umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
umuvunyi magazine special ukuboza 2011 - Office of the Ombudsman
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
TURWANYE AKARENGANE<br />
uuukjhjkcxhk Umuvunyi<br />
Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane yakira ibibazo by'abaturage mu Karere ka Rwamagana<br />
nuriwe ko nta kiguzi bakwiye gutanga kuri<br />
serivisi yo kurangirizwa urubanza iyo bikozwe<br />
n’abahesha b’inkiko ba leta. Gusaba abo<br />
baturage kwishyura amafaranga yo gukodesha<br />
moto mbere cyangwa nyuma yo kubarangiriza<br />
urubanza ni bumwe mu buryo bwo<br />
kubajijisha abo bayobozi baba bakoresheje<br />
kugira ngo abaturage batumva ko batanze<br />
ruswa. ingingo ya 10 y’itegeko n° 23/2003<br />
ryo ku wa 07/08/2003 ryerekeye gukumira,<br />
kurwanya no guhana ruswa n’ibyaha bifitanye<br />
isano na yo, iteganya ko azahanishwa<br />
igihano cy’igifungo kuva ku myaka 2 kugeza<br />
ku myaka 5 n’ihazabu y’amafaranga yikubye<br />
inshuro 2 kugeza ku 10 z’agaciro k’indonke<br />
yatse , umuntu wese uzaba yasabye, ku<br />
buryo bweruye cyangwa buteruye, yakiriye,<br />
ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano<br />
cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri<br />
we cyangwa ku wundi muntu cyangwa uzaba<br />
yemeye amasezerano yabyo kugira ngo abone<br />
kugira icyo akora kiri mu mirimo ashinzwe<br />
cyangwa yifashishije imirimo ye. abaturage<br />
basabwa n’abayobozi gutanga bene ayo mafaranga<br />
adatangiwe inyandiko (quittance)<br />
bagiriwe inama yo kutayatanga batabanje<br />
kubigeza ku buyobozi bukuriye abayobozi<br />
bayasaba kubera ko ari ukubagusha mu<br />
mutego wa ruswa. bagaragarijwe kandi ko,<br />
nk’uko itegeko ribiteganya, uwatanze ruswa<br />
n’uwayakiriye bahanwa kimwe.<br />
imyanzURo yose iRiho kashe mpURUza<br />
siko bURi Gihe ikoReRwa iRanGizaRUbanza<br />
icyiciro cy’abandi baturage cyagaragarije<br />
Urwego rw’Umuvunyi imyanzuro y’imanza,<br />
abafite iyo myanzuro bavuga ko imanza zabo<br />
bazishyikirije ubuyobozi ngo zirangizwe ntibikorwe<br />
kandi baraziburanye bagatsinda<br />
ndetse zigashyirwaho kashe mpuruza. iyo<br />
umuntu asesenguye neza imyanzuro bagaragaje<br />
asanga iki cyiciro gikubiyemo imanza<br />
zaburanishijwe ariko urukiko ntirufate umwanzuro<br />
ku kiburanwa kubera impamvu<br />
zinyuranye zijyanye no kutubahiriza ibiteganyijwe<br />
mu mategeko. mu myanzuro y’izo<br />
manza hakunze kugaragaramo umwanzuro<br />
uvuga ko ikirego kitakiriwe ngo gisuzumwe<br />
kubera impamvu urukiko ruba rwagaragaje.<br />
abaturage bakunze gufata mu mutwe umwanzuro<br />
umwe gusa ugaragaza uwatsinze<br />
n’uwatsinzwe mu rubanza, indi myanzuro<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
ntibayiteho. Abaturage bo muri iki cyiciro<br />
basobanuriwe ko bene izo manza zitarangizwa<br />
kubera ko urukiko ruba rutafashe<br />
umwanzuro ku mutungo uburanwa, ngo<br />
rugaragaze uwawutsindiye, bagirwa inama<br />
yo kongera gutanga ikirego bundi bushya<br />
bubahiriza ibyo urukiko ruba rwagaragaje<br />
mu mpamvu zatumye ikirego kitakirwa ngo<br />
gisuzumwe mu mizi yacyo.<br />
icyiciro twasorezaho kuri iki kibazo cyo kutarangiza<br />
imanza kigizwe n’abaturage bagejeje<br />
ku Rwego rw’Umuvunyi imyanzuro y’inkiko<br />
iriho kashe mpuruza ariko umuntu yasesengura<br />
neza incarubanza abo baturage bafite<br />
agasanga imyanzuro yashyizweho kashe<br />
mpuruza atari imyanzuro y’umwimerere<br />
igomba kurangirizwaho urubanza. bene<br />
iyo myanzuro igaragaraho ibimenyetso byerekana<br />
ko abayifite bayibonye mu buryo<br />
bw’uburiganya ivanywe mu madosiye<br />
y’imanza zajuririwe mu nkiko. abaturage<br />
basobanuriwe ko bene izo manza zitarangizwa<br />
ahubwo abagize uruhare muri ubwo<br />
buriganya baba bagomba gukurikiranwa<br />
n’inzego zibishinzwe bagahanirwa iyo myitwarire.<br />
kutarangiza imanza nkana cyangwa kuz-<br />
Urwego rw’Umuvunyi<br />
irangiza nabi bica icyuho hagati y’abaturage<br />
n’ubuyobozi<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwakiriye kandi<br />
abaturage bagaragaje ko hari igihe imanza<br />
zirangizwa ariko ababuranyi bombi ntibashobore<br />
kumvikana ku buryo zarangijwe,<br />
bigakurura impaka hagati y’abo baburanyi<br />
ubwabo no hagati yabo n’inzego z’ubuyobozi<br />
ziba zigomba gukomeza kubumbatira umutekano<br />
wabo. Umuntu yasangaga ibibazo<br />
bishingiye ku kuntu izo manza zabaga zararangijwe<br />
byarakuruye umwuka mubi hagati<br />
y’abaturage babifite n’abayobozi, bikagaragazwa<br />
cyane cyane n’imvugo ibuzemo ubupfura<br />
abo baturage bakoreshaga iyo babaga<br />
bagaragaza ibibazo byabo cyangwa bahawe<br />
umwanya ngo bagire icyo bavuga ku bisobanuro<br />
byabaga byatanzwe n’abayobozi. ingingo<br />
ya 219 y’itegeko n°18/2004 ryo ku wa<br />
20/06/2004 ryavuzwe haruguru nk’uko ryavuguruwe<br />
kugeza ubu, iteganya ko impaka<br />
zivutse mu irangizwa ry’urubanza zikemurwa<br />
n’urukiko rwaruciye bwa nyuma (...), rukagaragaza<br />
umwanzuro warwo mu gihe kitarenze<br />
iminsi cumi n’itanu (15) guhera igihe urukiko<br />
rwakiriye ikirego. Bene izo manza ntizijuririrwa.<br />
Abaturage batishimiye uko imanza zabo zarangijwe<br />
bagiriwe inama yo kujya gutanga<br />
ikirego mu nkiko zaciye izo manza bwa<br />
nyuma, umwanzuro wazo wazagaragaza ko<br />
zarangijwe nabi bigakosorwa ariko izo nkiko<br />
zakwemeza ko imanza zarangijwe uko bikwiye<br />
bakubahiriza ibyemezo byafashwe. ingorane<br />
zavukaga cyane cyane iyo byabaga<br />
bigeze ku irangizwa ry’ibyemezo by’inkiko<br />
Gacaca, aho abaturage bamwe bagaragaje<br />
ko hari ubwo abahesha b’inkiko, cyane cyane<br />
ab’umwuga, bazaga gushyira mu bikorwa<br />
ibyo byemezo bagateza cyamunara imitungo<br />
y’umuryango wose kandi uwangije imitungo<br />
mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu<br />
mwaka wa 1994, igihe yakoraga ibyo byaha<br />
yari afite imyaka y’ubukure ariko akiri ingaragu.<br />
abo baturage bagaragaje ko batumva<br />
ukuntu imitungo y’ababyeyi b’uwo mwana<br />
yakoreshwa mu kwishyura ingaruka z’ibyaha<br />
byakozwe n’umwana umwe igihe abo babyeyi<br />
bafite abandi bana badafite icyo bakurikiranyweho.<br />
Urwego rw’Umuvunyi rwasobanuriye<br />
abaturage ko icyaha ari gatozi, basobanurirwa<br />
ko n’igihe cy’uburyozwacyaha, imitungo<br />
ikoreshwa ari iy’uwakoze icyaha, keretse<br />
iyo uwakoze icyaha atari yujuje imyaka<br />
y’ubukure. icyo gihe uburyozwacyaha bureba<br />
ababyeyi be cyangwa abamushinzwe<br />
igihe adafite ababyeyi. Abasanga bafite ibimenyetso<br />
bigaragaza ko imitungo yabo yakoreshejwe<br />
mu kurangiza imanza badafitemo<br />
uruhare, bafite uburenganzira bwo gutanga<br />
ikirego mu nkiko zisanzwe bakagaragaza ko<br />
TURWANYE AKARENGANE<br />
imitungo yabo yakoreshejwe mu kurangiza<br />
imanza badafitemo uruhare, izo nkiko zikagifataho<br />
umwanzuro.<br />
Umwanzuro<br />
iyi gahunda y’icyumweru cyo kurwanya akarengane<br />
muri buri Karere ifite umwihariko<br />
wo kurenganura abaturage benshi bari baravukijwe<br />
uburenganzira bwo kugeza ibibazo<br />
byabo ku Rwego rw’Umuvunyi bitewe no<br />
kugira intege nke. iyi gahunda kandi yavanyeho<br />
inzitizi y’urugendo rurerure rwatumaga<br />
bamwe mu bafite ibibazo by’akarengane bahitamo<br />
kwibanira na byo bakumva ko ahari<br />
bo baremewe kurengana.<br />
Urwego rw’Umuvunyi rurashima abaturage<br />
Umuvunyi Wingirije uwa kabiri i buryo , Mayor w'AKarere ka Rwamagana ( uwa gatatu uturutse i buryo ) na ba vice mayor b'Akarere mu nama yabahuje<br />
ngo baganire ku bibazo abakozi b'Urwego rw'Umuvunyi basanze mu Karere<br />
n’abayobozi b’Uturere twasuwe muri iyi gahunda<br />
y’icyumweru cyo kurwanya akarengane<br />
hamwe n’abandi baturarwanda bose<br />
bagize uruhare muri iyi gahunda kubera ko<br />
ubufatanye bwa bose n’umusanzu buri wese<br />
yagiye atanga byatumye haboneka ibisubizo<br />
ku bibazo by’akarengane abaturage babaga<br />
bagaragaje. Urwego rw’Umuvunyi rurashishikariza<br />
abayobozi gufatanya n’abaturage<br />
gahunda yo guca akarengane ikaba umuco,<br />
ntihagire umuturarwanda uvutswa<br />
ibyo amategeko amuhera uburenganzira<br />
bitewe n’uburangare cyangwa ubunebwe<br />
bw’abantu bamwe.<br />
12 Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong> Umuvunyi Magazine Ukuboza <strong>2011</strong><br />
13