26.02.2013 Views

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

IBIKORWA BY'URWEGO RW'UMUVUNYI<br />

TUGIREYEZU Venantie wari n’Umushyitsi<br />

mukuru, Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika<br />

Bwana NGOGA Martin, n’izindi<br />

nshuti n’imiryango by’abakozi b’Urwego<br />

rw’Umuvunyi barimo senateri perina<br />

mukankusi , Uwahoze ari Umuvunyi<br />

wungirije akaba ubu ari Umunyamabanga<br />

mukuru mu nteko ishinga amategeko<br />

madamu mUkaRURanGwa immaculée,<br />

Umucamanza mu Rukiko rw’ikirenga<br />

madamu mUkamUlisa marie thérèse<br />

ndetse n’Umunyamabanga nshingwabikorwa<br />

wa transparency Rwanda bwana<br />

mUpiGanyi appolinaire.<br />

ibirori byasusurukijwe n’itorero Garuka<br />

Urebe ryo mu karere ka Rwamagana na<br />

orchestre ry’indirimbo nyarwanda zikunzwe<br />

cyane kwitwa karahanyuze.<br />

Mu ijambo rya Minisitiri Madamu TU-<br />

GIREYEZU Venantie wari Umushyitsi<br />

mukuru yavuze ko honorable tito RUtaRemaRa<br />

ari mu banyarwanda bazwiho<br />

ubunyangamugayo, gukunda igihugu,<br />

kugira viziyo n’ibitekerezo byubaka, ati<br />

ibi byagaragariye mu mirimo yose yagiye<br />

akora. Ati rero ntibitangaje kuba yarabashije<br />

kubakira fondation itajegajega<br />

Urwego rw’Umuvunyi.<br />

Umuvunyi wungirije akaba ari<br />

n’Umuvunyi mukuru w'Umusigire bwana<br />

NZINDUKIYIMANA Augustin yavuze ko<br />

honorable tito RUtaRemaRa yagejeje<br />

Urwego rw’Umuvunyi kuri byinshi yaba<br />

mu rwego rwo kuruhesha ububasha mu<br />

mategeko no kurushakira ubushobozi<br />

buhagije kugirango rubashe guhangana<br />

n’ibibazo by’akarengane na ruswa.<br />

yavuze ko umurage wa honorable tito<br />

RUtaRemaRa wo kugira icyerekezo,<br />

kurangwa n’ukuri, gukunda umurimo no<br />

kwihutisha akazi, kwihugura igihe cyose,<br />

kwicisha bugufi n’ibindi byinshi bitazibagirana<br />

kandi ko bizakomeza kubera Urwego<br />

rw’Umuvunyi urumuri rutazima. Ati<br />

”tukwijeje ko tutazagutenguha”<br />

mu izina ryabahoze ari abakozi b’Urwego<br />

rw’Umuvunyi madamu mUkaRURanGwa<br />

immaculée wahoze ari Umuvunyi<br />

wungirije yavuze ko muzehe tito RUtaRemaRa<br />

bamwigiyeho byinshi bishim-<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Umuvunyi Mukuru w'Umusigire Bwana Nzindukiyimana Augustin ashyikiriza impano Senateri Tito<br />

Rutaremara imushimira ku buryo yayoboye neza Urwego rw'Umuvunyi<br />

ije birimo gukorera ku ntego, gukunda<br />

abantu, kureba kure, kutagira stress ...mu<br />

kugaragaza uko ibi byakozwe yagize ati ”<br />

ndibuka mu gihe twe twabaga duhugiye<br />

mu kwakira no gukemura ibibazo, we<br />

yagiraga atya akatubwira ati mureke<br />

turebe uko dukorana n’urubyiruko mu<br />

mashuri yisumbuye na kaminuza mu kuruhugura<br />

no kurutoza gukurana umuco<br />

w’ubunyangamugayo no kurwanya akarengane<br />

na ruswa, nibwo hagiyeho za<br />

anti-corruption clubs ndetse hashyirwaho<br />

na za cyber café; ati hagiyeho uburyo bwo<br />

korohereza abaturage ingendo, nibwo<br />

hagiyeho gahunda yo kwakirira ibibazo<br />

mu mirenge iwabo bigakemurwa ku bufatanye<br />

n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze<br />

n’ibindi.<br />

mu ijambo rye honorable tito RUtaRemaRa<br />

yashimiye amagambo meza yamuvuzweho,<br />

ati ariko ibyiza byose ni mwe<br />

mwese mbikesha, nta kintu na kimwe nari<br />

kugeraho mutabigizemo uruhare.<br />

yasabye abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />

gukomeza kurangwa no gukunda umurimo,<br />

guharanira kuwunoza, kuba<br />

iteka inyangamugayo no kurangwa<br />

n’indangagaciro nyarwanda. Ati mbijeje<br />

ko naho nagiye (muri sena) nzakomeza<br />

kubaba hafi no kubakorera ubuvugizi igihe<br />

cyose bizaba ari ngombwa.<br />

ibirori byaranzwe kandi n’impano nyinshi<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwageneye<br />

Uyu mwana yavugiraga umuvugo Uwahoze ari<br />

Umuvunyi Mukuru mu muhango wo kumusezeraho<br />

honorable tito RUtaRemaRa zikaba zigaragaza<br />

ibihe bitandukanye byaranze<br />

imyaka umunani yabaye Umuvunyi mukuru<br />

wa mbere w’u Rwanda.<br />

Byanditswe na Mugisha Jules.<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

Gahunda y’Urwego rw’Umuvunyi ijyanye<br />

n’icyumweru cyo kurwanya akarengane yakomereje<br />

mu Karere ka RUHANGO guhera<br />

ku itariki ya 03 kugeza ku itariki ya 08 Ukwakira<br />

<strong>2011</strong> no mu Karere ka RWAMAGA-<br />

NA guhera ku itariki ya 10 kugeza ku itariki<br />

ya 15 Ukwakira <strong>2011</strong>. Utu Turere twombi<br />

twasuwe nyuma yo kugenderera Akarere ka<br />

RUBAVU n’Akarere ka MUSANZE.<br />

Hashingiwe ku ngingo ya 3 y’Itegeko nº<br />

17/2005 ryo ku wa 18/08/2005 rihindura<br />

kandi ryuzuza Itegeko nº 25/2003<br />

ryo ku wa 15/08/2003 rigena imiterere<br />

n’imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi ivuga<br />

ko Urwego rw’Umuvunyi rushinzwe kwakira<br />

no gusuzuma (...) ibirego by’abantu<br />

ku giti cyabo n’iby’amashyirahamwe yigenga,<br />

byerekeye ibikorwa by’abakozi ba<br />

Leta, iby’inzego zayo n’iby’abikorera ku<br />

giti cyabo, no gukangurira abo bakozi n’izo<br />

nzego gushakira umuti ibyo bibazo iyo rusanze<br />

bifite ishingiro, Urwego rw’Umuvunyi<br />

rwakiriye ibibazo bigera kuri 526 mu Karere<br />

ka RUHANGO n’ibindi bigera kuri 530<br />

mu Karere ka RWAMAGANA. Ibi bibazo<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye mu gihe<br />

cy’ibyumweru bibiri akaba ari 1056, bikaba<br />

bijya kungana na 1/2 cy’ibibazo byose Urwego<br />

rw’Umuvunyi rwakiriye mu mwaka<br />

ushize wa 2010-<strong>2011</strong> muri gahunda yo<br />

kwakirira ibibazo by’akarengane ku biro<br />

by’Uturere abaturage batuyemo. Nk’uko<br />

bikubiye muri Raporo y’ibikorwa by’Urwego<br />

rw’Umuvunyi yo mu 2010-<strong>2011</strong>, ibibazo byose<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye ku biro<br />

by’Uturere muri uwo mwaka ni 2.862.<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

Urwego rw’<strong>umuvunyi</strong> rukomeje<br />

gusanga abaturage aho batuye<br />

Nzabamwita Anaclet<br />

IBIBAZO BYAGIYE BIGARAGARA MU CYUM-<br />

WERU CYO KURWANYA AKARENGANE<br />

kudashyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko<br />

nkana binyuranyije n’itegeko nshinga rya Repubulika<br />

y’u Rwanda bikanakurura ingeso ya<br />

ruswa no kurenganya abaturarwanda:<br />

hashingiwe ku miterere n’ibyiciro by’ibibazo<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye mu turere<br />

twa RUhanGo na RwamaGana, abaturage<br />

benshi bakunze kugaragariza Urwego<br />

rw’Umuvunyi ko baburanye imanza, bagatsinda<br />

ariko ntibahabwe ibyo batsindiye<br />

mu nkiko. igika cya 10 cy’irangashingiro<br />

ry’itegeko nshinga rya Repubulika y’u<br />

Rwanda ryo ku wa 04 kamena 2003 nk’uko<br />

ryavuguruwe kugeza ubu, kivuga ko aban-<br />

yarwanda biyemeje ko haba uburenganzira<br />

bungana mu banyarwanda (...). iyo umuturage<br />

yaburanye mu rukiko agatsinda, umwanzuro<br />

w’urukiko ugashyirwaho kashe mpuruza,<br />

urwo rubanza ruba rugomba kurangizwa.<br />

ingingo ya 192 y’itegeko n°18/2004 ryo ku<br />

wa 20/06/2004 ryerekeye imiburanishirize<br />

y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi,<br />

iz’umurimo n’ubutegetsi nk’uko ryavuguruwe<br />

kugeza ubu, ivuga ko irangiza ry’imanza<br />

n’iry’inyandiko rigamije guha uwatsinze ibintu<br />

afitiye uburenganzira bwo guhabwa, akabibona<br />

ubwabyo cyangwa akabona ingurane.<br />

iyo umuturage yamaze gutsinda mu rubanza<br />

rutakijuririwe ntirurangizwe, abo yasabye<br />

kururangiza kandi biri mu nshingano zabo<br />

ntibamugaragarize inzitizi zituma rutarangizwa,<br />

uwo muturage aba yarenganye. Abafite<br />

iyo nshingano yo kurangiza imanza bakaba<br />

bakangurirwa kongera imbaraga n’umurego<br />

muri iki kigorwa kubera ko kutarangirizwa<br />

urubanza ari rwo rugero rudashidikanywaho<br />

rugaragaza ko abaturage baba bavukijwe<br />

uburenganzira bwabo.<br />

mu gihe cya gahunda y’icyumweru cyo<br />

kurwanya akarengane mu turere twa RUhanGo<br />

na RwamaGana, abaturage bagaragarije<br />

kandi Urwego rw’Umuvunyi ko mu<br />

Umunyamabanga Uhoraho mu Rwego rw'Umuvunyi Bwana Mbarubukeye Xavier yakira ibibazo<br />

by'abaturage mu Karere ka Ruhango<br />

nzego z’ibanze, abayobozi bamwe bakigurisha<br />

abaturage serivisi ubusanzwe zitangirwa<br />

ubuntu! bamwe mu batanze ibibazo<br />

by’akarengane bagaragaje ko hari aho bishyuzwa<br />

amafaranga y’urugendo, umuyobozi ugiye<br />

kurangiza urubanza agasaba ko uwasabye<br />

ko rurangizwa abanza kumwishyura amafaranga<br />

yo gukodesha moto yo kumugeza aho<br />

imitungo irangirizwaho urubanza iherereye.<br />

abaturage batanze bene ibi bibazo, basoba-<br />

10 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />

11

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!