29.12.2012 Views

Province d - The Service Mag

Province d - The Service Mag

Province d - The Service Mag

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

AHO TWAGENDEREYE<br />

Ibitaro byitiriwe<br />

Umwami Fayisari<br />

Byanditswe na Denise Umunyana<br />

Bavuga ko ibi ari byo bitaro bya<br />

mbere by’icyitegererezo mu<br />

Rwanda; ariko ibi binyuranye<br />

n’uko bakira abarwayi/abakiriya.<br />

Umwaka ushize nari nahawe<br />

randevu yo guca mu cyuma saa moya.<br />

Nari nahisemo randevu ya mu gitondo<br />

kare kugira ngo nshobore kujya ku kazi<br />

saa mbiri. Nahageze 6h 50 noneho<br />

bansaba kujya ku murongo. Naricaye<br />

ndategereza kugeza saa 10h30 nishyize<br />

mu mutuzo kuko numvaga wenda<br />

hari indembe zagombaga kwitabwaho<br />

mbere! Byageze saa saba ntarakirwa!<br />

Nakomeje kwihangana noneho njya aho<br />

bakirira abakiriya kubaka indi randevu<br />

kuko amasaha 6 namaze ntegereje yari<br />

menshi cyane!<br />

Bongeye kumpa indi randevu mu<br />

cyumweru cyakurikiye. Narongeye<br />

ntegereza icyumweru cyose kugira ngo<br />

nce mu cyuma. Narongeye mbasaba<br />

ko bampa randevu ya saa mbiri za mu<br />

gitondo, kandi ubwo nariteganyirije<br />

nsaba uruhusa rwa mbere ya saa<br />

sita. Nageze kwa muganga mbere ho<br />

iminota 30 nizera ko ibintu bitagenda<br />

uko byagenze. Bampaye agatebe<br />

ndicara ntegereje ko bangeraho.<br />

Nari nazanye igitabo cyo gusoma,<br />

amasaha ane yose ashira ntabizi kuko<br />

nari mpugiye kuri icyo gitabo! Bigeze<br />

saa tanu ntangira kugendagenda,<br />

ngize amahirwe mpura n’ushinzwe<br />

kumenya ibibazo by’abakiriya.<br />

Namubwiranye ikinyabupfura ikibazo<br />

mfite guhera ubushize, ngiye kubona,<br />

sinzi uko yabigenje ako kanya numva<br />

barampagaye ngo nce mu cyuma ubwo<br />

hari saa sita. Sinzi igihe abandi nasize ku<br />

murongo batigeze bavugana n’ushinzwe<br />

60 | <strong>The</strong> SERVICEMAG October - December 2011<br />

ibibazo by’abakiriya bategereje.<br />

N’ubwo nkora uko nshoboye<br />

kose sinjye kwivuriza mu bitaro<br />

by’icyitegererezo kubera ko usanga<br />

batita kuri buri muntu ku giti cye,<br />

ibitaro byitiriwe umwami Fayisari ni byo<br />

nikundira cyane cyane iyo ngiye guca mu<br />

cyuma kuko ibikoresho byabo bigezweho.<br />

Mu kwezi kwa gatanu 2011, umuhungu<br />

wanjye ufite imyaka ibiri yagombaga<br />

guca mu cyuma saa moya za mugitondo.<br />

Bari batwijeje ko abana bato bavurwa<br />

mbere y’abantu bakuru kuko bisaba ko<br />

baba nta kintu bariye amasaha 10 mbere<br />

y’uko basuzumwa. Umuhungu wanjye<br />

nari namubyukije kare cyane kandi<br />

nta kintu yagombaga gufata muri icyo<br />

gitondo. Twageze kwa muganga iminota<br />

15 mbere y’isaha bari baduhaye, nuko<br />

umuntu ushinzwe kwakira abakiriya<br />

(utazi neza umurimo akora) adusaba ko<br />

tujya ku murongo. Yadusabye kwicara<br />

tugategereza ko basukura ibitaro?!<br />

Ntiyigeze atubwira ibya randevu twasabye.<br />

Maze kubona ko nta cyo yamarira,<br />

negereye mugenzi we bicaranye ambwira<br />

ko ntacyo batumarira mbere ya saa mbiri<br />

kuko ubwishingizi nari mfite ari ubwa AAR<br />

dore ko ngo batangira akazi saa mbiri.<br />

Nubwo randevu yanjye ya saa moya yari<br />

imbere ku meza yabo narakomeje nishyira<br />

mu mutuzo ntegereza indi saha imwe.<br />

Umukobwa ukora muri AAR yaje saa mbiri<br />

noneho aduha ibyo dukeneye mu minota<br />

30. Sinari nazanye igitabo kuko nari<br />

kumwe n’umwana sinari kurambirwa.<br />

Ngiye kubona mbona amasaha atatu<br />

ararangiye bataraduhamagara! Nuko<br />

mbabaza niba nshobora guha umwana<br />

wanjye umutobe kuko nta kintu cyo<br />

kunywa cyangwa kurya yari yafashe mu<br />

ijoro ryahise. Ndongera njya kureba wa<br />

mukozi ushinzwe ibibazo by’abakiriya<br />

wari warigeze kumfasha. Ariko nta cyo<br />

byatanze. Ndakomeza ndamanjirirwa<br />

kuko nta muntu n’umwe watwerekaga<br />

ko ari butwakire. Ubusanzwe ndi umuntu<br />

utuje kandi wihangana; mfata icyemezo<br />

cyo kwitura ku baganga n’abaforomo,<br />

kuko nabonaga hari abantu bakirwaga<br />

batagiye ku murongo. Nuko umwana<br />

wanjye bamusuzuma saa 12h 30. Nizeye<br />

rwose ko Imana izandinda kongera<br />

kwivuriza ku bitaro byitiriwe umwami<br />

Fayisari!<br />

Ntabwo ibyambayeho ari byo<br />

byatumye nandika iyi nkuru. Nabitewe<br />

n’ikibazo cy’uko akenshi abakozi<br />

usanga batita ku gutanga serivisi nziza,<br />

kudakora umurimo wabo neza no<br />

kutagira umuco wa kimuntu. Nubwo<br />

nzi neza ko ku bitaro byitiriwe umwami<br />

Fayisari hari abaganga n’abaforomo<br />

b’abahanga, abashinzwe imiyoborere<br />

y’ibitaro bagomba guhugura abakozi<br />

babo mu gukorana ubuhanga imirimo<br />

bashinzwe, gutanga serivisi nziza, kuba<br />

inyangamugayo no kubahiriza igihe.<br />

Hari abantu bake bitabye Imana kuri<br />

ibyo bitaro, naho abantu bahaherewe<br />

serivisi mbi, tubyitirira ko biterwa no<br />

kudakorana umutima kw’abakozi no<br />

kutita ku bakiriya. TSM<br />

umuden@hotmail.com<br />

PHOTO: Malik Shaffy

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!