NYIRAMUBANDE _5
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
NYIRAMUBANDE 5
2019
GAHUNDA
YO GUFATA
IBIRIBWA
YASIMBUJWE
AMAFARANGA
IBIRIMO
03 IJAMBO RY’IBANZE
04 ITERAMBERE RY’UBUCURUZI NYUMA YO
GUTANGIRA GUHABWA AMAFARANGA
05 IMPINDUKA NYUMA YO GUTANGIRA
GUHABWA AMAFARANGA
06 KUBA IMPUNZI SI IKIBAZO, IKIBAZO NI
MU MUTWE
07 NISHIMIYE KO!
08 TUBA TWIZEYE GUCURUZA BYINSHI
09 NUBWO NDI IMPUNZI INZOZI ZANGE
NARAZIKABIJE
10 KUBA ARI IMPUNZI NTIBYAMUBUJIJE
KWITEZA IMBERE
11
BARAMUKE!
12 ESE GUHABWA AMAFARANGA HARI
IMPINDUKA BYAZANYE?
13 AKANYAMUNEZA NI KOSE NYUMA YO
GUHABWA AMAFARANGA
BAGWATIRIZA IKARITA YABO KUGIRA NGO
EDITORIAL TEAM
ABANDITSI
UHAGARARIYE UBWANDITSI
Nadine UWAMAHORO
ABAFASHIJE UBWANDITSI
Marie Claire ISINGIZWE
Jean Aime MUHAWENAYO
Chrispin MIZERO
Jean Damascene MBONIGABA
Gilbert UFITABE
UWANOGEJE IMYANDIKIRE
Heli HABYARIMANA
ABAFASHE AMAFOTO
Darcy MWUHIRO
Jonathan RUGAMBA
LAYOUT EDITOR
Jean Felix URIHO SEBUREZI
Celia HARO RUIZ
KIGEME:
Alphonse SHUKURU (Stenton)
Fazil IRIBAGIZA
Javan MUGENZI
Faustin NDAYAMBAJE
M. Chantal NIYODUSENGA
Etienne SONGA
Marie Grace NYAMPINGA
Yves MUTABAZI
Innocent TWIZERE
Noah NIYONIZEYE
Isimbi Betty UTAMURIZA
Jimmy NKURUNZIZA
Grace MUZUNGU
Rodriguez SHYAKA
Bienfait UWIZEYE
MAHAMA:
Gaston AKIMANAYARE-
MYE
Eugene NZEYIMANA
Alex KUBWIMANA
Jacque NGENDAKUMANA
Mary MURUNGI
Naome NAYEBARE
Fabrice NITUNGA
Henriette NDAYIKENGU-
RUTSE
Audrey BATAMULIZA
Anna MUHAWENIMANA
Micheline SINDIHEBURA
Emmanuel HAKIZIMANA
MUGOMBWA & HUYE:
Jackson NKURUNZIZA
Damascene BYIRINGIRO
Gentille FURAHA
Seraphine NIKUZE
Chantal IRANKUNDA
Janviere UWIMANA
Safi NGAMIJE
Yves MUDAHERANWA
Naome MBABAZI
Nyirabukara UWASE
Deborah MUKAMURERA
Sandrine UWASE
Pascaline INGABIRE
Shammah NISHIMWE
Prosper NIJIMBERE
Eloi IRAMBONA
Serge IRAMBONA
Pascaline UWERA
Chantal UWASE
Claude RAFIKI
Esther NIYOMUFASHA
M. Sandrine SHIRIRUNGU I.
Don Delicia KERANDA
Clebert Sabin GANZA
18 NZAGUHA 30% Y’INYUNGU
19 URUHARE RW’IMPUNZI MU KWIKURA MU BUKENE
IDUGA RY'IBICIRO
20
21 AMAFARANGA AFASHA IMPUNZI KUMVA KO
ZIFITE INSHINGANO
22 IBANGA RY’ITERAMBERE
23 KWEREKANA FILIMI MFASHANYIGISHO CINÉDUC
24 IBIKORWA NDANGAMUCO
26
IGABANYUKA RY`IKIBAZO C'UBUJURA MU
MIRIMA Y'ABATUYE MU INKENGERO Z'I
NKAMBI
27 KURYA KABIRI KU MUNSI NTIBIGISHOBOKA!
28 URUBUGA RW’ABASOMYI
IJAMBO RY’IBANZE
Ikaze muri nimero ya 5 y’Ikinyamakuru
NYIRAMUBANDE.
Kuri ubu, abantu batari bake basigaye bavuga
ko ifaranga rifite agaciro kanini cyane.
Iyo wicaye nta n’amafaranga 100 ufite mu
mufuka, na we ubwawe utangira kubura
amahoro ndetse bikaba byanagera n’aho
uyabuza n’abandi.
Akenshi iyo umuntu yumvise ubuzima bwo
mu nkambi, muri we ahita abona abantu
bari muri shitingi, bahabwa ibiribwa, ndetse
n’ibindi bikoresho by’ibanze. Ariko, ubu si
ko bimeze mu nkambi za hano mu Rwanda.
Hashize igihe PAM (Programme Alimentaire
Mondiale) ishami rya Loni rishinzwe ibiribwa
ku isi,rikuyeho gahunda yo gutanga ibiryo,
noneho impunzi zigahabwa amafaranga. Buri
muryango ubona amafaranga agendanye
n’umubare w’abawugize. Abatarashaka
babona na bo kuri ayo mafaranga.
Birasanzwe ko abantu batabona cyangwa
ngo bumve ibintu kimwe. Muri iyi nimero,
murasangamo ibitekerezo by’urubyiruko,
ababyeyi, inararibonye n’abaturiye
inkambi kuri iyo ngingo yo gusimbuza
ibiribwa amafaranga.
Bamwe bavuga ko ari bwo buryo bwiza
kuko bibafasha kurya ibyo bashaka. Abandi
bavuga ko byongereye amakimbirane
hagati y’abagabo n’abagore ku buryo bwo
gucunga amafaranga bafata. Abacuruzi bo
bavuga ko ku munsi wo gufata amafaranga,
abakiriya biyongera kandi bagahaha ibintu
byinshi bitandukanye.
Ese nka we musomyi w’Ikinyamakuru
NYIRAMUBANDE, ni iki wavuga kuri iyi
gahunda yo gufata amafaranga yasimbuye
itangwa ry’ibiryo?
Turakurarikira gusoma inkuru zose
zikubiye muri iyi nimero, kugira ngo
wumve ibitekerezo bicukumbuye
byatanzwe kuri iyo ngingo.
Nk’uko bisanzwe muri iki kinyamakuru,
hari umwanya twahariye abasomyi
kugira ngo batange ibitekerezo,
inyunganizi n’ibindi. Wakwifashisha
urupapuro rwa 12 cyangwa ukohereza
ubutumwa kuri nimero 0787581411
cyangwa 0728028232.
Turabashimiye mwe mwese
mukomeje gusoma Ikinyamakuru
NYIRAMUBANDE.
Ubwanditsi
3
NYIRAMUBANDE 5
MUGOMBWA
ITERAMBERE RY’UBUCURUZI NYUMA YO GUTANGIRA
GUHABWA AMAFARANGA
Inkuru ya: Ndayambaje Faustin & Niyodusenga Chantal (KIGEME)
Uwashushanyije: IRAGUHA Clement
Bamwe mu bakorera ubucuruzi bw’ibiribwa
mu nkambi ya Kigeme, baravuga ko gahunda
nshya yo gutanga amafaranga imaze kubafasha
kwagura ubucuruzi bwabo.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Nyiramubande,
Mugabo Claude, w’ imyaka 26 ukorera ibikorwa
by’ubucuruzi mu nkambi ya Kigeme,yavuze ko amaze
kwagura ubucuruzi bwe nyuma yaho hashyireweho
gahunda yo guha impunzi amafaranga.
Ati:’’ Mbere tugifata ibyo kurya ntago buri muntu yahahaga
uko abyifuza ndetse byanatumaga tutabona uko twagura
ubucuruzi bwacu kuko nta baguzi twabonaga ariko ubu
turababona nta kibazo".
Mugabo, akomeza avuga ko aho basimburije amafaranga
gahunda yahozeho yo gutanga ibiribwa, abacuruzi basigaye
babona amafaranga ari kubafasha kwagura ubucuruzi bwabo
kuko bafite abaguzi bahagije.
Ati: “Ubu noneho dufite abaguzi kuko ufata amafaranga
ukayahahisha uko ubyifuza n’ibyo ushaka kandi
bikanakurinda gutonda umurongo nk'uko byagendaga mbere
bagitanga ibyo kurya”.
Twaganiriye kandi na Mutesi Aline, na we ucururiza mu
nkambi ya Kigeme, maze adutangariza ko ubu ibikorwa
byabo biri gutera imbere kubera ko abatuye inkambi basigaye
bajya kubahahira bityo bikihutisha iterambere ryabo.
Ati:” Ubu rwose turishimye kuko dusigaye tubona abaguzi
cyane, ubu hari n’abagwatiriza amakarita yabo bafatiraho
amafaranga tukabaha ibyo kurya, twizeye neza ko naza
bazatwishyura, ariko mbere ntiwabonaga naho ufata ideni
ukaba wanabwirirwa cyangwa ukaburara.
Ikindi kandi byanaduhaye akazi, kuko mbere nta bajenti
babaga mu nkambi ariko ubu turahari kandi turakora neza.
Ibi byose rero biri kudufasha kwagura ubucuruzi bwacu,
twongera ingano y’ibyo ducuruza kuko ubu noneho twizeye
kubona abaguzi”.
4
NYIRAMUBANDE 5
MUGOMBWA
IMPINDUKA NYUMA YO GUTANGIRA GUHABWA
AMAFARANGA
Inkuru yanditswe na: Nikuze Seraphine, Uwimana Janviere, Mbabazi Naome, Irankunda Chantal(MUGOMBWA)
Abana baba mu nkambi ya Mugombwa bari hagati
y’imyaka 15 na 17 bavuga ko amafaranga bahabwa
azwi nka M-Visa yasimbuye ibiribwa mu nkambi yaje
gukemura byinshi cyane cyane ibyigajemo imirire kuko
ubu babayeyi ba bo babahahira ibyo bashaka.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu nkambi ya Mugombwa ruri gusangira.
Photo: Darcy MWUHIRO
Zimwe mu mpunzi zo mu nkambi byari bigoye kuko rimwe na kandi mbere twararyaga umutsima
ya Mugombwa zaganiriye rimwe wasangaga hari abatazirya w’ibigori gusa.”
n’Ikinyamakuru Nyiramubande bigatuma babaho nabi bitewe no NDAGIJIMANA Patrick na we
ziganjemo abana bari munsi y’imyaka kubura ibindi bizisimbura, ariko w’imyka 15 avuga ko aya mafaranga
17 zivuga ko aya mafaranga yaje ubu umuntu agura icyo ashaka.” yababereye igisubizo mu kurwanya
akenewe kuko abafasha mu mirire MASENGESHO Honaratha imirire mibi, ngo kuko ubu iwabo
bagura ibyo bashaka ,cyangwa se w’imyaka 18,avuga ko mbere barya icyo bashaka kandi abona
mu ngendo batembera, mu gihe baryaga umuceri bigoye ariko ubu kuva ayo mafaranga yaza na we
bagihahwa ibiribwa byari bigoranye barawuhaha uko bashatse, kandi yaratangiye kubyibuha no kugira
kwigurira icyo ushaka kurya ayo mafaranga akabafasha no ubuzima bwiza. Ati “Mbese ubu
cyangwa kuba wava mu rugo ngo mu ngendo zitandukanye bakora hehe n’ikibazo cy'imirire mibi
uratembereye.
bakabona ayo bishyura imodoka. mu Nkambi ya Mugombwa.”
UWAMAHORO Confiance MUGISHA Dieuve, umwana
w’imyaka 17 utuye mu nkambi
ya Mugombwa ati “Amafaranga
w’imyaka 15 na we avuga ko ayo
mafaranga ari meza cyane aho
dahabwa mu nkambi yaje akenewe agira ati “Iwacu twahinduye ibyo
kuko kera bakiduha impungure twaryaga, ubu dufite imirire myiza
5
NYIRAMUBANDE 5
MU MUJYI WA HUYE
KUBA IMPUNZI SI IKIBAZO, IKIBAZO NI MU MUTWE
Inkuru ya INGABIRE Pascaline & NIJIMBERE Prosper (HUYE)
Akarere ka Huye ni kamwe mu turere tugize imigi yunganira Kigali ,umurwa mukuru w’igihugu cy’ u
Rwanda. Aka karere gahana imbibi n’Akarere ka Nyamagabe na Gisagara na two two mu ntara y’Amajyepfo
ducumbikiye impunzi mu nkambi za Mugombwa na Kigeme. Muri aka karere hakorerwamo imirimo
myinshi itandukanye harimo n’ubucuruzi bukorwa n’abantu batandukanye barimo n’impunzi z’Abarundi
n’Abanyekongo mu rwego rwo kwikura mu bukene no kudakomeza gutegereza inkunga bahabwa baharanira
kwigira.
Huye Complex Market Rwabayanga
Photo: Darcy MWUHIRO
BIZIMANA Charles ni umwe mu mpunzi z’Abarundi
zituye mu karere ka Huye , akaba akora umwuga
w’ubucuruzi bw’ibinyobwa n’ibiryo(Cafetariat) mu
mujyi wa Huye, muri Huye complex market mu
Rwabayanga. BIZIMANA avuga ko uyu mwuga
awukora awukunze kuko umutunze kandi ugatuma
abaho neza we n’umuryango we, akabasha no kubona
uburyo bwo kwishyura inzu no kwikemurira utubazo
tumwe na tumwe ahura natwo mu buzima bwe bwa
buri munsi.
“Nkigera mu Rwanda nagize
igitekerezo cyo gukora akantu
niyo kaba gato ariko kanyinjiriza
amafaranga ,ngendeye ku gishoro
narinarakuye mu Burundi mu
bwarimu ,mbona gukora ubucuruzi
bw’ibiryo n’ibyo kunywa
ari byo byanyorohera kuko
mbonye n’amafaranga kwagura
ntibigoranye.”
BIZIMANA avuga ko muri uyu mwuga ahura
n’imbogamizi nyinshi nko kubura abakiriya, igishoro
gike, no kugurisha ku biciro biri hasi ugereranyije nuko
aba yaranguye bitewe n’ibihe biba byahindutse .
Abajijwe uburyo ahangana nizo mbogamizi,
BIZIMANA yagize ati: “Kubera ko maze kumenyerana
n’abantu ba hano dufite itsinda, nguzamo amafaranga
mu kugira ngo mbashe kwagura no gukora neza
ubucuruzi bwanjye, nkabasha no gusigasira abakiriya
banjye.”
Ubwo Ikinyamakuru NYIRAMUBANDE cyaganiraga
na BIZIMANA cyahasanze umwe mu bakiriya be
b’imena witwa DATIVA wari waje guhaha maze
avuga ko yishimira serivisi zihatangirwa kandi abona
BIZIMANA agenda atera imbere agereranyije nuko
yari agitangira ,ahanini abitewe n’umwete n’imikorere
ye byiza.
BIZIMANA
asoza agira inama impunzi, agira
ati: “Buriya nta muntu wabuze gutera imbere ngo ni
uko ari impunzi, kuko kuba impunzi si kibazo ahubwo
ikibazo ni mu mutwe, no kutiyakira ku byakubayeho
ngo utekereze icyaguteza imbere ahubwo ugahora
uteze amaboko cyangwa utegereje akava
imuhana kandi kazaza imvura ihise. Nibakure
amaboko mu mifuka baharanire kwigira nk’uko
perezida w’u Rwanda yabivuze, kandi bamenye ko
umugabo yigira yakwibura agapfa. Bamenye ko
igishoro cya mbere ari uko bariho, duke bafiite
baduhereho biyubakira ubuzima bw’ejo hazaza kuko
ari bo ba mbere bo kuhategura. Nange natangiye
bingora ariko ubu mfite abakozi barenga batandatu
kandi mpemba buri kwezi.”
6
NYIRAMUBANDE 5
IBITEKEREZO
NISHIMIYE KO!
Inkuru: Nkurunziza Waren Jimmy & Iribagiza Fazil (KIGEME)
Mu gihe tariki icumi za buri kwezi hatangwa amafaranga yasimbujwe guhabwa ibiribwa ku
batuye mu nkambi, abatuye inkambi ya Kigeme baravuga ko bishimiye cyane iyi gahunda kuko
ibafasha kwikenura no kurya ibyo bihitiyemo mu gihe mbere bagihabwa ibiribwa basangaga
nk’abatunzwe n’indyo imwe .
Karibori Dusabe
“Mbere tugifata ibyo kurya,
wasangaga bigoye cyane kuko
twasaga nk’abatunzwe n’indyo
imwe, ariko ubu umuntu ahaha icyo
ashatse bityo abana bacu bakagira
imirire myiza kandi ukaba wanasagura
udufaranga two kugurira umwana
twa bodaboda cyangwa se ibindi
nkenerwa nko kubogoshesha
n’ibindi”.
Ruhumuriza Jean Claude
“Guhabwa amafaranga ni byiza
cyane narabyishimiye kuko adufasha
gufunguka mu mutwe tukamenya
guhaha ibijyanye n’uko twifite, ariko
biracyagoye kuko atajyanye n’ibiciro
biri ku isoko uyu munsi, byaba byiza
kurushaho bayongereye cyangwa
se bakanadushakira isoko ryo
guhahiramo rijyanye
n amafaranga duhabwa”.
Mukankusi Olive:
“Icyo nishimira cyane ni
uko tutagifata impungure
n’ibishyimbo kuko bitoroheraga
abantu barwaye igifu ariko
ubu bikaba bibafasha nabo
kugira ubuzima bwiza”.
Giramata Rebecca
”Ku bwanjye ni gahunda
nishimiye kuko ubu ibiryo iyo
bidushiranye twegera abacuruzi
bakagukopa nawe akaba yizeye
ko azabona inyishyu, mu
gihe mbere tutashoboraga
kubona uwakuguriza”.
Tuyikunde James
“Guhabwa amafaranga byoroheje
kubona ibicanwa kuko usanga
wakwikopesha bakagukopa kuko
bizeye ko uzabona amafaranga
ukabishyura. Gusa usanga
amafaranga duhabwa ari make
cyane ugeraranyije n’ibiciro
biri ku isoko”.
Zayire Aderal
“Nge iyi gahunda
narayishimiye cyane kubera
ko tutagitakaza umwanya munini
dutonze umurongo wo gufata ibyo
kurya,ahubwo byaba byiza kurushaho
bayongereye kuko ari make
atabasha guhaza ibyo dukenera
by’ibanze, birimo n’imyenda
yo kwambara”.
Karasira Habiyambere
“Nubwo adahagije, nge nishimira
ko byibura byagabanyije ubushomeri
mu batuye inkambi kuko abakora
akazi ko kubikuriza impunzi aya
mafaranga byabahaye akazi. Rero
ndashima leta y’u Rwanda n’abandi
bafatanyabikorwa nk’imiryango
mpuzamahanga, ko
batwitaho”.
7
NYIRAMUBANDE 5
KIGEME
TUBA TWIZEYE GUCURUZA BYINSHI
Inkuru ya Mugenzi Javan (KIGEME)
Tariki ya cumi buri kwezi, ni umunsi w’ibyishimo ku bakorera ubucuruzi mu Nkambi ya Kigeme, iherereye mu
majyepfo y’u Rwanda, mu karere ka Nyamagabe kuko kuri uyu munsi bahabwa amafaranga yo kubatunga mu
gihe cy’ukwezi.
Umucuruzi ari mu kazi ke ka buri minsi mu nkambi ya Kigeme.
Photo: Darcy MWUHIRO
Ukigera aho babikuriza aya mafaranga, uhasanga abantu abadufitiye amadeni bari butwishyure. Tuba dufite
benshi biganjemo abagore baje kubikuza amafaranga akazi kenshi ariko keza kuko biduha amafaranga”.
kugira ngo bahahire imiryango yabo, cyane cyane Ibi kandi Denis abihurizaho na Gasabato Amani nawe
ko usanga abenshi mu bakora akazi ko kubabikuriza ucururiza mu nkambi ya Kigeme, uvuga ko kuri uwo
aya mafaranga banacuruza ibyo kurya bitandukanye munsi acuruza byinshi kandi akanishyurwa imyenda
nk’umuceri, ifu y’umutsima, ibishyimbo, amavuta yo yatanze kandi ko abona abantu bakeye mu maso kuko
kurya n’ibindi.
baba bari burye ifunguro rihagije kubera ko amafaranga
Usanga kandi bahuze cyane kuri uwo munsi kubera yaje.
abantu benshi baba bashaka ubufasha butandukanye. Gahunda yo guha impunzi amafaranga buri kwezi, yaje
Akumuntu Denis, ni umwe mu bacuruza ibyo kurya isimbuye gahunda yo gutanga ibiribwa, aho buri muntu
akanabikuza amafaranga mu nkambi ya Kigeme, agenerwa amafaranga 7600 buri kwezi. Ku munsi wo
aganira n’ikinyamakuru Nyiramubande kuri uwo munsi, gutanga aya mafaranga uba tariki icumi za buri kwezi,
yavuze ko aba yishimye cyane ku munsi wo gufatiraho ubona abatuye inkambi bishimye, urujya n’uruza
amafaranga kuko akazi kiyongera bityo akabona rw’abantu rwiyongereye kandi abacuruzi nabo bishimye
amafaranga menshi kuko n’abari bamufitiye amadeni kuko baba bizeye gucuruza byinshi kuri uwo munsi.
bamwishyura kandi akanabona abaguzi benshi.
Ati: “Uyu ni umunsi w’ibyishimo kuri buri mucuruzi
kuko tubona abaguzi benshi kandi tuba tunizeye ko
8
NYIRAMUBANDE 5
UMUJYI WA HUYE
NUBWO NDI IMPUNZI INZOZI ZANGE NARAZIKABIJE
Yanditswe na NDUWIMANA Anick & UWASE Chantal (MUGOMBWA - HUYE)
Iyi ni saloon ya Kabota
Patient uzwi ku izina
rya ZED ihererreye mu
karere ka Huye ibumoso
ugana ku isoko.
Uhageze uhasanga
urujya n’uruza
rw’abantu benshi.
Abakozi bakora muri
iyo saloon, abakiriya
baje gukoresha
imisatsi n’inzara
ndetese n’ibikoresho
byifashishwa mu
kunoza akazi bakora.
Kabota Patient ari kuganira n’abanyamakuru ba Nyiramubande.
Photo: Darcy MWUHIRO
Ikinyamakuru NYIRAMUBANDE cyaganiriye na n’ubuzima bagiye babamo kuko nge ubusanzwe
Kabota akaba ari umunyekongo wahungiye mu nkunda ikiremwa muntu ,sinshobora kubona umuntu
Rwanda ukorera mu mujyi wa Huye akaba afite salon abayeho nabi mfite icyo nabikoraho ngo mbure
de coiffure(inzu yo kogosheramo) izwi nka REPONSE kumufasha ntitaye kuho akomoka cyangwa uwo ari we
asobanura inzira yanyuzemo kugira ngo agere aho ageze kuko no mu banyeshuri nigisha harimo Abanyekongo
ubu. Ati “Mbere y’uko nza mu Rwanda nakoraga akazi ndetse n’abanyarwanda kandi bose iyo barangije
k’ubucuruzi buzwi nka Boutique kuva mu mwaka wa mbaha akazi abandi nkabashakira aho bakora kugira
2002 kugeza 2009 nje mu Rwanda . Ngeze mu Rwanda ngo na bo babashe kugira icyo bimarira mu buzima
ntangira kwiga ibijyanye no gutunganya imisatsi kuko bwa bo bwa buri munsi .”
byari inzozi zange kubikora nubwo bitari byoroshye Nubwo Kabota amaze kugera ku rwego rwiza avuga
kugera ku ntego kuko hari abancaga intego bitewe ko hari imbogamizi agihura na zo : nko kuba nta
nuko ntari umwenegihugu.” Akomeza avuga ko we
atabyitayeho ahubwo yakomeje gukora uko ashoboye
kugeza arangije kwiga kandi ngo ntibyatinze kubona
akazi ko gukora muri saloon aho yakoze imyaka 2
.Ariko kuko yari afite intego yo gushinga iye salon muri
iyo myaka 2 uko yahembwaga yaguraga ibikoresho
bike bike byazamufasha igihe yatangiye kwikorera.
Kabota akomeza avuga ko ubu ageze ku rwego
rushimishije aho ndetse amaze gukabya inzozi ze
zose ubu akaba afite saloon ye bwite irimo ibikoresho
bihagije n’abakozi barenga cumi na batanu (15) ahemba
buri kwezi.
Kabota kandi ngo afite n’abanyeshuri yigisha, aho
bwishingizi afite yaba we ndetse n’abakozi ku buryo
urwaye yivuza 100% ,akaba afite impungenge ko
habayeho nk’ inkongi y’umuriro byagorana kongera
gukora no kwivuza.
Bamwe mu bakiriya NYIRAMUBANDE yasanze
baje kwiyogosheha no gutunganya inzara kwa Kobata
bahamya ko atanga serivisi nziza atarobanuye kandi ko
ari umugabo ugwa neza ,ugira urukundo kandi ukwiye
kubera ikitegererezo izindi mpunzi mu bijyanye no
kwiteza imbere ,kuko yagaragaje ko gushaka ari
ugushobora.
Kabota asoza avuga ko inzozi ze ari ukugiza inzu
nyinshi kandi zikomeye zogesherwamo mu mugi wa
abisobanura agira ati “Mfite abanyeshuri nigisha bitewe Huye ndetse no hanze yawo.
9
NYIRAMUBANDE 5
UMUJYI WA HUYE
KUBA ARI IMPUNZI NTIBYAMUBUJIJE KWITEZA IMBERE
Inkuru ya IRAMBONA Salmon Serge na NIYOMUFASHA Esther( HUYE)
NDUWIMANA Didier wo mu ntara y’amajyepfo, akarere ka Huye, umurenge wa Ngoma akagari
ka Matyazo ni umwe mu mpunzi z’Abarundi zitaba mu nkambi wabashije kwiteza imbere abinyujije
mu bucuruzi bw'amayinite ya telephone buzwi nka mituyu(me to you) kuko yabonaga inkunga
ahabwa itamubeshaho yonyine.
Karegeya Denis, umwe mu ba ajenti .
Photo: Darcy MWUHIRO
“Uyu mwuga urantunze
n’umuryango wange
kandi nigurira icyo
nkeneye cyose
ntategereje ibivuye mu
maboko y’abandi kandi
abansekaga ngisabiriza
ubu barambona
bakanyubaha nk’umuntu
w’umugabo ufite icyo
yigejejeho”
Nk'uko bikunze kugaragara hirya no hino, hari abumva NDUWIMANA avuga ko yahisemo kujya muri uyu
ko impunzi ari umuntu udashobora kugira icyo yigezaho mwuga ngo arebe ko yabona ibimutunga ,’imyambaro
wo kubeshwaho n’inkunga gusa, bashingiye ku kuba n’ibindi akenera mu buzima bwe bwa buri munsi, akaba
atari mu gihugu cye nta mutungo ahafite n’ibindi. Ese yafasha n’umuryango we.
mu byukuri ibi byakabaye intandaro ya zimwe mu Abavuga ko gucuruza ME2U ari umwuga usuzuguritse,
mpunzi yo kwiyicarira ntizishake icyaziteza imbere? NDUWIMANA ntiyemeranywa na bo aho avuga
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ko ari umwuga wakugeza kuri byinshi nk’indi
NYIRAMUBANDE, NDUWIMANA ufite imyaka myuga yose, cyane ko ari wo wonyine akora kandi
20 avuga ko akigera mu Rwanda yirirwaga asabiriza ukaba umutunze. N'ubwo agenda atera imbere avuga
ibimutunga ndetse n’imyambaro ntatekereze gushaka ko hari imbogamizi ahura na zo aho abisobanura
icyo yakora ngo yiteze imbere. Byatumaga ahura
n’ibibazo bitandukanye akanicwa n’inzara cyane ko
yumvaga ko kuba ari impunzi ntacyo yakwigezaho.
Nyuma y’igihe kinini yicwa n’inzara yifashishije
telephone ngendanwa n’amafaranga make yari afite
,kandi agendeye ku bandi barundi bagenzi bakuye
amaboko mu mufuka bagakora yafashe umwanzuro wo
gucuruza ME2U mu isantere ya Matyazo aho amaze
umwaka muri uyu mwuga.
agira ati “Hari igihe nibwa amafaranga, ariko
ntibimbuze gukomeza kuko ngerageza uko nshoboye
ngahangana nizo mbogamizi kuko ibuye ryagaragaye
ntiriba rikishe isuka.”
NDUWIMANA asoza agira inama abacyumva ko
impunzi ari umuntu udashobora kugira icyo yigezaho
ko bakwiye guhindura iyo myumvire bakamenya ko
impunzi na yo yashobora gukora kandi ikiteza imbere.
10
NYIRAMUBANDE 5
KIGEME
BAGWATIRIZA AMAKARITA YABO KUGIRA NGO
BARAMUKE!
Inkuru ya SHUKURU Alphonse (KIGEME)
Abakora ibikorwa
byo kubikuriza
abatuye inkambi y’
impunzi ya Kigeme
bazwi nk’abagenti,
baravuga ko bamwe
mu batuye iyi nkambi,
bagwatiriza amakarita
yabo yoherezwaho
amafaranga yo
kubafasha, kugirango
babone amaramuko.
Aba baravuga ibi, nyuma yaho kukwishyura ahubwo akajya
abatuye iyi nkambi ya Kigeme, kuyabikuriza ku bandi bagenti
batangiriye guhabwa amafaranga kugira ngo utamwishyuza. Ibi rero
7600 buri kwezi, asimbuye biduteza igihombo gikomeye, kuko
guhabwa ibiribwa.
AKUMUNTU KAREGEYA
burya nta bigwira bigenda”.
AKUMUNTU, akomeza asaba PAM
Denny, ufite imyaka 23 y’amavuko n’abandi batera inkunga impunzi
ni umwe mu babikuriza zituye mu nkambi ya Kigeme, ko
amafaranga abatuye iyi nkambi. bakongera ibyo kurya bagenera
Avuga ko abona igitera impunzi
kugwatiriza amakarita yabo (ATM
cards) asohokeraho amafaranga
umuntu kuko asanga amafaranga
bahabwa ku kwezi ari make cyane
ugereranyije nuko ibiciro bihagaze.
hagati y’ itariki 8 ni 10 za buri Mwumvaneza Ombeni we ati:”
kwezi ari inzara.
Ati “Ni byo koko barayagwatiriza
kuko nange hari abo njya mfasha
nkabaha ibyo kurya bagasiga
Abajenti tugira uruhare mu kubafasha
kuko mu by’ ukuri amafaranga
bagenera impunzi y’ibyo kurya ni
make cyane, biragoye kuyacunga ku
amakarita yabo kuko amafaranga
agenewe umuntu ari makeya ku
buryo atamara ukwezi. Gusa twe
muntu udafite ikindi akora. Hari
nk’abagenti biratubangamira
kuko hari ubwo usanga wizera
umuntu ukamuguriza mafaranga
utamwatse ikarita ye, ariko
amafaranga yaza ntiyibuke
Uwashushanyije: IRAGUHA Clement
n’ubwo umukiriya aza agutakira
akubwira ko abana bagiye kuburara
cyangwa se baburaye banabwiriwe,
maze ugahitamo kumukopa kuko
utabona umuntu yicwa n’inzara
yarasanzwe ari umukiriya wawe ngo
uterere iyo”.
Nyirarukundo Zawadi, nawe
ni umwe mu babyeyi babikura
amafaranga mu nkambi ya
Kigeme, avuga ko kugwatiriza
amakarita bikorwa cyane, ngo kuko
baba bakeneye ibyo kurya ngo
baramuke, nubwo ngo bamwe muri
bo babahemukira ntibabishyure iyo
amafaranga yabo yaje.
Ati “Tubaha ibyo kurya, nyamara
bamwe muri bo baraduhemukira
ugasanga igihe cyo kukwishyura
mutongana kandi bidakwiye kuko
uba warabimuhaye umwizeye
ariko bikarangira mushwanye,
mugatandukana nabi.”
Nyirarukundo akomeza asaba
abagwatiriza amakarita yabo,
ko bajya bakoresha neza bike
bahabwa nubwo bigoye kuko
ari bike, bakabicunga uko biri
kuko nabo bibateza igihombo
bikaba byanabaviramo kubura ayo
bashoye.
11
NYIRAMUBANDE 5
ESE GUHABWA AMAFARANGA HARI IMPINDUKA
BYAZANYE?
Inkuru ya FURAHA Gentille, Ngamije Safi, & Uwase Nyirabukara (MUGOMBWA)
Bamwe mu bagore n’abagabo batuye mu nkambi ya Mugombwa bavuga ko itagwa ry’amafaranga mu nkambi
ibizwi nka M-Visa hari byinshi byahinduye mu buzima bwa bo byaba byiza cyangwa bibi ,kuko hari ababasha
Nyirabukara
kwikenura bagura ibyo bakeneye ,abandi na bo bakayatsinda mu kabari.
Claudine
ni umubyeyi w’imyaka
29 atuye mu nkambi ya
Mugombwa ,muri Quartier
ya mbere ,muri village
ya mbere avuga ko aya
mafaranga ari makeya
ugereranyije n’ibyo bakenera
kuko
we by’umwihariko
afite umwana ufite ubumuga
agomba kugura imbuto
zitandukaye n’igikoma buri
munsi.
Kamotsa Ezechiel ni
umusaza w’imyaka 73
asobanura impinduka
amafaranga yazanye agira ati
“Nta kintu na kimwe cyiza
aya amafaranga yazanye mu
buzima bwange, ahubwo
yanteje ibibazo kuko kuyacunga birangora kurusha uko
nacungaga ibiryo .Ikindi kandi igiciro k’ibiryo cyarazamutse
ku buryo aya amafaranga atamara ukwezi.”
Nubwo bamwe mu babyeyi bo mu nkambi ya Mugombwa
bavuga ko aya mafaranga atari meza hari abandi bavuga ko
hari byinshi byiza yahinduye mu buzima bwa bo.
Ugirinshuti Jean De Dieu ufite imyaka 33 avuga ko
amafaranga bamuha atuma abasha kurya ku nyama
mirima yaguze hanze y’inkambi.
MUGOMBWA
kandi yaraziherukaga kera,bikamufasha kongera icyashara
mu kazi ke k’ubudozi akora, ku buryo ubu afite n’imwe mu
Kimonyo Wilson w’imyaka 53 aba mu nkambi ya
Mugombwa muri quartier ya 2, village ya kane ahamya
ko aya mafaranga ari ingirakamamaro kuko amufasha
guhahira umuryango we umuceri ,igitoki n’inyama ndetse
Guhaha ibyo batahahaga mbere nk’imwe mu mpinduka ku mpunzi zo mu nkambi ya Mugombwa nyuma yo gutangira
guhabwa amafaranga.
Photo: Darcy MWUHIRO
akanasaguraho ayo anywa agacupa akumva arizihiwe.
Naho Nikuze Nyiramugisha w'imyaka 25 utuye Quartier ya
5, muri Village ya kane asobanura ibyiza by’aya
mafaranga agira ati “Aya amafaranga nkange yambereye
igisubizo dore ko mfite n’umwana umwe turya icyo
dushatse ,ngasaguzaho ayo kumugurira inkweto ndetse
n’amavuta. Nyamara mbere byamfataga umwanya njya
gutonda umurongo ngo ndafata ibiryo rimwe na riwme
n’umwana wange impungure ntazishobore.
12
NYIRAMUBANDE 5
KIGEME
AKANYAMUNEZA NI KOSE NYUMA YO GUHABWA
AMAFARANGA
Inkuru ya MUGENZI Javan (KIGEME)
Tariki ya cumi buri kwezi, ni umunsi w’ibyishimo ku batuye inkambi ya Kigeme, iherereye mu majyepfo y’u
Rwanda, mu karere ka Nyamagabe kuko kuri uyu munsi bahabwa amafaranga yo kubatunga mu gihe cy’ukwezi.
Tariki ya 10 buri kwezi ni umunsi wo guhabwa amafaranga ku mpunzi zo mu nkambi ya Kigeme.
Photo: Darcy MWUHIRO
Kuri iyi tariki, iyo uraranganyije amaso mu batuye
aka gace ubona bakeye ku maso, bishimye kandi hari
urujya n’uruza rw’abantu bajya cyangwa bava guhaha
dore ko n’ iyo ubegereye, bakubwira ko ibyo kurya
byari byarabashiranye, bityo ko banejejwe cyane nuko
uwo munsi bari bubone icyo barya.
Mukategeri Beatrice w’imyaka 32 na Nyirakanyana
Francoise w’imyaka 40 ni bamwe mu baganiriye
n’umunyamakuru wa Nyiramubande abasanze mu
iduka rya Nsengiyumva Karemera Claude, baje guhaha
nyuma yo gufata amafaranga y’ukwezi k’Ukuboza,
2019, aba babyeyi baganira bishimye,bahuriza ku
kuvuga ko ku munsi wo gufata amafaranga baba
bishimye bidasanzwe ngo kuko baba bafite icyizere
cyo kugura ibyo kurya, kwishyura imyenda ndetse no
gukemura utubazo dutandukanye tw’ imiryango yabo.
Nyirakanyana ati: “ Uyu ni umunsi w’ibyishimo kuko
ubu mfite ikizere ko umuryango wange urabona ibyo
kurya, kandi nkanashobora kwishyura amadeni nari
narafashe nshaka ibyo kurya”.
Mukategeri na we yunga mu rye ati : “ Ndanezerewe
cyane rwose, uretse kuba mfite icyizere cyo kubona
ibyo kurya, aya mafaranga aranamfasha gukemura
utundi tubazo nari mfite.”
Nsengiyumva Karemera Claude we, avuga ko kuri
uwo munsi aba afite akazi kenshi cyane, ugereranyije
n’indi minsi isanzwe kandi ko bimushimisha kuko
abo yakopye bamwishyura nawe akarushaho kwiteza
imbere.
Gahunda yo guha impunzi amafaranga buri kwezi,
yaje isimbuye gahunda yo gutanga ibiribwa, aho buri
muntu agenerwa amafaranga 7600 buri kwezi. Ku
munsi wo gutanga aya mafaranga uba tariki icumi za
buri kwezi, ubona abatuye inkambi bishimye, urujya
n’uruza rw’abantu rwiyongeye kandi abacuruzi nabo
bishimye kuko baba bizeye gucuruza byinshi kuri uwo
munsi.
13
NYIRAMUBANDE 5
IKUSANYIRIZO RY'AMAFOTO
Photo: Darcy MWUHIRO
14
NYIRAMUBANDE 5
Photo: Darcy MWUHIRO
15
NYIRAMUBANDE 5
Nshuti basomyi bacu, muraho!
Turabashimira cyane kuba mwafashe umwanya mugasoma ikinyamakuru cyacu ari na cyo cyanyu.
Iki kinyamakuru cyandikwa n’urubyiruko rw’abanyamakuru bo mu nkambi za Kigeme, Mugombwa
na Mahama bafatanyije na bagenzi babo batuye mu nkengero z’izo nkambi.
Intego y’iki kinyamakuru ni ukwandika ku nsanganyamatsiko zerekeranye no kubaka amahoro
n’imibanire myiza aho dutuye. Turabararikira kudusangiza ubuhamya ubwo ari bwo bwose cyangwa
inkuru mwaba mufite zifite aho zihuriye n’izi nsanganyamatsiko twandikaho, cyane cyane ibyo
mubona mu buzima mubamo.
Ese waba uzi gushushanya? Tanga igitekerezo cyawe ubinyujiye mu nkuru ishushanyije.Ushobora
kandi kuba uziguhimba imivugo cyangwa indirimbo; uhawe ikaze kubikoresha. Waba se ufite inkuru
yawe wifuza kutwandikira? Akanya ni akawe gakoreshe.
Kuri iyi nshuro, hateganyijwe impapuro ebyiri zikurikira, ntacyanditseho kugira ngo muzandikeho.
Igihe muzaba murangije kuzandikaho, muzidusigire mu kinyamakuru, tuzazishyira hamwe mu
zindi nomero za NYIRAMUBANDE zizakurukira. Tuzatoranya bimwe mu bitekerezo byanyu
tubyongeremo.
Muri iki kinyamakuru kandi twabageneye urupapuro mwakwifashisha muduha ibitekerezo byanyu.
Turanifuza kumenya icyo mutekereza ku byo tubandikira n’izindi nsanganyamatsiko mwifuza ko
twandikaho.
Niba kandi ufite n’igitekerezo cy’icyo twakora kugira ngo turusheho guteza imbere
NYIRAMUBANDE yacu, uhawe ikaze kugitanga.
MURYOHERWE NA NYIRAMUBANDE, IKINYAMAKURU CYANYU!
UBWANDITSI
16
NYIRAMUBANDE 5
14 Nyiramubande
17
NYIRAMUBANDE 5
15 17 Nyiramubande
MAHAMA
NZAGUHA 30% Y’INYUNGU
Inkuru ya Eric INGABIRE & Gaston AKIMANAYAREMYE (MAHAMA)
Mu mafaranga make impunzi zigenerwa buri kwezi, iyo atabashije gukemura ibibazo
byose by’urugo bayoboka umugwazo. Ubu ni uburyo bwo kugurizanya amafaranga
hagwatirijwe ikarita impunzi zishyirirwaho amafaranga cg muri butike bakagukopa
ibiribwa ariko ukazishyura urengejeho 30% y’ibiciro bisanzwe. Ibi bikorwa ku
bwumvikane ariko bigashegesha imibereho y’impunzi mu nkambi ya Mahama kuko
n’ubusanzwe amafaranga bahabwa adahagije.
Iherekanywa ry’umugwazo mu nkambi ya Mahama.
Photo: Akimanayaremye Gaston
umuntu asaba kugira ngo akemure ikibazo c’urugo
rwiwe hama mu kwishura akungukira uwawumuhaye
inyungu ingana na 30% by’amafaranga yamuhaye’’.
Akomeza kandi avuga ko iyo ngurane itangwa ku
ngwati y’agakarita k’amafaranga kabika uwuyitanze
akanahabwa n’umubare w’ibanga ku buryo amafaranga
asohotse ariwe ayatora agakurako inyungu bumvikanye
hama agatanga ayasigaye.Arasobanura ati:"Nk’akarorero
natse amafaranga 10.000rwf nishura 13000Rwf urumva
ko kuwinjiramwo byoroshe ariko kugira uwuvemwo
keshi bisaba ko ujya mu gituragi gupagasa ukazogaruka
wishura.”
Umugwazo ugira ingaruka nyishi ku miryango
y’impunzi. NDAYIKEJE Felix imwe mu mpunzi avuga
Nyuma y’amezi make ashize imfashanyo z’ibiribwa ko keshi muri iyo miryango hama indyane z’urutavananyeho
kuwishura kiba ari ikibazo.
ko kabone nubwo boba bawufashe bavyumvikahagaragaye
ikibazo kijanye n’umugwazo kuri bamwe ati:“Na mbere yuko ibiribwa bisimbuzwa amafaranga
vyahabwa impunzi z’ abarundi zituye mu nkambi
ya Mahama bisimbujwe amafaranga, mu mwaka wa
2019 muri iyo nkambi ndetse no mu nkengero zayo Felix yibuka ko umugwazo wahozeho kuva kera agira
mu batuye iyo nkambi catewe nuko amafaranga umurwazo waratangwa kuko umuntu asabye isahani
bahabwa adahagije kugira ngo bakemure ikibazo 5 z’ibigori yishura 7 ariko ubu hari na bamwe
c’imirire cari mu miryango y’izo mpunzi.
baka umugwazo ku bw’inyota aho ivyo bikurura
Benshi muri bo bemera gutanga ikarita y’amafaranga amakimbirane n’imanza z’urutavanako kuko uba unize
bakungukira abadandaza inyungu igera ku bice 30% umuryango.”
vyayo bahawe mu kwezi kumwe gusa ngo barengere
Mu gihe abo twaganiriye bavuga ko umugwazo ufatwa
imiryango yabo.
n’ibice 70% vy’abatuye iyo nkambi ya Mahama
Abaka, abatanga umugwazo ndetse n’abandi kandi bikagira n’ingaruka ku bawufata n’abawutanga;
atanahamwe begamiye bose bahurizako
mu rwego rwo gukangurira izo mpunzi kwirinda no
umurwazo utangwa mu buryo butemewe kandi ari kurwanya amakimbirane aturutse kuri icyo kibazo
nk’ikiyobyabwenge kubamaze kuwufata kuko usanga NYIRAMUBANDE yashatse kumenya icyo itegeko
bitoroshe kubisohokamwo.
rivuga ku mugwazo n’urugero rw’abitura urwego
Willy NDAYIKEZA ni umwe mu barya umugwazo
akaba ari umukuru w’umuryango w’abantu batatu
asobanura umugwazo agira ati:“Umugwazo ni ingurane
rushinzwe guca imanza kuri icyo kibazo, ariko
uwuhagarariye urwego Legal Aid Forum (LAF) ari
narwo rubishinzwe mu nkambi ya Mahama ntiyashimye
kugira icyo abivuzeho.
18
NYIRAMUBANDE 5
UMUJYI WA HUYE
URUHARE RW’IMPUNZI MU KWIKURA MU BUKENE
Inkuru yanditswe na : GANZA Clebert Sabin & Kelanda Don Delicia (HUYE)
IRAMBONA Rodrigue ni umwe mu mpunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda mu mwaka wa 2016 akaba atuye
mu karere ka Huye ari naho yiga mu mwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye mu ishami ry’imibare, ubukungu
n’ikoranabuhanga (MCE) mu kigo cyaragijwe Umwamikazi w’amahoro i Tumba (ERPT) akanahakorera umwuga
wo gushushanya ibyo benshi bita ubugeni mu rwego gushaka ikimutunga nk’impunzi.
Bimwe mu bishushanyo bya Rodrigue bimwinjiriza amafaranga.
Photo: Darcy MWUHIRO
Uyu musore ngo kuva na kera yakundaga gushushanya
ariko akabura umwigisha kuko yabonaga ababikora
akabona ari umwuga mwiza cyane .Akigera mu Rwanda
yabanje kubura aho kuba ni ko kugerageza gushakisha
icyo yakora kuko atashakaga kujya mu nkambi
nk’izindi mpunzi, nuko yigira inama yo gushaka uko
yabyiga ,ku bw’amahirwe ahura n’umugabo witwa
IRENE amwigisha gushushanya,amaze kubimenya na
we ahita abitangira nk’akazi kamwinjiriza amafaranga
amufasha kugura ibyo akeneye mu buzima bwe bwa buri
munsi ndetse no kwiga atarinze gutegereza ubufasha
bugenerwa impunzi.
Ati “Uyu mwuga ufite uruhare rukomeye ku buzima
bwange kuko ari nawo nkuramo bimwe mu bikoresho
by’ishuri nk’imyenda, inkweto n’ibindi nkenera
nk’ibyo kurya, kunywa ndetse n’ubukode bw’inzu.
Mbere ntaratangira uyu mwuga nahora nimuka nshaka
uwo twabana , ariko nyuma maze kubona icyo gukora
ubu nditunze nge ngenyine.”
Abajijwe uko abifatanya n’amasomo yagize ati:” Uyu
mwuga akenshi nywukora muri weekend (mu mpera
z’icyumweru, kuwa Gatandatu no ku Cyumweru) kuva
saa yine kugeza saa kumi nkabivamo nkora ibindi
byo mu rugo kandi nkagira n’umwanya wo gusubiramo
amasomo. Urumva ko rero ntakibangamira ikindi muri
byombi kandi mbikora neza byose.”
IRAMBONA avuga ko kuba hari abantu bumva ko
impunzi ari umuntu udafite icyo yakwigezaho ahubwo
ngo agomba gutega amaboko agahabwa buri kimwe
ari ukwibeshya kuko hari zimwe mu ngero zigaragara
z’impunzi ziteje imbere zikora no ku rugero rurenze
abanyagihugu ati:
“Ikindi kandi abantu bagomba
kumenya ko n’umwana
arerwa ariko igihe kikagera
agakura, none se tuticaye ngo
twige kwigira nk'uko Perezida
w’u Rwanda abivuga urumva
twaba turi mu biki ? Erega
biriya byose bishobobora
guhinduka tugataha, tudafite
aho twahereye twabigira dute
ubwo? Abo bareke ntibazi
ibyo bavuga.”
Asoza agira inama izindi mpunzi n’urubyiruko muri
rusange ko bagomba gufata iya mbere bakayoboka
umurimo kuko ariwo wa mbere, bakumva ko ari nta
kamara mu buzima bwa bo ngo adahari bapfa, ahubwo
buri wese yagira icyo yigezaho abikesheje umutwe we
n’amaboko ye kuko ngo burya igishoro cya mbere ari
mu mutwe.
19
NYIRAMUBANDE 5
Mahama
IDUGA RY`IBICIRO
Inkuru ya KUBWIMANA Alexis na HAKIZIMANA Emmanuel (MAHAMA)
Mu gihe ubusanzwe ibiciro ku masoko bizamuka cg bikagabanuka bitewe nibihe by’ihinga canke isarura, mu
masoko n’amaduka bituriye inkambi ya Mahama icumbikiye impunzi zikabaka ibihumbi 70 ho ihindagurika
ry'ibiciro rihoraho buri kwezi iyo impunzi zegereje gufata amafaraga yo kuzitunga zigenerwa buri kwezi
n’umuryango w’abibumbye bityo iyo ugiye guhahira mu masoko yandi ari mu karere ka Kirehe usanga ibiciro
bitari hejuru nk’uko biri muri ako gace.
Mu burasirazuba bw’u Rwanda,mu murenge wa bakabafatira ibyemezo. Ico dusaba abaturage ni
Mahama ahari inkambi y’impunzi z’abarundi ndetse ukutubera ijisho no kuduha amakuru ubundi ubuyobozi
n’uduce tuhaturiye haravugwa ikibazo c’iduga
ry’ibiciro by’ibiribwa nka vyose n’ibindi bikoresho
abantu bakenera mu buzima bwa buri munsi. Ubu
abantu bahitamwo guhaha ibiryo bidahenze batitaye ku
by’indyo yuzuye kubw’ubushobozi buke, ibyo nabyo
bikaba bishobora guteza ibibazo ku magara y'abantu
tutibagiye n’indwara ziterwa n’imirire mibi.
Bwana MAZIMPAKA Marc umuyobozi wungirije
w’inkambi ya Mahama aragira ico abitubwiye ko.
NYIRAMUBANDE: Haravugwa ikibazo c’ibiciro
biri kuduga cane ku masoko gushika naho abaturage
bavyinubira,haba hakurikizwa iki canke hakorwa iki
iyo hashigwaho ibiciro?
MARC: Ubundi ibiciro bizamuka kubera abashaka
guhaha baba babaye benshi mu gihe ibihahwa nabyo
biba byabaye bike hakiyongerako n’umusaruro
wabaye muke kuko nk’ibishimbo ntabwo vyeze uko
vyakagombye, ibigori byareze bimwe biramungwa. Iki
gihe abantu baba barindiriye gusarura kandi no muri
kahise,abantu baba baramaze gutera.Uku kwezi bakwise
ukwa"GASHOGORO".
NYIRAMUBANDE: Ese iyo ibiciro bizamutse
bugaheza bugakora ico bugomba abaturage.
NYIRAMUBANDE: Mbega ko ibiciro birushaho
kuzamuka ku masoko amahera yo guhaha ahabwa
impunzi(7600Frw ku kwezi) akaba adahinduka mu
gihe yari yashizweho hagendewe ku biciro byari biri
hasi cane igihe yashigwaho,ni iki mutegekanya gukora?
MARC: Ikibazo kirazwi, turiko tubandanya gukora
ubuvugizi hagati ya UNHCR na Leta kuko nabo
barabizi ko ibiryo byazamutse amafranga ari ya yandi
nyene ariko intego ni ugukora ubuvugizi kugira ngo
hongere haboneke andi mafaranga.
NYIRAMUBANDE: Ni ubuhe butumwa mutanga
muri rusangi haba ku bahaha, abacuruzi ndetse no ku
mpunzi muzimara impungenge ku bibazo bafise ?
MARC: Duhora tubivuga mu ma nama atandukanye ko
turiko dushakisha ubufasha bw’amafaranga dukomanga
hirya no hino,ariko na none abantu bakwihangana kuko
dufise icizere kuko imvura iri kugwa neza,n’imyaka
imeze neza.Twizeye ko mu kwa mbere ibiryo
bizaboneka gutyo ibiciro bikagabanuka.
NYIRAMUBANDE:Bwana muyobozi,mwaba hari
ico mufite mwifuza kongeraho?
MARC:Yego,ico nakongerako ni uko ikinyamakuru
binyuranije n’amategeko hakorwa iki?
canyu turagikunda cane kuko gituma habaho umubano
MARC:Ubundi ubusanzwe,nta mategeko y’ibiciro mwiza hagati y’impunzi n’abasangwa,bakagirana
abaho, ni uburyo buba buri aho, bavyita liberalisme
ibiganiro bakarabira hamwe ibibazo vyavutse ndetse
mu zindi ndimi . Twe nk’ubuyobozi bw’inkambi,dukora bagashakira hamwe n’ibisubizo. Murakoze!
ubuvugizi kugira ngo turebe ko ibiciro ku masoko
NYIRAMUBANDE: Murakoze cane namwe kuduha
bitakomeza kuzamuka hama abaturage nabo tukabasaba umwaya wanyu n’ikiganiro.
ko bakomeza kwihangana.
Mu gihe impunzi ndetse n'abaturiye inkambi bakomeje
NYIRAMUBANDE: Haravugwa n’ikibazo c’iminzane kwinubira ihindagurika rya hato na hato iyo utembereye
itujuje ubuziranenge (iziritse) eka abatuye inkambi ya mu masoko n’amaduka usanga ibiciro bizamuka aho
Mahama bo bavugako kuri kawunga n’umuceri usanga ibase y’amateke yagurwa 3500FRW ubu ni 5500Frw,
handitse ibiro 25 inyuma ku gafuka upimye ugakuramo igitoke cari 90Frw ku kiro ubu ni 150Frw,ifu y’imyuku
gafuka ka kg 25. Bityo abaturage bafite impungenge
23; ibi byo murabivugaho iki?
mbati yahora ari 150Frw ku kiro ubu ni 250Frw,
MARC: Ku mpunzi iyo dusanze hari ufise kawunga yahora kuri 8600Frw ubu ni 14500Frw eka
umunzani utujuje ubuziranenge turamutumizaho n’umuceri wahora kuri 14000Frw uri kuri 18500Frw
tukawumwambura ndetse akaba yanabihanirwa.
Kubaba hanze y’inkambi naho tubimenyesha ubuyobozi ko aho kugabanuka ibi biciro bishobora gukomeza
tuti umunzani uyu n’uyu ntiwujuje ubuziranenge kuzamuka.
20
NYIRAMUBANDE 5
MUGOMBWA
AMAFARANGA AFASHA IMPUNZI KUMVA KO ZIFITE
INSHINGANO
Inkuru ya Jean Aime Muhawenayo (MUGOMBWA)
BUGENIMANA Rachel ni umukozi wa Eglise Evangelique des Amis au Rwanda (EEAR) ,akorera mu nkambi
ya Kigeme na Mugombwa , ashinzwe guhugura abahagariye abandi mu nkambi no hanze ya yo uburyo bwo
gukemura amakimbirane. Avuga ko igikorwa cyo guha impunzi amafaranga ari cyiza kuko na zo zabyisabiye
ngo zijye zibasha kugura ibyo zishaka kandi zigire n’uhare mu micungire ya yo.
Bugenimana ati “Kuri nge igikorwa ni cyiza kuko
cyazamuye ubushobozi bw’impunzi zumva ko ari zo
zifite inshingano mu micungire y’ingo za bo . Mbere
bagihabwa ibiribwa bahabwaga akenshi impungure
n’ibishyimbo bagenewe na PAM (Programme
Alimentaire Mondiale )umuryango ushinzwe ibiribwa
ku Isi,bakumva ko nta kindi uretse kurya .Ariko ubu iyo
bayahawe bumva ko bafite inshingano zo kuyacunga
kandi akabatunga ukwezi kose.
Bugenimana akomeza avuga ko hari zimwe mu mpunzi
zikoresha neza aya mafaranga ku buryo make basaguye
bayashora mu mishinga itandukanye ibyara inyungu.
“Bagitanga ibiribwa
wasangaga ahanini akazi
k’umugore ari uguteka . Naho
kuba batanga amafaranga
bivuze ikintu gikomeye ku
bagore ,kuko usanga hari
imiryango bahagarariye kandi
bakabasha kuyacunga neza
bityo n’abagabo bakabona ko
n’umugore ashoboye.”
Naho ku bagabo iyo umugabo ayafite aba yumva
akomeye kandi afite ijambo mu bandi bagabo.
Bugenimana kandi avuga ko aya mafaranga yazamuye
imibanire myiza n’abaturiye inkambi kuko mu nkengero
z’inkambi hari abahakorera ubucuruzi , iyo impunzi
imuguriye akunguka bigenda byubaka umubano wa
bo kandi ni yo amafaranga yatinze babaha amadeni
bakazishyura bayabonye”
Nubwo Bugenimana avuga ko aya mafaranga yahinduye
byinshi byiza mu buzima bw’impunzi haracyari zimwe
mu mbogamizi nko kuba akurura amakimbirane ahanini
ashingiye ku micungire ya yo , nk’umugabo akumva ko
Illustration: IRAGUHA Clement
niba amafaranga aje agomba gukuraho ay’icupa kandi
nyamara mu rugo batarahaha bayamwima cyangwa
yayafata ku ngufu bigatera amakimbirane.
Bugenimana ati”Haracyari n’indi mbogamizi kandi
yuko zimwe mu mpunzi zivuga ko aya mafaranga ari
make kandi ibiciro bizamuka buri munsi ku isoko .”
Avuga ko inama yagira impunzi mu rwego rwo
gucunga neza aya mafaranga ,ari uko bajya bicara
hamwe nk’umuryango bakareba mbere na mbere icyo
bakeneye kurusha ikindi,bakarebera hamwe asigaye
uko yakoreshwa kuko rimwe na riwme usanga abana
batazi irengero rya yo.
Iyi gahunda yo gutanga amafaranga mu nkambi
zicumbikiye impunzi mu Rwanda yatangiye muri
Nzeri 2016 ,aho buri mpunzi igenerwa 7600F buri
kwezi biciye muri PAM ari na yo yatangaga n’ibiribwa.
21
NYIRAMUBANDE 5
MAHAMA
IBANGA RY’ITERAMBERE
Inkuru ya: NZEYIMANA Eugene & NAYEBARE Naome (MAHAMA)
Udafite ico
ukora ngo
wihangire
umurimo ntabwo
watera imbere
nkuko ubyipfuza.
NAHIMANA Jeanne ari kumwe n’umukiriya aho acururiza ibitoki mw’isoko rya Mahama ya 1 mu nkambi.
Photo: Nzeyimana Eugene
Hari igihe c'isaha zibiri n'igice (8h30)zo mugitondo aho Jeanne akomeza ahanyene ku muntu yarose
Nyiramubande yagendera uwitwa NAHIMANA utwo dufaranga agashakisha ikindi kintu akora
Jeanne akaba atuye muri village ya gatatu kominote ya bituma yoshobora kugurira agakambambiri abana
mirongitanu na rimwe umuryango wa mbere urudome B kugira abambike neza.
Nyiramubande yamusanze aho akorera akazi ke ka Mu gutanga akarorero aragira ati’ “Urabona
minsi yose.
Jeanne amaze kubona ko bahabwa amafaranga
nk'ubu amakaye bahaye abana ku ishuri ntabwo
ahagije rero iyo washoboye kurondeza hirya no
adahagije yo kugura ibiryo nkuko abivuga hino urashobora kunganira umwana mu kumuha
yahise afata umwanzuro wo kwishakamo ibisubizo.
Jeanne w’imyaka mirongo itatu n’itandatu (36)
ikaramu,ikaye n’ibindi akeneye.”
Ku bwiwe Jeanne yifuzaga kuva ku rugero ariho rwo
y’amavuko yagize ati “Ndabinyujije mu kwihangira
umurimo nkoresheje amwe mu yo baduha kugira ngo
mbashe kwisuganya mu kuraba uko nabona utundi
gutega amaboko abamufasha ahubwo akikorera bityo
akabasha gutera imbere akavamwo umuntu ukomeye
nk’abandi akanateza imbere aho abaye, ndetse
dutandukanye nk’agasabuni; amavuta n ibindi”.
Jeanne yagiye mu isoko ashakisha icyo yakora kugira
ngo yirinde umugwazo kuko yabonye yuko aya
mafaranga bahabwa adahagije bituma ajya mu isoko
arabe ko yozahindurira abana biwe imirire itandukanye.
Uyu mubyeyi ico abona bimumariye kuba ubu ari mu
isoko akora iby’ubudandaji yishura ati “Hari ibintu
byinshi maze kunguka kuko umuntu adafite ico akora
ajya gufata umurwazo bityo bigatuma ikarata yiwe
yama mungwati kandi ntiyigere abaho neza nk’uko
abyifuza kuko atigeze akoresha neza amahera yahawe.”
n’igihugu ciwe, agatanga umusoro,akarihira abana
biwe kaminuza, ubwisugane mu kwivuza n’ibindi.
Agira ati “Iyo ushoboye kujya mu isoko ukagira ico
ukoze bituma wigurira igitenge kuko muba muri
mu matsinda yo kwizigamira no kugurizanya”.
Jeanne arasoza atubwira uko akoresha amahera
aronka, arakomeza ati:“Ibyo byose ukabikora wibuka ko
umuntu atari mu matsinda ntabwo bimworohera
gutera imbere nk’uko abyipfuza”.
22
NYIRAMUBANDE 5
IMYIDAGADURO
Bienfait Uwizeye
Mugombwa & Kigeme
mfashanyigisho Cinéduc bukubiyemo gufasha
ibitekerezo.Hakenerwa abantu babiri mu kwerekana abashyushyarugamba kuyobora neza ibiganiro buri
wese agizemo uruhare ku bibazo biriho aho abantu
VJN n’umushyushyarugamba wo mu rubyiruko
rushaka gukabya inzozi. Iki gikorwa gihoraho
batuye, no gushaka ibisubizo hamwe no gufata
ingamba.
kuko abashyushyarugamba banategurira ibyo Iyo igikorwa mfashanyigisho kirangiye,
bikorwa andi matsinda. Bikorwa byibura inshuro
6 mu kwezi mu nkambi za Kigeme na Mugombwa.
Buri gikorwa kiba kigenewe itsinda ryihariye
ry’urubyiruko rwo mu nkambi no hanze yayo,
ku nsanganyamatsiko zirebana n’uburenganzira
urubyiruko rushaka gukabya inzozi rutegura
ibikorwa bigaragara bigamije gushyira mu bikorwa
imigenzereze myiza iba imaze kwigwa.
Urwo rubyiruko ruherutse gusura Urwibutso rwa
Mugombwa n’umwe mu Barinzi b’igihango mu
bw’umwana, ivangura, uburinganire murenge Gasaka/Nyamagabe.
n’ubwuzuzanye n’ihohoterwa, gukemura
amakimbirane, uburenganzira bw’umugore n’ibindi.
Uburyo bukoreshwa mu mitegurire y’ibikorwa
23
NYIRAMUBANDE 5
IMYIDAGADURO
24
NYIRAMUBANDE 5
IMYIDAGADURO
A. Ibikorwa ndangamuco
Vision Jeunesse Nouvelle (VJN) ihugura urubyiruko
kandi igatanga ibikoresho by’ibanze ku rubyiruko
rushaka gukabya inzozi kugira ngo rutegure ibikorwa
ndangamuco. Amatsinda y’urubyiruko rushaka
gukabya inzozi ruhurira mu myitozo inshuro nyinshi,
cyane cyane mu mpera z’icyumweru.
Imyidagaduro ndangamuco igizwe n’ikinamico,
imbyino gakondo, imbyino za kizungu n’ubusizi.
Urubyiruko rukoresha impano zarwo z’ubuhanzi
n’uburyo bw’ikinamico buri wese agiramo
uruhare, harimo uburyo bw’ikinamico zikora ku
marangamutima n’ikinamico zivuga ku buzima
rusange bw’abaturage (z’uruhererekane mu gihe).
Insanganyamatsiko ngenderwaho muri ubwo buhanzi
zibanda ku bibazo bijyanye n’amahoro mu nkambi
n’aho ziherereye. Uhereye aho, urubyiruko ruhimba
indirimbo n’ikinamico zitanga ubutumwa bukomeye
kandi bukenewe mu baturage.
VJN yahisemo gukoresha uburyo bw’ikinamico
buri wese agiramo uruhare kuko bufasha abaturage
gutekereza ku bibazo bafite kandi bukabereka inzira
yo gushaka ibisubizo bafatanyije. Ikinamico itanga
amakuru, ikigisha kandi igashimisha abantu.
Mu ikinamico ikozwe mu buryo buri wese agiramo
uruhare, abakinnyi bakina igice cya mbere noneho
bagakorana n’abaje kureba ikinamico hagamijwe
guhindura ibitari bimeze neza. Urubyiruko rutegura
ibitaramo inshuro imwe mu kwezi mu nkambi za
Kigeme na Mugombwa cyangwa ahakikije inkambi.
Photo: Bienfait Uwizeye (LAP VJN/GIZ Mugombwa & Kigeme)
Ikindi kandi, ibikorwa ndangamuco n’iby’ubuhanzi ni
uburyo bukundwa kandi bukurura uburyiruko, ndetse
ni inzira yo kunyuzamo ubutumwa bugamije amahoro
bugenewe impunzi n’abaturage bazakiriye. Muri iyi
minsi, bimaze kugaragara ko ibikorwa ndangamuco
byinjiriza amafaranga abahanzi bakiri bato. Amatorero
ndangamuco yacu atumirwa n’ubuyobozi bw’inkambi
n’abafatanyabikorwa mu bikorwa bigamije kwigisha
kandi arakunzwe. Yanatangiye kandi gususurutsa
ubukwe kugira ngo abone udufaranga.
25
NYIRAMUBANDE 5
HANZE Y’INKAMBI YA MAHAMA
IGABANYUKA RY'IKIBAZO C'UBUJURA MU MIRIMA
Y'ABATUYE MU NKENGERO Z'INKAMBI
Inkuru ya Jean-Luc NZAMBIMANA na Henriette NDAYIKENGURUTSE (MAHAMA)
Kuva impunzi z'Abarundi zigishika mu nkambi hakomeje kwumvikana amajwi y'abatuye mu nkengero zayo
avuga ko izo mpunzi zononaga imirima y'abaturage mu gukora ubujura bwaba ubw'ijoro canke ubwo ku
manywa. Ariko ubu byarahindutse .
Umurima w’imyumbati
Photo: Darcy MWUHIRO
Mu mpera za 2018 mu nkambi ya Mahama hatangijwe
gahunda yo guha impunzi amafaranga mu gusimbura
guhinga na bamwe mu mpunzi barababarira ko intete
zabagwaza igifu kandi bataronka uko bagira ngo babone
ibiribwa zahabwaga kugira ngo bifashe imibereho nk'agatoke canke akandi bashaka.
yabo ya buri munsi. Buri mpunzi igenerwa amafaranga
angana na 7600Frw yaba uruhinja, abana, abakuru
ndetse n’ababyeyi.
“Ubu rwose turahinga tugasarura.” Mukakarisa aribuka
uko byabaga bimeze mbere impunzi zitarahabwa
amahera, “ Uzi ko mbere wajyaga mu murima ugasanga
Aya mafaranga ashyirwa kuri konti y’umuryango baranduye imyumbati yose iri hasi? Ugishika mu
kandi hagashyirwaho amafaranga angana n’umubare murima washira isuka hasi ukicara ukarira warangiza
w’abagize umuryango niyo mpamvu itangwa ugashira isuka ku rutugu ugataha.”
ry'amafaranga mu mpunzi ryakemuye ikibazo c'ubujura Uyu muhinzikazi ashimira polisi y’u Rwanda kuko
mu mirima y'abatuye mu nkengero z' inkambi kuko yabafashije gukaza umutekano kandi kuri we abona
kuri bamwe vyarumvikana mu gihe ibiryo zahabwa
vyaboneka ko bitobamaza ukwezi bityo ubujura
abo bahora batwara kuri police bikoreye ibyo bibye
baragabanutse bityo abona ko itangwa ry`amafaranga
bukaba igisubizo ariko kitari ciza kuko bwaronona
cane umubano mwiza uri hagati y'impunzi n'abahinzi
ryaje gukemura amakimbirane no gukomeza umubano
mwiza.
bo hanze y’inkambi.
Nyuma yaho impunzi zitangiye guhabwa amahera
“Iyo bayafashe ku isoko nta jambo dusubira kugira
kuko bahita bishura ubona ko ata ngorane bafise ku
yasimbura ibiribwa zahabwaga mbere,MUKAKARISA biciro.” MUKAKARISA utarifuje ko twamufata ifoto
Francine umwe mu bahinzi baturiye inkambi asoza avuga ko ari gutyo baba bameze iyo impunzi
avuga ko hari ico byabamariye kuko iyo bari zahawe amafaranga.
26
NYIRAMUBANDE 5
KIGEME
KURYA KABIRI KU MUNSI NTIBIGISHOBOKA!
Inkuru ya MUTABAZI Yves (KIGEME)
Nyuma y’aho abatuye inkambi ya Kigeme, iherereye mu majyepfo y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe,
batangiriye guhabwa amafaranga yasimbuye guhabwa ibiribwa, rumwe mu rubyiruko rwibana muri iyi nkambi,
ruvuga ko kurya kabiri ku munsi byabaye nk’inzozi.
Gatuzo Justin umwe mu rubyiruko rwavuganye na Nyiramubande.
Photo: Darcy MWUHIRO
Ndahiriwe Emmanuel, ni umwe muri uru rubyiruko,
uvuga ko amafaranga ibihumbi birindwi magana
atandatu(7600Rwf) bahabwa buri kwezi, ari make
we kuyacunga bimugora cyane.
Ati:"Mu by’ukuri, amafaranga mfata y’ibyo kurya
ni make cyane, kuko nubwo ndi umwe ntabwo
ibihumbi 7600 by’amanyarwanda mfata bihagije,
ku buryo nabirya ukwezi kose.
Ubu ndya rimwe ku munsi kandi nkirinda kurya
ibihenze, cyangwa se ibyo nifuza nk’umusore kuko
amafaranga mfata atabinyemerera, nkibabaza nyine
nkanashakisha utwo nkora twanyunganira kugira ngo
ndebe ko nasatira ukundi kwezi nkifite utwo ndya.”
Mugabo Danny, we avuga ko kugirango amafaranga
ahabwa amumaze ukwezi ari uko abifatanya n’ishuri.
Ati “Amafaranga baduha ni make cyane ntabwo
yarangiriza umuntu ukwezi pe, yakabije yarangiza
ibyumweru bibiri gusa.”
Nge rero kuko ndi umunyeshuri, iyo nariye ku ishuri ku
manywa nongera kurya nijoro bikamfasha kuyacunga”.
Twaganiriye kandi na Nshimiyimana Innocent, maze
atubwira ko amafaranga bahabwa atarangiza ukwezi,
ahubwo ko we hari igihe ukwezi kurangira yarafashe
n’amadeni.
Ati:’’ Ariya mafaranga baduha ni make ntabwo
yarangiza igihe cy’ukwezi ariko nkanjye ndi umusore
ntabwo nshobora kuburara kabiri kikurikiranyije,ubwo
rero amafaranga yose mfata nyashyira mu byo kurya,
nkirengagiza ibijyanye n’ imyambaro n’ibindi ahubwo
nkashaka ibyo nakora kugira ngo ayo mvanamo abe
ariyo nikenuza mu bindi nkeneye nabyo bitambuza
gufata amadeni mba ngomba kwishyura igihe nafashe
andi kuko aba adahagije”.
Gatuzo Justin, we avuga ko yahisemo kwihuza n’
umuryango ufite abantu benshi, mu gihe amafaranga
yaje bagahahira hamwe kugirango arebe ko iminsi
yakwicuma.
Ati:’’ Mbere tugifata ibyo kurya byarangoraga
guteka inkono ya njyenyine maze mpitamo
kwiyegereza umuryango wo kwa mama wacu ibyo
mfashe nkabimushyira bagatekera hamwe. Rero aho
bahinduriye bagatangira kuduha amafaranga, nanze
kwitandukanya nabo kuko nabonye ko amafaranga
baduha ari make cyane ntayaryamo ukwezi kose.”
Twaganiriye kandi na Semucyo Martin, maze atubwira
ko we yihaye intego yo kurya rimwe ku munsi kugirango
arebe ko iminsi yakwicuma nubwo bitoroshye.
Ati:” Kurya kabiri ku munsi byabaye nk’inzozi pe, ubu
nge nihaye intego yo kurya rimwe ku munsi, kandi
nabwo ntabwo amafaranga baduha arangiza ukwezi.
Ngira ideni rihoraho nishyura buri kwezi uko duhawe
amafaranga, kuko ubu ibintu byarahenze no guhaha
biragoye cyane rwose.’’
27
NYIRAMUBANDE 5
URUBUGA RW’ABASOMYI
Muri buri numero tuzajya tubagezaho ubutumwa bw’abagize icyo bavuga kuri nomero yatambutse.
Aha haraganirwagaho ku mibanire myiza hagati y’impunzi n’Abanyarwanda
MUTANGA Patrick w’imyaka 20 aherereye mu Nkambi ya Kigeme
avuga ko isomo yungutse nyuma yo gusoma Nyiramubande ari ukugira
imibanire myiza n’abandi, kugira isuku, ahandi n’aho atuye no guharanira
kumva ibitekerezo bya bagenzi be.
NGENDAKUMANA Jacques w’imyaka 31 aherereye mu Nkambi ya Mahama.
Yagize ati: “Muri NYIRAMUBANDE nakuyemo isomo ryo gufatira urugero
ku babashije kwiteza imbere bakorera hamwe. Byaba byiza hasohotse ibinyamakuru
byinshi bishoboka, bikagera kuri benshi kandi bigasohoka hakiri kare”.
KANYINDI Leina w’imyaka 14 uherereye mu Nkambi ya Mahama
avuga ko ibinyamakuru byinshi bikorera muri uyu murongo byafasha
benshi kuko nawe cyamufashije cyane.
HABIMANA RUGAMBA w’imyaka 23 aherereye mu Nkambi ya Kigeme
avuga ko isomo yakuyemo ari ukumva ko agomba kubana na buri wese
atagendeye kuri runaka, ngo yumve ko atabana n’umunyamahanga utari
mwene wabo cyangwa umuvandimwe we gusa.
MUGABEKAZI Chemsa w’imyaka 27, avuga ko isomo yungutse ari
kutemera ibishuko ibyo ari byo byose by’abasore,kutagira kwironda
mu bantu bose baturuka ahatandukanye no kwiteza imbere.
Yunzemo ati: “Muzatubwirire bariya banyeshuri bo mu nkambi gukomereza aho”.
MUHIRE Danny w’imyaka 16 aherereye mu Nkambi ya Mugombwa
avuga ko nyuma yo gusoma NYIRAMUBANDE yasobanukiwe ko nawe afite uruhare
nk’urubyiruko mu mibanire myiza ndetse no kurushaho gukangurira urubyiruko
kugira umwete, ndetse agakangurira n’urubyiruko rwo mu nkambi gufatanya
n’urwo hanze y’inkambi.
HIRWA Elie w’imyaka 15 uherereye mu Nkambi ya Mugombwa
avuga ko isomo yakuyemo ari ugukorera hamwe na bagenzibe bo mu nkambi kugira ngo
biteze imbere. Yashoje agira ati: “Mu kinyamakuru muzongeremo ibijyanye n’imibanire
myiza y’urubyiruko rwo mu nkambi ndetse no hanze y’inkambi”
IGIHOZO Fauzia yagize ati: “Icyo nungutse ni uko nange nagira uruhare mu kubana
n’abandi, kuko hari ibyo nabigiraho byatuma ubuzima bwange buhinduka”.
28
NYIRAMUBANDE 5
URUBUGA RW’ABASOMYI
GAHIMBAZE Kesselle w’imyaka 18,aherereye mu nkambi ya Mahama,
avuga ko yungutse isomo ry’uburyo ashobora kwitwara ategura ahazaza he,
cyane cyane kwihangira umurimo. Yanatanze icyifuzo agira ati: “Muzongere
umubare w’ibinyamakuru bisohoka, bityo buri wese mu bice bitandukanye
abashe kukibona".
MWUBAHAMANA Coslman Espoir w’imyaka 18 ari mu Nkambi ya Kigeme.
Yagize ati: “Nungutse ko tugomba kubana na buri wese tutitaye uko ateye,
kandi nk’urubyiruko ko tugomba gukura amaboko mu mifuka tukihangira
umurimo tukajya no mu mashyirahamwe. Ikindi ni uko bazasohoramo na
traditional dance yo ku Kigeme kuko nta kinyamakuru na kimwe irasohokamo,
byadufasha twakunda n’ibyo dukora n’abandi bakabikunda".
MUTUYIMANA Agathe w’imyaka 18 yagize ati:“Kubana n’abantu bose
neza nta cyabiruta, bituma umenya amakuru muri byose.
Muge mushyiramo n’udukino tumwe na tumwe dutuma urubyiruko
rwishima nk’amateka”.
NDAYISHIMIYE Eric w’imyaka 18 avuga ko yungutse isomo ryo kugira isuku
y’umusarani,kwirinda gutera abakobwa inda zitateguwe.
Ati: “N’ubutaha muzongeremo n’abatari impunzi kugira ngo nabo babone
kuri ubwo butumwa”.
NIYONKURU Idrissa w’imyaka 15 yagize ati: “Isomo nungutse
ni ukoroherana nabagenzi banjye,kugira isuku,kwizigamira, kudaheza
bagenzi bange mu buryo ubwo ari bwo bwose kuko ari isoko
y’iterambere muri rusange” .
GAKANGAKUHWA Eric w’imyaka 48 aherereye mu Nkambi ya Mahama.
Avugako icyo yungutse nyuma yogusoma Ikinyamakuru NYIRAMUBANDE agomba
kuganiriza abana kenshi kubijyanye n’imihindagurikire y’umubiri. Agira ati:
“Ikindi Ikinyamakuru NYIRAMUBANDE cyajya gisohoka buri kwezi”.
NIYONKURU Gerard w’imyaka 27 aherereye mu Nkambi ya Mahama.
Yagize ati: “Tumenyereye ko abafasha ari abafite ubushobozi bwinshi; ariko nabonye
isomo ko ntawe udashoboye kuba yatanga umusanzu we”.
TUYISABE Josiane w’imyaka 13 aherereye mu Nkambi ya Mugombwa.
Yagize ati: “NYIRAMUBANDE idufasha kumenyana n’Abanyarwanda ndetse no
kumenya amakuru yo hanze yinkambi”.
29
NYIRAMUBANDE 5
IKUSANYIRIZO RY'AMAFOTO
30
NYIRAMUBANDE 5
IKUSANYIRIZO RY'AMAFOTO
Photo: Darcy MWUHIRO
31
NYIRAMUBANDE 5
@ejoyouthecho
+250 787 581 411
+250 728 028 232
ikiganiroejo@gmail.com
www.ejoyouthecho.com
EJO YOUTH ECHO (EYE) ni umuryango ukoresha
itangazamakuru mu kwimakaza umuco w’amahoro,
kwamagana ihohoterwa, kurengera uburenganzira
bwa muntu, gushyigikira umuco wo gushyira mu
bikorwa intego z’ikinyagihumbi ry’iterambere ryo
muri Afrika yo hagati. Uyu muryango ubarizwa i Kigali.
Imishinga y’umuryango EJO YOUTH ECHO ikorerwa
mu Rwanda ikagera ku mubare munini w’urubyiruko
mu kurufasha kugera ku ntego y’amahoro ku bumuntu
buboneye urungano rw’iki gihe.
30
NYIRAMUBANDE 5