05.05.2014 Views

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

Urwego rw’Umuvunyi<br />

IMIYOBORERE MYIZA<br />

26<br />

n’igikorwa cy’imenyekanishamutungo bo<br />

mu Gihugu cyangwa bo hanze yacyo kuko<br />

bazagabanyirizwa ingendo bajyaga bakora mu<br />

kugeza inyandiko zabo aho Urwego rw’Umuvunyi<br />

rukorera, bizagabanya kandi umwanya icyo<br />

gikorwa cyabatwaraga.<br />

Urwego rw’Umuvunyi ruzagabanya ibyagendaga<br />

kuri icyo gikorwa cy’imenyekanishamutungo<br />

nk’amafaranga y’ubutumwa yajyaga akoreshwa<br />

mu kugeza inyandiko z’imenyekanishamutungo<br />

ku barebwa naryo, umwanya wajyaga ukoreshwa<br />

mu ngendo zakorwaga n’abakozi barwo hirya no<br />

hino. Ubwo buryo buzagabanya kandi imirimo<br />

yo kwakira abantu benshi ku munota wa nyuma<br />

igihe italiki ya 30 Kamena buri mwaka yabaga<br />

yegereje.<br />

Ishyirwa mu bikorwa ry’ubu buryo bushya (online<br />

declaration <strong>of</strong> assets) buzatuma abamenyekanisha<br />

umutungo babikorera igihe kandi bitabatwaye<br />

umwanya munini aho bazaba baherereye hose mu<br />

Gihugu no hanze yacyo, bikazashimangira kandi<br />

icyizere mu bamenyekanisha imitungo kuko ari<br />

uburyo bwizewe kandi bwihuse.<br />

Iyi gahunda nshya y’imenyekanishamutungo<br />

rikozwe mu ikoranabuhanga “online declaration<br />

<strong>of</strong> assets” rizabanzirizwa n’amahugurwa Urwego<br />

rw’Umuvunyi ruzagenera abayobozi n’abandi<br />

bacungamutungo ba Leta aho baherereye hirya no<br />

hino mu Gihugu. Buri muntu wese urebwa niryo<br />

tegeko agasabwa kuzitabira ayo mahugurwa kugira<br />

ngo azabisobanukirwe neza. Ayo mahugurwa<br />

azakorwa kuva mu ntangiriro z’umwaka<br />

wa 2011; intumwa z’Urwego rw’Umuvunyi<br />

zikazasanga abantu bose barebwa n’igikorwa<br />

cy’imenyekanishamutungo aho bakorera.<br />

Uburyo imenyekanishamutungo rizakorwa mu<br />

ikoranabuhanga<br />

Imenyekanishamutungo rikoreshejwe ikoranabuhanga<br />

rizashoboka gusa ahantu hazaba haboneka<br />

umuyoboro wa interineti honyine (internet connection);<br />

ibyo bikaba bisaba ko abarebwa n’icyo<br />

gikorwa bagomba kugikorera aho babona uwo<br />

muyoboro.<br />

Umuntu azajya yinjira ku muyoboro wa<br />

interineti w’Urwego rw’Umuvunyi ari wo<br />

www.ombudsman.gov.rw hanyuma akande<br />

Spécial -Ukuboza <strong>2010</strong><br />

ahanditse “Declaration <strong>of</strong> Assets” usome<br />

amabwiriza yose ajyanye n’uko bagaragaza<br />

umutungo muri ubwo buryo. Muri ayo mabwiriza<br />

harimo aya akurikira:<br />

• umuyoboro ukwereka aho ufungurira<br />

aderesi yawe;<br />

• gufungura muri aderesi email yawe<br />

usanganywe maze ugasoma amabwiriza ya<br />

konti (Account) wahawe ari nayo uzajya<br />

ukoresha igihe umenyekanisha umutungo;<br />

• umuyoboro uguha aho wuzuza<br />

umwirondoro wawe;<br />

• umuyoboro uguha aho wuzuza imitungo<br />

yawe yo mu Rwanda ndetse niyo hanze;<br />

• umuyoboro ukwemerera gusa kwohereza<br />

inyandiko yawe imenyekanishamutungo<br />

iyo iherekejwe n’umukono wawe ushyirwa<br />

ahabugenewe;<br />

• urangije kuzuza inyandiko ye, asabwa<br />

gukanda ahabugenewe, bityo akaba<br />

ayoherereje Urwego rw’Umuvunyi. Ahita<br />

abona igisubizo kimwemeza ko inyandiko<br />

y’imenyekanishamutungo ye yageze ku<br />

Rwego rw’Umuvunyi;<br />

• iyo umaze kwohereza inyandiko<br />

y’imenyekanishamutungo<br />

ku<br />

Rwego rw’Umuvunyi hakoreshejwe<br />

ikoranabuhanga, nta kintu na kimwe<br />

ushobora kongeraho cyangwa ngo ukureho.<br />

Icyo wemerewe ni ugusohora kopi (copy)<br />

y’ibyo wohereje.<br />

inyandiko y’imenyakanishamutungo iyo<br />

•<br />

igeze ku Rwego rw’Umuvunyi ibikwa<br />

mu buryo nta muntu n’umwe wagira icyo<br />

ayihinduraho.<br />

Gahunda yo kumenyekanisha umutungo<br />

hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho ni<br />

imwe mu ngamba Urwego rw’Umuvunyi<br />

rwafashe hagamijwe gutanga serivisi nziza<br />

yihuse no korohereza abarebwa n’icyo gikorwa.<br />

Abayobozi n’abandi bakozi ba Leta barebwa<br />

n’igikorwa cy’imenyekanishamutungo bakaba<br />

bararitswe kuzitabira amahugurwa yo gukoresha<br />

“online declaration <strong>of</strong> assets” kugira ngo<br />

imenyekanishamutungo rya 2011 rizagende neza.<br />

<br />

Telefoni itishyuzwa199

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!