30.01.2013 Views

n° 399 du 15

n° 399 du 15

n° 399 du 15

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

Ubukungu bw’u Rwanda bwaratikiye<br />

muri 2009 bugera kuri 5.5% buvuye<br />

kuri 11.2% mu mwaka wa 2008.<br />

Ibyo byatewe no kuba mu mwaka<br />

wa 2008 urangira hari ikibazo<br />

cy’ihungabana ry’ubukungu bw’isi<br />

ariko na none u Rwanda rwaje guhura<br />

n’ikibazo cy’ibura ry’amafaranga<br />

mu ma mabanki mu mwaka wa 2009<br />

utangira.<br />

Iryo bura ry’amafaranga muri<br />

za banki zo mu Rwanda ariko,<br />

niryo ryateye ikibazo gikomeye<br />

cy’imanuka ry’ubukungu kuko<br />

inguzanyo zabaye ikibazo kugeza<br />

aho imishinga minini nk’ubwubatsi<br />

busa naho buhagaze. Iryo bura<br />

ry’ifaranga kandi ryatumye habaho<br />

izamuka ry’inyungu abanatu babitse<br />

muri za banki kuko amabanki<br />

yatangaga inyungu iri hejuru ya <strong>15</strong>%<br />

ku mafaranga abitswa igihe kirekire.<br />

Aho rero hari intambara y’amabanki<br />

ashaskisha amafaranga kugira ngo<br />

abashe gukomeza gukora. Amwe<br />

yari agiye kugwa mu gihombo iyo<br />

Leta itabibona vuba ngo ishyireho<br />

ingamba zo kuyaha amafaranga<br />

maze akajya yishyura inyungu<br />

ntoya.<br />

Nubwo Guverineri wa Banki nkuru<br />

y’u Rwanda Bwana Kanimba<br />

Françios hamwe na Minisitiri<br />

w’Imari n’igenamigambi John<br />

Rwangombwa bavuga ko iyi mibare<br />

y’ubukungu bw’umwaka ushize<br />

izahin<strong>du</strong>ka, ngo ntabwo biteze<br />

impin<strong>du</strong>ka nini.<br />

Ibyo barabiterwa nuko igihembwe<br />

cya nyuma cy’umwaka wa 2009,<br />

kikiri kwigaho kandi imibare<br />

izavamo ikazajya ahagaragara vuba.<br />

Ni ubwa mbere mu myaka itanu<br />

ishize, ubukungu bw’u Rwanda<br />

buguye kugera kuri kimwe cya<br />

kabiri gisaga kuko mu mwaka wa<br />

2007 bwari bwazamutseho 8% buza<br />

kugera kuri 11.2% mu wa 2008 none<br />

buramanutse!<br />

Uretse ko umwaka wa 2010 ngo<br />

UMUSESO No <strong>399</strong>, <strong>15</strong> -22 Werurwe 2010<br />

Urup. 7<br />

UBUKUNGU<br />

Ubukungu bwakubise amavi hasi<br />

buzakura kugera ku gipimo kiri hagati<br />

ya 7 n’umunani ku ijana(7-8%, ), u<br />

Rwanda ruzakomeza kubeshwaho<br />

n’abaterankunga batanga hafi kimwe<br />

cya kabiri cy’ingengo y’imari<br />

yarwo.<br />

Nubwo Kagame ahora avuga ko<br />

u Rwanda rwigenga, kandi ngo<br />

rudasabiriza, arebye iyo mibare<br />

byamutera isoni bikaba ngombwa<br />

ngo yigarura maze akavuga ko<br />

u Rwanda ari igihugu gitunzwe<br />

n’imisoro y’abazungu hamwe<br />

n’abandi bantu ariko bo mu bihugu<br />

byateye imbere.<br />

Kuba rero ubukungu bw’u Rwanda<br />

bwaraguye cyane muri 2009, ntabwo<br />

bikanganye kuko naho u Rwanda<br />

rwarihanganye kubera ibiza bibiri<br />

rwahuye nabyo.<br />

Icya mbere ni icyiza cyo kuba<br />

ibyo rwohereza hanze nk’ikawa,<br />

amabuye y’agaciro hamwe n’utundi<br />

<strong>du</strong>curuzwa <strong>du</strong>ke, byarataye agaciro<br />

bityo amadevise abikomokaho<br />

akagabanuka. Guta agaciro bivuga<br />

ko byabonye abaguzi bake kandi<br />

nabo bakagura ku giciro gito ku cyo<br />

u Rwanda rwateganyaga.<br />

Ibyo byatewe nuko mu bihugu bigura<br />

utwo tuntu tw’u Rwanda byari bifite<br />

ikibazo cy’ubukungu bwabyo bwari<br />

bumaze kugwa, maze abakozi ari<br />

nabo baguzi bakabura imirimo maze<br />

bagahagarika kugura.<br />

Ikindi, ni uko abatarahagaritswe<br />

ku kazi bagize impungenge bityo<br />

bakifata kugira ngo barebe aho<br />

bigana maze bazagure ibintu<br />

byagenze neza. Aho harimo amayeri<br />

kuko ntibari bazi uko ubukungu<br />

buzahagarara bityo bati reka<br />

twizigamire wenda bizaba bibi<br />

inzara ntizatwice.<br />

Ikindi kintu cyatumye ubukungu<br />

bw’u Rwanda buzamukaho gato,<br />

ni igwa ry’ubukerarugendo kuko<br />

abasura u Rwanda bagabanutseho 9%<br />

bagera ku 689,952 muri 2009 bavuye<br />

ku 765,000 muri 2008.<br />

Bwavuye kuri 11.2% bugera kuri 5.5%<br />

Inganda, Ubwubatsi, Ikawa hamwe n’amabuye<br />

y’agaciro ibyo byaratikiye<br />

Ntabyumva: Guverineri Francois Kanimba (Photo/ Archive)<br />

Ibyo byatumye n’amafaranga aturuka<br />

ku bukerarugendo nayo agabanukaho<br />

6% ava kuri miliyoni 186 z’amadorali<br />

y’Amerika muri 2008 agera kuri<br />

miliyoni 174 muri 2009.<br />

Ibi bivuga ko u Rwanda rwananiwe<br />

kugera ku ntego y’abakerarugendo<br />

760,000 hamwe n’amadolari<br />

y’Amerika miliyoni 190 rwashakaga<br />

muri 2009.<br />

Iyi ikaba ari inshuro ya mbere aho<br />

ubukerarugendo bw’u Rwanda<br />

bushegeshwe aka kageni mu myaka<br />

icumi ishize. Bityo kandi, ni ingaruka<br />

mbi ku bukungu bw’igihugu kuko<br />

ubukerarugendo ni ubwa mbere mu<br />

kwinjiriza igihugu amadevize.<br />

Muri rusange ibyoherezwa mu<br />

mahanga bikomoka mu Rwanda<br />

byaguye inshuro zirenga 140 ku<br />

ijana biva kuri 29.3% yabonetse<br />

muri 2008, bigera kuri 11.9% muri<br />

2009. Iyo urebye ibyinjiye mu<br />

gihugu, ukabigereranya n’ibyo u<br />

Rwanda rwagurishije hanze, usanga<br />

icyuho kigera hafi 20% bivuga<br />

ko u Rwanda ruhaha kurusha uko<br />

rucuruza hanze.<br />

Ibi rero bikwiye gutera<br />

Rwangombwa ubwoba kuko kuba<br />

u Rwanda rukoresha ifaranga<br />

ryarwo kugura ifaranga ryo hanze<br />

kandi rihenze, bitera ikibazo mu<br />

bukungu bw’imbere aho ifaranga<br />

rishobora guta agaciro. Ikindi ni<br />

uko bituma abacuruzi barangura<br />

bahenzwe bityo nabo bagacuruza<br />

bahenze kugirango babone inyungu.<br />

Aho urabyumva ko abaguzi<br />

aribo bahura n’ingorane z’ibiciro<br />

bihanitse. U Rwanda na none kuba<br />

ruri mu miryango y’ubuhahirane<br />

nka COMESA, uw’ubruasirazuba<br />

bw’Afurika(EAC) hamwe n’indi,<br />

ntabwo rukwiye kuba rutunzwe<br />

n’ibindi bihugu biri muri iyo<br />

miryango.<br />

Imibare itangwa na Banki nkuru y’u<br />

Rwanda, igaragaza ko u Rwanda<br />

rwagize icyuho mu bucuruzi<br />

n’ibihugu ruturanye narwo nka<br />

Uganda, Kenya hamwe n’ibindi kuko<br />

ibyo rwaguraga muri ibyo bihugu<br />

byaruruse ibyo rwoherezagayo.<br />

Ibyo rero bikwiye ibisobanuro kuko<br />

wasangaga u Rwanda rwaraguraga<br />

ibiribwa kandi wareba ugasanga<br />

ubuhinzi bworozi bwarakoze neza<br />

mu mwaka wa 2009 bitewe n’imyaka<br />

yeze neza. Iyo myaka yatumye<br />

ubuhinzi n’ubworozi buzamuka<br />

buva ku 8.7% muri 2008 bugera ku<br />

10.4% muri 2009. Ibijyanye n’ibyo<br />

kurya byarazamutse bigera kuri<br />

12.6% bivuye ku 9% kubera ikirere<br />

cyabaye cyiza.<br />

Mu bindi byatumye ubukungu<br />

buhungabana, harimo igabanuka rya<br />

segiteri ya serivise kuko yavuye ku<br />

11.5% muri 2008 igera kuri 4.3%<br />

muri 2009 bivuga ko yahanantutse<br />

cyane.<br />

Iyo segiteri niyo ibamo amabanki,<br />

akazi kandi kose ko mu biro,<br />

itumanaho hamwe n’ubwishingizi.<br />

Ibijyanye n’ubucuruzi rusange<br />

harebwa kuranguza no kudandaza<br />

byaragabanutse cyane bigera kuri<br />

2.1% bivuye kuri 12% muri 2008.<br />

Iki ni ikimenyetso gikomeye ko u<br />

Rwanda rutigeze rugira amafaranga<br />

menshi mu banyarwanda baguraga<br />

ibijyanye n’imyambaro, inkweto<br />

hamwe n’ibindi bicuruzwa byose<br />

bidandazwa. Aho rero wahita<br />

wumva ko rya bura ry’amafaranga<br />

mu mabanki hamwe no mu mifuka<br />

y’abantu ari yo ntandaro ya byose.<br />

Ibijyanye na transport, hamwe<br />

n’itumanaho muri rusange nabyo<br />

byaraguye kuko byavuye kuri 21.1%<br />

bigera ku 10% muri 2009. Ibijyanye<br />

n’amacumbi nabyo byaraguye cyane<br />

biva kuri 16% bigera kuri 3.9% muri<br />

2009.<br />

Mu nganda n’ubundi zisanzwe<br />

ari ntazo, igwa ryarahageze maze<br />

rishinga umugani kuko ibikorwa<br />

byazo byamanutse kuri 16.3% muri<br />

2008 bigera kuri 1.1% muri 2009.<br />

Ubwubatsi bwavuye kuri 28.2%<br />

bwariho muri 2008 bugera kuri 1.2%<br />

muri 2009. Ibi rero by’inganda<br />

hamwe n’ubwubatsi bifite ingaruka<br />

nini ku bantu babikoramo kuko<br />

usanga bifite ba nyakabyizi benshi.<br />

Iyo rero biguye bivuga ngo nta kazi<br />

kaba karimo bityo ibyo bihumbi<br />

by’abanyarwanda bigahita bigwa<br />

mu bukene.<br />

Nubwo Rwangombwa yabwiye<br />

abanyamakuru ngo nta mibare<br />

ihari igaragaza ko abo bantu baba<br />

baragizweho ingaruka n’iryo gwa<br />

ry’inganda, ubwubatsi n’ubucukuzi<br />

bw’amabuye y’agaciro, ariko ku<br />

isi hose niko bimera iyo ikibazo<br />

kibaye muri izo segiteri, byanze<br />

bikunze abakozi ba nyakabyizi<br />

baraharenganira.<br />

Ariko rero nubwo u Rwanda rwahuye<br />

n’imanuka ry’ubukungu, rwagize<br />

amahirwe kuko ibijyanye n’ibiciro<br />

ku masoko hamwe n’imikorere<br />

y’ifaranga ry’u Rwanda byagenze<br />

neza. Ibiciro muri rurange hamwe<br />

n’itakara ry’agaciro ku ifaranga<br />

byaragabanutse biva kuri 22.3%<br />

muri 2008 bigera kuri 5.7% muri<br />

2009. Ibi ni byiza ku bukungu bw’u<br />

Rwanda kuko ifaranga riramutse<br />

ritaye agaciro hamwe n’ibiciro<br />

bikiyongera cyane ku masoko,<br />

ubwo wasanga byabaye nk’ibyo<br />

muri Zimbabwe aho wajya kugura<br />

ikibiriti ukitwaza ingorofani yuzuye<br />

amafaranga.<br />

Muri rusange, ubukungu bw’u<br />

Rwanda bwaradindiye muri 2009<br />

kuko n’inguzanyo z’amabanki aha<br />

abacuruzi zaragabanutse cyane. Ubu<br />

ariko ngo hari icyizere ko zakongera<br />

kuzamuka nk’uko Kanimba abivuga.<br />

Kanimba we asanga umwaka wa<br />

2010 uzaba umwaka mwiza ku<br />

bukunngu bw’u Rwanda kuko ngo<br />

no mu mahanga ubukungu bw’isi<br />

buzazamukaho akantu gato.<br />

Ingabire Lydia.<br />

Ingabire.lydia@gmail.com

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!