05.05.2014 Views

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

Urwego rw’Umuvunyi<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

Inzego zitandukanye zikomeje<br />

gukangurirwa kugira uruhare mu rugamba<br />

rwo kurwanya akarengane na ruswa<br />

Nk’uko biteganywa n’ingingo ya 3,8° y’Itegeko<br />

n° 17/2005 ryo ku wa 18/08/2005 rihindura<br />

kandi ryuzuza itegeko Nº 25/2003 ryo ku<br />

wa 15/08/2003 rigena imiterere n’imikorere<br />

y’Urwego rw’Umuvunyi, imwe mu nshingano y’Urwego<br />

rw’Umuvunyi ni ugukangurira abaturage kwirinda ruswa<br />

n’ibyaha bifitanye isano na yo no guhugura abakozi<br />

b’inzego z’imirimo, ari mu bigo bya Leta no mu bigo<br />

n’imiryango bitagengwa na Leta. Ni muri urwo rwego<br />

mu kwezi kwa Nzeli Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye<br />

abanyamakuru kuva ku itariki ya 20 kugeza ku itariki<br />

ya 22 ndetse n’ Inama Nkuru y’igihugu y’abagore kuva<br />

ku itariki ya 29 kugeza tariki ya 30 ku ruhare rwabo<br />

mu gukumira, no kurwanya akarengane, ruswa n’ibyaha<br />

bifitanye isano na yo.<br />

Mu gufungura amahugurwa y’abanyamakuru , Umuvunyi<br />

Mukuru Tito Rutaremara yasabye abanyamakuru<br />

ubufatanye n’Urwego akuriye dore ko bafite inshingano<br />

zijya gusa, ni ukuvuga gukangurira abanyarwanda<br />

NZEYIMANA Nadège<br />

uburenganzira bwabo ndetse abanyamakuru bakaba<br />

bafite inshingano yo gutungira agatoki Urwego<br />

rw’Umuvunyi aho ruswa n’akarengane biri. Yasabye<br />

abanyamakuru gushyira ahagaragara akarengane mu<br />

bitangazamakuru bakorera, yakomeje abwira abitabiriye<br />

amahugurwa ko ibyo byose bizagerwaho ari uko<br />

abanyamakuru nabo bagaragaje ubunyangamugayo<br />

ndetse bakamenya ko umuturage ari we shingiro rya<br />

byose, ibikorwa byose bikaba bigomba kuba mu nyungu<br />

ze no kumuha agaciro.<br />

Abanyamakuru bitabiriye ayo mahugurwa bahuguwe<br />

kuri byinshi harimo inshingano z’Urwego rw’Umuvunyi<br />

,uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira, kurwanya<br />

akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo,<br />

ubufatanye Urwego rw’Umuvunyi rukwiye kugirana<br />

n’Itangazamakuru, uruhare rw’imenyekanishamutungo<br />

mu majyambere y’igihugu,n’ibindi. Mu kiganiro Bwana<br />

Yussuf Nsengiyumva ,umuyobozi w’ishami ryo gukumira<br />

no kurwanya akarengane yagejeje ku banyamakuru<br />

bitabiriye amahugurwa yababwiye<br />

ko bakwiye gukorana n’Urwego<br />

rw’Umuvunyi mu buryo bwo<br />

guhererekanya amakuru ; Urwego<br />

rw’Umuvunyi rukabagezaho<br />

amakuru yavuye mu iperereza riba<br />

ryakozwe ndetse no muri raporo,<br />

abanyamakuru nabo bakereka<br />

Urwego rw’Umuvunyi ahakekwa<br />

ruswa kugira ngo hakorerwe<br />

iperereza ryimbitse. Yakomeje<br />

ababwira ko abanyamakuru<br />

bakwiye kwirinda kwandika inkuru<br />

zishingiye ku bihuha.<br />

8<br />

Umuvunyi Mukuru asubiza ibibazo by’abanyamukuru nyuma<br />

y’amahugurwa<br />

Spécial -Ukuboza <strong>2010</strong><br />

Abitabiriye aya mahugurwa<br />

biyemeje kuba ijisho ry’Urwego<br />

rw’Umuvunyi baharanira<br />

kurwanya no gukumira<br />

akarengane kose hakoreshejwe<br />

ibitangazamakuru bakorera, kuba<br />

intangarugero mu myitwarire<br />

bamaganira kure akarengane na<br />

ruswa ngo kuko ntawe utanga icyo<br />

adafite. Biyemeje guhanahana<br />

amakuru n’Urwego rw’Umuvunyi.<br />

Abanyamakuru basabye Urwego<br />

Telefoni itishyuzwa199

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!