30.01.2013 Views

n° 399 du 15

n° 399 du 15

n° 399 du 15

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

Deogratius (abantu benshi<br />

bakunda kumwita Deo)<br />

Mushayidi, yabuze abe muri<br />

jenoside yabaye mu Rwanda mu<br />

1994, ariko ubu uburyo afunzwemo<br />

ni nk’ubwo abamwiciye bafunzwemo,<br />

niba yaragize Imana bagafatwa,<br />

bagakatirwa.Deo Mushayidi, kugeza<br />

ubwo twajyaga mu icapiro, yari<br />

afungiye kuri sitasiyo ya Polisi<br />

ya Kicukiro, ariko ari mu kato-<br />

ntiyemerewe kugira uwo bavugana,<br />

kugeza ku munyamategeko<br />

umwunganira imbere y’ubutabera.<br />

Kugeza uyu munsi, niba ntacyahin<strong>du</strong>tse<br />

ubwo twari mu icapiro, Mushayidi<br />

amaze iminsi 10 mu maboko y’inzego<br />

z’umutekano mu Rwanda, zimushinja<br />

kuba afite uruhare mu bikorwa byo<br />

guhungabanya umutekano mu Rwanda.<br />

Yazanywe mu Rwanda kuwa 05<br />

Werurwe 2010.Mu gihe mbere inzego<br />

z’umutekano z’u Rwanda, zirinze<br />

gutangaza aho afungiye, nyuma, Supt.<br />

Erick Kayiranga yaje gutangariza<br />

umwe mu miryango mpuzamahanga<br />

iharanira uburenganzira bwa muntu,<br />

ko afungiwe kuri brigade ya Kicukiro.<br />

Nubwo, nkuko Umuseso ubikesha<br />

itangazo rya Amnesty International,<br />

Polisi y’u Rwanda yatangarije uwo<br />

muryango kuwa 09 Werurwe 2010, ko<br />

Mushayidi afite uburenganzira bwo<br />

kubonana na Avoka we, akanasurwa,<br />

UMUSESO<br />

No <strong>399</strong>, <strong>15</strong> -22 Werurwe 2010<br />

Urup. 5<br />

AMAKURU<br />

Deo Mushayidi yaragambaniwe?<br />

Urukiko rwisumbuye rwa<br />

Nyarugenge mu Mujyi<br />

wa Kigali, rwavuze ko<br />

ubujurire bw’Abanyamakuru<br />

b’Umuseso Didas Gasana na<br />

Kabonero Charles nta shingiro<br />

bufite- kimwe n’Ubujurire<br />

bw’Umunyemari Rujugiro. Urwo<br />

rukiko rwemeje ko batsinzwe, ko<br />

urubanza rwaciwe mu rwego rwa<br />

mbere rugumana agaciro. Bari<br />

bakatiwe igihano cy’umwaka<br />

gisubitswe mu gihe cy’imyaka<br />

ibiri na miliyoni imwe y’indishyi<br />

z’akababaro.Urwo rukiko, rwanze<br />

impamvu zose abo banyamakuru<br />

bashingiyeho barujuririra. Nko<br />

kuba batarahawe uburenganzira<br />

bwo kunganirwa. Kuri iyi<br />

mpamvu, urukiko rwavuze ko<br />

inshuro nyinshi abo banyamakuru<br />

bagiye basubikisha urubanza<br />

mu rw’ibanze, bitwaje kubura<br />

ubunganira. Nyuma urukiko<br />

rusanga rutahora muri ibyo.Ku<br />

mpamvu y’uko ubushinjacyaha<br />

bwaruvuyemo, urukiko rwa<br />

►Mushayidi mu kato nka ba ruharwa bakoze jenoside<br />

ikinyamakuru Umuseso cyagiye<br />

kuri iyo sitasiyo inshuro ebyiri zose,<br />

ariko umugenzacyaha mukuru w’iyo<br />

sitasiyo (District Judicial Police<br />

Officer), uzwi ku izina rya Richard<br />

(ntitwashoboye kumenya irindi),<br />

atubwira ko nta muntu n’umwe<br />

yemerewe kubonana nawe.Ku nshuro<br />

ya mbere kandi, twasanze Avoka<br />

we, Maitre Mutembe, yabujijwe<br />

uburenganzira bwo kubonana nawe.<br />

Sii byo gusa, Mutembe yabwiwe<br />

ko nta Mushayidi ufungiye kuri iyo<br />

sitasiyo.Umushinjacyaha mukuru,<br />

Martin Ngoga, akaba yaratangaje<br />

nyuma y’ifatwa rye ko Mushayidi<br />

ari umwe mu gatsiko gashishikajwe<br />

no guhungabanya umutekano mu<br />

Rwanda, kari inyuma y’ama grenade<br />

yaturikiye mu mujyi wa Kigali,<br />

mu minsi ishize, kimwe na Gen.<br />

Kayumba Nyamwasa na Col. Patrick<br />

Karegeya. Mushayidi Deo, akaba<br />

ari Perezida w’ishyaka ritavuga<br />

rumwe n’ubutegetsi bwa Kigali,<br />

ryitwa Pact for People’s Defence<br />

(PDP), yashingiye mu gihugu cy’u<br />

Bubiligi. Mushayidi, wabaye Perezida<br />

w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru<br />

mu Rwanda kuva mu mwaka wa 1996<br />

kugeza 2000, yaje guhunga igihugu,<br />

aho atahwemye kunenga Leta ya<br />

FPR. Twibutse ko ubwo twajyaga mu<br />

icapiro, Mushayidi yari amaze iminsi<br />

6 mu buroko, mu gihe amategeko u<br />

Rwanda rugenderaho ateganya ko<br />

umuntu ukekwaho icyaha amara muri<br />

polisi iminsi itatu gusa, agashyikirizwa<br />

Parike. Kuri Mushayidi ariko, siko<br />

byagenze. Igihugu kitagendera ku<br />

mategeko Mushayidi yavugaga atari<br />

yafatwa, arakibonye.<br />

Icyo Polisi y’u Burundi ivuga.<br />

Kugeza ubwo twajyaga mu icapiro,<br />

ifatwa rye ntiryavugwagaho<br />

rumwe. Ngoga yatangaje ko<br />

inzego z’umutekano z’i Burundi<br />

ari zo zamufatiye mu Burundi,<br />

zikamwohereza mu Rwanda, ariko<br />

amakuru aturuka mu Burundi,<br />

yemeza ko yabanje gufatirwa muri<br />

Tanzania, we na mugenzi umwe, ariko<br />

mugenzi we akoherezwa mu Rwanda<br />

(deportation). Umukuru wa Polisi<br />

y’u Burundi, yatangarije uhagarariye<br />

Human Rights Watch mu Burundi, ko<br />

Mushayidi yafatiwe muri Tanzania,<br />

we na mugenzi we, ariko kubera<br />

ko Mushayidi yari afite impapuro<br />

z’urugendo z’u Burundi, Polisi ya<br />

Tanzania yiyemeje kumusubiza i<br />

Burundi. Umukuru wa Polisi y’u<br />

Burundi yakomeje avuga ko bombi<br />

bafatiwe kugira inyandiko z’ingendo<br />

mpimbano, ariko ntiyamenye izina<br />

ry’uwo bafatanywe.‘Sources’ zacu<br />

muri Tanzania nabo ntibashoboye<br />

kutumenyera izina ry’uwo bari<br />

kumwe, bafatwa. Twanahamagaye<br />

na Komiseri mukuru wa Polisi ya<br />

Tanzania kumubaza ukuri kuri aya<br />

makuru, telephone ye iratunanira.<br />

Nyuma yo kumara iminsi ibiri<br />

muri kasho mu Burundi, kuwa 05<br />

Werurwe 2010, Komiseri wa Polisi<br />

mu Burundi, ari kumwe n’umwe<br />

mu bashizwe iperereza mu Burundi<br />

ndetse n’umujyanama wa mbere muri<br />

Ambassade y’u Rwanda mu Burundi,<br />

bamupakiye imodoka, kugera ku<br />

mupaka, bamuha inzego z’iperereza<br />

z’u Rwanda.<br />

Yaragambaniwe?<br />

Ha ri ariko<br />

abatemeranya n’iyi<br />

version ya polisi y’u<br />

Burundi. Andi makuru ariko agera<br />

ku kinyamakuru Umuseso yemeza ko<br />

Mushyayidi yashutswe na bamwe muri<br />

bagenzi be, kujya i Burundi, gusura no<br />

kuganira n’abanyamuryango ba PDP<br />

bari i Burundi, ariko mu by’ukuri ari<br />

umutego yatezwe na bagenzi be mu<br />

ishyaka, ariko baratumwe na serivise<br />

z’iperereza mu Rwanda. Ageze ku<br />

mupaka w’u Burundi, nkuko aya<br />

makuru akomeza abivuga, yaguye<br />

muri ambush yatezwe n’inzego<br />

z’iperereza ryo hanze z’u Rwanda,<br />

ziri kumwe na polisi y’u Burundi.<br />

Ubwo hari kuwa 03 Werurwe 2010,<br />

zahise zimuzana mu Rwanda, nyuma<br />

y’amasaha 48.<br />

Didas M. Gasana<br />

Sikandali: Urukiko rwanze ubujurire bw’Umuseso<br />

Ntabyumva: Charles Kabonero<br />

(Photo/ Archive)<br />

mbere rukabakatira rushingiye<br />

ku kirego bwari bwatanze,<br />

Urukiko rwavuze ko kuva mu<br />

rubanza kw’ubushinjacyaha<br />

bitarubuza kurukomeza, kubera<br />

ko bwavuyemo nyamara<br />

bwarashyikirije ikirego urukiko.<br />

Izindi mpamvu abo banyamakuru<br />

bari batanze nko kuba barahanwe<br />

kubera ko batashyikirije<br />

urukiko ibimenyetso mu gihe<br />

mu bujurire bari babifite,<br />

Afunzwe nkuko abamwiciye<br />

abe bafunzwe: Mushayidi (Photo/<br />

Archive)<br />

Akabi gasekwa........: Didas<br />

Gasana (Photo/ Archive)<br />

ntacyo urukiko rwayivuzeho.<br />

Ku bujurire bw’umunyemari<br />

R u j u g i r o w a s a b a g a k o<br />

ibirego by’ubushinjacyaha<br />

byatan<strong>du</strong>kanywa n’icy’indishyi,<br />

yitwaje ko nta bimenyetso no<br />

kuba atarishimiye imikirize<br />

y’urubanza rwa mbere, urukiko<br />

rwavuze ko nta shingiro nabyo<br />

bifite. Mu bujurire, urukiko<br />

rwemeje ko igihano cy’umwaka<br />

gisubitswe mu gihe cy’imyaka<br />

Nawe nta shingiro: Rujugiro<br />

Ayabatwa(Photo/ Archive)<br />

ibiri n’indishyi ya miliyoni,<br />

abo banyamakuru bakatiwe mu<br />

kwezi kwa Gashyantare mu<br />

mwaka wa 2008, kigumana<br />

agaciro.Hakurikijwe amategeko<br />

y’u Rwanda, mu gihe abo<br />

banyamakuru bakatiwe igihano<br />

kiri munsi y’imyaka 10, nta rundi<br />

rukiko bashobora kujuririra.<br />

Ikinyamakuru Umuseso numero<br />

283, nicyo cyari cyatumye<br />

umunyemari Rujugiro arega<br />

abo banyamakuru b’Umuseso.<br />

Mu nkuru bari bamwanditseho<br />

“Umunyemari Rujugiro yatorotse<br />

ubutabera nyuma yo gufungwa,<br />

akurikiranyweho ibyaha 57”.<br />

Nyamara, nyuma y’iyi nkuru, mu<br />

mwaka wa 2008, umunyemari<br />

Rujugiro yatawe muri yombi i<br />

Londre mu Bwongereza bisabwe<br />

n’ubutabera bw’Afurika y’epfo.<br />

Aba banyamakuru Gasana<br />

na Kabonero, mu kwezi kwa<br />

Gashyantare mu mwaka wa<br />

2010, kimwe na mugenzi<br />

wabo Richard Kayigamba,<br />

mu rwego rwa mbere, bari<br />

bakatiwe igifungo cy’umwaka<br />

kuri Kabonero n’amezi 6 kuri<br />

Gasana na Kayigamba. Ni mu<br />

rubanza rushya rubahanganishije<br />

na Minisitiri Musoni Protais. Uru<br />

rubanza cyakora, batubwiye ko<br />

bitegura kurujuririra.<br />

Ijwi ry’Amerika

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!