umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
Urwego rw’Umuvunyi<br />
IMIYOBORERE MYIZA<br />
26<br />
n’igikorwa cy’imenyekanishamutungo bo<br />
mu Gihugu cyangwa bo hanze yacyo kuko<br />
bazagabanyirizwa ingendo bajyaga bakora mu<br />
kugeza inyandiko zabo aho Urwego rw’Umuvunyi<br />
rukorera, bizagabanya kandi umwanya icyo<br />
gikorwa cyabatwaraga.<br />
Urwego rw’Umuvunyi ruzagabanya ibyagendaga<br />
kuri icyo gikorwa cy’imenyekanishamutungo<br />
nk’amafaranga y’ubutumwa yajyaga akoreshwa<br />
mu kugeza inyandiko z’imenyekanishamutungo<br />
ku barebwa naryo, umwanya wajyaga ukoreshwa<br />
mu ngendo zakorwaga n’abakozi barwo hirya no<br />
hino. Ubwo buryo buzagabanya kandi imirimo<br />
yo kwakira abantu benshi ku munota wa nyuma<br />
igihe italiki ya 30 Kamena buri mwaka yabaga<br />
yegereje.<br />
Ishyirwa mu bikorwa ry’ubu buryo bushya (online<br />
declaration <strong>of</strong> assets) buzatuma abamenyekanisha<br />
umutungo babikorera igihe kandi bitabatwaye<br />
umwanya munini aho bazaba baherereye hose mu<br />
Gihugu no hanze yacyo, bikazashimangira kandi<br />
icyizere mu bamenyekanisha imitungo kuko ari<br />
uburyo bwizewe kandi bwihuse.<br />
Iyi gahunda nshya y’imenyekanishamutungo<br />
rikozwe mu ikoranabuhanga “online declaration<br />
<strong>of</strong> assets” rizabanzirizwa n’amahugurwa Urwego<br />
rw’Umuvunyi ruzagenera abayobozi n’abandi<br />
bacungamutungo ba Leta aho baherereye hirya no<br />
hino mu Gihugu. Buri muntu wese urebwa niryo<br />
tegeko agasabwa kuzitabira ayo mahugurwa kugira<br />
ngo azabisobanukirwe neza. Ayo mahugurwa<br />
azakorwa kuva mu ntangiriro z’umwaka<br />
wa 2011; intumwa z’Urwego rw’Umuvunyi<br />
zikazasanga abantu bose barebwa n’igikorwa<br />
cy’imenyekanishamutungo aho bakorera.<br />
Uburyo imenyekanishamutungo rizakorwa mu<br />
ikoranabuhanga<br />
Imenyekanishamutungo rikoreshejwe ikoranabuhanga<br />
rizashoboka gusa ahantu hazaba haboneka<br />
umuyoboro wa interineti honyine (internet connection);<br />
ibyo bikaba bisaba ko abarebwa n’icyo<br />
gikorwa bagomba kugikorera aho babona uwo<br />
muyoboro.<br />
Umuntu azajya yinjira ku muyoboro wa<br />
interineti w’Urwego rw’Umuvunyi ari wo<br />
www.ombudsman.gov.rw hanyuma akande<br />
Spécial -Ukuboza <strong>2010</strong><br />
ahanditse “Declaration <strong>of</strong> Assets” usome<br />
amabwiriza yose ajyanye n’uko bagaragaza<br />
umutungo muri ubwo buryo. Muri ayo mabwiriza<br />
harimo aya akurikira:<br />
• umuyoboro ukwereka aho ufungurira<br />
aderesi yawe;<br />
• gufungura muri aderesi email yawe<br />
usanganywe maze ugasoma amabwiriza ya<br />
konti (Account) wahawe ari nayo uzajya<br />
ukoresha igihe umenyekanisha umutungo;<br />
• umuyoboro uguha aho wuzuza<br />
umwirondoro wawe;<br />
• umuyoboro uguha aho wuzuza imitungo<br />
yawe yo mu Rwanda ndetse niyo hanze;<br />
• umuyoboro ukwemerera gusa kwohereza<br />
inyandiko yawe imenyekanishamutungo<br />
iyo iherekejwe n’umukono wawe ushyirwa<br />
ahabugenewe;<br />
• urangije kuzuza inyandiko ye, asabwa<br />
gukanda ahabugenewe, bityo akaba<br />
ayoherereje Urwego rw’Umuvunyi. Ahita<br />
abona igisubizo kimwemeza ko inyandiko<br />
y’imenyekanishamutungo ye yageze ku<br />
Rwego rw’Umuvunyi;<br />
• iyo umaze kwohereza inyandiko<br />
y’imenyekanishamutungo<br />
ku<br />
Rwego rw’Umuvunyi hakoreshejwe<br />
ikoranabuhanga, nta kintu na kimwe<br />
ushobora kongeraho cyangwa ngo ukureho.<br />
Icyo wemerewe ni ugusohora kopi (copy)<br />
y’ibyo wohereje.<br />
inyandiko y’imenyakanishamutungo iyo<br />
•<br />
igeze ku Rwego rw’Umuvunyi ibikwa<br />
mu buryo nta muntu n’umwe wagira icyo<br />
ayihinduraho.<br />
Gahunda yo kumenyekanisha umutungo<br />
hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho ni<br />
imwe mu ngamba Urwego rw’Umuvunyi<br />
rwafashe hagamijwe gutanga serivisi nziza<br />
yihuse no korohereza abarebwa n’icyo gikorwa.<br />
Abayobozi n’abandi bakozi ba Leta barebwa<br />
n’igikorwa cy’imenyekanishamutungo bakaba<br />
bararitswe kuzitabira amahugurwa yo gukoresha<br />
“online declaration <strong>of</strong> assets” kugira ngo<br />
imenyekanishamutungo rya 2011 rizagende neza.<br />
<br />
Telefoni itishyuzwa199