Province d - The Service Mag
Province d - The Service Mag
Province d - The Service Mag
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
AHO TWAGENDEREYE<br />
Ibitaro byitiriwe<br />
Umwami Fayisari<br />
Byanditswe na Denise Umunyana<br />
Bavuga ko ibi ari byo bitaro bya<br />
mbere by’icyitegererezo mu<br />
Rwanda; ariko ibi binyuranye<br />
n’uko bakira abarwayi/abakiriya.<br />
Umwaka ushize nari nahawe<br />
randevu yo guca mu cyuma saa moya.<br />
Nari nahisemo randevu ya mu gitondo<br />
kare kugira ngo nshobore kujya ku kazi<br />
saa mbiri. Nahageze 6h 50 noneho<br />
bansaba kujya ku murongo. Naricaye<br />
ndategereza kugeza saa 10h30 nishyize<br />
mu mutuzo kuko numvaga wenda<br />
hari indembe zagombaga kwitabwaho<br />
mbere! Byageze saa saba ntarakirwa!<br />
Nakomeje kwihangana noneho njya aho<br />
bakirira abakiriya kubaka indi randevu<br />
kuko amasaha 6 namaze ntegereje yari<br />
menshi cyane!<br />
Bongeye kumpa indi randevu mu<br />
cyumweru cyakurikiye. Narongeye<br />
ntegereza icyumweru cyose kugira ngo<br />
nce mu cyuma. Narongeye mbasaba<br />
ko bampa randevu ya saa mbiri za mu<br />
gitondo, kandi ubwo nariteganyirije<br />
nsaba uruhusa rwa mbere ya saa<br />
sita. Nageze kwa muganga mbere ho<br />
iminota 30 nizera ko ibintu bitagenda<br />
uko byagenze. Bampaye agatebe<br />
ndicara ntegereje ko bangeraho.<br />
Nari nazanye igitabo cyo gusoma,<br />
amasaha ane yose ashira ntabizi kuko<br />
nari mpugiye kuri icyo gitabo! Bigeze<br />
saa tanu ntangira kugendagenda,<br />
ngize amahirwe mpura n’ushinzwe<br />
kumenya ibibazo by’abakiriya.<br />
Namubwiranye ikinyabupfura ikibazo<br />
mfite guhera ubushize, ngiye kubona,<br />
sinzi uko yabigenje ako kanya numva<br />
barampagaye ngo nce mu cyuma ubwo<br />
hari saa sita. Sinzi igihe abandi nasize ku<br />
murongo batigeze bavugana n’ushinzwe<br />
60 | <strong>The</strong> SERVICEMAG October - December 2011<br />
ibibazo by’abakiriya bategereje.<br />
N’ubwo nkora uko nshoboye<br />
kose sinjye kwivuriza mu bitaro<br />
by’icyitegererezo kubera ko usanga<br />
batita kuri buri muntu ku giti cye,<br />
ibitaro byitiriwe umwami Fayisari ni byo<br />
nikundira cyane cyane iyo ngiye guca mu<br />
cyuma kuko ibikoresho byabo bigezweho.<br />
Mu kwezi kwa gatanu 2011, umuhungu<br />
wanjye ufite imyaka ibiri yagombaga<br />
guca mu cyuma saa moya za mugitondo.<br />
Bari batwijeje ko abana bato bavurwa<br />
mbere y’abantu bakuru kuko bisaba ko<br />
baba nta kintu bariye amasaha 10 mbere<br />
y’uko basuzumwa. Umuhungu wanjye<br />
nari namubyukije kare cyane kandi<br />
nta kintu yagombaga gufata muri icyo<br />
gitondo. Twageze kwa muganga iminota<br />
15 mbere y’isaha bari baduhaye, nuko<br />
umuntu ushinzwe kwakira abakiriya<br />
(utazi neza umurimo akora) adusaba ko<br />
tujya ku murongo. Yadusabye kwicara<br />
tugategereza ko basukura ibitaro?!<br />
Ntiyigeze atubwira ibya randevu twasabye.<br />
Maze kubona ko nta cyo yamarira,<br />
negereye mugenzi we bicaranye ambwira<br />
ko ntacyo batumarira mbere ya saa mbiri<br />
kuko ubwishingizi nari mfite ari ubwa AAR<br />
dore ko ngo batangira akazi saa mbiri.<br />
Nubwo randevu yanjye ya saa moya yari<br />
imbere ku meza yabo narakomeje nishyira<br />
mu mutuzo ntegereza indi saha imwe.<br />
Umukobwa ukora muri AAR yaje saa mbiri<br />
noneho aduha ibyo dukeneye mu minota<br />
30. Sinari nazanye igitabo kuko nari<br />
kumwe n’umwana sinari kurambirwa.<br />
Ngiye kubona mbona amasaha atatu<br />
ararangiye bataraduhamagara! Nuko<br />
mbabaza niba nshobora guha umwana<br />
wanjye umutobe kuko nta kintu cyo<br />
kunywa cyangwa kurya yari yafashe mu<br />
ijoro ryahise. Ndongera njya kureba wa<br />
mukozi ushinzwe ibibazo by’abakiriya<br />
wari warigeze kumfasha. Ariko nta cyo<br />
byatanze. Ndakomeza ndamanjirirwa<br />
kuko nta muntu n’umwe watwerekaga<br />
ko ari butwakire. Ubusanzwe ndi umuntu<br />
utuje kandi wihangana; mfata icyemezo<br />
cyo kwitura ku baganga n’abaforomo,<br />
kuko nabonaga hari abantu bakirwaga<br />
batagiye ku murongo. Nuko umwana<br />
wanjye bamusuzuma saa 12h 30. Nizeye<br />
rwose ko Imana izandinda kongera<br />
kwivuriza ku bitaro byitiriwe umwami<br />
Fayisari!<br />
Ntabwo ibyambayeho ari byo<br />
byatumye nandika iyi nkuru. Nabitewe<br />
n’ikibazo cy’uko akenshi abakozi<br />
usanga batita ku gutanga serivisi nziza,<br />
kudakora umurimo wabo neza no<br />
kutagira umuco wa kimuntu. Nubwo<br />
nzi neza ko ku bitaro byitiriwe umwami<br />
Fayisari hari abaganga n’abaforomo<br />
b’abahanga, abashinzwe imiyoborere<br />
y’ibitaro bagomba guhugura abakozi<br />
babo mu gukorana ubuhanga imirimo<br />
bashinzwe, gutanga serivisi nziza, kuba<br />
inyangamugayo no kubahiriza igihe.<br />
Hari abantu bake bitabye Imana kuri<br />
ibyo bitaro, naho abantu bahaherewe<br />
serivisi mbi, tubyitirira ko biterwa no<br />
kudakorana umutima kw’abakozi no<br />
kutita ku bakiriya. TSM<br />
umuden@hotmail.com<br />
PHOTO: Malik Shaffy