26.02.2013 Views

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

TURWANYE RUSWA<br />

inzobere z’Ubunyamabanga bw’Umuryango mpuzamahanga, ibiro bishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibyaha (Unodc) aho<br />

zakurikiranaga Raporo y'Ibikorwa by'Urwego rw'Umuvunyi zagezwagaho n'Umuvunyi Wungirije Nzindukiyimana Augustin<br />

gukumira ruswa harimo kandi inzego<br />

z’ubuyobozi bwa leta. amasezerano asaba<br />

igihugu cyayasinye gufata ingamba zatuma<br />

inzego z’ubuyobozi bwacyo zirushaho<br />

gukorera mu mucyo, cyane cyane mu<br />

bijyanye n’imiterere, imikorere n’ifatwa<br />

ry’ibyemezo. izo ngamba zishobora kuba<br />

ishyirwaho ry’inzira cyangwa amabwiriza<br />

yemerera abasaba serivise kubona amakuru<br />

ajyanye n’imiterere, imikorere n’ifatwa<br />

ry’ibyemezo kandi, hashingiwe ku kurengera<br />

ubuzima bwite bwa muntu n’amakuru amwerekeyeho,<br />

akabona amakuru yerekeranye<br />

n’ibyemezo cyangwa inyandiko zimureba.<br />

muri izo ngamba, hagomba guteganywa<br />

uburyo bworoshye bwafasha abasaba serivise<br />

kuzigeraho biboroheye. hagomba kandi<br />

gutangazwa amakuru harimo gutangaza<br />

amaraporo y’umwaka n’iz’igihembwe zigaragaza<br />

impungenge za ruswa mu nzego<br />

z’ubuyobozi bwa leta (ingingo ya 10).<br />

ku byerekeye abacamanza n’inzego zikurikirana<br />

abanyabyaha, amasezerano<br />

avuga ko, hashingiwe ku bwigenge<br />

bw’abacamanza n’uruhare rwabo runini<br />

mu kurwanya ruswa, buri gihugu cyayasinye<br />

kigomba gushyiraho ingamba zituma<br />

abacamanza barushaho kuba inyangamugayo<br />

kandi badashobora guhabwa ruswa,<br />

ibyo bitabangamiye ubwigenge bwabo. izo<br />

ngamba zishobora kubamo izerekeye imyitwarire<br />

yabo (ingingo ya 11).<br />

Urwego rw’abikorera ntirwibagiranye mu<br />

masezerano kuko hateganyijwe ko igihugu<br />

cyayasinye gishyiraho ingamba zo kurwanya<br />

ruswa, abikorera bakabigiramo uruhare<br />

(ingingo ya 12). izo ngamba zirimo gutunganya<br />

ibaruramari n’igenzura mu bikorera no<br />

gushyiraho ibihano byo mu rwego rw’akazi<br />

cyangwa nshinjabyaha binoze bihuye<br />

n’amakosa yakozwe kandi bitinyisha abandi<br />

igihe izo ngamba zitakurikijwe. byongeye<br />

kandi, mu rwego rwo gukumira ruswa, buri<br />

gihugu cyasinye amasezerano gisabwa gushyiraho<br />

ingamba zikwiye zituma abikorera<br />

babika ibitabo by’icungamari n’ishusho<br />

y’imari; gutangaza amakuru ku ishusho<br />

y’imari n’amahame y’icungamutungo<br />

n’igenzura mu rwego rwo kubuza ko inyandiko<br />

zakwifashishwa mu gukora ibyaha<br />

(twavuga gutanga konti zitagaragara mu<br />

bitabo, kwandika imyenda itabaho, gukoresha<br />

inyandiko mpimbano, gusenya ubigambiriye<br />

inyandiko ncungamutungo n’ibindi).<br />

Urwo ruhare rw’abikorera mu gukumira no<br />

kurwanya ruswa rugomba kugaragara kandi<br />

ku bantu n’amatsinda adakorera leta harimo<br />

“civil society”, imiryango itari iya Leta<br />

n’amatsinda y’abantu (ingingo ya 13) kuko<br />

ari bo bagira uruhare runini mu guhugura<br />

abaturage (harimo abanyeshuri) ku bubi,<br />

impamvu n’ingaruka za ruswa nk’icyorezo.<br />

mu rwego rwo gukumira icyaha<br />

cy’iyezandonke, amasezerano asaba ibihugu<br />

byasinye amasezerano gushyiraho uburyo<br />

bunoze bwo kugenzura amabanki n’ibigo<br />

by’imari bitari amabanki, bishinzwe ubusanzwe<br />

kohereza no guhererekanya amafaranga<br />

cyangwa indi mari, ugasanga ibyo bigo<br />

bishobora kugwa mu cyaha cy’iyezandonke.<br />

amabanki n’ibigo by’imari bisabwa kumenya<br />

umwirondoro w’umukiriya, gutanga<br />

amakuru iyo hari gukemanga “operation<br />

douteuse”, kubika inyandiko zijyanye<br />

n’ihererekanya ry’amafaranga ndetse no<br />

kugenzura ku buryo bwimbitse ihererekanya<br />

ry’amafaranga rikemangwa cyane cyane aho<br />

uwatanze uburenganzira adafite umwirondoro<br />

wuzuye cyangwa uzwi (ingingo ya 14).<br />

n’ubwo itegeko no 23/2003 ryo ku wa<br />

07/08/2003 ryerekeye gukumira, kurwanya<br />

no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye isano na<br />

yo ryatowe mbere y’uko u Rwanda rushyira<br />

umukono kuri ayo masezerano mpuzamahanga,<br />

turasanga igihugu cyacu cyaragerageje<br />

gukumira icyaha cya ruswa. ibyo bikaba<br />

bigaragazwa n’ibisabwa mu ngingo ya 3<br />

y’iri tegeko aho ryibutsa abayobozi b’inzego<br />

z’imirimo n’iz’ibigo bya leta, ab’ibigo byigenga,<br />

ab’amasosiyete n’ab’imiryango itagengwa<br />

na Leta, ko bafite inshingano yo gushyiraho<br />

inzira zo gukumira ruswa n’ibyaha<br />

bifitanye isano na yo. Ingingo ya 5 y’Itegeko<br />

ikavuga ko ibigo n’imiryango itagengwa na<br />

leta bidashinzwe imirimo rusange igenewe<br />

abaturage bigomba, mu mikorere yabyo,<br />

kwirinda isumbanya n’ivangura iryo ari ryo<br />

ryose, mu gihe abasaba gukorerwa imirimo<br />

bareshya mu burenganzira bwabo; naho ingingo<br />

ya 8 igategeka buri muyobozi gukorera<br />

mu mucyo umurimo ashinzwe wo kugenzura<br />

abo akuriye mu mirimo, akareba niba nta<br />

bikorwa bya ruswa n’ibyaha bifitanye isano<br />

na yo biharangwa. agomba kandi guhora<br />

akangurira abo ayobora ububi bwa ruswa.<br />

Gukumira icyaha cya ruswa mu Rwanda bihabwa<br />

agaciro kanini kugeza n’aho iryo tegeko<br />

rigaragaraza uruhare rw’itangazamakuru<br />

mu gukumira no kurwanya ruswa (ingingo<br />

ya 9 y’itegeko no 23/2003).<br />

Ubutaha tuzabagezaho umutwe werekeye<br />

ingingo z’ibyaha, zitahura ibyaha kandi zihana<br />

(incrimination, détection et répression/<br />

Criminalization and law enforcement).<br />

biracyaza...<br />

Urwego rw’Umuvunyi URWENYA<br />

1. Umwarimu yabajije umunyeshyuli<br />

ati wifuza kuzaba iki?<br />

Umunyeshuri ati nifuza kuzaba imbwa.<br />

Mwarimu ararakara, amubaza impamvu.<br />

Undi ati ni uko imana izirebera idahumbya.<br />

2. Umusaza yagiye kugura radiyo akigera<br />

mu rugo haba hatangiye amakuru<br />

ya saa sita na mirongo ine n’itanu.<br />

Yumva ngo muri Angola hari amakimbirane<br />

hagati ya Do santos na Savimbi.<br />

Umusaza n’umujinya mwinshi arihanukira<br />

arayikubita ati wa mubeshyi we<br />

muri Angola wagezeyo ryari? Ko arijye<br />

wakwikuriye mu iduka rya hano haruguru<br />

uyu munsi?<br />

3. Umukobwa mwiza yarihanukiriye<br />

nyuma y’uko bamubwiye ko afite<br />

telefoni nziza maze nawe mu kubishimangira<br />

agira ati : « Telefone yanjye<br />

ni danger ! Ifite carte minoir ya 8GB,<br />

kandi ifotora neza kurusha appareil<br />

jigital ».<br />

4. Abakoboyi batatu bari bafite akagati<br />

gato maze babura uko bakagabana bajya<br />

inama bati nijoro urota neza niwe<br />

ukarya.Ubarusha ubukoboyi yarakariye<br />

nijoro .Mu gitondo bucya bavuga<br />

uko barose .Uwa mbere ati narose<br />

nagiye mu ijuru undi ati narose nagiye<br />

i kuzimu bankurura.Undi ati nabonye<br />

umwe agiye mu ijuru undi ikuzimu<br />

akagati ndakirira.<br />

5. Akana kavuye ku ishuri kicara<br />

muri bus inyuma ya sh<strong>of</strong>eri gatangira<br />

kuririmba kati: iyo papa aba isake,<br />

mama akaba inkokokazi mba narabaye<br />

umushwi. Iyo papa aba ikimasa mama<br />

akaba inka mba narabaye akanyana.<br />

Umush<strong>of</strong>eri agira umujinya arakabwira<br />

ati wa kagoryi we se iyo so aba umujura<br />

nyoko akaba indaya wari kuba iki?<br />

Akana kati niho nari ngeze, nari kuba<br />

umush<strong>of</strong>eri wa bus. Bahita bagasohora.<br />

6. Mwarimu: Ni ibihe bihingwa dufite<br />

muri afrika biduteza imbere???<br />

umunyeshuri : ikawa(c<strong>of</strong>fee)!<br />

Umwarimu: muri afrika tuhasanga<br />

ubwoko bungahe bwa c<strong>of</strong>fee!!<br />

umunyeshuri : bubiri<br />

Umwarimu: ubuhe n’ubuhe?<br />

Umunyeshuri : k<strong>of</strong>fi anan na k<strong>of</strong>fi olomide<br />

7. Umugabo yagiye kwa muganga yahiye<br />

amatwi yombi, noneho muganga<br />

ati ariko ese ubundi ubu byakugendekeye<br />

bite ? Undi ati wahora n’iki wa<br />

muganga ko telefone yasonnye ndimo<br />

ntera ipasi, noneho nakwitaba mfata<br />

ipasi aho gufata telefone ! Muganga<br />

ati nonese amatwi yombi yahiye ate ?<br />

Umugabo ati umva da ! Nonese sinagombye<br />

gutelefona hano nsaba rendez-<br />

vous?<br />

8. Umunyeshuri bamuhaye ikizamini<br />

kigira kiti : Garagaza isano iri hagati<br />

y’ibi bintu. Dore ibisubizo yahaye<br />

mwarimu : Urusenda n’ivubi : byose<br />

biraryana ; irindazi n’umukandara : byose<br />

bifata mu nda ; amashanyarazi na<br />

malariya : byose biratitiza ; Imodoka<br />

n’urupfu : byose bitwara abantu ; agatotsi<br />

n’umujura : byose biriba ; icyayi<br />

n’ikoti : byose bimara imbeho.<br />

9. Umupasitoro Nzamuvumba wabaga<br />

ahantu hitwa i Gitwe, yigeze<br />

kwiherera mu nzu asangira n’abandi<br />

ka “coca cola” (kavangiye), asohotse<br />

ageze hanze abona imisozi irimo irazenguruka.<br />

Araterura ati “bene data<br />

bakundwa, nimwegere mbigishe dore<br />

ibyahanuwe birasohotse”. Abo basangiye<br />

bazi yuko atamenyereye ako<br />

gasoda, bati “pastoro ba ugarutse mu<br />

nzu”! Ati “ mwimbuza guhanura kandi<br />

ibyanditswe byasohoye. Byaravuzwe<br />

yuko ku munsi wa nyuma imisozi izimukira<br />

indi, none dore Rwabicuma<br />

yimukiye Mpanga, mu kanya murabona<br />

za Gacu zibahise imbere!” Ni uko<br />

barakurura bahirikira mu nzu.<br />

10. Umusaza yari atwaye imodoka yo<br />

mu bwoko bwa Volvo, abapolisi bamufashe<br />

bamuziza ko amatara ya feri ataka,<br />

arangije arababwira ati bana banjye<br />

murakoze kuko sinari gupfa menye<br />

ko ataka, ati murabizi neza ko ntafata<br />

feri ngo ndangize ngo nsohoke njye<br />

kureba amatara ko yaka cyangwa ataka,<br />

mujye muhora mundebera. Bukeye<br />

anyuze ku bandi bapolisi arahagarara<br />

akandagira kuri feri nuko ahamagara<br />

umwe muribo ati “enda ndebera ko<br />

amatara ya feri yaka yewe mwa”<br />

11. Hari guverinoma iherutse gutangaza<br />

ko igiye guhemba miliyoni 5<br />

buri kwezi ku muryango washoboye<br />

kubyara abana 5. Umugabo umwe<br />

wari waragize ibyago byo kubyara<br />

abana 4 gusa abyumvise arababara cyane<br />

yibaza ukuntu yateka umutwe ngo<br />

nawe azabone ako kayabo k’amafranga.<br />

Nuko ahamagara umugore we amujyana<br />

mu cyumba aramwomgorera ati<br />

“Hari umwana nabyaye hanze, ndabiguhisha,<br />

none reka ngende muzane<br />

tugire batanu natwe tuzifatire ako<br />

kayabo k’amafranga! Umugore ati ibyo<br />

nta kibazo. Ubwo umugabo ayabangira<br />

ingata, umwana mu mwanya muto<br />

aba aramuhagejeje. Ageze iwe ariko<br />

akubitwa n’inkuba, asanze ba bana be<br />

bandi bane badahari.... Abajije umugore<br />

ati abana banjye bari he? Umugore<br />

aramusubiza ati: “ Erega si wowe<br />

wamenye iriya nkuru wenyine.... Ba<br />

se b’abana usanze na bo bamaze kubatwara<br />

kuko burya nagucaga inyuma<br />

mu ibanga, si wowe twabyaranaga.....”<br />

Ubwo umugabo arumirwa..<br />

20 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />

21

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!