umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special 2010 - Office of the Ombudsman
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
Urwego rw’Umuvunyi<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
Inzego zitandukanye zikomeje<br />
gukangurirwa kugira uruhare mu rugamba<br />
rwo kurwanya akarengane na ruswa<br />
Nk’uko biteganywa n’ingingo ya 3,8° y’Itegeko<br />
n° 17/2005 ryo ku wa 18/08/2005 rihindura<br />
kandi ryuzuza itegeko Nº 25/2003 ryo ku<br />
wa 15/08/2003 rigena imiterere n’imikorere<br />
y’Urwego rw’Umuvunyi, imwe mu nshingano y’Urwego<br />
rw’Umuvunyi ni ugukangurira abaturage kwirinda ruswa<br />
n’ibyaha bifitanye isano na yo no guhugura abakozi<br />
b’inzego z’imirimo, ari mu bigo bya Leta no mu bigo<br />
n’imiryango bitagengwa na Leta. Ni muri urwo rwego<br />
mu kwezi kwa Nzeli Urwego rw’Umuvunyi rwahuguye<br />
abanyamakuru kuva ku itariki ya 20 kugeza ku itariki<br />
ya 22 ndetse n’ Inama Nkuru y’igihugu y’abagore kuva<br />
ku itariki ya 29 kugeza tariki ya 30 ku ruhare rwabo<br />
mu gukumira, no kurwanya akarengane, ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo.<br />
Mu gufungura amahugurwa y’abanyamakuru , Umuvunyi<br />
Mukuru Tito Rutaremara yasabye abanyamakuru<br />
ubufatanye n’Urwego akuriye dore ko bafite inshingano<br />
zijya gusa, ni ukuvuga gukangurira abanyarwanda<br />
NZEYIMANA Nadège<br />
uburenganzira bwabo ndetse abanyamakuru bakaba<br />
bafite inshingano yo gutungira agatoki Urwego<br />
rw’Umuvunyi aho ruswa n’akarengane biri. Yasabye<br />
abanyamakuru gushyira ahagaragara akarengane mu<br />
bitangazamakuru bakorera, yakomeje abwira abitabiriye<br />
amahugurwa ko ibyo byose bizagerwaho ari uko<br />
abanyamakuru nabo bagaragaje ubunyangamugayo<br />
ndetse bakamenya ko umuturage ari we shingiro rya<br />
byose, ibikorwa byose bikaba bigomba kuba mu nyungu<br />
ze no kumuha agaciro.<br />
Abanyamakuru bitabiriye ayo mahugurwa bahuguwe<br />
kuri byinshi harimo inshingano z’Urwego rw’Umuvunyi<br />
,uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira, kurwanya<br />
akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo,<br />
ubufatanye Urwego rw’Umuvunyi rukwiye kugirana<br />
n’Itangazamakuru, uruhare rw’imenyekanishamutungo<br />
mu majyambere y’igihugu,n’ibindi. Mu kiganiro Bwana<br />
Yussuf Nsengiyumva ,umuyobozi w’ishami ryo gukumira<br />
no kurwanya akarengane yagejeje ku banyamakuru<br />
bitabiriye amahugurwa yababwiye<br />
ko bakwiye gukorana n’Urwego<br />
rw’Umuvunyi mu buryo bwo<br />
guhererekanya amakuru ; Urwego<br />
rw’Umuvunyi rukabagezaho<br />
amakuru yavuye mu iperereza riba<br />
ryakozwe ndetse no muri raporo,<br />
abanyamakuru nabo bakereka<br />
Urwego rw’Umuvunyi ahakekwa<br />
ruswa kugira ngo hakorerwe<br />
iperereza ryimbitse. Yakomeje<br />
ababwira ko abanyamakuru<br />
bakwiye kwirinda kwandika inkuru<br />
zishingiye ku bihuha.<br />
8<br />
Umuvunyi Mukuru asubiza ibibazo by’abanyamukuru nyuma<br />
y’amahugurwa<br />
Spécial -Ukuboza <strong>2010</strong><br />
Abitabiriye aya mahugurwa<br />
biyemeje kuba ijisho ry’Urwego<br />
rw’Umuvunyi baharanira<br />
kurwanya no gukumira<br />
akarengane kose hakoreshejwe<br />
ibitangazamakuru bakorera, kuba<br />
intangarugero mu myitwarire<br />
bamaganira kure akarengane na<br />
ruswa ngo kuko ntawe utanga icyo<br />
adafite. Biyemeje guhanahana<br />
amakuru n’Urwego rw’Umuvunyi.<br />
Abanyamakuru basabye Urwego<br />
Telefoni itishyuzwa199