umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
Urwego rw’Umuvunyi<br />
TURWANYE RUSWA<br />
24<br />
Tumenye ishami ridasanzwe<br />
rishinzwe kurwanya ruswa<br />
Mu nama y’Umushyikirano yateranye mu<br />
Kuboza 2008 ndetse no mu mwiherero<br />
w’Abayobozi bakuru b’Igihugu wabaye kuva<br />
ku wa 16 kugeza ku wa 20 Gashyantare 2009<br />
hemejwe ko hashyirwaho ingamba zikaze zo kurwanya<br />
ruswa. Izo ngamba zikaze zashimangiwe kandi na<br />
Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi kuva <strong>2010</strong>-<br />
2017, mu bukangurambaga, aho yiyemeje “Gukangurira<br />
Abanyarwanda n’Inzego za Leta kurwanya ruswa,<br />
akarengane, kumenya no guharanira uburenganzira bwa<br />
buri wese, u RWANDA rukaza mu bihugu 10 bya mbere<br />
mu kurwanya ruswa no kugira ubuyobozi butarangwa na<br />
ruswa ku Isi” (Gahunda ya Guverinoma <strong>2010</strong>-2017, p. 9).<br />
Urwego rw’Umuvunyi rukaba rwarahawe inshingano<br />
yo gukumira no kurwanya akarengane, ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano nayo. Mu kuzuza iyo nshingano, Urwego<br />
rusura inzego z’ubuyobozi, izishinzwe kugenzura<br />
izindi nzego ndetse n’izijyanye n’ubuzima bw’Igihugu<br />
n’ubw’abaturage kugira ngo harebwe ibyuho bya ruswa.<br />
Urwego rukurikirana kandi ibirego byarushyikirijwe<br />
byerekeye ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo,<br />
rukanakangurira Abanyarwanda kwanga no guhashya<br />
ruswa.<br />
Mu gukurikirana ibyo birego bijyanye na ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo, abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
bahawe ububasha bw’ubugenzacyaha n’Iteka rya<br />
Minisitiri N° 67 ryo kuwa 05/5/2009 riha ububasha<br />
bw’Ubugenzacyaha abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
(Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda n o 39 yo ku wa 28<br />
Nzeri 2009) hatangijwe ibikorwa by’ Inama Ngishwanama<br />
yo kurwanya ruswa ndetse habaye Ivugurura ry’imirimo<br />
y’Urwego nk’uko bigaragara mu Iteka rya Minisitiri<br />
w’Intebe Nº 18/03 ryo kuwa 08/4/<strong>2010</strong> rishyiraho imiterere<br />
n’incamake y’imyanya y’imirimo y’Urwego rw’Umuvunyi<br />
(Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda n o 15 yo ku wa<br />
12 Mata <strong>2010</strong>). Iryo vugurura rigaragaza ko hashyizweho<br />
Ishami rishya ridasanzwe Rishinzwe Kurwanya Ruswa<br />
(Fighting Corruption Special Unit). Ni yo mpamvu<br />
umuntu yakwibaza icyo iryo shami ryashyiriweho ndetse<br />
n’inshingano rifite.<br />
Impamvu y’ishyirwaho ry’Ishami ridasanzwe<br />
Rishinzwe Kurwanya Ruswa<br />
Nyuma y’uko Ubuyobozi bukuru bw’Igihugu bwifuje ko<br />
hashyirwaho ingamba zihamye kandi zikaze zo kurwanya<br />
ruswa, Urwego rw’Umuvunyi rwasabye ko hashyirwaho<br />
itsinda ryihariye rishinzwe kurwanya ruswa (Fighting<br />
Corruption Special Unit). Iryo shami ubu rikaba rigizwe<br />
n’abakozi b’impuguke batandatu.<br />
Iryo shami ridasanzwe rikaba ryarashyizweho mu kunganira<br />
andi mashami asanzwe, rikora iperereza ricukumbuye ku<br />
bibazo by’ingutu Urwego rw’Umuvunyi rwashyikirijwe<br />
cyangwa rwamenye.<br />
Spécial -Ukuboza <strong>2010</strong><br />
BIRASA J.Fiscal<br />
Inshingano z’iryo shami ridasanzwe<br />
Ishami ridasanzwe Rishinzwe Kurwanya Ruswa rishinzwe<br />
cyane cyane ibi bikurikira:<br />
- Gukora iperereza ku bibazo cyangwa ibirego<br />
byashyikirijwe Urwego rw’Umuvunyi n’inzego Nkuru<br />
z’Igihugu cyangwa bisabwe n’Umuvunyi Mukuru ubwe;<br />
- Kurwanya ibyaha bimunga ubukungu nk’iyoherezwa<br />
ry’amafaranga rinyuranyije n’amategeko (illegal money<br />
transfer), ubucuruzi n’amahanga butemewe (smuggling),<br />
konti z’impimbano, inyereza ry’umutungo wa Leta,<br />
kunyuranya n’amasoko ya Leta na ruswa, iyezandonke<br />
(money laundering/ blanchiment d’argent) n’ibindi byaha<br />
bimunga ubukungu cyane cyane bikozwe n’udutsiko;<br />
- Kwakira no gusuzuma amakuru ajyanye n’ibyaha bya<br />
ruswa yagejejwe ku Rwego rw’Umuvunyi n’abantu ku giti<br />
cyabo cyangwa inzego.<br />
Twakwibutsa kandi ko hari Itegeko n°47/2008 ryo kuwa<br />
09/09/2008 rikumira kandi rihana iyezandonke no gutera<br />
inkunga iterabwoba (Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u<br />
Rwanda n o 12 bis yo ku wa 23 Werurwe 2009) ndetse<br />
n’Itegeko n o 23/2003 ryo ku wa 07/08/2003 rikumira,<br />
rihana kandi rirwanya ruswa n’ibyaha bifitanye isana na yo.<br />
Bityo ibirego bigejejwe ku Rwego bijyanye n’iyezandonke<br />
bikurikiranwa n’Ishami ridasanzwe rishinzwe kurwanya<br />
ruswa.<br />
Ese inshingano z’iryo shami ridasanzwe ntizihuye<br />
n’iz’andi mashami?<br />
Mu Rwego rw’Umuvunyi hari hasanzwemo amashami ane<br />
(4): Ishami rishinzwe gukumira no kurwanya akarengane,<br />
Ishami rishinzwe gukumira no kurwanya ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo, Ishami rishinzwe kwakira no<br />
kugenzura inyandiko zigaragaza inyandiko z’imitungo<br />
y’abayobozi n’abandi bagenwa n’Itegeko ndetse n’Ishami<br />
rishinzwe Ubutegetsi n’Imicungire y’abakozi. Muri<br />
iyi minsi, hashyizweho Ishami rishinzwe Imyitwarire<br />
y’abayobozi ndetse n’Ishami ridasanzwe rishinzwe<br />
kurwanya ruswa.<br />
Itandukaniro ry’iri shami ridasanzwe n’andi mashami<br />
yavuzwe haruguru ni uko rifite inshingano nyamukuru yo<br />
gukora iperereza. Iryo perereza rikaba ku bibazo by’ingutu<br />
byashyikirijwe Urwego rw’Umuvunyi n’abayobozi bakuru<br />
b’Igihugu cyangwa bisabwe n’Umuvunyi Mukuru.<br />
Ishami ridasanzwe ryo kurwanya ruswa ni ishami rishya<br />
rikaba rigomba kwihatira kuzuza inshingano zahawe<br />
Urwego rw’Umuvunyi, bityo akarengane na ruswa bigacika<br />
burundu maze u Rwanda rukagira ubuyobozi butarangwa<br />
na ruswa.<br />
<br />
Telefoni itishyuzwa199