umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
IBIKORWA BY'URWEGO RW'UMUVUNYI<br />
TUGIREYEZU Venantie wari n’Umushyitsi<br />
mukuru, Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika<br />
Bwana NGOGA Martin, n’izindi<br />
nshuti n’imiryango by’abakozi b’Urwego<br />
rw’Umuvunyi barimo senateri perina<br />
mukankusi , Uwahoze ari Umuvunyi<br />
wungirije akaba ubu ari Umunyamabanga<br />
mukuru mu nteko ishinga amategeko<br />
madamu mUkaRURanGwa immaculée,<br />
Umucamanza mu Rukiko rw’ikirenga<br />
madamu mUkamUlisa marie thérèse<br />
ndetse n’Umunyamabanga nshingwabikorwa<br />
wa transparency Rwanda bwana<br />
mUpiGanyi appolinaire.<br />
ibirori byasusurukijwe n’itorero Garuka<br />
Urebe ryo mu karere ka Rwamagana na<br />
orchestre ry’indirimbo nyarwanda zikunzwe<br />
cyane kwitwa karahanyuze.<br />
Mu ijambo rya Minisitiri Madamu TU-<br />
GIREYEZU Venantie wari Umushyitsi<br />
mukuru yavuze ko honorable tito RUtaRemaRa<br />
ari mu banyarwanda bazwiho<br />
ubunyangamugayo, gukunda igihugu,<br />
kugira viziyo n’ibitekerezo byubaka, ati<br />
ibi byagaragariye mu mirimo yose yagiye<br />
akora. Ati rero ntibitangaje kuba yarabashije<br />
kubakira fondation itajegajega<br />
Urwego rw’Umuvunyi.<br />
Umuvunyi wungirije akaba ari<br />
n’Umuvunyi mukuru w'Umusigire bwana<br />
NZINDUKIYIMANA Augustin yavuze ko<br />
honorable tito RUtaRemaRa yagejeje<br />
Urwego rw’Umuvunyi kuri byinshi yaba<br />
mu rwego rwo kuruhesha ububasha mu<br />
mategeko no kurushakira ubushobozi<br />
buhagije kugirango rubashe guhangana<br />
n’ibibazo by’akarengane na ruswa.<br />
yavuze ko umurage wa honorable tito<br />
RUtaRemaRa wo kugira icyerekezo,<br />
kurangwa n’ukuri, gukunda umurimo no<br />
kwihutisha akazi, kwihugura igihe cyose,<br />
kwicisha bugufi n’ibindi byinshi bitazibagirana<br />
kandi ko bizakomeza kubera Urwego<br />
rw’Umuvunyi urumuri rutazima. Ati<br />
”tukwijeje ko tutazagutenguha”<br />
mu izina ryabahoze ari abakozi b’Urwego<br />
rw’Umuvunyi madamu mUkaRURanGwa<br />
immaculée wahoze ari Umuvunyi<br />
wungirije yavuze ko muzehe tito RUtaRemaRa<br />
bamwigiyeho byinshi bishim-<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Umuvunyi Mukuru w'Umusigire Bwana Nzindukiyimana Augustin ashyikiriza impano Senateri Tito<br />
Rutaremara imushimira ku buryo yayoboye neza Urwego rw'Umuvunyi<br />
ije birimo gukorera ku ntego, gukunda<br />
abantu, kureba kure, kutagira stress ...mu<br />
kugaragaza uko ibi byakozwe yagize ati ”<br />
ndibuka mu gihe twe twabaga duhugiye<br />
mu kwakira no gukemura ibibazo, we<br />
yagiraga atya akatubwira ati mureke<br />
turebe uko dukorana n’urubyiruko mu<br />
mashuri yisumbuye na kaminuza mu kuruhugura<br />
no kurutoza gukurana umuco<br />
w’ubunyangamugayo no kurwanya akarengane<br />
na ruswa, nibwo hagiyeho za<br />
anti-corruption clubs ndetse hashyirwaho<br />
na za cyber café; ati hagiyeho uburyo bwo<br />
korohereza abaturage ingendo, nibwo<br />
hagiyeho gahunda yo kwakirira ibibazo<br />
mu mirenge iwabo bigakemurwa ku bufatanye<br />
n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze<br />
n’ibindi.<br />
mu ijambo rye honorable tito RUtaRemaRa<br />
yashimiye amagambo meza yamuvuzweho,<br />
ati ariko ibyiza byose ni mwe<br />
mwese mbikesha, nta kintu na kimwe nari<br />
kugeraho mutabigizemo uruhare.<br />
yasabye abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi<br />
gukomeza kurangwa no gukunda umurimo,<br />
guharanira kuwunoza, kuba<br />
iteka inyangamugayo no kurangwa<br />
n’indangagaciro nyarwanda. Ati mbijeje<br />
ko naho nagiye (muri sena) nzakomeza<br />
kubaba hafi no kubakorera ubuvugizi igihe<br />
cyose bizaba ari ngombwa.<br />
ibirori byaranzwe kandi n’impano nyinshi<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwageneye<br />
Uyu mwana yavugiraga umuvugo Uwahoze ari<br />
Umuvunyi Mukuru mu muhango wo kumusezeraho<br />
honorable tito RUtaRemaRa zikaba zigaragaza<br />
ibihe bitandukanye byaranze<br />
imyaka umunani yabaye Umuvunyi mukuru<br />
wa mbere w’u Rwanda.<br />
Byanditswe na Mugisha Jules.<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
Gahunda y’Urwego rw’Umuvunyi ijyanye<br />
n’icyumweru cyo kurwanya akarengane yakomereje<br />
mu Karere ka RUHANGO guhera<br />
ku itariki ya 03 kugeza ku itariki ya 08 Ukwakira<br />
<strong>2011</strong> no mu Karere ka RWAMAGA-<br />
NA guhera ku itariki ya 10 kugeza ku itariki<br />
ya 15 Ukwakira <strong>2011</strong>. Utu Turere twombi<br />
twasuwe nyuma yo kugenderera Akarere ka<br />
RUBAVU n’Akarere ka MUSANZE.<br />
Hashingiwe ku ngingo ya 3 y’Itegeko nº<br />
17/2005 ryo ku wa 18/08/2005 rihindura<br />
kandi ryuzuza Itegeko nº 25/2003<br />
ryo ku wa 15/08/2003 rigena imiterere<br />
n’imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi ivuga<br />
ko Urwego rw’Umuvunyi rushinzwe kwakira<br />
no gusuzuma (...) ibirego by’abantu<br />
ku giti cyabo n’iby’amashyirahamwe yigenga,<br />
byerekeye ibikorwa by’abakozi ba<br />
Leta, iby’inzego zayo n’iby’abikorera ku<br />
giti cyabo, no gukangurira abo bakozi n’izo<br />
nzego gushakira umuti ibyo bibazo iyo rusanze<br />
bifite ishingiro, Urwego rw’Umuvunyi<br />
rwakiriye ibibazo bigera kuri 526 mu Karere<br />
ka RUHANGO n’ibindi bigera kuri 530<br />
mu Karere ka RWAMAGANA. Ibi bibazo<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye mu gihe<br />
cy’ibyumweru bibiri akaba ari 1056, bikaba<br />
bijya kungana na 1/2 cy’ibibazo byose Urwego<br />
rw’Umuvunyi rwakiriye mu mwaka<br />
ushize wa 2010-<strong>2011</strong> muri gahunda yo<br />
kwakirira ibibazo by’akarengane ku biro<br />
by’Uturere abaturage batuyemo. Nk’uko<br />
bikubiye muri Raporo y’ibikorwa by’Urwego<br />
rw’Umuvunyi yo mu 2010-<strong>2011</strong>, ibibazo byose<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye ku biro<br />
by’Uturere muri uwo mwaka ni 2.862.<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
Urwego rw’<strong>umuvunyi</strong> rukomeje<br />
gusanga abaturage aho batuye<br />
Nzabamwita Anaclet<br />
IBIBAZO BYAGIYE BIGARAGARA MU CYUM-<br />
WERU CYO KURWANYA AKARENGANE<br />
kudashyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko<br />
nkana binyuranyije n’itegeko nshinga rya Repubulika<br />
y’u Rwanda bikanakurura ingeso ya<br />
ruswa no kurenganya abaturarwanda:<br />
hashingiwe ku miterere n’ibyiciro by’ibibazo<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye mu turere<br />
twa RUhanGo na RwamaGana, abaturage<br />
benshi bakunze kugaragariza Urwego<br />
rw’Umuvunyi ko baburanye imanza, bagatsinda<br />
ariko ntibahabwe ibyo batsindiye<br />
mu nkiko. igika cya 10 cy’irangashingiro<br />
ry’itegeko nshinga rya Repubulika y’u<br />
Rwanda ryo ku wa 04 kamena 2003 nk’uko<br />
ryavuguruwe kugeza ubu, kivuga ko aban-<br />
yarwanda biyemeje ko haba uburenganzira<br />
bungana mu banyarwanda (...). iyo umuturage<br />
yaburanye mu rukiko agatsinda, umwanzuro<br />
w’urukiko ugashyirwaho kashe mpuruza,<br />
urwo rubanza ruba rugomba kurangizwa.<br />
ingingo ya 192 y’itegeko n°18/2004 ryo ku<br />
wa 20/06/2004 ryerekeye imiburanishirize<br />
y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi,<br />
iz’umurimo n’ubutegetsi nk’uko ryavuguruwe<br />
kugeza ubu, ivuga ko irangiza ry’imanza<br />
n’iry’inyandiko rigamije guha uwatsinze ibintu<br />
afitiye uburenganzira bwo guhabwa, akabibona<br />
ubwabyo cyangwa akabona ingurane.<br />
iyo umuturage yamaze gutsinda mu rubanza<br />
rutakijuririwe ntirurangizwe, abo yasabye<br />
kururangiza kandi biri mu nshingano zabo<br />
ntibamugaragarize inzitizi zituma rutarangizwa,<br />
uwo muturage aba yarenganye. Abafite<br />
iyo nshingano yo kurangiza imanza bakaba<br />
bakangurirwa kongera imbaraga n’umurego<br />
muri iki kigorwa kubera ko kutarangirizwa<br />
urubanza ari rwo rugero rudashidikanywaho<br />
rugaragaza ko abaturage baba bavukijwe<br />
uburenganzira bwabo.<br />
mu gihe cya gahunda y’icyumweru cyo<br />
kurwanya akarengane mu turere twa RUhanGo<br />
na RwamaGana, abaturage bagaragarije<br />
kandi Urwego rw’Umuvunyi ko mu<br />
Umunyamabanga Uhoraho mu Rwego rw'Umuvunyi Bwana Mbarubukeye Xavier yakira ibibazo<br />
by'abaturage mu Karere ka Ruhango<br />
nzego z’ibanze, abayobozi bamwe bakigurisha<br />
abaturage serivisi ubusanzwe zitangirwa<br />
ubuntu! bamwe mu batanze ibibazo<br />
by’akarengane bagaragaje ko hari aho bishyuzwa<br />
amafaranga y’urugendo, umuyobozi ugiye<br />
kurangiza urubanza agasaba ko uwasabye<br />
ko rurangizwa abanza kumwishyura amafaranga<br />
yo gukodesha moto yo kumugeza aho<br />
imitungo irangirizwaho urubanza iherereye.<br />
abaturage batanze bene ibi bibazo, basoba-<br />
10 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />
11