You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
Ubukungu bw’u Rwanda bwaratikiye<br />
muri 2009 bugera kuri 5.5% buvuye<br />
kuri 11.2% mu mwaka wa 2008.<br />
Ibyo byatewe no kuba mu mwaka<br />
wa 2008 urangira hari ikibazo<br />
cy’ihungabana ry’ubukungu bw’isi<br />
ariko na none u Rwanda rwaje guhura<br />
n’ikibazo cy’ibura ry’amafaranga<br />
mu ma mabanki mu mwaka wa 2009<br />
utangira.<br />
Iryo bura ry’amafaranga muri<br />
za banki zo mu Rwanda ariko,<br />
niryo ryateye ikibazo gikomeye<br />
cy’imanuka ry’ubukungu kuko<br />
inguzanyo zabaye ikibazo kugeza<br />
aho imishinga minini nk’ubwubatsi<br />
busa naho buhagaze. Iryo bura<br />
ry’ifaranga kandi ryatumye habaho<br />
izamuka ry’inyungu abanatu babitse<br />
muri za banki kuko amabanki<br />
yatangaga inyungu iri hejuru ya <strong>15</strong>%<br />
ku mafaranga abitswa igihe kirekire.<br />
Aho rero hari intambara y’amabanki<br />
ashaskisha amafaranga kugira ngo<br />
abashe gukomeza gukora. Amwe<br />
yari agiye kugwa mu gihombo iyo<br />
Leta itabibona vuba ngo ishyireho<br />
ingamba zo kuyaha amafaranga<br />
maze akajya yishyura inyungu<br />
ntoya.<br />
Nubwo Guverineri wa Banki nkuru<br />
y’u Rwanda Bwana Kanimba<br />
Françios hamwe na Minisitiri<br />
w’Imari n’igenamigambi John<br />
Rwangombwa bavuga ko iyi mibare<br />
y’ubukungu bw’umwaka ushize<br />
izahin<strong>du</strong>ka, ngo ntabwo biteze<br />
impin<strong>du</strong>ka nini.<br />
Ibyo barabiterwa nuko igihembwe<br />
cya nyuma cy’umwaka wa 2009,<br />
kikiri kwigaho kandi imibare<br />
izavamo ikazajya ahagaragara vuba.<br />
Ni ubwa mbere mu myaka itanu<br />
ishize, ubukungu bw’u Rwanda<br />
buguye kugera kuri kimwe cya<br />
kabiri gisaga kuko mu mwaka wa<br />
2007 bwari bwazamutseho 8% buza<br />
kugera kuri 11.2% mu wa 2008 none<br />
buramanutse!<br />
Uretse ko umwaka wa 2010 ngo<br />
UMUSESO No <strong>399</strong>, <strong>15</strong> -22 Werurwe 2010<br />
Urup. 7<br />
UBUKUNGU<br />
Ubukungu bwakubise amavi hasi<br />
buzakura kugera ku gipimo kiri hagati<br />
ya 7 n’umunani ku ijana(7-8%, ), u<br />
Rwanda ruzakomeza kubeshwaho<br />
n’abaterankunga batanga hafi kimwe<br />
cya kabiri cy’ingengo y’imari<br />
yarwo.<br />
Nubwo Kagame ahora avuga ko<br />
u Rwanda rwigenga, kandi ngo<br />
rudasabiriza, arebye iyo mibare<br />
byamutera isoni bikaba ngombwa<br />
ngo yigarura maze akavuga ko<br />
u Rwanda ari igihugu gitunzwe<br />
n’imisoro y’abazungu hamwe<br />
n’abandi bantu ariko bo mu bihugu<br />
byateye imbere.<br />
Kuba rero ubukungu bw’u Rwanda<br />
bwaraguye cyane muri 2009, ntabwo<br />
bikanganye kuko naho u Rwanda<br />
rwarihanganye kubera ibiza bibiri<br />
rwahuye nabyo.<br />
Icya mbere ni icyiza cyo kuba<br />
ibyo rwohereza hanze nk’ikawa,<br />
amabuye y’agaciro hamwe n’utundi<br />
<strong>du</strong>curuzwa <strong>du</strong>ke, byarataye agaciro<br />
bityo amadevise abikomokaho<br />
akagabanuka. Guta agaciro bivuga<br />
ko byabonye abaguzi bake kandi<br />
nabo bakagura ku giciro gito ku cyo<br />
u Rwanda rwateganyaga.<br />
Ibyo byatewe nuko mu bihugu bigura<br />
utwo tuntu tw’u Rwanda byari bifite<br />
ikibazo cy’ubukungu bwabyo bwari<br />
bumaze kugwa, maze abakozi ari<br />
nabo baguzi bakabura imirimo maze<br />
bagahagarika kugura.<br />
Ikindi, ni uko abatarahagaritswe<br />
ku kazi bagize impungenge bityo<br />
bakifata kugira ngo barebe aho<br />
bigana maze bazagure ibintu<br />
byagenze neza. Aho harimo amayeri<br />
kuko ntibari bazi uko ubukungu<br />
buzahagarara bityo bati reka<br />
twizigamire wenda bizaba bibi<br />
inzara ntizatwice.<br />
Ikindi kintu cyatumye ubukungu<br />
bw’u Rwanda buzamukaho gato,<br />
ni igwa ry’ubukerarugendo kuko<br />
abasura u Rwanda bagabanutseho 9%<br />
bagera ku 689,952 muri 2009 bavuye<br />
ku 765,000 muri 2008.<br />
Bwavuye kuri 11.2% bugera kuri 5.5%<br />
Inganda, Ubwubatsi, Ikawa hamwe n’amabuye<br />
y’agaciro ibyo byaratikiye<br />
Ntabyumva: Guverineri Francois Kanimba (Photo/ Archive)<br />
Ibyo byatumye n’amafaranga aturuka<br />
ku bukerarugendo nayo agabanukaho<br />
6% ava kuri miliyoni 186 z’amadorali<br />
y’Amerika muri 2008 agera kuri<br />
miliyoni 174 muri 2009.<br />
Ibi bivuga ko u Rwanda rwananiwe<br />
kugera ku ntego y’abakerarugendo<br />
760,000 hamwe n’amadolari<br />
y’Amerika miliyoni 190 rwashakaga<br />
muri 2009.<br />
Iyi ikaba ari inshuro ya mbere aho<br />
ubukerarugendo bw’u Rwanda<br />
bushegeshwe aka kageni mu myaka<br />
icumi ishize. Bityo kandi, ni ingaruka<br />
mbi ku bukungu bw’igihugu kuko<br />
ubukerarugendo ni ubwa mbere mu<br />
kwinjiriza igihugu amadevize.<br />
Muri rusange ibyoherezwa mu<br />
mahanga bikomoka mu Rwanda<br />
byaguye inshuro zirenga 140 ku<br />
ijana biva kuri 29.3% yabonetse<br />
muri 2008, bigera kuri 11.9% muri<br />
2009. Iyo urebye ibyinjiye mu<br />
gihugu, ukabigereranya n’ibyo u<br />
Rwanda rwagurishije hanze, usanga<br />
icyuho kigera hafi 20% bivuga<br />
ko u Rwanda ruhaha kurusha uko<br />
rucuruza hanze.<br />
Ibi rero bikwiye gutera<br />
Rwangombwa ubwoba kuko kuba<br />
u Rwanda rukoresha ifaranga<br />
ryarwo kugura ifaranga ryo hanze<br />
kandi rihenze, bitera ikibazo mu<br />
bukungu bw’imbere aho ifaranga<br />
rishobora guta agaciro. Ikindi ni<br />
uko bituma abacuruzi barangura<br />
bahenzwe bityo nabo bagacuruza<br />
bahenze kugirango babone inyungu.<br />
Aho urabyumva ko abaguzi<br />
aribo bahura n’ingorane z’ibiciro<br />
bihanitse. U Rwanda na none kuba<br />
ruri mu miryango y’ubuhahirane<br />
nka COMESA, uw’ubruasirazuba<br />
bw’Afurika(EAC) hamwe n’indi,<br />
ntabwo rukwiye kuba rutunzwe<br />
n’ibindi bihugu biri muri iyo<br />
miryango.<br />
Imibare itangwa na Banki nkuru y’u<br />
Rwanda, igaragaza ko u Rwanda<br />
rwagize icyuho mu bucuruzi<br />
n’ibihugu ruturanye narwo nka<br />
Uganda, Kenya hamwe n’ibindi kuko<br />
ibyo rwaguraga muri ibyo bihugu<br />
byaruruse ibyo rwoherezagayo.<br />
Ibyo rero bikwiye ibisobanuro kuko<br />
wasangaga u Rwanda rwaraguraga<br />
ibiribwa kandi wareba ugasanga<br />
ubuhinzi bworozi bwarakoze neza<br />
mu mwaka wa 2009 bitewe n’imyaka<br />
yeze neza. Iyo myaka yatumye<br />
ubuhinzi n’ubworozi buzamuka<br />
buva ku 8.7% muri 2008 bugera ku<br />
10.4% muri 2009. Ibijyanye n’ibyo<br />
kurya byarazamutse bigera kuri<br />
12.6% bivuye ku 9% kubera ikirere<br />
cyabaye cyiza.<br />
Mu bindi byatumye ubukungu<br />
buhungabana, harimo igabanuka rya<br />
segiteri ya serivise kuko yavuye ku<br />
11.5% muri 2008 igera kuri 4.3%<br />
muri 2009 bivuga ko yahanantutse<br />
cyane.<br />
Iyo segiteri niyo ibamo amabanki,<br />
akazi kandi kose ko mu biro,<br />
itumanaho hamwe n’ubwishingizi.<br />
Ibijyanye n’ubucuruzi rusange<br />
harebwa kuranguza no kudandaza<br />
byaragabanutse cyane bigera kuri<br />
2.1% bivuye kuri 12% muri 2008.<br />
Iki ni ikimenyetso gikomeye ko u<br />
Rwanda rutigeze rugira amafaranga<br />
menshi mu banyarwanda baguraga<br />
ibijyanye n’imyambaro, inkweto<br />
hamwe n’ibindi bicuruzwa byose<br />
bidandazwa. Aho rero wahita<br />
wumva ko rya bura ry’amafaranga<br />
mu mabanki hamwe no mu mifuka<br />
y’abantu ari yo ntandaro ya byose.<br />
Ibijyanye na transport, hamwe<br />
n’itumanaho muri rusange nabyo<br />
byaraguye kuko byavuye kuri 21.1%<br />
bigera ku 10% muri 2009. Ibijyanye<br />
n’amacumbi nabyo byaraguye cyane<br />
biva kuri 16% bigera kuri 3.9% muri<br />
2009.<br />
Mu nganda n’ubundi zisanzwe<br />
ari ntazo, igwa ryarahageze maze<br />
rishinga umugani kuko ibikorwa<br />
byazo byamanutse kuri 16.3% muri<br />
2008 bigera kuri 1.1% muri 2009.<br />
Ubwubatsi bwavuye kuri 28.2%<br />
bwariho muri 2008 bugera kuri 1.2%<br />
muri 2009. Ibi rero by’inganda<br />
hamwe n’ubwubatsi bifite ingaruka<br />
nini ku bantu babikoramo kuko<br />
usanga bifite ba nyakabyizi benshi.<br />
Iyo rero biguye bivuga ngo nta kazi<br />
kaba karimo bityo ibyo bihumbi<br />
by’abanyarwanda bigahita bigwa<br />
mu bukene.<br />
Nubwo Rwangombwa yabwiye<br />
abanyamakuru ngo nta mibare<br />
ihari igaragaza ko abo bantu baba<br />
baragizweho ingaruka n’iryo gwa<br />
ry’inganda, ubwubatsi n’ubucukuzi<br />
bw’amabuye y’agaciro, ariko ku<br />
isi hose niko bimera iyo ikibazo<br />
kibaye muri izo segiteri, byanze<br />
bikunze abakozi ba nyakabyizi<br />
baraharenganira.<br />
Ariko rero nubwo u Rwanda rwahuye<br />
n’imanuka ry’ubukungu, rwagize<br />
amahirwe kuko ibijyanye n’ibiciro<br />
ku masoko hamwe n’imikorere<br />
y’ifaranga ry’u Rwanda byagenze<br />
neza. Ibiciro muri rurange hamwe<br />
n’itakara ry’agaciro ku ifaranga<br />
byaragabanutse biva kuri 22.3%<br />
muri 2008 bigera kuri 5.7% muri<br />
2009. Ibi ni byiza ku bukungu bw’u<br />
Rwanda kuko ifaranga riramutse<br />
ritaye agaciro hamwe n’ibiciro<br />
bikiyongera cyane ku masoko,<br />
ubwo wasanga byabaye nk’ibyo<br />
muri Zimbabwe aho wajya kugura<br />
ikibiriti ukitwaza ingorofani yuzuye<br />
amafaranga.<br />
Muri rusange, ubukungu bw’u<br />
Rwanda bwaradindiye muri 2009<br />
kuko n’inguzanyo z’amabanki aha<br />
abacuruzi zaragabanutse cyane. Ubu<br />
ariko ngo hari icyizere ko zakongera<br />
kuzamuka nk’uko Kanimba abivuga.<br />
Kanimba we asanga umwaka wa<br />
2010 uzaba umwaka mwiza ku<br />
bukunngu bw’u Rwanda kuko ngo<br />
no mu mahanga ubukungu bw’isi<br />
buzazamukaho akantu gato.<br />
Ingabire Lydia.<br />
Ingabire.lydia@gmail.com