umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
TURWANYE RUSWA<br />
inzobere z’Ubunyamabanga bw’Umuryango mpuzamahanga, ibiro bishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibyaha (Unodc) aho<br />
zakurikiranaga Raporo y'Ibikorwa by'Urwego rw'Umuvunyi zagezwagaho n'Umuvunyi Wungirije Nzindukiyimana Augustin<br />
gukumira ruswa harimo kandi inzego<br />
z’ubuyobozi bwa leta. amasezerano asaba<br />
igihugu cyayasinye gufata ingamba zatuma<br />
inzego z’ubuyobozi bwacyo zirushaho<br />
gukorera mu mucyo, cyane cyane mu<br />
bijyanye n’imiterere, imikorere n’ifatwa<br />
ry’ibyemezo. izo ngamba zishobora kuba<br />
ishyirwaho ry’inzira cyangwa amabwiriza<br />
yemerera abasaba serivise kubona amakuru<br />
ajyanye n’imiterere, imikorere n’ifatwa<br />
ry’ibyemezo kandi, hashingiwe ku kurengera<br />
ubuzima bwite bwa muntu n’amakuru amwerekeyeho,<br />
akabona amakuru yerekeranye<br />
n’ibyemezo cyangwa inyandiko zimureba.<br />
muri izo ngamba, hagomba guteganywa<br />
uburyo bworoshye bwafasha abasaba serivise<br />
kuzigeraho biboroheye. hagomba kandi<br />
gutangazwa amakuru harimo gutangaza<br />
amaraporo y’umwaka n’iz’igihembwe zigaragaza<br />
impungenge za ruswa mu nzego<br />
z’ubuyobozi bwa leta (ingingo ya 10).<br />
ku byerekeye abacamanza n’inzego zikurikirana<br />
abanyabyaha, amasezerano<br />
avuga ko, hashingiwe ku bwigenge<br />
bw’abacamanza n’uruhare rwabo runini<br />
mu kurwanya ruswa, buri gihugu cyayasinye<br />
kigomba gushyiraho ingamba zituma<br />
abacamanza barushaho kuba inyangamugayo<br />
kandi badashobora guhabwa ruswa,<br />
ibyo bitabangamiye ubwigenge bwabo. izo<br />
ngamba zishobora kubamo izerekeye imyitwarire<br />
yabo (ingingo ya 11).<br />
Urwego rw’abikorera ntirwibagiranye mu<br />
masezerano kuko hateganyijwe ko igihugu<br />
cyayasinye gishyiraho ingamba zo kurwanya<br />
ruswa, abikorera bakabigiramo uruhare<br />
(ingingo ya 12). izo ngamba zirimo gutunganya<br />
ibaruramari n’igenzura mu bikorera no<br />
gushyiraho ibihano byo mu rwego rw’akazi<br />
cyangwa nshinjabyaha binoze bihuye<br />
n’amakosa yakozwe kandi bitinyisha abandi<br />
igihe izo ngamba zitakurikijwe. byongeye<br />
kandi, mu rwego rwo gukumira ruswa, buri<br />
gihugu cyasinye amasezerano gisabwa gushyiraho<br />
ingamba zikwiye zituma abikorera<br />
babika ibitabo by’icungamari n’ishusho<br />
y’imari; gutangaza amakuru ku ishusho<br />
y’imari n’amahame y’icungamutungo<br />
n’igenzura mu rwego rwo kubuza ko inyandiko<br />
zakwifashishwa mu gukora ibyaha<br />
(twavuga gutanga konti zitagaragara mu<br />
bitabo, kwandika imyenda itabaho, gukoresha<br />
inyandiko mpimbano, gusenya ubigambiriye<br />
inyandiko ncungamutungo n’ibindi).<br />
Urwo ruhare rw’abikorera mu gukumira no<br />
kurwanya ruswa rugomba kugaragara kandi<br />
ku bantu n’amatsinda adakorera leta harimo<br />
“civil society”, imiryango itari iya Leta<br />
n’amatsinda y’abantu (ingingo ya 13) kuko<br />
ari bo bagira uruhare runini mu guhugura<br />
abaturage (harimo abanyeshuri) ku bubi,<br />
impamvu n’ingaruka za ruswa nk’icyorezo.<br />
mu rwego rwo gukumira icyaha<br />
cy’iyezandonke, amasezerano asaba ibihugu<br />
byasinye amasezerano gushyiraho uburyo<br />
bunoze bwo kugenzura amabanki n’ibigo<br />
by’imari bitari amabanki, bishinzwe ubusanzwe<br />
kohereza no guhererekanya amafaranga<br />
cyangwa indi mari, ugasanga ibyo bigo<br />
bishobora kugwa mu cyaha cy’iyezandonke.<br />
amabanki n’ibigo by’imari bisabwa kumenya<br />
umwirondoro w’umukiriya, gutanga<br />
amakuru iyo hari gukemanga “operation<br />
douteuse”, kubika inyandiko zijyanye<br />
n’ihererekanya ry’amafaranga ndetse no<br />
kugenzura ku buryo bwimbitse ihererekanya<br />
ry’amafaranga rikemangwa cyane cyane aho<br />
uwatanze uburenganzira adafite umwirondoro<br />
wuzuye cyangwa uzwi (ingingo ya 14).<br />
n’ubwo itegeko no 23/2003 ryo ku wa<br />
07/08/2003 ryerekeye gukumira, kurwanya<br />
no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye isano na<br />
yo ryatowe mbere y’uko u Rwanda rushyira<br />
umukono kuri ayo masezerano mpuzamahanga,<br />
turasanga igihugu cyacu cyaragerageje<br />
gukumira icyaha cya ruswa. ibyo bikaba<br />
bigaragazwa n’ibisabwa mu ngingo ya 3<br />
y’iri tegeko aho ryibutsa abayobozi b’inzego<br />
z’imirimo n’iz’ibigo bya leta, ab’ibigo byigenga,<br />
ab’amasosiyete n’ab’imiryango itagengwa<br />
na Leta, ko bafite inshingano yo gushyiraho<br />
inzira zo gukumira ruswa n’ibyaha<br />
bifitanye isano na yo. Ingingo ya 5 y’Itegeko<br />
ikavuga ko ibigo n’imiryango itagengwa na<br />
leta bidashinzwe imirimo rusange igenewe<br />
abaturage bigomba, mu mikorere yabyo,<br />
kwirinda isumbanya n’ivangura iryo ari ryo<br />
ryose, mu gihe abasaba gukorerwa imirimo<br />
bareshya mu burenganzira bwabo; naho ingingo<br />
ya 8 igategeka buri muyobozi gukorera<br />
mu mucyo umurimo ashinzwe wo kugenzura<br />
abo akuriye mu mirimo, akareba niba nta<br />
bikorwa bya ruswa n’ibyaha bifitanye isano<br />
na yo biharangwa. agomba kandi guhora<br />
akangurira abo ayobora ububi bwa ruswa.<br />
Gukumira icyaha cya ruswa mu Rwanda bihabwa<br />
agaciro kanini kugeza n’aho iryo tegeko<br />
rigaragaraza uruhare rw’itangazamakuru<br />
mu gukumira no kurwanya ruswa (ingingo<br />
ya 9 y’itegeko no 23/2003).<br />
Ubutaha tuzabagezaho umutwe werekeye<br />
ingingo z’ibyaha, zitahura ibyaha kandi zihana<br />
(incrimination, détection et répression/<br />
Criminalization and law enforcement).<br />
biracyaza...<br />
Urwego rw’Umuvunyi URWENYA<br />
1. Umwarimu yabajije umunyeshyuli<br />
ati wifuza kuzaba iki?<br />
Umunyeshuri ati nifuza kuzaba imbwa.<br />
Mwarimu ararakara, amubaza impamvu.<br />
Undi ati ni uko imana izirebera idahumbya.<br />
2. Umusaza yagiye kugura radiyo akigera<br />
mu rugo haba hatangiye amakuru<br />
ya saa sita na mirongo ine n’itanu.<br />
Yumva ngo muri Angola hari amakimbirane<br />
hagati ya Do santos na Savimbi.<br />
Umusaza n’umujinya mwinshi arihanukira<br />
arayikubita ati wa mubeshyi we<br />
muri Angola wagezeyo ryari? Ko arijye<br />
wakwikuriye mu iduka rya hano haruguru<br />
uyu munsi?<br />
3. Umukobwa mwiza yarihanukiriye<br />
nyuma y’uko bamubwiye ko afite<br />
telefoni nziza maze nawe mu kubishimangira<br />
agira ati : « Telefone yanjye<br />
ni danger ! Ifite carte minoir ya 8GB,<br />
kandi ifotora neza kurusha appareil<br />
jigital ».<br />
4. Abakoboyi batatu bari bafite akagati<br />
gato maze babura uko bakagabana bajya<br />
inama bati nijoro urota neza niwe<br />
ukarya.Ubarusha ubukoboyi yarakariye<br />
nijoro .Mu gitondo bucya bavuga<br />
uko barose .Uwa mbere ati narose<br />
nagiye mu ijuru undi ati narose nagiye<br />
i kuzimu bankurura.Undi ati nabonye<br />
umwe agiye mu ijuru undi ikuzimu<br />
akagati ndakirira.<br />
5. Akana kavuye ku ishuri kicara<br />
muri bus inyuma ya sh<strong>of</strong>eri gatangira<br />
kuririmba kati: iyo papa aba isake,<br />
mama akaba inkokokazi mba narabaye<br />
umushwi. Iyo papa aba ikimasa mama<br />
akaba inka mba narabaye akanyana.<br />
Umush<strong>of</strong>eri agira umujinya arakabwira<br />
ati wa kagoryi we se iyo so aba umujura<br />
nyoko akaba indaya wari kuba iki?<br />
Akana kati niho nari ngeze, nari kuba<br />
umush<strong>of</strong>eri wa bus. Bahita bagasohora.<br />
6. Mwarimu: Ni ibihe bihingwa dufite<br />
muri afrika biduteza imbere???<br />
umunyeshuri : ikawa(c<strong>of</strong>fee)!<br />
Umwarimu: muri afrika tuhasanga<br />
ubwoko bungahe bwa c<strong>of</strong>fee!!<br />
umunyeshuri : bubiri<br />
Umwarimu: ubuhe n’ubuhe?<br />
Umunyeshuri : k<strong>of</strong>fi anan na k<strong>of</strong>fi olomide<br />
7. Umugabo yagiye kwa muganga yahiye<br />
amatwi yombi, noneho muganga<br />
ati ariko ese ubundi ubu byakugendekeye<br />
bite ? Undi ati wahora n’iki wa<br />
muganga ko telefone yasonnye ndimo<br />
ntera ipasi, noneho nakwitaba mfata<br />
ipasi aho gufata telefone ! Muganga<br />
ati nonese amatwi yombi yahiye ate ?<br />
Umugabo ati umva da ! Nonese sinagombye<br />
gutelefona hano nsaba rendez-<br />
vous?<br />
8. Umunyeshuri bamuhaye ikizamini<br />
kigira kiti : Garagaza isano iri hagati<br />
y’ibi bintu. Dore ibisubizo yahaye<br />
mwarimu : Urusenda n’ivubi : byose<br />
biraryana ; irindazi n’umukandara : byose<br />
bifata mu nda ; amashanyarazi na<br />
malariya : byose biratitiza ; Imodoka<br />
n’urupfu : byose bitwara abantu ; agatotsi<br />
n’umujura : byose biriba ; icyayi<br />
n’ikoti : byose bimara imbeho.<br />
9. Umupasitoro Nzamuvumba wabaga<br />
ahantu hitwa i Gitwe, yigeze<br />
kwiherera mu nzu asangira n’abandi<br />
ka “coca cola” (kavangiye), asohotse<br />
ageze hanze abona imisozi irimo irazenguruka.<br />
Araterura ati “bene data<br />
bakundwa, nimwegere mbigishe dore<br />
ibyahanuwe birasohotse”. Abo basangiye<br />
bazi yuko atamenyereye ako<br />
gasoda, bati “pastoro ba ugarutse mu<br />
nzu”! Ati “ mwimbuza guhanura kandi<br />
ibyanditswe byasohoye. Byaravuzwe<br />
yuko ku munsi wa nyuma imisozi izimukira<br />
indi, none dore Rwabicuma<br />
yimukiye Mpanga, mu kanya murabona<br />
za Gacu zibahise imbere!” Ni uko<br />
barakurura bahirikira mu nzu.<br />
10. Umusaza yari atwaye imodoka yo<br />
mu bwoko bwa Volvo, abapolisi bamufashe<br />
bamuziza ko amatara ya feri ataka,<br />
arangije arababwira ati bana banjye<br />
murakoze kuko sinari gupfa menye<br />
ko ataka, ati murabizi neza ko ntafata<br />
feri ngo ndangize ngo nsohoke njye<br />
kureba amatara ko yaka cyangwa ataka,<br />
mujye muhora mundebera. Bukeye<br />
anyuze ku bandi bapolisi arahagarara<br />
akandagira kuri feri nuko ahamagara<br />
umwe muribo ati “enda ndebera ko<br />
amatara ya feri yaka yewe mwa”<br />
11. Hari guverinoma iherutse gutangaza<br />
ko igiye guhemba miliyoni 5<br />
buri kwezi ku muryango washoboye<br />
kubyara abana 5. Umugabo umwe<br />
wari waragize ibyago byo kubyara<br />
abana 4 gusa abyumvise arababara cyane<br />
yibaza ukuntu yateka umutwe ngo<br />
nawe azabone ako kayabo k’amafranga.<br />
Nuko ahamagara umugore we amujyana<br />
mu cyumba aramwomgorera ati<br />
“Hari umwana nabyaye hanze, ndabiguhisha,<br />
none reka ngende muzane<br />
tugire batanu natwe tuzifatire ako<br />
kayabo k’amafranga! Umugore ati ibyo<br />
nta kibazo. Ubwo umugabo ayabangira<br />
ingata, umwana mu mwanya muto<br />
aba aramuhagejeje. Ageze iwe ariko<br />
akubitwa n’inkuba, asanze ba bana be<br />
bandi bane badahari.... Abajije umugore<br />
ati abana banjye bari he? Umugore<br />
aramusubiza ati: “ Erega si wowe<br />
wamenye iriya nkuru wenyine.... Ba<br />
se b’abana usanze na bo bamaze kubatwara<br />
kuko burya nagucaga inyuma<br />
mu ibanga, si wowe twabyaranaga.....”<br />
Ubwo umugabo arumirwa..<br />
20 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />
21