urupfu rw’umugabo we byatumye agaciro<br />
kayo kiyongera. Akibaza ukuntu amafaranga<br />
azatangwa mu gihe cyo kwimurwa muri uwo<br />
mutungo azayagabana ku buryo bungana na<br />
nyirabukwe kandi agaciro kawo kariyongereye<br />
ugereranyije n’uko wari umeze igihe umugabo<br />
we yitabaga Imana. Nyuma yo kungurana<br />
ibitekerezo, impande zombi zemeranyijwe<br />
ko hari ibyo koko DUSABE yakoze kuri iyo<br />
nzu ariko ntibashobora kumvikana ku gaciro<br />
kabyo.<br />
Abahagarariye Urwego rw’Umuvunyi muri<br />
iyo mishyikirano bamaze gusesengura no<br />
gusobanurira impande zombi ibikubiye mu<br />
ngingo ya 70 y’Itegeko n° 22/99 ryavuzwe<br />
haruguru impungenge zari zagaragajwe na<br />
DUSABE zabonewe igisubizo:<br />
Ku kibazo cyo kuzungura umutungo hashingiwe<br />
ku gaka kavugwamo kongera gushaka kandi<br />
DUSABE ataragira gahunda yo kongera<br />
gushaka, hagaragajwe ko kubera kwimura<br />
abaturage, iyo mitungo yamaze guhindura<br />
isura igenerwa agaciro mu mafaranga.<br />
Impande zombi zasabwe guhitamo hagati yo<br />
kuzungura no gukoresha amafaranga yavuye<br />
mu ibarurwa ry’umutungo hakagurwa undi<br />
mutungo ukomeza gucungwa n’impande<br />
zombi, haza kwemezwa ko izungura ryahita<br />
rikorwa hashingiwe ku mafaranga azatangwa<br />
na Koperative GOBOKA.<br />
Urwego rw’Umuvunyi rufatanya n’izindi<br />
nzego<br />
kurangiza ibibazo by’abarugana<br />
Ku kibazo cy’agaciro k’ibikorwa DUSABE<br />
yongeye ku nzu nyuma y’urupfu rwa<br />
nyakwigendera, impande zombi zumvikanye<br />
ko byahabwa agaciro ka miliyoni imwe<br />
(1.000.000frw) y’amafaranga bitabaye<br />
ngombwa ko hitabazwa inzobere mu<br />
ibaruramutungo. Ku mafaranga Koperative<br />
GOBOKA izishyura imitungo yabaruwe<br />
hakabanza gukurwaho ayo miliyoni imwe<br />
agahabwa DUSABE, asigaye bakayagabana<br />
bakaringaniza.<br />
Uwo mwanzuro umaze kumvikanywaho<br />
n’impande zombi Urwego rw’Umuvunyi<br />
rwandikiye Koperative GOBOKA rusaba<br />
inyandiko igaragaza umutungo wabaruwe ku<br />
muryango wa DUSABE na MUSENGIMANA<br />
n’agaciro wahawe mu mafaranga. Ibyo<br />
Urwego rwasabye bimaze kuboneka rwakoze<br />
raporo igaragaza umwanzuro impande zombi<br />
zumvikanyeho, abitabiriye imishyikirano kuri<br />
iki kibazo bose bamaze gushyira umukono<br />
kuri iyo raporo yohererezwa Koperative<br />
GOBOKA kugira ngo uwo mwanzuro ushyirwe<br />
mu bikorwa.<br />
Urwego rw’Umuvunyi rukaba rushishikariza<br />
abaturarwanda bose kwirinda aho bishoboka<br />
hose ibibazo byavukisha amakimbirane<br />
atari ngombwa. Igihe ariko ayo makimbirane<br />
yavutse, rushishikariza abafitanye ikibazo<br />
kwishakamo umwanzuro wacyo ku bwumvikane<br />
bitabaye ngombwa gutakaza umwanya<br />
wabo no gupfusha ubusa ubushobozi bafite<br />
bagana inkiko. Umwanzuro wagezweho mu<br />
bwumvikane ufite umwihariko wo gukosora<br />
ibidatunganye no gufasha abafitanye<br />
amakimbirane kongera kwiyubaka no kubaka<br />
umuryango wabo ku neza no ku nyungu za<br />
buri wese.<br />
NZABAMWITA Anaclet<br />
<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Mu nshingano rwahawe, Urwego<br />
rw’Umuvunyi mu mikorere yarwo ya buri<br />
munsi rufatanya n’izindi nzego, zaba iza<br />
leta cyangwa iz’ibigo byigenga gukemura ibibazo<br />
by’akarengane ruba rwagejejweho n’abarugana.Ibi<br />
bibazo bikaba biba biri mu byiciro bitandukanye.<br />
Ni muri urwo rwego rwafatanyije n’inzego bireba<br />
gukemura ikibazo cya RUZINDAZA Joseph.<br />
Imiterere y’ikibazo<br />
Urwego rw’Umuvunyi mu ikemurwa<br />
ry’ibibazo by’abaturage<br />
RUZINDAZA Joseph yagejeje ikibazo ku<br />
Rwego rw’Umuvunyi avuga ko yaburanye<br />
n’uwitwa NIYITEGEKA Daniel amurega ubwone<br />
bw’amasaka,ibishyimbo,ubunyobwa n’urubingo,<br />
agacibwa miliyoni icumi n’ibihumbi magana<br />
atanu (10.500.000frw) ariko urubanza rukaba<br />
rutarangizwa kuva mu mwaka wa 2008.<br />
Ese iriya hazabu niyitegeka n’abo bafatanyije<br />
icyaha baciwe ntibaba bararenganye?<br />
Umurungi Emelyne<br />
bo bagahitamo kwivutsa ubwo burenganzira<br />
bemererwa n’amategeko.<br />
Ikemurwa ry’iki kibazo<br />
Urwego rw’Umuvunyi mu gukurikirana iki kibazo<br />
rusanga impamvu ituma uru rubanza rutarangizwa<br />
ngo RUZINDAZA ahabwe ibyo yatsindiye ari uko<br />
abo baburanye nta bundi bwishyu bafite uretse<br />
amasambu bahawe mu gihe cy’isaranganya<br />
na Komisiyo ibishinzwe kandi bakaba badafite<br />
uburenganzira bwo kuyagurisha ngo bakuremo<br />
ubwishyu kuko batari babwegurirwa burundu,<br />
hakaba harafashwe umwanzuro ko Akarere<br />
kakwandikira Komisiyo ishinzwe ubutaka kayisaba<br />
ko yaha NIYITEGEKA na MUTABAZI icyemezo cyo<br />
Mu gihe cy’iburana, NIYITEGEKA yatumijwe<br />
mu Rukiko rw’Ibanze ubwo yari yarezwe<br />
n’Ubushinjacyaha icyaha cyo kwigomeka ku<br />
byemezo by’Inkiko ndetse RUZINDAZA nawe<br />
muri urwo rubanza aregeramo indishyi ariko<br />
NIYITEGEKA n’abo bareganwaga banga kwitaba,<br />
mu Rwisumbuye RUZINDAZA yamuregeye<br />
ubwone bw’amasaka, ibishyimbo, ubunyobwa<br />
n’urubingo yavugaga ko bifite agaciro ka miliyoni<br />
icumi n’ibihumbi magana atanu (10.500.000frw),<br />
iki gihe nabwo NIYITEGEKA n’abo bareganwa<br />
banze kwitaba urukiko ntibanarumenyesha<br />
impamvu batitabye umucamanza ategeka ko<br />
agomba kwishyura miliyoni umunani n’ibihumbi<br />
magana inani na makumyabiri (8.820.0000frw).<br />
Nyuma NIYITEGEKA na MUTABAZI bafatanyije<br />
icyaha ntibajuririre icyemezo cy’urukiko nyuma<br />
y’igihe kigenwa n’amategeko cy’ukwezi, icyemezo<br />
giterwaho kashi mpuruza gihinduka itegeko.<br />
NIYITEGEKA na MUTABAZI rero bakaba<br />
batararenganye ahubwo barirenganyije ubwo<br />
bangaga kwitaba Inkiko ngo bisobanure ahubwo<br />
Urwego rw’Umuvunyi rushishikariza abaturage kugira<br />
uruhare mu kwikemurira ibibazo<br />
kwegukana ubwo butaka burundu kugirango igice<br />
cyabwo gitezwe cyamunara haboneke ubwishyu<br />
ariko mu gihe batarahegurirwa RUZINDAZA yaba<br />
yishyurwa hakoreshejwe amafaranga ava mu<br />
musaruro abo baburanye beza muri ayo masambu<br />
yabo.<br />
Aha tukaba twasoza dukangurira abasomyi<br />
kudasuzugura ibyemezo by’ubuyobozi n’iby’Inkiko<br />
kuko nyuma yo kubisuzugura aribo bigiraho<br />
ingaruka.<br />
7<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI<br />
AKARENGANE<br />
Dusobanukirwe n’ ibibazo by’imiturire mu<br />
Mujyi wa Kigali<br />
NGIRINSHUTI Védaste<br />
Mu nimero ya 16 twagerageje gusesengura<br />
imiterere y’ibibazo by’imiturire mu Mujyi<br />
wa Kigali. Twagaragaje ko n’ubwo Umujyi<br />
wa Kigali ugenda utera imbere, ariko hari n’ibibazo<br />
bigenda bigaragara mu buryo bw’imiturire. Ibyo<br />
bibazo birebana n’itangwa ry’ibibanza ridasobanutse,<br />
itangwa ry’ibyangombwa ridakorwa buri gihe mu<br />
mucyo, imyubakire idakurikije amategeko n’isenywa<br />
ry’amazu atujuje ibyangombwa. Twabonye ko zimwe<br />
mu mpamvu zibitera harimo imitunganyirize y’Umujyi<br />
igomba kugerwaho, kudatanga ibyangombwa mu<br />
buryo bworoshye, ruswa n’ikimenyane, ubushobozi<br />
buke bw’abatuye umujyi n’igishushanyo mbonera<br />
kidatunganyije.<br />
Muri iyi nimero turagerageza gutanga ibitekerezo<br />
ku buryo tubona ibi bibazo bishobora gukemuka.<br />
Ibitekerezo dutanga birahera ku bibazo byagaragaye.<br />
Gutunganya igishushanyo mbonera cy’Umujyi<br />
Kugira ngo imyubakire y’Umujyi ibashe gutungana,<br />
ni ngombwa ko habaho igishushanyo mbonera<br />
kigaragaza inyubako zikwiranye n’ahantu hashingiwe<br />
ku bikorwa bihateganyijwe. Dushingiye ku makuru<br />
twahawe n’abakozi bakora muri serivisi y’imiturire,<br />
icyo gishushanyo mbonera kugeza ubu ngo kirahari,<br />
ariko kugira ngo kibashe gukurikizwa kigomba kuba<br />
kigaragaza neza imiterere y’inyubako zikenewe mu<br />
gace runaka kugira ngo uhashyira inyubako amenye<br />
ibyo agomba kubahiriza. Kuba ibyo bitarakorwa bituma<br />
abantu bakomeje kubaka mu kajagari cyangwa guhabwa<br />
ibyangombwa byo kubaka ahadateganyirijwe ubwo<br />
bwoko bw’inyubako. Ni yo mpamvu ibidatunganye<br />
muri icyo gishushanyo mbonera byatunganywa kugira<br />
ngo inyubako zibe iz’igihe kirambye.<br />
buri gihe uko abifite bashatse kuhubaka. Byanakumira<br />
kandi ibibazo by’isenyerwa rya hato na hato rituruka<br />
ku myubakire yo mu kajagari.<br />
Itangwa ry’ibyangombwa byo kubaka<br />
Itangwa ry’ibyangombwa byo kubaka mu Mujyi wa<br />
Kigali rikomeje gutera ibibazo. Abashaka kubaka<br />
hari ibyo basabwa kuzuza kugira ngo bahabwe ibyo<br />
byangombwa. Nyamara usanga kenshi ababyujuje<br />
badahabwa ibyangombwa kandi hari abandi babihabwa,<br />
ugasanga dosiye isaba ibyangombwa imaze imyaka<br />
irenga ibiri cyangwa itatu iryamye. Kugira ngo itangwa<br />
ry’ibyangombwa rikorwe mu mucyo, hakwiye gukorwa<br />
ibi bikurikira :<br />
-<br />
-<br />
-<br />
Gushyira ahagaragara, ku batabikora, ibisabwa<br />
byose kugira ngo uhabwe ibyangombwa ;<br />
Kugena igihe ntarengwa uwujuje ibisabwa<br />
agomba kuba yaboneye ibyangombwa,<br />
atabihabwa agasobanurirwa impamvu kugira<br />
ngo nibiba ngombwa abashe kwirenganuza mu<br />
nzego zibifitiye ububasha;<br />
Gukora ubugenzuzi : Ubuyobozi bukwiye kujya<br />
bukurikiranira hafi itangwa ry’ibyangombwa<br />
kuko nk’uko twabivuze hashobora kubamo<br />
ruswa n’ikimenyane.<br />
Turasanga abashinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali<br />
bakwiye koroshya itangwa ry’ibyangombwa kuko<br />
byanafasha kwinjiza imisoro. Kuba abatuye umujyi<br />
benshi batuye mu bibanza bidasorerwa kubera ko<br />
bitujuje ibyangombwa, gutanga ibyangombwa byagira<br />
uruhare mu gutuma ba nyirabyo babisorera.<br />
Gusenyera abubatse mu kajagari<br />
8<br />
Mu gutunganya kandi icyo gishushanyo mbonera<br />
hakwiye kwitabwa ku byiciro binyuranye<br />
by’abanyarwanda, ni ukuvuga ko hagomba kugenwa<br />
aho abafite ubushobozi buhagije batura, ah’abafite<br />
ubushobozi buringaniye n’ah’abaciriritse. Ibyo<br />
byarinda abantu guhora babunza akarago kubera ko<br />
bagenda bubaka ahadateganyijwe bakagenda bimurwa<br />
Amategeko abereyeho kugira ngo ayobore abantu mu<br />
byo bakora byose, bamenye uburenganzira bwabo kandi<br />
bubahe ubw’abandi. Ni yo mpamvu amategeko agomba<br />
kubahirizwa na buri wese. Ni muri urwo rwego kubaka<br />
ahantu runaka bigira amategeko cyangwa amabwiriza<br />
abigenga, uwubaka akaba agomba kuyubahiriza. Iyo<br />
atabikoze bimukururira ibihano birimo no gusenyerwa.<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO AKARENGANE RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Imitangire y’ibyangombwa byo kubaka mu mujyi ikwiye kurushaho kunozwa<br />
Twavuze ku kibazo cy’uko gusenyera abubatse<br />
bidakurikije amategeko bikorwa mu kajagari ndetse<br />
kenshi no mu nyungu z’ababikora, nko mu gihe basiga<br />
amwe mu mazu yagombaga gusenywa kugira ngo ba<br />
nyirayo babanze “babashake”.<br />
Kugira ngo ako kajagari mu gusenya kaveho hagombye<br />
kwitabwa kuri ibi bikurikira:<br />
-<br />
-<br />
Bitewe n’uko Igihugu cyacu gifite ubuyobozi<br />
kugera hasi ku muturage, bityo akaba nta<br />
n’umuntu wubaka abayobozi bo hasi ku<br />
mudugudu batabizi, abantu bakwiye kujya<br />
bahagarikwa kubaka nta byangombwa kandi<br />
bigakorwa mu nyandiko kugira ngo ubirenzeho<br />
atazitwaza ko atabimenye. Gusenya inzu<br />
imaze imyaka ituwemo si umuti mwiza<br />
cyane iyo yayigiyemo ubuyobozi bumureba.<br />
Ubuyobozi bw’uturere bukwiye kandi kujya<br />
bufatira ibihano abayobozi b’ibanze bagira<br />
uruhare mu kureka abantu bubaka kandi bazi<br />
ko bazabasenyera hashize igihe kirekire.<br />
Aho kugira ngo uwubatse bitemewe asenyerwe<br />
kandi afite ubushobozi bwo kubaka inyubako<br />
-<br />
ijyanye n’aho hantu, yacibwa ihazabu ikajya<br />
mu isanduku ya Leta, akerekwa inyubako<br />
ihakwiriye kandi agahabwa ibyangombwa.<br />
Koroshya itangwa ry’ibyangombwa na byo<br />
byagabanya imyubakire y’akajagari kuko<br />
twavuze ko abantu basaba ibyangombwa<br />
batinda kubihabwa bagahitamo kwiyubakira<br />
uko babonye.<br />
Muri rusange, ikigaragara ni uko hakiri ibibazo<br />
by’imiturire mu Mujyi wa Kigali ku buryo bidakemuwe<br />
bishobora kudindiza iterambere n’imitunganyirize<br />
y’Umujyi, ndetse bikanatera Leta igihombo nko<br />
mu gihe cyo kwimura abantu. Ibitekerezo bitanzwe<br />
ni imwe mu nzira zo gukemura iki kibazo, tukaba<br />
dusaba buri wese ko yatanga umusanzu mu gukemura<br />
ikibazo cy’imiturire. Turashishikariza by’umwihariko<br />
ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali gufasha abawutuye<br />
kugera ku miturire iboneye kandi yubahirije amategeko<br />
n’amabwiriza.<br />
<br />
9<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI<br />
AKARENGANE<br />
10<br />
Complaints management in <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong><br />
<strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />
BEZA Kevin<br />
An effective complaints management system complaint should meet <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />
helps to measure customer satisfaction and is in order to provide fur<strong>the</strong>r information about his or<br />
a useful source <strong>of</strong> information and feedback her complaint. The <strong>Office</strong> investigates Telefoni itishyuzwa for ga<strong>the</strong>ring 199<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
for improving services. Often customers are <strong>the</strong> first evidence.<br />
to identify when things are not working properly.<br />
Implementing effective complaints management It is not necessary to investigate some complaints<br />
systems needs improvement <strong>of</strong> complaints handling because <strong>the</strong> allegations are baseless. At <strong>the</strong> end <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
ibigomba gukorwa biba rimwe na rimwe iyo •Guhuza abafitanye ibibazo<br />
and reduces recurring complaints.<br />
investigation, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> makes<br />
ari ugushyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko.<br />
recommendations indicating how <strong>the</strong> case should be<br />
The way <strong>the</strong> <strong>Office</strong> Umuyobozi <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> bireba ahabwa or igihe any cyo o<strong>the</strong>r gushyira resolved by Guhuza <strong>the</strong> concerned abafitanye institution. ibibazo bikorwa ku<br />
institution handles mu complaints bikorwa icyo can affect cyemezo its reputation. cy’urukiko ; iyo bushake bwabo, Urwego rufasha abafitanye<br />
There is much to iki lose gihe by cyatanzwe ignoring complaints kitubahirijwe and Urwego The <strong>Office</strong> ikibazo <strong>of</strong> <strong>the</strong> kwicara <strong>Ombudsman</strong> hamwe, bakaganira has a program ku kibazo to<br />
much to be gained rufatanyije by having n’abashinzwe an effective complaints gushyira follow-up mu bafitanye, <strong>the</strong> implementation buri wese agaragaza <strong>of</strong> recommendations<br />
ibimenyetso<br />
management system.<br />
bikorwa icyemezo cy’urukiko babishyira made. mu The bishimangira purposes <strong>of</strong> <strong>the</strong> ibyo follow-up avuga. are Urwego to verify rwereka if <strong>the</strong><br />
A good complaints bikorwa.<br />
recommendation<br />
management system can be an<br />
buri ruhande has been icyiza implemented cyo kumvikana and ku to kibazo detect<br />
deficiencies<br />
economical and efficient way <strong>of</strong> improving public<br />
bafitanye, in recommendation rukabafasha kugera implementation. ku mwanzuro The<br />
<strong>Ombudsman</strong> <strong>Office</strong> should determine if anything has<br />
image and increasing Aha client ariko satisfaction, Urwego rw’Umuvunyi and can also rureba bose bumva ubanyuze.<br />
gone wrong and take fur<strong>the</strong>r action if necessary.<br />
enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> niba <strong>of</strong> <strong>the</strong> habayeho <strong>Ombudsman</strong> kwanga to review gushyira its mu own bikorwa<br />
performance and icyemezo identify and cy’urukiko address systemic (refus and<br />
service-related problems. d’exécuter ) cyangwa niba ari<br />
Management <strong>of</strong> ikibazo complaints cyo kuba nta provides bushobozi a<br />
practical approach buhari to handle bwo gushyira complaints mu in<br />
<strong>the</strong> following bikorwa steps: Complaints icyemezo cy’urukiko Receipt,<br />
Complaints Investigation ( incapacité and objective). implementation Tukaba<br />
<strong>of</strong> recommendations. tubamenyesha These steps ko concern Urwego <strong>the</strong><br />
cases related to injustice.<br />
rufatanya n’ubuyobozi<br />
Normally <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />
bushinzwe gushyira mu<br />
receives complaints via telephone, mail, or<br />
personal contact<br />
bikorwa<br />
from a<br />
ibyemezo<br />
variety <strong>of</strong><br />
by’inkiko<br />
sources.<br />
These complaints iyo can be habayeho related to kwanga labour,<br />
administration, land, kubikora judgments, kugira social ngo security, ibyo<br />
etc<br />
byemezo byubahirizwe.<br />
Complaints received by <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
<strong>Ombudsman</strong> are •Gusabira forwarded to <strong>the</strong> ibihano appropriate byo<br />
unit according to <strong>the</strong>ir mu nature. rwego For rw’akazi example,<br />
injustice cases are submitted umukozi to warenganyije <strong>the</strong> Unit in<br />
charge <strong>of</strong> preventing and fighting Injustice.<br />
umuturage<br />
Gutega amatwi To listen abatugana complaint bifasha helps kumva to resolve neza ibibazo it byabo<br />
Corruption cases are oriented to <strong>the</strong> Unit in<br />
(Foto: Omb)<br />
charge <strong>of</strong> Preventing and Fighting Corruption. The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>Ombudsman</strong> receives and responds to<br />
Mu gukurikirana ibibazo hari<br />
<strong>the</strong> complaints related to injustice and corruption. It<br />
Investigation is at ibyo <strong>the</strong> heart usanga <strong>of</strong> any akarengane complaint resolution karimo gaterwa<br />
promotes <strong>the</strong><br />
Mu<br />
good<br />
gukemura<br />
service delivery<br />
ibibazo<br />
in all institutions.<br />
bivugwamo<br />
The<br />
process. The investigation n’uburangare determines bw’ubuyobozi whe<strong>the</strong>r cyangwa <strong>the</strong> kwanga institutions akarengane, that respond Urwego to <strong>the</strong>ir rw’Umuvunyi customers’ complaints ruharanira<br />
complaint is valid gukemura and ga<strong>the</strong>rs ikibazo information ku mpamvu necessary zinyuranye effectively ku gushaka are more umuti likely wabyo to have mu buryo a good bwubahirije reputation<br />
to resolve it. buyobozi bwarezwe, icyo gihe ubuyobozi and enjoy amategeko, a high level mu <strong>of</strong> trust nzira in y’ubwumvikane <strong>the</strong> community. kandi<br />
After a complaint bubishinzwe has been received, bwerekwa it will icyakorwa need to be kugira inogeye impande zibifitanye. Ruharanira<br />
clarified in order to ngo determine umuturage how yo to kuguma pursue complaint kurengana, iyo gutuma habaho imikoranire myiza hagati<br />
resolution effectively. bidakozwe The kandi person byarasabwe who made bikanibutswa, <strong>the</strong><br />
y’abaturage n’inzego ndetse n’imibanire<br />
Urwego rw’Umuvunyi rusabira ibihano myiza hagati y’abari bafitanye ibibazo.<br />
byo mu rwego rw’akazi ku bitanga ku<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199<br />
wanze gushyira mu bikorwa ibikwiye kandi VUMILIYA Ruth<br />
byasabwe n’Urwego, rukanasaba ko bikorwa
TURWANYE IBIKORWA BY’URWEGO AKARENGANE RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
«Politiki nziza ni ishimangira ubutabera.»<br />
Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME<br />
Ku wa mbere tariki ya 06/09/2010, Nyakubahwa<br />
Perezida wa Repubulika Paul KAGAME<br />
yarahiriye imbere y’imbaga y’abanyarwanda<br />
kuyobora u Rwanda neza muri manda ya kabiri<br />
y’imyaka irindwi.<br />
ifite, ahubwo ubukene no kudatera imbere<br />
aribyo biyibangamiye.<br />
Yanenze abanyamahanga biha kugenzura ibyo<br />
abandi bakora, bakiha kwanga ibyiza dukora,<br />
bakadutwerera ibibi bakora, ati ntawe ugomba<br />
gusubiza inyuma abanyarwanda kuko bazi aho<br />
bavuye kandi bazi icyo guta agaciro bivuze<br />
n’aho byabagejeje. Ati twahanganye n’abafite<br />
intwaro ntitwananirwa guhangana n’abagenda<br />
imbokoboko. Yavuze ko muri iyi manda<br />
y’imyaka irindwi azarushaho guteza imbere<br />
uburezi, ubukungu bw’u Rwanda, gukomeza<br />
kubumbatira umutekano w’u Rwanda, guteza<br />
imbere ubuzima n’imibereho y’abanyarwanda<br />
hashingiye kukuzamura ubukungu, guteza<br />
imbere ikoranabuhanga n’ibikorwa remezo,<br />
guteza imbere ishoramari n’ubucuruzi n’ibindi<br />
bikorwa by’iterambere.<br />
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arahirira kuyobora<br />
u Rwanda indi myaka irindwi<br />
Mu ndahiro yarahiriye imbere ya Perezida<br />
w’Urukiko rw’Ikirenga Madamu, Aloyiziya<br />
CYANZAYIRE n’Imitwe yombi y’Inteko<br />
ishinga Amategeko, Perezida KAGAME<br />
yagize ati :<br />
«Njyewe Kagame Paul ndahiriye u Rwanda<br />
n’abanyarwanda ku mugaragaro ko<br />
ntazahemukira Repubulika y’u Rwanda, ko<br />
nzakurikiza nkanarinda Itegeko Nshinga<br />
n’andi mategeko, ko nzakorana umurava<br />
imirimo nshinzwe, ko nzaharanira amahoro<br />
n’ubusugire bw’Igihugu, ko nzashimangira<br />
ubumwe bw’Abanyarwanda, ko ntazigera<br />
nkoresha ububasha mpawe mu nyungu zanjye<br />
bwite, ko nzaharanira ibyagirira Abanyarwanda<br />
akamaro. Nintatira iyi ndahiro nzabihanirwe<br />
n’amategeko.Imana ibimfashemo».<br />
Mu ijambo yagejeje ku banyarwanda, abakuru<br />
b’Ibihugu bya Afurika 13 n’abandi bari<br />
bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango<br />
mpuzamahanga, Perezida KAGAME yavuze<br />
ko demokarasi atari cyo kibazo kinini Afurika<br />
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yakira ibirango<br />
by’igihugu<br />
Yashoje ashimira abanyarwanda ku byiza<br />
bamaze kugeraho no ku cyizere bongeye<br />
kumugirira ngo akomeze abayobore.<br />
Imihango ikaba yaratangiye n’amasengesho<br />
y’abanyamadini batandukanye yo gusabira<br />
imigisha abanyarwanda na Nyakubahwa<br />
Perezida Paul KAGAME.<br />
<br />
MUGISHA Jules D.<br />
11<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI RUSWA<br />
The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in<br />
schools and banks<br />
Good governance is a broad concept and has<br />
various meanings in different contexts.<br />
Overall, it pursues a set <strong>of</strong> economic, social and<br />
political objectives; <strong>the</strong> common denominator remains<br />
<strong>the</strong> promotion <strong>of</strong> social well-being <strong>of</strong> <strong>the</strong> population.<br />
This requires, among o<strong>the</strong>r things, an efficient, honest,<br />
equitable, transparent and accountable exercise <strong>of</strong><br />
power at various levels <strong>of</strong> government.<br />
In achieving its responsibility <strong>of</strong> advising <strong>the</strong> public and<br />
private institutions towards improvement <strong>of</strong> <strong>the</strong> quality<br />
<strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> population, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
<strong>Ombudsman</strong> carried out <strong>the</strong> audit <strong>of</strong> institutions in order<br />
to assess <strong>the</strong> quality <strong>of</strong> services<br />
delivered to <strong>the</strong> population and to<br />
detect <strong>the</strong> loopholes <strong>of</strong> corruption<br />
and injustice. In this regards, <strong>the</strong><br />
<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> has<br />
conducted <strong>the</strong> survey in schools<br />
and different commercial banks<br />
in order to examine <strong>the</strong> forms<br />
and causes <strong>of</strong> corruption and <strong>the</strong><br />
quality <strong>of</strong> service delivery.<br />
UMUGWANEZA Clémentine<br />
refuse to believe that school can be connected with<br />
illegal and immoral acts.<br />
The education sector plays a great role in <strong>the</strong><br />
development <strong>of</strong> <strong>the</strong> country; however opportunities for<br />
corrupt practices are numerous. Where corruption is<br />
rampant <strong>the</strong>re is a great risk that social trust may wi<strong>the</strong>r<br />
away and that <strong>the</strong> development potential <strong>of</strong> <strong>the</strong> whole<br />
country may be undermined. Adolescents <strong>of</strong>ten become<br />
familiar with corruption at schools; when this happens, a<br />
central role <strong>of</strong> <strong>the</strong> education sector namely <strong>the</strong> imparting<br />
<strong>of</strong> moral values and behaviour is becoming <strong>the</strong> norm<br />
resulting in corruption at all levels <strong>of</strong> <strong>the</strong> society.<br />
Instruments used were questionnaires which were given<br />
In June and July 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong><br />
<strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted a<br />
survey on corruption in different<br />
primary and secondary schools<br />
in <strong>the</strong> whole country which was<br />
aimed at evaluating <strong>the</strong> extent <strong>of</strong><br />
corruption to <strong>the</strong> level <strong>of</strong> students,<br />
teachers, leaders and parents.<br />
Results <strong>of</strong> this survey will be<br />
published after <strong>the</strong> analysis.<br />
The education sector plays a great role in <strong>the</strong> development <strong>of</strong> <strong>the</strong> country<br />
12<br />
In August 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted<br />
a survey in <strong>the</strong> banks in different districts, with <strong>the</strong> aim<br />
to assess <strong>the</strong> types <strong>of</strong> corruption in <strong>the</strong> banks and <strong>the</strong>ir<br />
causes and to indicate strategies for preventing and<br />
fighting it.<br />
Corruption in schools affects <strong>the</strong> education quality<br />
The words school and corruption are seldom, if ever,<br />
seen toge<strong>the</strong>r. Why? Because most people simply<br />
to pupils, teachers, parents and directors <strong>of</strong> schools. The<br />
sample was 3 primary schools and 4 secondary schools<br />
(private and publics) in each district.<br />
To assess transparency, some questions were asked to<br />
see if some children are not favoured for admission,<br />
while o<strong>the</strong>rs are subjected to extra payments. It was<br />
also a way to verify if illegal charges are levied on<br />
children’s school admission while <strong>the</strong>y were supposed<br />
to be free. In public schools, <strong>the</strong> National Council <strong>of</strong><br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO RUSWA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Examinations gives admissions, but school directors<br />
still have <strong>the</strong> privilege to give places on <strong>the</strong>ir own.<br />
How is this done? About examinations, students were<br />
asked whe<strong>the</strong>r exam questions are sold or given to some<br />
students in advance. If such behaviour exists, it might<br />
be a bad habit because it corrupts student’s moral and<br />
discourages student’s efforts. Such practices should be<br />
really punished.<br />
Concerning schools management, teachers and parents<br />
have shown some cases <strong>of</strong> embezzlement <strong>of</strong> funds<br />
intended for teaching materials, school buildings,<br />
indeed school property was used for private commercial<br />
purposes.<br />
The survey has focused also on teachers and students<br />
behaviour. It was to verify information whe<strong>the</strong>r<br />
members <strong>of</strong> staff are exploiting and abusing pupils in<br />
many different ways (physically, sexually) or pupils<br />
carrying out unpaid labour for <strong>the</strong> benefit <strong>of</strong> <strong>the</strong> staff<br />
or teachers. According to some <strong>of</strong> respondent’s views,<br />
sexual abuses exist and are punished. Some <strong>of</strong> <strong>the</strong>m<br />
also take for granted friendship even sexual relations<br />
between teachers.<br />
In urban areas, private tutoring outside school hours are<br />
given to paying pupils, reducing teachers’ motivation<br />
in ordinary classes, and reserving compulsory topics<br />
for <strong>the</strong> private sessions to <strong>the</strong> detriment <strong>of</strong> pupils who<br />
do not or cannot pay.<br />
Departments <strong>of</strong> education at district levels were<br />
requested to respond on recruitment and transfers. The<br />
information will enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong><br />
to assess whe<strong>the</strong>r recruitment and transfers in district<br />
level are influenced by bribes or sexual favours or<br />
if <strong>the</strong>y are done in a transparent manner. Regarding<br />
salaries, <strong>the</strong>y were also asked about ‘ghost teachers’<br />
where salaries drawn for staff who are no longer (or<br />
never were) employed for various reasons, as well as<br />
delays and arrears in teachers’ salaries. This remains<br />
an issue which should be solved by <strong>the</strong> Ministry<br />
<strong>of</strong> Education, because social, economic and moral<br />
situation <strong>of</strong> teachers affect very much <strong>the</strong> education<br />
quality.<br />
Service delivery in banks<br />
In August 2010, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> conducted<br />
a survey in <strong>the</strong> banks in different districts. The aim<br />
<strong>of</strong> that survey is to assess <strong>the</strong> types <strong>of</strong> corruption in<br />
<strong>the</strong> banks and <strong>the</strong>ir causes and indicate strategies<br />
for preventing and fighting corruption. Through this<br />
survey, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> will examine <strong>the</strong><br />
quality <strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> clients <strong>of</strong> banks.<br />
The survey concerns <strong>the</strong> clients <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks who are<br />
beneficiaries <strong>of</strong> different services delivery like deposit,<br />
withdrawal, loan, etc. The quality <strong>of</strong> service delivery<br />
has a big influence on <strong>the</strong> yield <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks.<br />
The relation between clients and employees <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks<br />
has dual forms, <strong>the</strong>re is one which is based on laws,<br />
policies and ano<strong>the</strong>r one which is linked to corruption<br />
acts like nepotism and bribes. In <strong>the</strong> mentioned<br />
survey, <strong>the</strong> employees <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks had to fulfil <strong>the</strong><br />
questionnaire <strong>of</strong> <strong>the</strong> above mentioned survey. This<br />
will enable <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> to evaluate<br />
<strong>the</strong> management <strong>of</strong> human resource and finance in <strong>the</strong><br />
banks. Heads <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks were interviewed about <strong>the</strong><br />
control systems <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks and relations between<br />
<strong>the</strong> clients and banks. Services rendered to <strong>the</strong> clients<br />
by banks are money transfer, deposit, withdrawal and<br />
loans. Those services can be based on corruption if for<br />
example a client can buy a service which is his right.<br />
The client can be also a cause <strong>of</strong> corruption while he<br />
promises a bribe to <strong>the</strong> employee <strong>of</strong> a bank in order to<br />
get a loan without fulfilling required conditions.<br />
An employee <strong>of</strong> a bank can take advantage <strong>of</strong> needs<br />
<strong>of</strong> clients to demand bribes and certain persons can<br />
also use <strong>the</strong>ir powers to oblige <strong>the</strong> employees <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
banks to act contrary to <strong>the</strong> laws. Causes and types <strong>of</strong><br />
corruption in banks should be pointed out through this<br />
survey in order to indicate corrective actions for better<br />
service delivery.<br />
Corruption in education deepens inequality between<br />
rich and poor, preventing entire generations from<br />
pursuing a meaningful future. The analysis will<br />
highlight factors and forms <strong>of</strong> corruption in schools<br />
and recommendations will be provided to improve <strong>the</strong><br />
education quality in Rwanda.<br />
The results <strong>of</strong> this survey will enable to distinguish<br />
bad practices in <strong>the</strong> functioning <strong>of</strong> <strong>the</strong> banks as regards<br />
<strong>the</strong>ir clients and to advise <strong>the</strong>m as to improvement <strong>of</strong><br />
<strong>the</strong> quality <strong>of</strong> services delivered to <strong>the</strong> population.<br />
UMUGWANEZA Clémentine<br />
<br />
13<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO TURWANYE RW’UMUVUNYI RUSWA<br />
Uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi mu<br />
kurwanya ruswa mu nzego n’ibigo byigenga<br />
14<br />
Ese Urwego rw’Umuvunyi rushobora kurwanya<br />
ruswa mu nzego n’ibigo byigenga ? Igisubizo<br />
cy’iki kibazo turakivana mu ngingo ya 7 y’Itegeko<br />
n° 25/2003 ryo ku wa 15/08/2003 rigena imiterere<br />
n’imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi nk’uko ryavuguruwe<br />
kugeza ubu aho iri tegeko rigena inshingano z’Urwego<br />
rw’Umuvunyi, zimwe muri zo akaba ari izi zikurikira :<br />
- guhuza umuturage n’inzego z’ubutegetsi za Leta<br />
n’izigenga ;<br />
- gukumira no kurwanya akarengane , ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo mu nzego z’ubutegetsi bwa<br />
Leta n’izigenga ;<br />
-<br />
-<br />
kwakira no gusuzuma, mu rwego rwavuzwe<br />
haruguru, ibirego by’abantu ku giti cyabo<br />
n’iby’amashyirahamwe yigenga , byerekeye<br />
ibikorwa by’abakozi ba Leta, iby’inzego zayo<br />
n’iby’abikorera ku giti cyabo, no<br />
gukangurira abo bakozi n’izo<br />
nzego gushakira umuti ibyo<br />
bibazo iyo rusanze bifite<br />
ishingiro ;<br />
kugira inama inzego<br />
za Leta cyangwa<br />
iz’abikorera ku giti<br />
cyabo kugira ngo<br />
imikorere y’ubuyobozi<br />
irusheho<br />
abaturage .<br />
kunogera<br />
Ruswa<br />
ni umwanzi<br />
w’Amajyambere.<br />
Tuyimenye, tuyivuge,<br />
tuyange,<br />
tuyamagane.<br />
Mu kuzuza inshingano yo gukumira<br />
akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano<br />
na yo, mu nzego zigenga Urwego rw’Umuvunyi<br />
rukora ibikorwa bitandukanye. Urwego rw’Umuvunyi<br />
rufite ububasha bwo gukora iperereza mu kigo icyo ari cyo<br />
cyose gikekwamo ibikorwa bya ruswa n’ibyaha bifitanye<br />
isano na yo. Ubwo bubasha bushimangirwa mu Iteka<br />
rya Minisitiri N°67 ryo ku wa 05/05/2009 riha ububasha<br />
bw’ubugenzacyaha abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi.<br />
Iryo perereza rikaba riba rigamije gusuzuma amakuru<br />
atandukanye aba yatanzwe ku mikorere itanoze y’inzego<br />
zigenga, hagasuzumwa niba amakuru yatanzwe afite<br />
ishingiro ; abagaragaweho imikorere itari myiza<br />
bagakurikiranwa .<br />
Hahugurwa kandi abayobozi n’abakozi b’inzego zigenga,<br />
amashyirahamwe n’imiryango itegamiye kuri Leta,<br />
amashyirahamwe y’ubukorikori, abanyamakuru ; ibyo<br />
byose bigakorwa hagamijwe gukangurira izo nzego<br />
gukumira akarengane na ruswa, abazirimo bakanasabwa<br />
kandi gutunga agatoki aho akarengane na ruswa bivugwa<br />
kugira ngo bikumirwe amazi atararenga inkombe.<br />
Kalisa Swaibu<br />
Urwego rw’Umuvunyi rukora iperereza mu bigo n’inzego<br />
byigenga iyo rwatungiwe agatoki ko imikorere y’ibyo bigo<br />
itanoze nyuma y’uko haba hari amakuru aba yatanzwe ko<br />
hari amakosa akorwa na bamwe mu bayobozi b’ibyo bigo.<br />
Amwe muri ayo makosa ni ajyanye n’ibi bikurikira :<br />
- kwaka no kwakira ruswa ;<br />
- kudashyira abakozi mu bwiteganyirize ;<br />
- gucunga nabi umutungo w’ikigo ;<br />
- itonesha ;<br />
- kwigwizaho umutungo mu buryo butemewe ;<br />
- gutanga akazi nta piganwa ribayeho.<br />
Abagaragaweho ayo makosa bashyikirizwa inzego<br />
z’ubutabera kugira ngo bakurikiranweho amakosa bakoze.<br />
Inkiko nizo zifite ububasha bwo kwemeza ko amakosa<br />
abahama cyangwa atabahama.<br />
Kugira ngo imiyoborere myiza igerweho bisaba<br />
ubufatanye bw’inzego nyinshi, muri zo<br />
harimo inzego n’ibigo byigenga .<br />
Nk’uko Itegeko n°17/2005 ryo ku<br />
wa 18/08/2005 rihindura kandi<br />
ryuzuza Itegeko n°25/2003<br />
ryo ku wa 15/08/2003 rigena<br />
imiterere n’imikorere y’Urwego<br />
rw’Umuvunyi ribiteganya ,<br />
uruhare rw’Urwego rw’Umuvunyi<br />
ni ukwerekana aho imikorere<br />
n’imikoranire y’inzego idatunganye,<br />
bitewe n’uko inyuranyije n’amategeko,<br />
n’inshingano za buri rwego cyangwa<br />
n’imigambi rusange ya Leta cyangwa se ko<br />
ifite ingaruka mbi ku baturage.<br />
Nubwo inzego n’ibigo byigenga biba bigamije inyungu<br />
z’abantu ku giti cyabo izo nzego ntizigomba kubangamira<br />
abaturage cyangwa se ngo zice amategeko, zihe icyuho<br />
ruswa , akarengane ndetse n’ibyaha bifitanye isano nabyo.<br />
Ni yo mpamvu Urwego rw’Umuvunyi rushishikariza<br />
abaturarwanda kujya bagaragaza izo nzego kugira ngo<br />
zigirwe inama, zibashe gukosora imikorere yazo. Rimwe<br />
na rimwe imikorere mibi iterwa n’uko abayobozi baba<br />
badasobanukiwe n’ibyo amategeko ateganya.<br />
Guteza imbere imiyoborere myiza ni inzira ndende isaba<br />
ubufatanye bw’inzego zitandukanye ariko muri rusange,<br />
imiyoborere myiza ireba abayobora n’abayoborwa. Ni<br />
byiza ko buri wese amenya uburenganzira n’inshingano ze<br />
kandi akagira ubutwari bwo kuzisohoza neza , akamagana<br />
ruswa kuko ari icyorezo nk’ibindi, bityo Igihugu cyacu<br />
kizatere imbere.<br />
<br />
Kalisa Swaibu<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA TURWANYE BY’URWEGO RUSWA” RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
UBUTUMWA<br />
BW’ISHIMWE<br />
09/08/2010<br />
Umuvunyi Mukuru, Abavunyi<br />
Bungirije n’Abakozi bose<br />
b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
banejejwe no gushimira<br />
Nyakubahwa Perezida wa<br />
Repubulika Paul KAGAME,<br />
Umukandida wa FPR<br />
Inkotanyi ku mwanya wa<br />
Perezida wa Repubulika, ku<br />
cyizere yongeye kugirirwa<br />
n’imbaga y’Abanyarwanda<br />
atsinda amatora yabaye tariki<br />
ya 09/08/2010 ku majwi<br />
93,08%. Urwego rw’Umuvunyi<br />
rumwifurije Ishya n’Ihirwe mu<br />
mirimo yo gukomeza kuyobora<br />
Abanyarwanda.<br />
15<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />
16<br />
Icyo amategeko ateganya ku gikorwa<br />
cyo kumenyekanisha umutungo.<br />
Kwakira buri mwaka inyandiko<br />
zigaragaza imitungo nyakuri<br />
y’abayobozi bakuru n’abandi bakozi<br />
bafite aho bahurira n’umutungo n’imari<br />
bya Leta ni imwe mu nshingano Urwego<br />
rw’Umuvunyi ruhabwa n’Itegeko n°17/2005<br />
ryo ku wa 18/08/2005 rihindura kandi ryuzuza<br />
Itegeko n°25/2003 ryo ku wa 15/08/2003 rigena<br />
imiterere n’imikorere yarwo.<br />
Imenyekanishamutungo rikaba rigamije gutoza<br />
abayobozi n’abakozi ba Leta barebwa n’icyo<br />
gikorwa gutunga ibyo bashatse mu buryo bwemewe<br />
n’amategeko kandi babasha gusobanura inkomoko<br />
yabyo y’ukuri.<br />
Ibi bikaba bibarinda kuba bakwitirinya umutungo<br />
wa Leta bashinzwe gucunga umunsi ku wundi<br />
n’uwabo bwite. Iki gikorwa ngarukamwaka gihera<br />
tariki ya mbere Mutarama kikarangira tariki ya<br />
30 Kamena za buri mwaka. Muri uyu mwaka wa<br />
2010, Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye inyandiko<br />
z’imenyekanishamutungo 6598 ku nyandiko 6653.<br />
zatanzwe.<br />
Itegeko rigenga imiterere n’imikorere y’Urwego<br />
rw’Umuvunyi riteganya ko abayobozi n’abakozi<br />
bavuye ku mirimo yabo bagomba gukora icyo<br />
gikorwa mu gihe kitarenze iminsi 15.<br />
Iyo uhawe umurimo mushya ugushyira mu barebwa<br />
n’Itegeko ryavuzwe haruguru, usabwa gukora<br />
imenyekanishamutungo mu gihe kitarenze iminsi<br />
30 ugiye muri uwo mwanya.<br />
Iyo umuntu ahinduriwe umurimo agahabwa<br />
undi murimo wo mu bantu barebwa<br />
n’imenyekanishamutungo ntabwo yongera gukora<br />
iri menyekanishamutungo.<br />
Mu imenyekanishamutungo abantu basabwa<br />
kugaragaza mu gitabo cyabugenewe imitungo<br />
bafite mu Rwanda n’iyo baba bafite hanze yarwo,<br />
agaciro kayo,uko bayibonye (inkomoko), aho<br />
iherereye n’ingano yayo bagasabwa kwemeza<br />
ko ibyo bagaraje ari ukuri bashyiraho amazina<br />
umukono wabo n’itariki babyemerejeho.<br />
Muri rusange imitungo igaragarizwa Urwego<br />
MUGISHA Jules D.<br />
rw’Umuvunyi igizwe n’amazu (atuwemo,<br />
ay’ubucuruzi n’inganda,…), ubutaka (inzuri,<br />
imirima, amasambu, ibibanza, ahacukurwa amabuye<br />
y’agaciro, asanzwe, imicanga, ahabumbirwa<br />
amatafari, ibyuzi byororerwamo amafi…),<br />
amatungo, amafaranga, imigabane mu ma sosiyete<br />
imyenda, imitungo bwite y’abana batarageza ku<br />
myaka 18, imitungo bwite y’uwashakanye n’ukora<br />
imenyekanishamutungo igihe batasezeranye<br />
ivanguramutungo risesuye.<br />
Igikorwa cy’Imenyekanishamutungo ni<br />
ngarukamwaka<br />
Mu itegeko Ngenga n°61/2008 ryo kuwa<br />
10/09/2008 rigenga imyitwarire y’abayobozi mu<br />
nzego za Leta, mu mutwe wa 5 werekeye imenyekanishamutungo<br />
mu ngingo ya 29 irebana n’ibihano<br />
byerekeye imenyekanishamutungo ivuga ko<br />
« umuyobozi wese ukoze imenyekanishamutungo<br />
ku nshuro ya kabiri ntiryemerwe cyangwa uwanze<br />
kurikora ahanishwa igifungo kuva ku mezi abiri<br />
(2) kugeza ku mezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafranga<br />
y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana abiri<br />
(Frw 200.000) kugeza kuri miliyoni imwe (Frw<br />
1.000.000) cyangwa kimwe muri ibyo bihano.<br />
Itegeko n°22/2002 ryo ku wa 09/07/2002<br />
rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta<br />
n’inzego z’imirimo ya Leta (Igazeti ya Leta<br />
n°17 yo ku wa 01/09/2002, umutwe wa mbere<br />
ujyanye n’ibihano, mu ngingo za 87 kugeza ku<br />
ngingo rya 94,hagaragara ibihano byo mu bwoko<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
<br />
bubiri bishobora - kugira inama guhabwa inzego umukozi za Leta cyangwa Leta igihe<br />
adakoze iz’abikorera ibyo ashinzwe. ku giti Ibihano cyabo kugira byo mu rwego<br />
rwa mbere ngo imikorere birimo ukwihanangirizwa, y’ubuyobozi irusheho kugawa,<br />
cyangwa gukatwa icya kane cy’umushahara<br />
kunogera abaturage;<br />
w’ukwezi kumwe gusa. Ibihano byo mu rwego rwa<br />
kabiri birimo guhagarikwa by’agateganyo mu gihe<br />
Mu kitarenze gushyira amezi mu atatu, bikorwa gukerererwa inshingano kuzamurwa zarwo, mu<br />
haseguriwe ntera cyangwa ibiteganywa kwirukanwa mu burundu. zindi ngingo z’iri<br />
tegeko, Bumwe abagize mu bubasha Urwego bagendera Urwego ku rw’Umuvunyi mahame<br />
akurikira ruhabwa : n’Itegeko twavuze haruguru tugitangira<br />
iyi nyandiko ni ukubimenyesha inzego zikoramo<br />
abantu bose batitabiriye imenyekanishamutungo<br />
1° gushaka buri gihe umuti w’ibibazo mu<br />
cyangwa batarikoreye ku gihe rukazisaba ko<br />
nzira<br />
bafatirwa<br />
y’ibiganiro<br />
ibihano<br />
n’ubwumvikane;<br />
byo mu rwego rw’akazi.<br />
2° Byagaragaye guharanira ko kunga, impamvu kumvikanisha, abantu badakunze kugira<br />
akenshi inama kuvugisha no kugarura ukuri mu imenyekanishatungo<br />
mu nzira nziza<br />
ari uko ibibogamye baba badashobora mbere yo gukoresha gusobanura ubundi uburyo<br />
bagiye bubasha bigwizaho ruhabwa imitungo. n’amategeko. Itegeko n°23/2003 ryo<br />
ku wa 07/08/2003 ryerekeye gukumira, kurwanya<br />
no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo,<br />
Izi nshingano zimaze kuvugwa haruguru zituma<br />
mu cyiciro cya 4 kirebana n’ihanwa ry’ugushakira<br />
Urwego<br />
inyungu<br />
rw’Umuvunyi<br />
kw’abakozi mu<br />
rukurikirana<br />
mirimo batemerewe<br />
imikorere<br />
y’inzego gukora, za mu Leta ngingo rureba yaryo niba ya imikorere 23 rivuga yazo ko<br />
yubahiriza « azahanishwa amategeko igihano cyangwa cy’igifungo se niba kuva abakozi ku myaka<br />
b’izo 2 kugeza nzego ku bubahiriza myaka 5 amahame n’ihazabu y’imiyoborere y’amafaranga<br />
myiza. yikubye inshuro 2 kugeza ku 10 z’agaciro k’indonke<br />
yahawe : a) umukozi wese wa Leta n’undi muntu<br />
wese, yabikora yeruye cyangwa ku buryo bufifitse,<br />
Inshingano z’Urwego rw’Umuvunyi zituma<br />
cyangwa abishyizemo umuhagararira, uzaba<br />
habaho<br />
yihesheje<br />
gukurikirana<br />
cyangwa yemeye<br />
umunsi<br />
guhabwa,<br />
ku munsi<br />
binyuranyije<br />
imikorere<br />
n’amategeko amugenga, inyungu iyo ari yo yose,<br />
mu bikorwa, mu ipiganirwa ry’amasoko y’ibigurwa<br />
y’ cyangwa inzego za y’imirimo Leta kugira ikorwa, ngo zigirwe mu nzego inama z’imirimo aho<br />
bibaye ya Leta ngombwa, no mu zindi bikaba nzego, bigira abifitemo ingaruka cyangwa nziza<br />
mu yarabifitemo, gufasha izo mu nzego gihe cy’icyo kuvugurura gikorwa, imikorere ubutegetsi<br />
cyangwa ubugenzuzi kuri byose cyangwa kuri<br />
yazo.<br />
bimwe ;<br />
b) umukozi wese wa Leta n’undi muntu wese<br />
Ubu uzaba, buryo binyuranyije butuma Urwego n’amategeko rw’Umuvunyi amugenga, rufasha<br />
inzego yarihaye za inyungu Leta kwivugurura iyo ari yo yose, no kwisuzuma ku kintu yari<br />
hagamijwe ashinzwe gufasha gutunganyiriza abaturage ubwishyu kwiteza imbere, cyangwa<br />
bikaba irangizamutungo. binyuranye n’imikorere y’izindi nzego<br />
zifite Icyiciro inshingano cya nkarwo; 5 kirebana urugero n’igwizamutungo<br />
ni Ubufaransa<br />
ritemewe, ingingo ya 24 ivuga ko azaba yakoze<br />
aho mu ngingo ya 9 y’Itegeko ryo kuwa 3/01/1973<br />
icyaha cy’igwizamutungo ritemewe, umukozi wa<br />
rishyiraho<br />
Leta n’undi<br />
Urwego<br />
muntu<br />
rurwanya<br />
wese uzigwizaho<br />
akarengane<br />
umutungo<br />
ivuga<br />
ko adashobora igihe rusanze kugaragaza ikibazo aho ari yawukomoye rusange mu nzego binyuze<br />
nyinshi, mu kuri kandi urwo byemewe rwego n’amategeko. rushobora gusaba Azahanishwa ko<br />
itegeko igihano cyangwa cy’igifungo iteka kuva rihinduka, ku myaka 2 rushobora kugeza ku<br />
kandi myaka kubikora 5 n’ihazabu rubisabwe y’amafaranga n’abaturage yikubye babona inshuro<br />
ko 2 kugeza hari akarengane ku 10 z’agaciro gaterwa k’umutungo n’itegeko cyangwa adashobora<br />
kugaragaza aho yawukomoye mu buryo bwemewe<br />
imikorere y’inzego za Leta.<br />
n’amategeko. Urukiko ruteganya nta mpaka<br />
ubunyagwe bw’ibintu cyangwa inyungu icyaha<br />
Iyo cyakoreweho. urebye ishingiro ry’imikorere y’Urwego<br />
rw’Umuvunyi Bayobozi namwe ni ukureba bakozi niba inzego musabwa zubahiriza gukora<br />
cyangwa imenyekanishamutungo, zishyira mu bikorwa ni inshingano muyigaragarize zahawe, igihe<br />
igihe kandi zikubita mu kuri. Ibi agashyi bizabafasha ngo kwiremamo zikosore ibyaba ituze no<br />
bitameze kuyigirirwa neza n’ababakuriye niho hakomoka kuko impinduka muzaba mwujuje nziza<br />
imwe mu nshingano z’ingenzi musabwa. Muzaba<br />
izifasha gufata icyerekezo gishya cy’imikorere.<br />
mugaragaje kandi ko mukorera mu mucyo.<br />
<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
IFATABUGUZI RYO KWAMAMAZA MU MABARA GUSA<br />
1. Urupapuro rwose 300.000 Frw<br />
2. 1/2 cy’urupapuro 200.000 Frw<br />
3. 1/4 cy’ urupapuro 150.000 Frw<br />
Ibindi bisobanuro mwabariza ku biro by’ Urwego rw’ Umuvunyi<br />
ku Kimihurura (Ku kabindi) cyangwa kuri telefoni zikurikira:<br />
252 587308 / 252 587309 / (250) 0788305881 / (250) 0788479380<br />
17<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />
The impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />
assets in Rwanda<br />
MUGISHA Jules D.<br />
18<br />
The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> is a public independent<br />
institution that was created in 2003 by <strong>the</strong> Constitution<br />
<strong>of</strong> <strong>the</strong> Republic <strong>of</strong> Rwanda <strong>of</strong> 04 June 2003 in its article<br />
182. The law n° 17/2005 <strong>of</strong> 18/08/2005 amending and<br />
complementing <strong>the</strong> law n° 25/2003 <strong>of</strong> 15/08/2003<br />
determines <strong>the</strong> organization and <strong>the</strong> functioning <strong>of</strong><br />
that <strong>Office</strong>.<br />
As to contribute to streng<strong>the</strong>ning good governance<br />
across <strong>the</strong> country institutions, <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
<strong>Ombudsman</strong> has been assigned <strong>the</strong> following<br />
attributions:<br />
- act as link between <strong>the</strong> citizen and <strong>the</strong> public and<br />
private institutions and services;<br />
- prevent and fight injustice, corruption and o<strong>the</strong>r<br />
related <strong>of</strong>fences in public and private administration;<br />
- receive and examine <strong>the</strong> complaints from individuals<br />
and independent associations relating to acts <strong>of</strong> civil<br />
servants, state organs and private institutions and to<br />
mobilise such civil servants and institutions in order<br />
to find solutions to such complaints if it finds <strong>the</strong>y are<br />
well founded;<br />
- receive annually and <strong>the</strong> faithful declaration <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
from <strong>the</strong> senior <strong>of</strong>ficials <strong>of</strong> <strong>the</strong> country and o<strong>the</strong>r<br />
personalities responsible for <strong>the</strong> public assets and<br />
finances, determined by law;<br />
- make a follow- up on <strong>the</strong> respect <strong>of</strong> laws relating to<br />
conduct <strong>of</strong> politicians and o<strong>the</strong>r leaders.<br />
For <strong>the</strong> purpose <strong>of</strong> this article, we will focus on<br />
<strong>the</strong> declaration <strong>of</strong> assets and property by <strong>the</strong> senior<br />
<strong>of</strong>ficials and o<strong>the</strong>r personalities responsible for <strong>the</strong><br />
public assets and finances as <strong>the</strong>y are determined<br />
by <strong>the</strong> law. The activity <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong> assets is<br />
undertaken as to prevent and fight against corruption<br />
and promote transparency in <strong>the</strong> public institutions.<br />
The <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> has carried out a study<br />
on <strong>the</strong> impact <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong> assets and property.<br />
This study had <strong>the</strong> following objectives:<br />
- understand <strong>the</strong> incidence <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />
assets on <strong>the</strong> management <strong>of</strong> <strong>the</strong> public and<br />
private assets;<br />
- bring out <strong>the</strong> view <strong>of</strong> <strong>the</strong> persons who make<br />
declaration <strong>of</strong> assets on <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong><br />
declaring assets and property.<br />
The declaring persons <strong>of</strong> assets and property to <strong>the</strong><br />
<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> were categorized according<br />
to <strong>the</strong>ir administrative position as follow:<br />
• Administrative leaders<br />
• Managers<br />
• Security <strong>Office</strong>rs<br />
• Judicial <strong>Office</strong>rs<br />
• Procurement <strong>Office</strong>rs<br />
• Secondary education staff<br />
• Supervisors<br />
• <strong>Office</strong>rs in charge <strong>of</strong> Settlement and Land<br />
The social demographic characteristics <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
declaring persons have been focused on <strong>the</strong> following<br />
criteria; age, sex, administrative position, marital<br />
status, education level and <strong>the</strong> monthly salary level.<br />
Also <strong>the</strong> survey distinguished personal assets from<br />
public assets, improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />
assets, transparency in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />
assets, improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />
refusing bribe, reducing embezzlements <strong>of</strong> public<br />
assets.<br />
The study was an evaluation <strong>of</strong> <strong>the</strong> incidence <strong>of</strong><br />
declaration <strong>of</strong> assets on <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />
and private assets. A series <strong>of</strong> questions were asked to<br />
know if <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong> declaring assets and property<br />
has led to <strong>the</strong> following:<br />
• Distinguishing personal assets from public<br />
assets,<br />
• Improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public assets,<br />
• Transparency in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public<br />
assets,<br />
• Improving <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />
• Refusing <strong>the</strong> management <strong>of</strong> private assets,<br />
• Refusing bribe, and<br />
• Reducing embezzlements <strong>of</strong> public assets.<br />
The study made an analysis <strong>of</strong> <strong>the</strong> opinion on <strong>the</strong><br />
activity <strong>of</strong> declaring assets and property:<br />
• number <strong>of</strong> years for which assets and property<br />
have been declared;<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
• agreement level with <strong>the</strong><br />
statement “<strong>the</strong> activity <strong>of</strong><br />
declaring assets and property<br />
does interfere with <strong>the</strong> daily<br />
lives <strong>of</strong> those who declare<br />
<strong>the</strong>ir assets”;<br />
• agreement level with <strong>the</strong><br />
statement “<strong>the</strong> answers<br />
provided in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong><br />
declaration <strong>of</strong> assets are<br />
true”;<br />
• agreement level with <strong>the</strong><br />
statement answers provided<br />
in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong> declaration <strong>of</strong><br />
assets are exhaustive”;<br />
• necessity for annual<br />
declaration <strong>of</strong> assets and<br />
property;<br />
• ideal scheduled period for<br />
declaring assets and property.<br />
Declaring assets and property for <strong>the</strong><br />
targeted leaders is carried out on annual basis. As to<br />
know <strong>the</strong> period that would better suit <strong>the</strong> declaring<br />
persons, <strong>the</strong> survey raised <strong>the</strong> question to know<br />
whe<strong>the</strong>r <strong>the</strong> declaring exercise needs to be carried<br />
out every year.<br />
The declaration <strong>of</strong> assets is an obligation highly<br />
appreciated for its objectives. It enables <strong>the</strong><br />
separation <strong>of</strong> private assets from public assets (78%),<br />
<strong>the</strong> improvement <strong>of</strong> <strong>the</strong> management (79% for public<br />
assets and 72% for private assets), <strong>the</strong> transparency<br />
in <strong>the</strong> management <strong>of</strong> public assets (80%), and <strong>the</strong><br />
reduction <strong>of</strong> embezzlements <strong>of</strong> public assets (76%).<br />
Regarding <strong>the</strong> opinions <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring<br />
persons on <strong>the</strong> exercise <strong>of</strong> declaring assets and property,<br />
<strong>the</strong>y are favourable for a high level: <strong>the</strong> statement on<br />
<strong>the</strong> interference <strong>of</strong> <strong>the</strong> activity <strong>of</strong> declaring assets in<br />
<strong>the</strong> daily lives <strong>of</strong> those who declare <strong>the</strong>ir assets is<br />
disproved at 78% <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring persons,<br />
whereas accuracy and exhaustiveness <strong>of</strong> answers<br />
provided in <strong>the</strong> forms <strong>of</strong> declaration are respectively<br />
confirmed by 81% and 78% <strong>of</strong> surveyed declaring<br />
persons.<br />
Although <strong>the</strong> survey results pertaining to incidence<br />
and different views <strong>of</strong> <strong>the</strong> declaring persons on<br />
declaration <strong>of</strong> assets and property indicate a positive<br />
impact <strong>of</strong> <strong>the</strong> activities carried out by <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong><br />
Houses, land, cows, money on accounts, cars and farms<br />
are among <strong>the</strong> verified assets<br />
<strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong>, <strong>the</strong>re is a need for streng<strong>the</strong>ning<br />
actions.<br />
As for <strong>the</strong> view on <strong>the</strong> need to declare assets and<br />
property every year, 79% <strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring<br />
persons have no objection. Concerning <strong>the</strong> ideal<br />
periodicity to declare assets and property for <strong>the</strong> 14%<br />
<strong>of</strong> <strong>the</strong> surveyed declaring persons who do not agree<br />
on <strong>the</strong> annual periodicity, among <strong>the</strong>m, 41% propose<br />
a period <strong>of</strong> 3 years, 35% propose a 2 year period<br />
and 21% a 5 year period. They present <strong>the</strong> higher<br />
proportions respectively among <strong>the</strong> judicial <strong>of</strong>ficers<br />
(47%), security <strong>of</strong>ficers (43%), <strong>the</strong> supervisors<br />
(39%) and <strong>the</strong> administrative leaders and secondary<br />
education staff (33%). In addition, <strong>the</strong> surveyed<br />
declaring persons are, most <strong>of</strong> <strong>the</strong> cases, <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
university level (84%) with a salary below 350,000<br />
RwF (55%).<br />
Considering <strong>the</strong> results <strong>of</strong> <strong>the</strong> survey on <strong>the</strong> period <strong>of</strong><br />
declaring assets and property, <strong>the</strong> period provided for<br />
by <strong>the</strong> law, which is <strong>the</strong> annual declaration, yet comes<br />
out as <strong>the</strong> recommendation <strong>of</strong> this study and this<br />
will help as <strong>the</strong> new mandate assigned to <strong>the</strong> <strong>Office</strong><br />
<strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in <strong>the</strong> preventing and fighting<br />
against corruption and seek better transparency in <strong>the</strong><br />
governance in Rwanda.<br />
<br />
MUGISHA Jules D.<br />
19<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />
Dusobanukirwe n’ibikubiye mu itegeko ngenga<br />
N o 61/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigena imyitwarire<br />
y’abayobozi (ibikurikira n°16)<br />
KAJANGANA Aimé<br />
Nkuko twabyijeje abasomyi b’Umuvunyi<br />
Magazine mu nomero ya 16 tugiye<br />
gukomeza inyandiko twatangiye igamije<br />
kubasobanurira ku buryo burambuye ibikubiye<br />
mu itegeko ngenga nimero 61/2008 ryo kuwa<br />
10/09/2008.<br />
Dusoza iyo nyandiko twababwiye ko muri iyi<br />
numero tuzabagezaho ku buryo burambuye<br />
ibirebana n’ibyo abayobozi batemerewe<br />
kubangikanya n’umurimo w’ubuyobozi barimo.<br />
Ibi nkuko tugiye kubibona bigenda bitandukana<br />
bitewe n’<strong>urwego</strong> rw’ubuyobozi umuntu arimo.<br />
Muri iri tegeko ibirebana no kutabangikanya imirimo<br />
turabisanga mu mutwe wa gatanu w’iri tegeko mu<br />
ngingo ya 12n’izindi ngingo zikurikiraho.<br />
ntibemerewe kuba mu nzego z’ubuyobozi<br />
bw’amashyirahamwe n’imiryango idaharanira<br />
inyungu. Icyakora, bashobora kubibera<br />
abanyamuryango. Ntibemerewe kandi<br />
kubangikanya imirimo yabo no guhagararira<br />
Leta mu nama y’ubuyobozi mu kigo cya Leta<br />
cyangwa mu Nama y’Ubutegetsi mu kigo Leta<br />
ifitemo imigabane. Icyakora, iyo bibaye ngombwa,<br />
byemejwe n’Inama y’Abaminisiri, Abayobozi<br />
Bakuru, uretse abagize Guverinoma, abagize<br />
Inteko Ishinga Amategeko, Abacamanza mu<br />
Rukiko rw’Ikirenga, bashobora kujya mu Nama<br />
y’Ubuyobozi bw’Ikigo cya Leta no mu nama<br />
y’Ubutegetsi bw’Ikigo Leta ifitemo imigabane<br />
cyangwa icyigenga hakurikijwe inzira n’uburyo<br />
biteganywa n’amategeko agenga ibyo bigo.<br />
20<br />
KUTABANGIKANYA IMIRIMO<br />
Ibitabangikanywa<br />
Umuyobozi ufite inyungu bwite ku buryo buziguye<br />
cyangwa butaziguye zishobora kubangamira ku<br />
buryo ubwo ari bwo bwose inshingano n’inyungu<br />
z’<strong>urwego</strong> rwa Leta ahamagawemo kuba umuyobozi,<br />
agomba kwiyemeza kuzireka mbere yo gutangira<br />
uwo murimo n’igihe cyose azaba awukora.<br />
Igihe cyose afite uruhare urwo ari rwo rwose mu<br />
ifatwa ry’icyemezo afitemo inyungu iyo ari yo yose<br />
ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, byaba<br />
biturutse ko kiri mu nshingano ze cyangwa biturutse<br />
ku ruhare urwo ari rwo rwose yagira mu ifatwa<br />
ryacyo, haba ku bw’uruhare agira mu kugifatira<br />
hamwe n’abandi cyangwa ku nama atanga mu<br />
kugitegura, asabwa kubitangariza abamukuriye<br />
cyangwa abakuriye <strong>urwego</strong> rumushyiraho no<br />
kwivana mu mubare w’abafata icyo cyemezo.<br />
Imirimo yindi y’ubuyobozi itabangikanywa<br />
Abayobozi b’ikirenga n’abayobozi bakuru<br />
Amasezerano umuyobozi atemerewe<br />
Umuyobozi ntiyemerewe, haba ku giti cye cyangwa<br />
binyuze ku kigo afitemo imigabane keretse<br />
amasosiyete y’abataziranye, gupiganira amasoko<br />
ya Leta. Umuyobozi uhagarariye Leta mu kigo<br />
ifitemo imigabane cyangwa ushinzwe kukigenzura<br />
ntiyemerewe kugirana na cyo amasezerano ayo ari<br />
yo yose amuha uburyo burenze ubwo gisanzwe<br />
giha abandi bakozi bacyo.<br />
Imirimo ibujijwe ku bayobozi, abo bashakanye<br />
no ku bana babo<br />
Abayobozi b’ikirenga babujijwe gukora imirimo<br />
y’ubucuruzi. Abashakanye na bo n’abana babo<br />
batarageza ku myaka cumi n’umunani (18)<br />
babujijwe gukora umurimo w’ubucuruzi, uwa<br />
politiki uhemberwa cyangwa umurimo utesha<br />
icyubahiro abo bayobozi.<br />
Abashakanye n’abayobozi b’ikirenga bavugwa<br />
mu gika kibanziriza iki, bemerewe gukora undi<br />
murimo utabujijwe mu yo tumaze kuvuga.<br />
Babujijwe gusa kugurisha na Leta umusaruro<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
bawukomoramo. Abana batavuzwe mu gika<br />
cya 2 cy’iyi ngingo, bashobora gukora imirimo<br />
y’ubucuruzi, babujijwe gusa kujya mu masoko<br />
ya Leta. Umuyobozi w’Ikirenga ufite kandi<br />
imigabane mu bikorwa by’uwo bashakanye iyo<br />
bari mu ivanguramutungo risesuye ndetse no mu<br />
yandi masosiyete agomba kubimenyesha Urwego<br />
rw’Umuvunyi.<br />
<br />
<br />
Imirimo ibujijwe Abayobozi Bakuru<br />
Abayobozi bakuru babujijwe gukora imirimo<br />
y’ubucuruzi. Nyamara babiherewe uruhushya<br />
n’umuyobozi w’<strong>urwego</strong> barimo, bashobora gukora<br />
indi mirimo ku nyungu z’igihugu. Iyo bakoze<br />
iyo mirimo yihariye ntibayihemberwa. Icyakora,<br />
abo bashakanye n’abana babo bashobora gukora<br />
imirimo y’ubucuruzi, babujijwe gusa kujya<br />
mu masoko ya Leta. Abana bavugwa mu gika<br />
kibanziriza iki bagomba kumenyeshwa <strong>urwego</strong><br />
rw’Umuvunyi. Umuyobozi mukuru ufite kandi<br />
imigabane mu bikorwa by’uwo bashakanye iyo<br />
bari mu ivanguramutungo risesuye ndetse no mu<br />
yandi masosiyete agomba kubimenyesha Urwego<br />
rw’Umuvunyi.<br />
Imicungire y’ibintu by’umuyobozi wakoraga<br />
umwuga w’ubucuruzi<br />
Iyo umuyobozi w’ikirenga cyangwa umuyobozi<br />
mukuru asanzwe ari umucuruzi cyangwa ari mu<br />
buyobozi bw’ikigo cy’ubucuruzi haba mu gihugu<br />
cyangwa mu mahanga, agena undi muntu ushinzwe<br />
imicungire y’ibintu bye mu gihe akiri muri ubwo<br />
buyobozi, akabimenyesha mu nyandiko Urwego<br />
rw’Umuvunyi mu gihe kitarenze iminsi mirongo<br />
icyenda (90) uhereye ku munsi atangiriyeho<br />
imirimo.<br />
Nkuko twabivuze dutangira iyi nkuru biragaragara<br />
ko ibyo abayobozi babujijwe kubangikanya<br />
n’imirimo y’ubuyobozi bigenda bitandukana<br />
bitewe n’<strong>urwego</strong> barimo.<br />
Ibi byose byateganyijwe hagamijwe gukumira<br />
abayobozi bashobora gukoresha imyanya yabo<br />
bakaba baha ruswa icyuho cyangwa bakaba<br />
baha agaciro kanini ndetse n’umwanya munini<br />
imirimo imwe n’imwe nk’iy’ubucuruzi bigatuma<br />
batayobora neza abo bashinzwe.<br />
Mu numero yacu itaha tuzabasobanurira ibirebana<br />
n’itangwa n’iyakira ry’impano cyangwa amaturo<br />
ku bayobozi.<br />
Biracyaza ntimuzacikwe.<br />
<br />
21<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />
Imiyoborere myiza mu turere ni<br />
umuyoboro w’ubutabera<br />
GATERA Athanase<br />
22<br />
Politiki y’imiyoborere myiza (good<br />
governance) ni intego u Rwanda rwiyemeje<br />
kugenderaho hagamijwe kugera ku<br />
buyobozi bubereye abaturarwanda bose kandi<br />
buharanira inyungu rusange. Imiyoborere myiza<br />
irangwa no gukorera mu mucyo, guha abaturage<br />
urubuga mu kugena no kugenzura ibikorwa<br />
bibareba, kwimakaza uburenganzira bwa buri<br />
muntu no gutanga serivisi zinogeye abaturage.<br />
Iyo politiki ireba mbere na mbere abayobozi<br />
n’abakozi ba Leta kuko nibo bashinzwe gushyira<br />
mu bikorwa gahunda za Leta zigenewe abo<br />
baturage. Abaturage nabo ntibagomba kurebera<br />
ibikorwa ahubwo bagomba kugaragaza ibyifuzo<br />
byabo kandi bikitabwaho.<br />
Nk’uko biteganijwe mu itegeko rigena imiterere<br />
n’imikorere by’Urwego rw’Umuvunyi, uru Rwego<br />
rufite inshingano yo guteza imbere imiyoborere<br />
myiza mu nzego za Leta n’izigenga. Niyo mpamvu<br />
Urwego rw’Umuvunyi rugenzura imikorere<br />
y’inzego n’ibigo bya Leta kugira ngo rusuzume<br />
niba imikorere yabyo ijyanye na gahunda za Leta,<br />
niba umutungo ucungwa mu nyungu rusange<br />
kandi niba bigera ku nshingano byahawe.<br />
By’umwihariko inzego zegerejwe abaturage<br />
zigomba kurangwa no kubagezaho serivisi ziboneye<br />
abazigana. Gucunga neza umutungo izo nzego<br />
zikoresha bituma zigera ku ntego zazo ku buryo<br />
zateganijwe. Urwego rw’Umuvunyi rwashyizeho<br />
ibipimo (indicators) byarufasha gusuzuma uko<br />
politiki y’imiyoborere myiza ihagaze mu turere<br />
twose tw’u Rwanda. Gusuzuma iyo politiki bijyanye<br />
kandi n’inshingano yo gukumira no kurwanya<br />
akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na<br />
yo. Twakwibutsa ko ruswa n’akarengane ari<br />
imbogamizi zikomeye z’imiyoborere myiza kuko<br />
ari ibyorezo bibangamira inyungu z’umuturage.<br />
Ruswa ibangamira iterambere rusange, uwo<br />
yokamye arangwa no kwigwizaho imitungo abona<br />
mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibyo abikora<br />
atitaye ku nyungu z’abandi. Ruswa ni imungu<br />
igomba gucibwa mu nzego z’ibanze.<br />
Uturere twarasuzumwe tugirwa inama yo<br />
kunoza imikorere<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwagiye rushyiraho<br />
gahunda yo kugenzura uturere rugamije kureba<br />
ibyaba bibangamira politiki y’imiyoborere myiza<br />
kugira ngo hafatwe ingamba zo kubihashya.<br />
Hagaragajwe ibyuho byose bya ruswa<br />
n’iby’imikorere idahwitse. Ubuvugizi bwakozwe<br />
ku nzego zitandukanye zigomba gufasha uturere<br />
gushyira mu bikorwa iyo politiki.<br />
Nk’uko bigaragara hari amategeko n’amabwiriza<br />
ashyirwaho atanga imirongo ngenderwaho muri<br />
gahunda zitandukanye ariko ntiyubahirizwe uko<br />
ateye. Nk’uko abasesengura ibirebana na ruswa<br />
babisobanura, kudakurikiza amategeko ni icyuho<br />
cya ruswa kuko abakabikoze bikorera ukundi<br />
bagamije inyungu zabo cyangwa iz’abo baziranye.<br />
Byongeye ariko, iyo nta mategeko ariho cyangwa<br />
n’ariho akaba atajyanye n’ibihe nabyo biba icyuho<br />
cya ruswa.<br />
Mu gusura uturere hagiye hasuzumwa uburyo<br />
inzego zikorana ndetse zinagenzurana. Aha twavuga<br />
uko inama njyanama y’akarere yubahiriza<br />
inshingano zayo nk’<strong>urwego</strong> rushinzwe kuyobora<br />
no kugenzura izindi. Mu mikorere y’akarere hagomba<br />
kurangwamo uburyo bunoze bwo kugenzura<br />
ibikorerwa mu karere na serivisi zihabwa abagana<br />
akarere. Ubugenzuzi ni ngombwa cyane mu mikorere<br />
y’akarere kuko ubuyobozi bumenya ahari<br />
ibyuho bityo bugashyiraho kandi bugakurikirana<br />
ingamba zo kubirwanya. Igenzura rishimangira<br />
inshingano za komite nyobozi y’akarere yo gukurikirana<br />
buri gihe ibikorerwa mu karere no kubigaragariza<br />
abaturage.<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
rugira inama inzego<br />
zitandukanye harimo<br />
uturere ku buryo bwo<br />
kunoza imikorere<br />
yazo. Iyo mikorere<br />
igomba gushingira kuri<br />
gahunda ya Leta kandi<br />
ntibangamire inyungu<br />
z’abaturage. Niyo<br />
mpamvu, uturere tugirwa<br />
igihe cyose inama zo<br />
kubahiriza amategeko<br />
duhabwa. Abayobozi<br />
n’abacungamutungo mu<br />
turere bagomba kurangwa<br />
n’imicungire myiza<br />
y’umutungo aho gushaka<br />
kuwunyereza. Mu<br />
mikorere yabo bagomba<br />
kwirinda ruswa cyangwa<br />
ibyaha bifitanye isano na<br />
ruswa nk’ikimenyane,<br />
i c y e n e w a b o<br />
n’ikoreshagitinyiro. Gukoresha ukuri no kubaha<br />
amategeko bituma ibyo akarere gakora biba bifite<br />
ireme kandi bifitiye inyungu abagatuye bose.<br />
Mu turere hagomba kurangwamo gukorera mu<br />
mucyo, serivisi zigatangwa neza, abaturage<br />
bakakirwa nta kubasiragiza cyangwa kubikiza.<br />
Abakozi babishinzwe bagomba kugira ishema ryo<br />
kumva bakoze neza kuko bibahesha icyubahiro<br />
bikanaranga ubuhanga bwabo. By’umwihariko,<br />
abari mu myanya y’ubuyobozi basabwa kuba<br />
intangarugero mu byo bakora n’ inyangamugayo<br />
mu myitwarire. Iyo batigenzura ubwabo, imikorere<br />
yabo ishobora gutuma akarere kavugwa nabi<br />
n’umusaruro w’abakozi ugatuba.<br />
Ni umwanya kuri buri karere kwerekana aho<br />
gahagaze<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwateguye amarushanwa<br />
ku miyoborere myiza agenewe uturere twose<br />
tw’Igihugu. Aya marushanwa yateguwe muri<br />
gahunda y’ibikorwa byo kwizihiza icyumweru<br />
cyahariwe kurwanya ruswa kiba mu kwezi<br />
Nyakubahwa Perezida w’ Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite<br />
ashyikiriza igihembo cya mbere umuyobozi w’Akarere ka Gisagara ku munsi<br />
mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa<br />
k’Ukuboza kwa buri mwaka. Ubusanzwe mu<br />
gusoza icyo cyumweru Urwego rw’Umuvunyi<br />
rugenera ibihembo uturere dutatu twitwaye neza mu<br />
bikorwa byo gukumira no kurwanya akarengane,<br />
ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.<br />
Amarushanwa yateguwe agamije kugenzura aho<br />
buri karere gahagaze mu birebana no gushyira<br />
mu bikorwa politiki y’imiyoborere myiza. Ayo<br />
marushanwa ari mu byiciro bibiri: kugera mu<br />
mpera z’ukwezi kwa Nzeri, buri karere kazuza<br />
imbonerahamwe kashyikirijwe n’Urwego<br />
rw’Umuvunyi kihe amanota kuri 50. Mu kwezi<br />
kw’Ugushyingo abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
bazajya muri buri karere kugenzura niba ibyo<br />
uturere twanditse bihari koko. Buri karere<br />
kazahabwa amanota kuri 50.<br />
Amarushanwa yibanda ku ngingo enye arizo<br />
imiyoborere, imitangire y’amasoko, ubugenzuzi<br />
n’imenyekanishamutungo. Bimwe mu bisuzumwa<br />
mu miyoborere ni uburyo bw’imicungire<br />
y’abakozi, inama z’abayobozi n’abakozi, inama<br />
z’inama njyanama n’uburyo ibyemezo bishyirwa<br />
23<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO IMIYOBORERE RW’UMUVUNYI MYIZA<br />
24<br />
mu bikorwa. Akarere kagomba kugaragaza uko<br />
gakorana n’imirenge mu gukemura ibibazo<br />
by’abaturage kagaragaza ibyakemutse, ibyoherejwe<br />
mu zindi nzego n’uburyo bwo kubikemuramo.<br />
Amasoko ya Leta ni uburyo bwashyizweho bwo<br />
gukumira ruswa, gushyigikira abikorera ku giti<br />
cyabo no gushimangira ihame ryo gukorera mu<br />
mucyo. Amasoko ya Leta atangwa hakurikijwe<br />
amategeko, amateka ndetse n’amabwiriza<br />
asobanura ibigomba kwitabwaho. Ariko byagiye<br />
bigaragara ko mu masoko ya Leta harangwamo<br />
ibikorwa byo kudakurikiza nkana ibigomba<br />
kubahirizwa hagamijwe kubishakiramo indonke.<br />
Inzego zose zigomba guhashya ibyo bikorwa,<br />
zikabikumira, ababifatiwemo bagahanwa nk’uko<br />
amategeko abiteganya. Niyo mpamvu uturere<br />
tugomba natwo kwitabira gahunda zose n’ingamba<br />
byo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa<br />
mu masoko ya Leta.<br />
Muri gahunda y’amarushanwa twavuze haruguru,<br />
bimwe mu byitabwaho ku birebana n’amasoko<br />
ya Leta ni ibijyanye n’abagize akanama gatanga<br />
amasoko, amasoko yatanzwe hakurikijwe<br />
amategeko, abakozi cyangwa abayobozi bagize<br />
uruhare mu gutuma amasoko atangwa ku buryo<br />
butubahirije amategeko, ba rwiyemezamirimo<br />
batubahirije amasezerano bagiranye n’uturere<br />
n’ibihano bahawe.<br />
Iyo inzego zishinzwe ubugenzuzi zikora neza akazi<br />
kazo bituma <strong>urwego</strong> rwagenzuwe rurushaho gukora<br />
neza kuko imikorere myiza n’imibi igaragazwa,<br />
bityo ibitagenda neza bigakosorwa. Akarere nako<br />
gafite uburyo bw’igenzura ry’imbere (internal control)<br />
n’iry’inyuma (external control). Icy’ingenzi<br />
mu bugenzuzi ni uko ibyifuzo byatanzwe bishyirwa<br />
mu bikorwa. Mu byo uturere tugomba kugaragariza<br />
Urwego rw’Umuvunyi mu rwego rw’amarushanwa<br />
ku miyoborere myiza harimo uburyo ubugenzuzi<br />
bukorwa na raporo zigaragaza uburyo ibyasabwe<br />
n’ inzego zitandukanye zakoze ubugenzuzi<br />
byashyizwe mu bikorwa.<br />
Nk’uko biri mu nshingano zabo, abayobozi<br />
n’abakozi bafite aho bahurira n’umutungo wa Leta<br />
cyangwa bari mu myanya ifata ibyemezo bagomba<br />
kugaragariza Urwego rw’Umuvunyi imitungo<br />
yabo. Komite nyobozi y’akarere igomba gukangurira<br />
abarebwa n’icyo gikorwa bakorera mu karere<br />
kucyitabira no kubagenera ibihano iyo batagitunganije.<br />
Ese ibyo birakorwa? Ntabatamenyekanisha<br />
umutungo wabo ku Rwego rw’Umuvunyi<br />
kandi ntibibagireho ingaruka?<br />
Akarere ni ishingiro rya politiki yo kwegereza<br />
abaturage ubuyobozi n’ubushobozi. Imikorere<br />
y’akarere ituma hasuzumwa uburyo iyo politiki<br />
ishyirwa mu bikorwa. Ibyakozwe byose nk’uko<br />
bikubiye mu ngingo enye zavuzwe harugu bigomba<br />
kugaragazwa na raporo zikubiyemo amakuru<br />
afatika.<br />
Imiyoborere myiza ishimangira ubutabera<br />
Guteza imbere imiyoborere myiza mu turere ni inzira<br />
iboneye yo gushimangira ubutabera. Iyo amahame<br />
y’imiyoborere myiza yitaweho uburenganzira<br />
bw’umuturage burubahirizwa, akarengane<br />
kagacika kuko umuyobozi ashyira imbere inyungu<br />
z’umuturage. Ibibazo by’akarengane bikemukira<br />
mu mirenge no mu tugari. Abaturage bagira<br />
uruhare mu gukumira akarengane, ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo. Ntawe uhutazwa. Ntawe<br />
usaba serivisi atemerewe ngo ni uko yitwaje<br />
bitugukwaha. Buri muturage aba ijisho rya mugenzi<br />
we akabasha kumurengera no kumurenganura<br />
kuko aba yaracengewemo n’ihame ryo guharanira<br />
uburenganzira bwa muntu.<br />
Ubutabera bwose bushyira imbere ikibereye<br />
umuntu, bwubakiye ku kuri, ku kutabogama no ku<br />
kutavogerwa. Abayobozi n’abakozi bo mu nzego<br />
z’ibanze bagomba kurangwa no kwita ku iterambere<br />
ry’abaturage no ku kubahiriza uburenganzira<br />
bwabo ku byo babakorera. Umuturage nawe<br />
agomba guhora azirikana inshingano ze, akitabira<br />
no guharanira icyamuteza imbere n’icyazamura<br />
igihugu cye. Inzego zishinzwe guteza imbere<br />
imiyoborere myiza zikwiye gukaza umurego kuko<br />
iyo nzira niyo izatuma abaturarwanda tugera ku<br />
majyambere twifuza mu Cyerekezo 2020.<br />
GATERA Athanase<br />
<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA IMIYOBORERE BY’URWEGO MYIZA RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Abakozi bashya b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
bahuguriwe kuri gahunda za Leta.<br />
Kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 16 Nyakanga<br />
2010, Urwego rw’Umuvunyi rwageneye<br />
abakozi barwo bashya amahugurwa kuri<br />
gahunda zitandukanye za Leta (induction course).<br />
Aya mahugurwa yari agamije muri rusange<br />
gufasha abakozi bashya kugira imyumvire imwe<br />
kuri politiki na gahunda bya Leta n’iby’Urwego<br />
rw’Umuvunyi by’umwihariko.<br />
Abakozi bashya 23 bahuguriwe ku miterere<br />
n’imikorere by’Urwego rw’Umuvunyi (overview <strong>of</strong><br />
<strong>the</strong> functionning <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong>),<br />
kuri politiki y’uburinganire n’ubwuzuzane hagati<br />
y’abagabo n’abagore (gender), ku bumenyi bwa<br />
politiki (political science), ku mitangire ya serivisi<br />
zinoze kandi zihuse (service delivery), k’uburyo<br />
bwo gukemura amakimbirane (conflict resolution<br />
and management), uburyo bwo gukora igenzura<br />
(operational audit), Itegeko rigenga imicungire<br />
n’imikoreshereze y’imari ya Leta (public finance<br />
Law), uburyo bwo gutegura ingengo y’imari<br />
(preparation <strong>of</strong> budget), uruhare rw’Urwgo<br />
rw’Umuvunyi mu miyoborere myiza (role <strong>of</strong> <strong>the</strong><br />
<strong>Office</strong> <strong>of</strong> <strong>the</strong> <strong>Ombudsman</strong> in good governance),<br />
Itegeko ryo kurwanya ruswa (corruption Law),<br />
ubutegetsi bwa Leta n’imivugurire yabwo<br />
(public administration and <strong>the</strong> reform), vision<br />
2020, imitangire y’amasoko mu nzego za Leta<br />
(procurementt procedures in public institutions),<br />
uburyo bwo kuvuga no gukora za raporo<br />
(techniques d’expression et de rédaction),<br />
uko abantu bakwiye kwitwara (organisational<br />
behaviour), ubumenyi ku micungire muri rusange<br />
(skills <strong>of</strong> management) no k’ubumenyi ku mikorere<br />
y’iperereza (investigations techniques).<br />
Abakurikiranye amahugurwa bashimiye ubuyobozi<br />
bw’Urwego rw’Umuvunyi bwabateguriye<br />
amahugurwa, bakaba bizera ko azabafasha kongera<br />
<strong>urwego</strong> rw’imyumvire n’ubumenyi rusange<br />
kuri gahunda n’ibikorwa bya Leta. Umuvunyi<br />
Mukuru Tito RUTAREMARA akaba yarabasabye<br />
kuzifashisha amasomo bahawe mu kazi ndetse<br />
no mu buzima bwabo bwa buri munsi, aboneraho<br />
no kubizeza ko Urwego ruzakomeza kubafasha<br />
kubona andi mahugurwa yabafasha kuzuza neza<br />
inshingano zabo.<br />
MUGISHA Jules D.<br />
Ifoto y’ urwibutso y’Umuvunyi Mukuru n’abandi bayobozi bo mu rwego n’abakozi bashya<br />
25<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
INKURU ISHUSHANYIJE<br />
26<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
IBIKORWA INKURU ISHUSHANYIJE<br />
BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
27<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IBIKORWA BY’URWEGO RW’UMUVUNYI<br />
28<br />
Umuvunyi Magazine N° 17 Ukwakira -Ukuboza 2010<br />
Telefoni itishyuzwa199