Province d - The Service Mag
Province d - The Service Mag
Province d - The Service Mag
You also want an ePaper? Increase the reach of your titles
YUMPU automatically turns print PDFs into web optimized ePapers that Google loves.
DUSANGIRE IJAMBO<br />
Ushobora kuba uri<br />
umukozi wa leta<br />
rimwe na rimwe<br />
ukibwira ko nta bakiriya<br />
ugira mu kazi ukora. Ungera<br />
ubitekerezeho ushobora<br />
gusanga wibeshya. Niba ugomba kwita ku barwayi kwa<br />
muganga, kwikira abantu mu biro, mu karere n’ahandi, aba<br />
bantu bose wakira ni abakiriya bawe. O Nubwo abo bakiriya<br />
nta mafaranga bakwishyura ku buryo butaziguye, ikikubesheje<br />
aho ni ukubaha serivisi. Nk’umukozi wa leta uhembwa<br />
n’abasoreshwa, abo baturage usabwa guha serivisi.<br />
Dukurikije ibisobanuro duhabwa na TenSteps, abakiriya<br />
ni “ umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bagenerwa ibikorwa<br />
by’umushinga cyangwa serivisi. Abantu bakorerwa umushinga<br />
(abagenerwabikorw ku buryo buziguye ni abafatanyabikorwa)”. Ibi<br />
bisobanuro bigaragaza ko umuntu ugura si we mukiriya wenyine,<br />
umukiriya wa serivisi na we ni ngombwa nko mu bigo bya leta.<br />
Iyo tugiye mu bigo bya leta tuba dushaka kwinjira<br />
mu biro tugahabwa serivisi tudasiragiye. Ni ngombwa<br />
rero ko buri wese ahindura imyumvire n’imyifatire.<br />
Birababaje cyane kubona umukiriya ugannye inzego za<br />
leta afatwa nk’igiteshamwanya. Abenshi muri twe dusigaye<br />
twumva ko serivisi nziza ari inzozi zidashoboka mu nzego<br />
za leta. Birakwiye ko ibi bihinduka. Dore ibintu by’ingenzi<br />
bishobora gufasha abakozi ba leta gutanga serivisi nziza:<br />
1. Ugomba kwakira umuturage neza mu<br />
cyubahiro nk’umukiriya. Ugomba kumufata<br />
neza kuko ari we uguhemba.<br />
2. Ugomba kubahiriza amasaha yo gutangira akazi.<br />
Niba utaribukorere mu biro, ugomba kumenyesha<br />
abaturage bakugana igihe uribugarukire.<br />
3. Fata umwanya wo kumva ibibazo by’abaturage<br />
kandi ubishakire ibisubizo.<br />
4. Jya wihangana kandi wishyire mu mwanya<br />
w’abakugana. Wibuke ko icyakuzanye aho ari<br />
ugutanga serivisi. “ Ntukigere uhagarika guha<br />
serivisi abakiriya bawe, na bo bazabigukundira.”<br />
5. Jya wishyira mu mwanya wabo kugira ngo umenye<br />
icyo abakiriya bawe bakeneye. Rimwe na rimwe<br />
usanga ukabya kugendera ku mabwiriza, ibyo<br />
bishobora gutuma udafasha neza umukiriya.<br />
56 | <strong>The</strong> SERVICEMAG October - December 2011<br />
Ese Abakozi ba Leta<br />
Bashobora Gutanga<br />
Serivisi Nziza? Byanditswe na Eddie Heh<br />
Muri iki gihe hari ikoranabuhanga rimaze gusakara hose,<br />
ibigo bya leta bishobora kugira amhirwe bitari bifite mbere<br />
yo gutanga serivisi nziza. Bishobora gushyiraho imbuga<br />
za interineti aho ushobora gukura urupapuro rwo kuzuza.<br />
Urugero twatanga ni nka serivisi y’abinjira n’abasohoka aho<br />
ifasha abakiriya gukurikirana viza zabo kuri interineti. Upfa<br />
gukanda gusa kuri urwo rubuga ukamenya niba wabonye<br />
viza cyangwa utarayibona. Bituma ababagana badatakaza<br />
amafaranga, igihe n’imbaraga zabo bajya kuri icyo kigo<br />
kureba niba ibyangombwa byabo byabonetse. Guha umukiriya<br />
serivisi akeneye ni ikintu cy’ibanze, abakozi ba leta mu<br />
Rwanda ntibagomba gutangwa muri iyo migirire myiza. TSM<br />
eddieheh2010@gmail.com<br />
Do you have<br />
a good project<br />
that needs funding?<br />
We offer you professional<br />
advice regarding your<br />
funding needs<br />
We help you access funds<br />
from Interna�onal and local<br />
lenders and investors<br />
We nego�ate for you good<br />
terms and condi�ons<br />
We facilitate the en�re<br />
process un�l when you get<br />
the funds<br />
Contact us today at:<br />
GCG and Associates Rwanda<br />
We have raised<br />
USD 24 Million<br />
for projects in<br />
Rwanda in the<br />
past 1 year<br />
alone.<br />
PHOTO: Getty Images