Urup. 6AMAKURUUMUSESONo 390 11- 18 mutarama 2010Umuseso, Min. Musoni, murukiko kuri uyu wa kaneMbere yuko tujyamu icapiro,abanyamakurub’Umusesobaregwa na Minisitiri ProtaisMusoni, bari batarashyikirizwaimpapuro zibahamagazamu rukiko, ariko amakuruikinyamakuru Umuseso gikeshakimwe mu binyamakurubyandikirwa mu Rwanda, IzubaRirashe, yemeza ko urubanzahagati ya Minisitiri w’ibikorwaby’inama y’abaminisitiri, ProtaisMusoni, n’abanyamakuru batatub’Umuseso, ruteganyijwekuburanishwa kuri uyu wa kane,kuwa 14 Mutarama 2009.Twibutse ko uru rubanzaruregwamo Charles Kabonero,Didas Gasana na RichardKayigamba.Intandaro y’ururubanza, ni inkuru yasohotse mukinyamakuru Umuseso, No 382,ivuga ku rukundo rw’ibanga hagatiya Musoni na Meya w’Umujyi waKigali, Dr. Aisa Kirabo Kakira.Nyuma y’iyo nkuru, ikinyamakuruUmuseso cyatanzweho ikirego mubushinjacyaha.Ubushinjacyahabukaba bwarahamagaje abobanyamakuru bose baregwa muibazwa, bukaba bwarashyikirijeicyo kirego urukiko rw’ibanzerwa Nyarugenge, aho rutegerejwekuburanishwa kuri uyu wa kane.Ikinyamakuru Izuba kivuga koaya makuru cyayatangarijwen’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha,Nkusi Augustin, ku wa 4 Mutarama2010Nkuko icyo kinyamakurugikomeza kibitangaza, NkusiAugustin yagitangarije ko icyahacyarezwe, ari icyo guharabika kandingo kikaba gihanwa n’ingingo ya391 yo mu gitabo cy’amategekoahana ibyaha mu Rwanda.Izubarivuga ko iby’icyo kirego kandibyashimangiwe n’umwe mubatanze ikirego, Minisitiri MusoniProtais, aho yavuze ko cyatanzweku wa 14 Ukuboza 2009 agirango ubutabera bugaragaze ukuriku bivugwa ko yaba yarakoranyeimibonano mpuzabitsina na Meyaw’Umujyi wa Kigali Dr.AisaKirabo Kakira.Musoni ku rukundo rw’ibangahagati ye na KiraboMinisitiri Musoni arahakana koayo makuru yamwanditswehoari impamo. Muri icyo kiganiro,yakomeje avuga ko impamvu►Musoni aravuga ku rukundo rw’ibanga hagati ye na KiraboAravuga ko yabeshyewe: Min.Musoni (Photo/ Archives)yareze ari uko yabeshyewe <strong>none</strong> akabayarifuje ko urukiko rwamurenganura,akaba kandi yifuza ko hazakurikizwaamategeko.Izuba rikomeza rivuga ko indimpamvu Musoni yatanze ikirego ngo ni ukobyamubabaje ndetse bikanamwambika isurambi ndetse no mu rugo iwe, umuryango wentiwishime kubera iyo nkuru yasomwe hosekandi ari ikinyoma.“Numva ko byakozwe na MusoniJames”Ku bijyanye n’ibivugwa ko byakozwe naMinisitiri Musoni James, Protais yatangarijeikinyamakuru Izuba Rirashe ko na weabyumva atyo, ariko avuga ko bizakemurwan’iperereza kuko byaba ari ukubavugahoibinyoma gusa.Twibutse ko umuyobozimukuru w’Umuseso, Charles Kabonero,ari hanze y’igihugu kubera impamvuz’amashuri, ariko, umwungirije, DidasGasana, akaba yaratangarije uyu mwanditsiko nta mpapuro zibahamagaza barabona,kandi ko nibazibona, biteguye kwitabaurukiko.Tumubajije niba adatewe ubwoban’uru rubanza, Didas yagize ati: “Njyentabwo nterwa ubwoba n’imanza, ahubwo,kuba abategetsi b’u Rwanda batangiyekwinjirwamo n’umuco wo kwiyambazaubutabera, ni ikintu cyiza itangazamakurury’u Rwanda ryakwishimira. Ubundi byariimitarimba no gufunga umunyamakuru ntarubanza, ariko ubu, biragenda bihinduka.Ikibazo kikaba ari uko benshi mu bacamanzamu Rwanda batigenga.”Twibutse na <strong>none</strong>ko ikinyamakuru Umuseso kiri mu rundirubanza n’umunyemari Tribert AyabatwaRujugiro. Uru rubanza rukaba rugeze mubujurire, aho ruteganyijwe kuburanishwamu ntangiriro z’ukwezi gutaha, mu rukikorwisumbuye rwa Nyarugenge.Umwanditsi w’UmusesoAri hanze y'igihugu: CharlesKabonero (Photo/ Archives)Ni ibisanzwe: Didas Gasana(Photo/ Archives)Ariteguye: Richard Kayigamba(Photo/ Archives)
UMUSESO No 390, 11 -18 Mutarama 2010Urup. 7ISESENGURAMeya Kirabo yavuguruje icyemezo cy’Urukikorw’Abunzi akoresheje amagambo gusaNiyivuga Patriceni umucikacumuutuye muMurenge waBumbogo mu Kagari kaNyabikenke, mu Karereka Gasabo. Yagize uruharemu kugaragaza abagizeuruhare mu <strong>kwica</strong> abatutsimuri jenoside barafatwabarafungwa barirega bemeraicyaha barafungurwa <strong>none</strong>bamwihimuyeho. Aboni Bizimana Alphonse;Bazatoha Frederic na MugaboVédaste. Icyakora hariabanze kwifatanya nabo ngobamugerekeho urusyo. Aboni: Rwalinda Emmanuel;Turatsinze Celestin Buguzi.Kubera ikibanza yaguzemu mwaka wa 2000 naMukuralinda Gilbert wacitseku icumu cyarimo akazuakacyubakamo inzu nzizaeshatu, byatumye apangirwagacaca.Mu mwaka wa 2007 babandi twavuze harugurubamaze kwijajara,bagamije kumwihimurahobamukoreshereje dosiyengo kuko yahoze yungirijeBurugumesitiri, arikoyaraburanye aratsinda.Nyuma y’igihe kininiumwana wa mushiki waMukuralinda Gilbert, witwaUwera Sylivie wari warabuzeyaje guhunguka asanga iwaboharubatswe inzu ifite agaciroka miriyoni nk’umunani.Uwera yatanze ikirego kuBunzi arega uwaguze ari weNiyivuga Patrice. Abunzibabajije Mukuralinda Gilbertwagurishije(nyirarume waUwera ) nk’uhagarariyeumuryango, niba hari abandibo muri uwo muryango baribahari, asubiza ko yari aziko batakibaho, kandi ko harihagiye gukatwa imidugudu.Ku itariki ya 06/12/2005Abunzi bemeje ko UweraSylivie ahabwa inguraneingana n’uko ikibanzacyanganaga, Niyivuga Patriceakubakamo n’inzu nk’iyariirimo, ariko Uwera yangako bishyirwa mu bikorwa.Akarere n’Abunzi bakomejegutegeka ko bishyirwa mubikorwa Uwera yanga kuza.Nyuma y’aho Uwera Sylivieyajyanye ikirego mu Mujyiwa Kigali haza Visi MeyaGakuba Jeanne ashyigikiracya cyemezo cy’Abunzin’Akarere.Uwera yanyuze ku ruhandeajya kuregera Dr Ayisa KiraboIbiciro byo kwamamazaKu rupapuro rw’umweru n’umukaraUrupapuro rwose:400.000 FRW½ cy’urupapuro:250.000 FRW¼ cy’urupapuro:150.000 FRW1/8 cy’urupapuro: 80.000 FRWEye-Piece:50.000 FRWKu rupapuro rw’amabaraUrupapuro rwose:700.000 FRW½ cy’urupapuro:500.000 FRW¼ cy’urupapuro:300.000 FRW1/8 cy’urupapuro: 150.000 FRWEye-Piece:100.000 FRWUko ugenda wamamaza inshuro nyinshi, ugabanyirizwa ku buryo bukurikira:Inshuro enye (4) 5%Inshuro umunani (8) 10%Inshuro cumi n’ebyiri (12) 15%Inshuro makumyabiri n’enye (24) 20%Inshuro mirongo ine n’umunani (48) 25%Amafaranga yose yo kwamamaza atangwa mbere.Ukeneye ibindi bisobanuro, wahamagara 0788686919 cyangwa 0788570640Uri umucuruzi <strong>none</strong> urifuza ko abakiriya bakugana ku bwinshi, batumehoUmuseso maze wirebere; ababikoze nibo bazi ibanga! Wizuyaza, kandiimiryango ihora ikinguye!Kakira uyobora Umujyi waKigali. Meya ari kumwen’abanyamakuru ba RadioRwanda yagiye kureba ahohantu, ahamagara ubuyobozibw’aho ikiburanwa kiriategeka ko uwaguze asubizaUwera inzu n’ibyayikozweho,avanamo ibintu bya Niyivuga.Ibaruwa yashyize mu bikorwaicyemezo cya Kirabo yakozwen’umuyobozi w’umurengewa Bumbogo ku itariki ya08/07/2009, bavugamo ko,icyo kibazo cyageze munzego nyinshi ntizigikemurebirengagiza nkana ko Abunzibagikemuye ntikijuririrwe.Niyivuga amaze kubona ingufuzikoreshejwe hirengagijweicyemezo cy’Abunzi,yandikiye Umuyoboziw’Umujyi wa Kigaliamugaragariza ko icyemezocye kitanditse cyateshejeagaciro umwanzuro w’Abunziutarigeze ujuririrwa nk’ukobiteganywa n’amategeko ariu<strong>kwica</strong> nkana amategekoakoresheje umwanya afitew’ubuyobozi. Yagaragaje kouwamugurishije aho hantu(Mukurarinda Gilbert) ari wewari warahawe uburenganzirabwo kuzungura umutungow’umuryango.Yagaragajeko amaze kuhaguramu buryo bwemewen’amategekoyahubatsemo amazuatatu akahateramon’ibiti by’imbuton’insina. Yagaragajeko kumwambura ibyobikorwa bye byosebikegurirwa UweraSylivie na UwamariyaClaire(murumunawa Uwera) ariukwirengagiza itegekory’ubutaka mu Rwanda.Icyakora ibaruwa yenta gisubizo yigezeibona kuko uwoyatakambiraga ari nawewategetse ko bikorwauko abivuze mumagambo yirengagijeibiteganywa n’itegekon0 08/2005 ryo ku wa14/07/05.Kubera ko Abunzi ariurukiko, Meya KiraboNi agahomamunwa: MeyaKirabo (Photo/ Archives)akaba yaravuze nk’umuntuku giti cye cyangwa senk’umutegetsi arikoudasimbura inkiko, nyamaraijambo rye rikaba ryaratumyeuko yabishakaga bishyirwamu bikorwa, Niyivuga Patriceyareze Umujyi wa Kigali muRukiko Rukuru, na UweraSylivie.Amakuru agera kukinyamakuru Umuseso niuko abeguriwe ibyo bikorwamu magambo babishyize kuisoko ngo babigurishe kukobazi neza ko atari ibyabo,bakaba bafite impungenge kobashobora kubyamburwa murubanza rutarahabwa itarikiruri mu Rukiko Rukuru.Gufatanya guhimba ibiregoAbabonye inzu ngo bafatanyijen’abakoze jenoside guhimbiraibirego Niyivuga bmuregamuri gacaca. Nyuma y’igihekinini batarajuririye urubanza,basabye ko rwasubirwamobiturutse kuri KayirangwaPriska wahishwe na Bizimanamuri Jenoside. Impakamu <strong>Na</strong>ma rusange bamwebadashaka ko urubanzarusubirishwamo kuko ubisabayari ahari mu mwaka wa2004 ruburanwa ntanajurire.Uwitwa Gloriose wo ku rwegorw’igihugu rushinzwe inkikogacaca, ngo niwe wategetseko urwo rubanza rusubirwamobyanze bikunze.Ku itariki ya 22, 28/11/2009rwaburanishijwe n’intekogacaca ya RwamarabaUmurenge wa Shyogwemuri Muhanga. Umwanzurowa gacaca ngo wabaye koNiyivuga Patrice atakijijeabahigwaga muri jenosidebakicwa kandi yari uwungirijeBurugumesitiri ntagireicyo akora, maze akatirwaburundu y’umwihariko,ariko urupapuro rumufungantihagiraigihanocyandikwaho. Gereza yaKimironko yaramwanzeajyanwa kuri Brigade yaRemera amarayo iminsi,nyuma yaje kujyanwa kuriBrigade ya Kabuga amarayoukwezi kurenga, <strong>none</strong> ngohaba harahimbwe urundirupapuro rumufunga kandi ntayindi gacaca yabaye agarurwamuri gereza yari yaramwanzeya Kimironko. Amakuru ageraku kinyamakuru Umuseso, niuko urwo rupapuro narworutujuje ibyangombwa kukorutanditsweho itariki nanomero y’ifishi y’uregwa.Rwaditsweho ko yanarebereyeabicaga, kandi ngo akoshyan’abandi <strong>kwica</strong>na.Muri urwo rubanzatwavuze haruguru, ngoabatangabuhamya bebaratotejwe cyane bazirako bavuga ko arengana. Murwandiko yandikiye urwegorw’igihugu rushinzwe inkikogacaca ku itariki ya 03/12/2009asaba kurenganurwa, yavuzeamazina yabo agaragazan’uburyo atishimiyeimiburanishirizwe ye aho iyonteko yamwimaga ijambo ngoyisobanure ku byo yaregwagana Kayirangwa Prisika. Ikindiavuga, ni uko yagaragarijeinteko ko abamushinja batatuhari icyo bapfa gikomeyekizwi n’abaturage, arikointeko ntibyiteho. Nk’ukoabyivugira muri iyo baruwa,ngo yagaragarije inteko ko, mugihe cya jenoside yambuweubuyobozi n’interahamwe,ariko nabyo inteko ntiyabihaagaciro kandi ari ibintu bizwin’abaturage.Habuhazi Innocent