26.02.2013 Views

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman

SHOW MORE
SHOW LESS

You also want an ePaper? Increase the reach of your titles

YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.

TURWANYE AKARENGANE<br />

uuukjhjkcxhk Umuvunyi<br />

Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane yakira ibibazo by'abaturage mu Karere ka Rwamagana<br />

nuriwe ko nta kiguzi bakwiye gutanga kuri<br />

serivisi yo kurangirizwa urubanza iyo bikozwe<br />

n’abahesha b’inkiko ba leta. Gusaba abo<br />

baturage kwishyura amafaranga yo gukodesha<br />

moto mbere cyangwa nyuma yo kubarangiriza<br />

urubanza ni bumwe mu buryo bwo<br />

kubajijisha abo bayobozi baba bakoresheje<br />

kugira ngo abaturage batumva ko batanze<br />

ruswa. ingingo ya 10 y’itegeko n° 23/2003<br />

ryo ku wa 07/08/2003 ryerekeye gukumira,<br />

kurwanya no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye<br />

isano na yo, iteganya ko azahanishwa<br />

igihano cy’igifungo kuva ku myaka 2 kugeza<br />

ku myaka 5 n’ihazabu y’amafaranga yikubye<br />

inshuro 2 kugeza ku 10 z’agaciro k’indonke<br />

yatse , umuntu wese uzaba yasabye, ku<br />

buryo bweruye cyangwa buteruye, yakiriye,<br />

ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano<br />

cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri<br />

we cyangwa ku wundi muntu cyangwa uzaba<br />

yemeye amasezerano yabyo kugira ngo abone<br />

kugira icyo akora kiri mu mirimo ashinzwe<br />

cyangwa yifashishije imirimo ye. abaturage<br />

basabwa n’abayobozi gutanga bene ayo mafaranga<br />

adatangiwe inyandiko (quittance)<br />

bagiriwe inama yo kutayatanga batabanje<br />

kubigeza ku buyobozi bukuriye abayobozi<br />

bayasaba kubera ko ari ukubagusha mu<br />

mutego wa ruswa. bagaragarijwe kandi ko,<br />

nk’uko itegeko ribiteganya, uwatanze ruswa<br />

n’uwayakiriye bahanwa kimwe.<br />

imyanzURo yose iRiho kashe mpURUza<br />

siko bURi Gihe ikoReRwa iRanGizaRUbanza<br />

icyiciro cy’abandi baturage cyagaragarije<br />

Urwego rw’Umuvunyi imyanzuro y’imanza,<br />

abafite iyo myanzuro bavuga ko imanza zabo<br />

bazishyikirije ubuyobozi ngo zirangizwe ntibikorwe<br />

kandi baraziburanye bagatsinda<br />

ndetse zigashyirwaho kashe mpuruza. iyo<br />

umuntu asesenguye neza imyanzuro bagaragaje<br />

asanga iki cyiciro gikubiyemo imanza<br />

zaburanishijwe ariko urukiko ntirufate umwanzuro<br />

ku kiburanwa kubera impamvu<br />

zinyuranye zijyanye no kutubahiriza ibiteganyijwe<br />

mu mategeko. mu myanzuro y’izo<br />

manza hakunze kugaragaramo umwanzuro<br />

uvuga ko ikirego kitakiriwe ngo gisuzumwe<br />

kubera impamvu urukiko ruba rwagaragaje.<br />

abaturage bakunze gufata mu mutwe umwanzuro<br />

umwe gusa ugaragaza uwatsinze<br />

n’uwatsinzwe mu rubanza, indi myanzuro<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

ntibayiteho. Abaturage bo muri iki cyiciro<br />

basobanuriwe ko bene izo manza zitarangizwa<br />

kubera ko urukiko ruba rutafashe<br />

umwanzuro ku mutungo uburanwa, ngo<br />

rugaragaze uwawutsindiye, bagirwa inama<br />

yo kongera gutanga ikirego bundi bushya<br />

bubahiriza ibyo urukiko ruba rwagaragaje<br />

mu mpamvu zatumye ikirego kitakirwa ngo<br />

gisuzumwe mu mizi yacyo.<br />

icyiciro twasorezaho kuri iki kibazo cyo kutarangiza<br />

imanza kigizwe n’abaturage bagejeje<br />

ku Rwego rw’Umuvunyi imyanzuro y’inkiko<br />

iriho kashe mpuruza ariko umuntu yasesengura<br />

neza incarubanza abo baturage bafite<br />

agasanga imyanzuro yashyizweho kashe<br />

mpuruza atari imyanzuro y’umwimerere<br />

igomba kurangirizwaho urubanza. bene<br />

iyo myanzuro igaragaraho ibimenyetso byerekana<br />

ko abayifite bayibonye mu buryo<br />

bw’uburiganya ivanywe mu madosiye<br />

y’imanza zajuririwe mu nkiko. abaturage<br />

basobanuriwe ko bene izo manza zitarangizwa<br />

ahubwo abagize uruhare muri ubwo<br />

buriganya baba bagomba gukurikiranwa<br />

n’inzego zibishinzwe bagahanirwa iyo myitwarire.<br />

kutarangiza imanza nkana cyangwa kuz-<br />

Urwego rw’Umuvunyi<br />

irangiza nabi bica icyuho hagati y’abaturage<br />

n’ubuyobozi<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye kandi<br />

abaturage bagaragaje ko hari igihe imanza<br />

zirangizwa ariko ababuranyi bombi ntibashobore<br />

kumvikana ku buryo zarangijwe,<br />

bigakurura impaka hagati y’abo baburanyi<br />

ubwabo no hagati yabo n’inzego z’ubuyobozi<br />

ziba zigomba gukomeza kubumbatira umutekano<br />

wabo. Umuntu yasangaga ibibazo<br />

bishingiye ku kuntu izo manza zabaga zararangijwe<br />

byarakuruye umwuka mubi hagati<br />

y’abaturage babifite n’abayobozi, bikagaragazwa<br />

cyane cyane n’imvugo ibuzemo ubupfura<br />

abo baturage bakoreshaga iyo babaga<br />

bagaragaza ibibazo byabo cyangwa bahawe<br />

umwanya ngo bagire icyo bavuga ku bisobanuro<br />

byabaga byatanzwe n’abayobozi. ingingo<br />

ya 219 y’itegeko n°18/2004 ryo ku wa<br />

20/06/2004 ryavuzwe haruguru nk’uko ryavuguruwe<br />

kugeza ubu, iteganya ko impaka<br />

zivutse mu irangizwa ry’urubanza zikemurwa<br />

n’urukiko rwaruciye bwa nyuma (...), rukagaragaza<br />

umwanzuro warwo mu gihe kitarenze<br />

iminsi cumi n’itanu (15) guhera igihe urukiko<br />

rwakiriye ikirego. Bene izo manza ntizijuririrwa.<br />

Abaturage batishimiye uko imanza zabo zarangijwe<br />

bagiriwe inama yo kujya gutanga<br />

ikirego mu nkiko zaciye izo manza bwa<br />

nyuma, umwanzuro wazo wazagaragaza ko<br />

zarangijwe nabi bigakosorwa ariko izo nkiko<br />

zakwemeza ko imanza zarangijwe uko bikwiye<br />

bakubahiriza ibyemezo byafashwe. ingorane<br />

zavukaga cyane cyane iyo byabaga<br />

bigeze ku irangizwa ry’ibyemezo by’inkiko<br />

Gacaca, aho abaturage bamwe bagaragaje<br />

ko hari ubwo abahesha b’inkiko, cyane cyane<br />

ab’umwuga, bazaga gushyira mu bikorwa<br />

ibyo byemezo bagateza cyamunara imitungo<br />

y’umuryango wose kandi uwangije imitungo<br />

mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu<br />

mwaka wa 1994, igihe yakoraga ibyo byaha<br />

yari afite imyaka y’ubukure ariko akiri ingaragu.<br />

abo baturage bagaragaje ko batumva<br />

ukuntu imitungo y’ababyeyi b’uwo mwana<br />

yakoreshwa mu kwishyura ingaruka z’ibyaha<br />

byakozwe n’umwana umwe igihe abo babyeyi<br />

bafite abandi bana badafite icyo bakurikiranyweho.<br />

Urwego rw’Umuvunyi rwasobanuriye<br />

abaturage ko icyaha ari gatozi, basobanurirwa<br />

ko n’igihe cy’uburyozwacyaha, imitungo<br />

ikoreshwa ari iy’uwakoze icyaha, keretse<br />

iyo uwakoze icyaha atari yujuje imyaka<br />

y’ubukure. icyo gihe uburyozwacyaha bureba<br />

ababyeyi be cyangwa abamushinzwe<br />

igihe adafite ababyeyi. Abasanga bafite ibimenyetso<br />

bigaragaza ko imitungo yabo yakoreshejwe<br />

mu kurangiza imanza badafitemo<br />

uruhare, bafite uburenganzira bwo gutanga<br />

ikirego mu nkiko zisanzwe bakagaragaza ko<br />

TURWANYE AKARENGANE<br />

imitungo yabo yakoreshejwe mu kurangiza<br />

imanza badafitemo uruhare, izo nkiko zikagifataho<br />

umwanzuro.<br />

Umwanzuro<br />

iyi gahunda y’icyumweru cyo kurwanya akarengane<br />

muri buri Karere ifite umwihariko<br />

wo kurenganura abaturage benshi bari baravukijwe<br />

uburenganzira bwo kugeza ibibazo<br />

byabo ku Rwego rw’Umuvunyi bitewe no<br />

kugira intege nke. iyi gahunda kandi yavanyeho<br />

inzitizi y’urugendo rurerure rwatumaga<br />

bamwe mu bafite ibibazo by’akarengane bahitamo<br />

kwibanira na byo bakumva ko ahari<br />

bo baremewe kurengana.<br />

Urwego rw’Umuvunyi rurashima abaturage<br />

Umuvunyi Wingirije uwa kabiri i buryo , Mayor w'AKarere ka Rwamagana ( uwa gatatu uturutse i buryo ) na ba vice mayor b'Akarere mu nama yabahuje<br />

ngo baganire ku bibazo abakozi b'Urwego rw'Umuvunyi basanze mu Karere<br />

n’abayobozi b’Uturere twasuwe muri iyi gahunda<br />

y’icyumweru cyo kurwanya akarengane<br />

hamwe n’abandi baturarwanda bose<br />

bagize uruhare muri iyi gahunda kubera ko<br />

ubufatanye bwa bose n’umusanzu buri wese<br />

yagiye atanga byatumye haboneka ibisubizo<br />

ku bibazo by’akarengane abaturage babaga<br />

bagaragaje. Urwego rw’Umuvunyi rurashishikariza<br />

abayobozi gufatanya n’abaturage<br />

gahunda yo guca akarengane ikaba umuco,<br />

ntihagire umuturarwanda uvutswa<br />

ibyo amategeko amuhera uburenganzira<br />

bitewe n’uburangare cyangwa ubunebwe<br />

bw’abantu bamwe.<br />

12 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />

13

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!